AFCON 2024: Abakinnyi ba Gambia ‘bari bapfiriye’ mu ndege yari ibajyanye muri Côte d’Ivoire

Sangiza iyi nkuru

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Gambia, Tom Saintfiet, yatangaje ko abakinnyi be “bashoboraga gupfa” ubwo bari mu ndege yari ibavanye iwabo ibajyanye muri Côte d’Ivoire aho bagomba kwitabira imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2024.

Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Ukuboza ni bwo Gambia bafashe rutemikirere berekeza mu Gikombe cya Afurika, gusa indege ya Sosiyete ya Air Côte d’Ivoire byabaye ngombwa ko isubira inyuma ikitaraganya ubwo yari imaze iminota icyenda ihagurutse i Banjul.

Ni nyuma yo kugira ikibazo cya Oxygen yabuze imbere muri yo, ibyatumye abenshi mu bari bayirimo basinzira.

Umutoza Saintfiet mu kiganiro yahaye BBC Sport Africa, yashimagije umupilote wagize imitekerereze yihuse bigatuma abakinnyi be barokoka.

Ati: “Mbere y’uko duhaguruka abakora mu ndege bari batubwiye ko ifite ikibazo cya za ‘ventilateurs’, ariko ko nitumara guhaguruka byose biza kumera neza. Nyuma y’iminota mike mu ndege yatangiye gushyuha cyane.”

Yakomeje agira ati: “Twese twahise dusinzira kubera ko nta Oxygen twari dufite. Bamwe mu bakinnyi ntibyashobokaga kubabyutsa. Umupilote yabibonye, duhita dusubira inyuma.”

Umutoza wa Gambia yavuze ko iyo bamara byibura iminota 30 muri iriya ndege nta washoboraga kurokoka.

Ati: “Abantu bagize uburibwe mu mitwe ndetse iyo indege iza kuba yagiye indi minota 30 ikipe yose yakabaye yapfuye. Igitangaje ni uko utumenyetso twerekana ko indege nta Oxygen ifite ntacyo twigeze twerekana. Ni byiza kuba umupilote yabonye ko ibihe twarimo byari iby’urupfu agahita ahindukira. Gusa turacyababaye.”

Saintfiet yavuze ko bishoboka ko muri iriya ndege harimo uburozi bwa carbon monoxide, gusa ayo makuru yanyomojwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Gambia, Lamin Kaba Bajo.

Yagize ati: “Ntabyo nigeze numva ndetse nta rwego na rumwe rw’ubuvuzi rurabyemeza. Ibyo ni ibyiyumvo n’ibintu umuntu abona ku giti cye, ariko nta bintu nk’ibyo [bya Carbon monoxide] biriho. Nasaga n’uwicaranye n’umutoza ariko nta muntu n’umwe nigeze mbona agwa igihumure.”

“Ndabizi ko iyo indege ihagurutse abantu basinzira. Abantu bamwe barimo batura imitwe abandi basinziriye, ariko twahindukiye amahoro.”

Kugeza ubu Air Côte d’Ivoire ntacyo iratangaza ku byabaye.

Amashusho cyakora yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na rutahizamu Saidy Janko, yerekana abakinnyi bagenzi be batutubikanye cyane ubwo barimo basohoka muri iriya ndege.

Uyu rutahizamu wa Young Boys yo mu Busuwisi yunzemo ko ibyabaye “ntabwo byemewe na gato.”

Ikipe ya Gambia ikigera i Banjul abakinnyi bakoze imyitozo, gusa umutoza Saintfiet avuga ko hari abatabashije kwitozanya na bagenzi babo kuko bari bakiribwa umutwe abandi bagifite isereri.

Gambia iherereye mu tsinda C isangiye na Sénégal ifite Igikombe cya Afurika giheruka, Caméroun na Guinée.

Kugeza ubu ntiharamenyekana igihe ‘The Scorpions’ igomba kongera guhagurikira, nyuma yo kwanga kongera gutwarwa n’iriya ndege yagize ibibazo.

Umutoza Saintfiet yavuze ko “twasabwe kujya muri Côte d’Ivoire dutwawe n’iriya ndege ariko njye na Kapiteni Omar Colley turabyanga. Ntitutabona indi ndege ntabwo tuzajya mu Gikombe cya Afurika. Turifuza kurwana tukanapfira igihugu turi mu kibuga, hapana mu ndege.”

Kaba Bajo yavuze ko kuri ubu hari gushakishwa indi ndege nini yo mu bwoko bwa Airbus kugira ngo ikipe ibashe kugenda mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *