Abarundi bahungiye mu nkambi ya Nyarugusu banze gutaha ngo baticwa nka bagenzi babo

Sangiza iyi nkuru

Zimwe mu mpunzi z’Abarundi bahungiye mu nkambi ya Nyarugusu muri Tanzania, banze gutaha ngo batazicwa cyangwa bagahungabanywa mu bundi buryo nka bagenzi babo bagiye batahuka.

Babivuze mu ntangiro z’icyumweru dusoje aho zagaragaje ko zihangayikishijwe no gutahuka kubera umutekano muke uri mu Burundi cyane cyane bigizwemo uruhare n’imbonerakure.

Mu nama n’intumwa z’abategetsi b’Uburundi basuye iyi nkambi iherereye muri Tanzaniya, impunzi zimwe zavuze ibibazo by’abatahutse bishwe cyangwa batotezwa ari nabyo ngo bibatera ubwoba bwo gutahuka.

Babwiye izi ntumwa zabasuye mu nkambi, ko uretse no gutinya kwicwa, ngo amadorari 220 bahabwa ku muntu umwe watahutse ntacyo amumarira ku buryo usanga byarutwa no kuguma aho yarari.

Ubusanzwe aya mafaranga bayahabwa ngo bayakoreshe mu gihe cy’amezi atatu abanza bakigera mu ngo zabo. Ngo abafasha mu rwego rwo kubafasha kwishyura mu ngendo no kurya nk’uko umuyobozi w’intumwa z’Abarundi, Gen. Nibona Bonansize CĂ©lestin yabigarutseho.

Yabwiye izi mpunzi z’Abarundi ko umutekano wuzuye mu Burundi kandi ko yiteze ko impunzi 50.000 zizasubira mu gihugu mu mpera z’umwaka ariko zimutera utwatsi.

Gusa n’ubundi izi mpunzi zaba izibarizwa mu nkambi ya Nyarugusu ndetse n’izikambitse muri Nduta, zimaze iminsi zitaka umutekano mucye w’abantu bitwaje intwaro barara bajagajaga inkambi ndetse bamwe bakagirirwa nabi.

Izi mpunzi zikunze kuvuga ko ari imbonerakure ziba zoherejwe na Leta y’u Burundi ngo zihungabanye umutekano bityo kugirango Impunzi zitahe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *