Abarimo Hakizimana Muhadjiri bafashije Police FC gutangirana intsinzi imikino yo kwishyura

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Police FC yatsinze bigoranye Gorilla FC ibitego 3-2, mu mukino rutahizamu Muhadjiri Hakizimana iheruka kwisubiza yatsinzemo igitego.

Iyi kipe ya Polisi y’Igihugu yari yasuye Gorilla FC kuri Stade y’i Bugesera, mu mukino ubimburira umunsi wa 16 wa shampiyona.

Ni umukino amakipe yombi yahuye akurikirana ku rutonde rwa shampiyona, dore ko yombi yari yarasoje imikino ibanza anganya amanota 21.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Police FC iri imbere n’ibitego 2-0. Hakizimana Muhadjiri ni we wayifunguriye amazamu ku gitego yatsinze kuri Penaliti yo ku munota wa 17 w’umukino, mbere y’uko Mugisha Didier atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 38 w’umukino.

Iyi kipe y’umutoza Mashami Vincent yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 50 biciye kuri Ntwali Evode.

Iminota ya nyuma yaranzwe n’igitutu gikomeye ku ruhande rwa Gorilla yashoboye kugombora ibitego bibiri muri bitatu yari yatsinzwe, gusa igitego cyo kunganya birangira kibuze.

Gorilla FC yafunguye amazamu ku munota wa 77 w’umukino ibifashijwemo n’umunya-Nigeria Johnson Adeaga kuri Penaliti, mbere y’uko Iradukunda Siméon ayitsindira igitego cya kabiri cyo ku munota wa 85 w’umukino.

Gutsinda uyu mukino byatumye Police FC yari ku mwanya wa 10 ihita izamuka ifata uwa gatandatu by’agateganyo n’amanota 24.

Iyi kipe irarusha inota rimwe amakipe ya Mukura VS na Etincelles FC ayiri inyuma; ikarusha kandi amanota abiri amakipe ya Sunrise na Musanze FC agifite imikino y’umunsi wa 16.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *