Capture

AFC/M23 iremeza ko ibiganiro na Leta ya Kinshasa bizakomeza i Doha

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’inyeshyamba wa M23 wavuze kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo, ko ibiganiro na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo i Doha bizakomeza mu byumweru biri imbere, nubwo habayeho kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano.

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga uhoraho wa AFC/M23 akaba n’umuyobozi w’intumwa zabo mu biganiro bya Doha, yatangarije ibi mu kiganiro n’abanyamakuru i Goma, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’iminsi mike impande zombi zishyize umukono ku masezerano aganisha ku masezerano y’amahoro.

Yavuze ko ibiganiro bizibanda ku bibazo by’ingenzi birimo kugeza ubutabazi ku babukeneye, garanti z’ubucamanza ndetse n’uburyo bwo kurekura imfungwa.

Yaburiye ko imirwano bakomeje guhuriramo n’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na leta ishobora guhungabanya ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya, we yatangarije abanyamakuru mu ntangiriro z’iki cyumweru ko Kinshasa itazatanga agace kamwe k’ubutaka mu mishyikirano ya Doha.

Yashimangiye ko ubusugire bw’igihugu butagibwaho impaka mu gihe guverinoma ikomeje kwiyemeza kugarura amahoro mu burasirazuba.

Mu cyumweru gishize, Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na M23 bashyize umukono ku  mahame shingiro y’amasezerano y’amahoro yo kurangiza intambara yo mu burasirazuba bw’igihugu i Doha, bigizwemo uruhare na Qatar.

Guverinoma ya Congo n’ihuriro ry’imitwe iyirwanya rya (AFC / M23) bashyize kandi umukono ku Itangazo ry’Amahame yo guhagarika imirwano muri Nyakanga i Doha.

Ariko imirwano irakomeje hagati y’ingabo za leta n’inyeshyamba za M23, impande zombi zishinjanya kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *