Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yatangaje ko abimukira 50 bari mu Bwongereza bamaze kubwirwa ko ari bo ba mbere bazoherezwa mu Rwanda.
Boris yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’ikinyamakuru Daily Mail, nyuma y’amasezerano yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Bwongereza n’iy’u Rwanda agamije kohereza abimukira mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe Boris Johnson yavuze ko kuri hari benshi bazagana ubutabera barwanya ariya masezerano, gusa ashimangira ko Leta y’igihugu cye na yo izakomeza urugamba.
Yagize ati: “Hagiye kuba amashyirahamwe menshi arwanya uyu mugambi, ubwoko bw’aya mashyirahamwe amaze igihe kirekire akoresha amafaranga y’abaterankunga bashaka gushinga imanza nk’izi, no kurwanya ishyaka ry’abanyagihugu, ishyaka ry’Inteko ishinga Amategeko. Turabyiteguriye.”
“Tuzokomeza urugamba kandi tuzarurwana. Dufite urutonde runini rw’ibintu tugomba gukora kugira ngo duhangane n’iki kibazo, dufashijwe n’abacamanza bacu”.
Mu bo Boris yavuze ko Leta y’igihugu cye yiteguye guhangana na bo harimo amashyirahamwe arenga 160 yagaragaje ko adashyigikiye uriya mugambi.
Barimo kandi Umushumba mukuru wa Canterbury, amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza nsetse n’abayobozi bakuru bo mu mu ishyaka ry’aba Conservateur barimo na Theresa May wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.
Imiryango y’ubutabazi kuri ubu ivuga ko benshi mu bimukira bari mu Bwongereza binuba batinya ko bakoherezwa mu Rwanda, ku buryo ngo hari n’abatangiye gushyira ubuzima bwabo mu kaga nk’uko bivugwa n’Umuryango wa Croix Rouge ndetse na Refugees Council.
Minisitiri w’Intebe Boris Johnson cyakora cyo yavuze ko abimukira 50 bamaze kumenyeshwa ko bagiye kwimurirwa mu Rwanda.
Yavuze ko aba bantu bafite iminsi iri hagati y’irindwi na 14 kugira basabe ko batakoherezwa.
Bijyanye no kuba byitezwe ko hari benshi bazarwanya uyu mugambi, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, Priti Patel, avuga ko ibi bisobanuye ko uyu mugambi ushobora “gufata igihe kirekire”; gusa agashimangira udashobora gupfuba.
Minisitiri Patel avuga ko abarwanya ariya masezerano bo ubwabo nta muti w’ikibazo bafite, agashimangira ko azotuma abakora ubucuruzi bw’abantu bahomba ndetse abantu ntibapfire mu nzira bagerageza kwinjira mu Bwongereza.


