Abapolisi babiri birukanwe bazira gusomana mu gihugu gihana imbibi n’u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Abapolisi babiri bo muri Polisi ya Tanzania, birukanwe ku mirimo nyuma y’ifoto yabo yagiye hanze basomana.

Ifoto yafatiwe mu gace ka Kagera, mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Tanzania, igaragaza aba bapolisi bari bambaye imyambaro y’akazi basomana, ibyabaye intandaro yo kwirukanwa kwabo.

Amakuru avuga ko iyi foto yashyizwe kuri murandasi n’umupolisi wa Tanzania wari kumwe n’aba bagenzi be, birangira igeze ku bayobozi ba polisi mu gace ka Kagera.

Henry Mwaibambe, uyobora Polisi ya Tanzania mu gace ka Kagera, yavuze ko icyemezo cyo kwirukana aba bapolisi gikurikije amabwiriza agenga imyitwarire y’abapolisi ba Tanzania, n’ubwo cyamaganwe na benshi mu baturage ba kiriya gihugu.

Ati: “Twakurije amabwiriza yose agenga imyitwarire kugira ngo babashe kwisobanura. Umupolisi wakurikiranye ikibazo yemeje ko hari ibimenyetso bifatika bibashinja, kandi ko barenze ku myitwarire ya polisi. Ni yo mpamvu birukanwe.”

Afande Mwainambe yavuze ko gusomana atari byo kibazo, ko ahubwo ikibazo cyabaye kuba aba bapolisi barabikoreye mu ruhame, mu mwambaro w’akazi, hanyuma amafoto agashyirwa ku mbuga nkoranyambaga.

Yavuze kandi ko umupolisi washyize ku karubanda iyi foto navwe yirukanwe.

Abanya-Tanzania benshi bamenye iyi nkuru mu myaka itandatu ishize, bavuze ko kuba aba bapolisi barirukanwe barenganyijwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *