images (1)

Abantu 6 bapfiriye mu kavuyo k’abantu bashakaga akazi mu gisirikare cya Ghana

Sangiza iyi nkuru

Byibuze abantu batandatu bahitanywe n’akavuyo k’abantu kabereye kuri sitade ya El-Wak Sports Stadium i Accra muri Ghana, ubwo habaga igikorwa cyo gushaka abinjira mu gisirikare cya Ghana (Ghana Armed Forces).

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu mbere y’uko igikorwa nyirizina gitangira, ubwo igihiriri cy’abasore n’inkumi cyari cyahurujwe no kwirukira ku marembo ya sitade, bigatuma abashinzwe umutekano bacika intege kubera ubwinshi bw’abantu.

Ibihumbi by’urubyiruko rwa Ghana byari byateraniye aho, bifite icyizere cyo kubona akazi mu gisirikare, mu gihe igihugu gifite ikibazo gikomeye cy’ubushomeri mu rubyiruko kingana na 13%.

Igihe ntarengwa cyo kwiyandikisha ku mbuga za internet cyari cyarongerewe icyumweru kimwe, kugira ngo abari bafite ibibazo bya tekiniki babashe kubyuzuza, ariko byarangiye bitumye haza abantu benshi kurusha uko byari byitezwe.

Ako kavuyo kasize abantu benshi bakomeretse ahantu hatandukanye, bamwe bajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya gisirikare bya 37 Military Hospital biherereye i Accra. Ubu inzego z’umutekano zafunze aho byabereye, kandi ibintu byongeye kujya mu buryo, igikorwa cyo gushaka abinjira mu gisirikare gikomeza ariko hubahirizwa ingamba zikomeye z’umutekano.

Ubuyobozi bwa Gisirikare muri Ghana bwatangaje ko bwihanganishije imiryango y’abapfuye, bunizeza ko bugiye gukora iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane icyateye iyo mpanuka, n’uko yazakumirwa mu bihe bizaza.

Iyi mpanuka ibabaje yongeye kugaragaza ubushake bukomeye bw’urubyiruko rwa Ghana mu gushaka akazi mu nzego za gisirikare, mu gihe isoko ry’umurimo rigenda rirushaho kuba inguge.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *