Kuva umurwayi wa mbere yagaragaraho Coronavirus mu Bushinwa mu ntangiriro za Mutarama 2020, imaze kwica abantu bagera ku 22,000 mu gihe abarenga 487,000 bamaze kwandura ku Isi yose.
Hari ingamba zafashwe zirimo gufunga insengero, kiliziya, imisigiti nâandi masinagogi abantu benshi bahuriramo bagiye gusenga, abanyapolitiki batangaza ibitandukanye bigaragaza ko bategeye Imana amaboko kugira ngo yigaragaze muri ibi bihe bikomeye. Gusa hari ibyagiye biteza impaka bitewe no kutabyumva kimwe.
Hari imyemerere itandukanye mu karere
Muri Uganda, Kenya nâu Rwanda, nta bemerewe guhurira mu nsengero, imisigiti ndetse na za kiliziya. Igishyirwaho imbaraga ni ukubahiriza ibwiriza ryo kuguma mu rugo, abasenga bakabikorera mu miryango, kugira ngo icyorezo kidahabwa inzira yo gukwirakwira byoroshye. Gusa abarimo Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzaniya we aherutse gutangaza ko atazigera afunga izi nzu zâImana kuko ngo âAri ho Imana iri.â
Uyu musaza avuga ko: â Ntabwo tuzagarika amasengesho mu misigiti no mu nsengero kubera ko tuzi ko ari ho hari Imana. Iki ni igihe cyo gukomeza kwemera kwacu. Dukomeze dusenge, dukomeze dupfukame dusabe Imana.â
Urukundo rwâImana rwatumye ibihugu bitageramo Coronavirus
Mu minsi ishize, Umuvugizi wâIbiro byâUmukuru wâIgihugu mu Burundi, Jean Claude Ndenzako Karerwa yatangarije BBC ko impamvu Coronavirus itaragera mu gihugu cyabo ari uko â bafitanye isezerano ryihariye nâImanaâ. Amagambo ye hari abayafashe nkâukuri bashingiye ku kuba abarimo Perezida Pierre Nkurunziza barakunze kugaragara mu bikorwa byâamasengesho, ikaba yarabarinze iki cyorezo.
Hari abavuguruje Ndenzako bavuga ko iki cyorezo nta hantu gihuriye nâIyobokamana, cyane ko ibihugu nkâUbutaliyani bigereranwa nâigicumbi cyo âkwizeraâ cyugarijwe nacyo, abantu barenga 7500 bakaba bamaze gupfa, abarenga 74,300 bo bamaze kwandura.
Ni igihe cyo gupfukama, abantu bagasenga
Umunyapolitiki wo muri Uganda, Dr. Kizza Besigye mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya NTV kuri uyu wa 26 Werurwe 2020 yavuze ko iki gihe gikomeye cyane, kiretse ubushobozi bwâumuntu, bityo ngo igikwiriye ari ugupfukama, abantu bagasenga.
Yagize ati: âIkintu cya mbere buri Mugande agomba gukora ni ugupfukama agasenga. Ni ikibazo kirenze ubushobozi bwacu, dukeneye kwimika Imana muri iki gihe kidukomereye. Mu byâukuri dukeneye imbaraga zirenze ubushobozi bwâumuntu (supernatural power).
Umuhanuzi TB Joshua yavuze ko iki cyorezo kiri gukendera
Umuhanuzi wo muri Nigeria, Temitope Balogun Joshua tariki ya 22 Werurwe 2020 yavuze ko uwo munsi nta murwayi wa Coronavirus wagaragaye muri Wuhan, umugi wagaragayemo umurwayi wa mbere w’iki cyorezo.
TB Joshua yagize ati: “Ntimwibagirwe ko Coronavirus yatangiriye muri Wuhan mu Bushinwa. Abashinzwe ubuzima mu Bushinwa bemeje ko nta murwayi mushya wagaragaye. Iki ni ikimenyetso cy’uko Coronavirus kiri gukendera.”
Uyu muhanuzi yagereranyije iki cyorezo n’umuriro watangiye waka muri Wuhan, ukaba uri kuzima, igisigaye kikaba ari umwotsi. Yavuze ko uyu mwotsi ari ubwandu bw’iki cyorezo bugaragara mu bihugu biri mu burengerezuba bw’Isi n’ibice by’Afurika.


