Ku wa gatatu tariki ya 17 Werurwe, Tanzaniya yatakaje Perezida John Magufuli wapfuye azize indwara y’umutima bivugwa ko yari amaze imyaka igera kuri 10 ahanganye na yo. Mu gihe bari mu cyunamo muri Tanzania, urupfu rwa Magufuli rwateje kwibukwa ibihe nk’ibi bibabaje byabaye ku mugabane wa Afurika, akaba ari muri urwo rwego twabateguriye urutonde rw’abaperezida 10 bapfuye bakiri ku butegetsi mu myaka ya vuba.
Pierre Nkurunziza, Perezida w’u Burundi (2020)

Pierre Nkurunziza yavutse ku itariki 18 Ukuboza 1964, apfa ku itariki ya 8 Kamena 2020, akaba yarabaye perezida wa cyenda w’u Burundi yayoboye hafi imyaka 15 kuva Kanama 2005 kugeza apfuye habura igihe gito ngo asoze manda ye muri Kamena 2020 azize umutima nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi mu gihe hari abemeza ko yaba yarazize icyorezo cya Covid-19.
Michael Sata, Perezida wa Zambia (2014)

Michael Sata yapfuye afite imyaka 77 azize indwara itarahishuwe aguye mu Bwongereza ku ya 28 Ukwakira 2014. Nyuma yo gutorwa mu 2011, ibihuha bivuga ko ubuzima bwe butameze neza byakwirakwiriye muri Zambia. Gukomeza kubura mu mirimo minini ya Leta byateje impungenge ku buzima bwe, nubwo abavugizi be bari barakomeje kwizeza ko ubuzima bwiza nk’uko byagenze kuri Perezida Magufuli.
Meles Zenawi, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia (2012)

Meles Zenawi yapfuye muri Kanama 2012 apfiriye mu Bubiligi ku myaka 57 azize indwara itaramenyekana. Yayoboye Ethiopia imyaka 21 yose, nka perezida kuva mu 1991 kugeza mu 1995 ndetse nka Minisitiri w’Intebe kuva mu 1995 kugeza mu 2012. Azwiho kuba yarashyizeho demokarasi ishingiye ku mashyaka menshi, ariko kandi no kuba yarakoresheje ingufu z’umurengera mu guhagarika imyigaragambyo yemewe y’abaturage ba Oromia bo mu majyaruguru ya Ethiopia.
John Atta Mills, Perezida wa Ghana (2012)

Muri 2012 na none, John Atta Mills, wari Perezida wa Ghana, yapfiriye mu gihugu cye azize kanseri yo mu muhogo afite imyaka 68. Yatsinze amatora ya perezida mu 2008 kandi yari amaze imyaka 3 yonyine ku butegetsi. Nka perezida, yashyizeho ivugurura ry’ubukungu n’imibereho myiza ryamuhesheje gushimwa mu gihugu ndetse no mu mahanga.
Bingu wa Mutharika, Perezida wa Malawi (2012)

Undi muperezida wapfuye muri uyu mwaka wa 2012 ni Bingu wa Mutharika, wari Perezida wa Malawi. Yafashwe n’indwara y’umutima muri Mata apfa nyuma y’iminsi ibiri afite imyaka 78. Manda ye yari imaze imyaka umunani kandi yageze kuri byinshi muri politiki y’ibiribwa n’ubuhinzi. Izina rye ryangijwe n’imyigaragambyo y’abaturage kubera ko yaguze indege ya perezida miliyoni 14 z’Amadolari.
Malam Bacai Sanha, Perezida wa Guinea-Bissau (2012)

Umwaka wa 2012 usa nk’utarahiriye benshi mu bakuru b’ibihugu muri Afurika kuko muri uyu mwaka hapfuye uwa kane ari we Malam Bacai Sanha, wari Perezida wa Guinea-Bissau. Yari awaye diyabete aza gupfira i Paris nyuma y’imyaka ine abaye perezida afite imyaka 64. Mu gihe cyose yari amaze ku butegetsi, yagize ibibazo byinshi by’ubuzima ku buryo yahoraga asohoka mu bitaro abisubiramo.
Mouammar Kadhafi, Umuyobozi wa Libya (2011)

Mouammar Kadhafi wari umuyobozi wa Libya yishwe mu 2011 afite imyaka 69 yishwe n’inyeshyamba zamukuye ku butegetsi zari zishyigikiwe n’ibihugu by’ibihangange birimo u Bufaransa amaze imyaka 42 ayoboye.
Umaru Musa Yar’Adua, Perezida wa Nigeria (2011)

Umaru Musa Yar’Adua, wari Perezida wa Nigeria, yapfuye afite imyaka 58 mu 2011 azize indwara ya pericarditis muri Nigeria. Yari amaze imyaka itatu gusa ku butegetsi. Ibikorwa byo kwiyamamaza bye ubwabyo byagiye bigaragaramo kubura mu bikorwa bimwe na bimwe bigatuma benshi bibaza ku buzima bwe. Nyuma yo gutorwa muri Mata 2007, ubuzima bwa Yar’Adua bwarushijeho kumera nabi vuba.
Joao Bernardo Vieira, Perezida wa Guinea-Bissau (2009)

Joao Bernardo Vieira, perezida wa Guinea-Bissau, yiciwe mu gihugu cye muri Werurwe 2009 afite imyaka 69. Yabaye umukuru w’igihugu imyaka 31 yose hamwe. Mu 1978, yabaye minisitiri w’intebe maze afata ubutegetsi mu 1980 ategeka imyaka 19. Igihugu cyaje gutangira kuyoborwa na perezida akiyobora indi myaka ine. Mu 2005, Vieira yari yatsinze ikindi cyiciro cy’amatora ya perezida.
Omar Bongo, Perezida wa Gabon (2009)

Kanseri yo mu mara niyo yishe Omar Bongo muri Kamena 2009 aguye i Barcelona, muri Espagne, nyuma yo kumara imyaka 42 ikurikiranye ku butegetsi. Yapfuye afite imyaka 72 kandi yari umwe mu bategetsi bamaze igihe kinini mu mateka kandi akaba n’umwe mu bamunzwe na ruswa. Bongo yakusanyije umutungo utagira ingano mu gihe igihugu cye cyari kibayeho mu bukene nubwo Gabon yinjizaga amafaranga menshi avuye mu bubiko bwa peteroli bwinshi.
Lansana Conte, Perezida wa Guinea (2008)

Nyuma y’imyaka 24 ku butegetsi, Lansana Conte yapfuye azize indwara itarahishuwe afite imyaka 74. Yahanganye n’ibibazo bya diyabete ndetse n’indwara z’umutima igihe. Kuva muri Mata 1984 kugeza apfuye mu Kuboza 2008, yabaye perezida wa kabiri w’igihugu. Nubwo yari afite ibibazo by’ubuzima akajya ahora yivuriza mu mahanga, yatsinze amatora inshuro eshatu.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Abayobozi b’ibihugu bya Afurika bapfuye bari ku buyobozi mu myaka ya vuba
Ko mutavuze HABYARIMANA wabaye president w’u Rwanda?
Abayobozi b’ibihugu bya Afurika bapfuye bari ku buyobozi mu myaka ya vuba
Ko mutavuze HABYARIMANA wabaye president w’u Rwanda?