m23-48-afb87

AFC/M23 yavuze ikintu gikomeye gishobora gutuma idasubira kuganira na RDC

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko udateze gusubira mu biganiro umaze igihe ugiranira na Leta ya RDC i Doha muri Qatar, mu gihe cyose itararekura abantu bayo babarirwa muri 700 ifunze.

Byatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, ubwo kuri uyu wa Gatanu yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Serena Hotel i Goma.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi mike uriya mutwe na Leta ya RDC basinyanye amahame y’ibanze ngenderwaho aganisha ku guhagarika intambara bamazemo imyaka itatu n’igice.

Imwe mu ngingo ikubiye mu mahame impande zombi zasinyanye ni uko buri ruhande rugomba kurekura imfungwa z’urundi; nk’imwe mu ngamba zirema icyizere hagati y’impande zombi.

Mbonimpa umaze igihe ayoboye intumwa za AFC/M23 ziri mu biganiro na Leta ya Kinshasa, yashimangiye ko Leta ya RDC nitarekura abantu babo babarirwa muri 700 ifunze batazitabira ibiganiro bya gatandatu biteganyijwe kubera i Doha.

Yagize ati: “Doha 6 nta yizabaho Kinshasa nitarekura imfungwa zacu 700 ifunze.”

Yakomeje agira ati: “Uburyo bw’imikorere twashyizeho buzaba burimo CICR (Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge), AFC/M23 birumvikana na Guverinoma ya Kinhasa igifite abanyamuryango bacu, inshuti n’abandi bantu bashinjwa gukorana na AFC/M23. [Kubarekura] bizaba mbere y’icyiciro cya kabiri cy’ibiganiro.”

Mbonimpa yashimangiye ko AFC/M23 ntacyo ishobora kujya gukora i Doha mu gihe abantu bayo bagifunze, nk’uko Mbonimpa yakomeje abisobanura.

Ati: “Ni iki twaba turi gukora i Doha mu gihe imfungwa zacu zitararekurwa? Ntidushobora kujya ku cyiciro gikurikira mu gihe icyabanje kitarashyirwa mu bikorwa.”

Kuri gahunda byari biteganyijwe ko AFC/M23 byagombaga gusubukura ibiganiro mu byumweru bibiri biri imbere, hanyuma bakazasinyana amasezerano y’amahoro ku wa 17 Kanama.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *