Ikinyamakuru New York Times cyatangaje ko ubuyobozi bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump ‘burimo gukora ku itegeko rishya ribuza ingendo biteganijwe ko rizagira ingaruka ku baturage baturutse mu bihugu byinshi ku buryo butandukanye.
Raporo yasohotse ku wa Gatanu yavuze ko umushinga w’urutonde rwa Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika wagaragayemo ibihugu 43, bigabanyije mu byiciro bitatu bishobora gukurirwaho zijya muri Amerika .
Itsinda rya mbere rigizwe n’ibihugu 10, harimo Afghanistan, Iran, Syria, Cuba na Koreya ya Ruguru, bishobora guhagarikirwa visa burundu.
Mu itsinda rya kabiri, ibihugu bitanu, Eritrea, Haiti, Laos, Myanmar na Sudani y’Epfo, bizahagarikwa bicagase bigire ingaruka kuri viza z’ubukerarugendo n’iz’abanyeshuri ndetse n’izindi viza z’abimukira, uretse imyihariko.
Mu itsinda rya gatatu, harimo ibihugu 26 birimo Belarus, Pakistan na Turkimenistan na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bizahagarikirwa viza by’agateganyo niba leta zabo “zidashyize ingufu mu gukemura ibibazo bihari bitarenze iminsi 60”.
Umukozi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika utifuje ko amazina ye atangazwa, yabwiye Ibiro Ntaramakuru Reuters ko hashobora kubaho impinduka kuri uru rutonde kandi rukaba rutaremezwa n’ubuyobozi, burimo Umunyamabanga wa Leta muri Amerika, Marco Rubio.



