Afurika y’Epfo: Abaminisitiri 3 barimo uw’Ingabo bafashwe bugwate n’abahoze ari abasirikare

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ingabo za Afurika y’Epfo, Thandi Modise na bagenzi be babiri, bafashwe bugwate n’abahoze ari abasirikare mbere yo gutabarwa n’ingabo zo mu mutwe udasanzwe.

Minisitiri Modise yari hamwe na Minisitiri muri Perezidansi, Mondli Gungubele cyo kimwe na Minisitiri w’Ingabo wungirije, Thabang Makwetla.

eNCA yatangaje ko Minisitiri w’Ingabo za Afurika na bagenzi be bari mu bagize utsinda ry’intumwa za kiriya gihugu zagiranaga ibiganiro n’abahoze ari abasirikare b’ishyaka ANC barwanye urugamba rwo kubohora Afurika y’Epfo.

Mu byo baganiraga harimo kuba Guverinoma ya Afurika y’Epfo yarananiwe kubaha ibyo bayisaba, harimo ishimwe rya miliyoni 4 z’ama Rand (Frw hafi miliyoni 276) kuri buri umwe mu barwanye iriya ntambara.

Ibinyamakuru byo muri Afurika y’Epfo byavuze ko bariya bavetera bafunze imiryango ya Hoteli ya St George i Pretoria ibiganiro byabereyemo, kugira ngo Modise na bagenzi be badasohoka ntacyo Perezida Cyril Ramaphosa akoze ku mbogamizi zabo.

Nyuma Ingabo zidasanzwe za Afurika y’Epfo zagabye igitero kuri iriya Hoteli, zirikora bariya baminisitiri batatu.

Polisi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko hari abantu 56 bamaze gutabwa muri yombi bazira kugira uruhare mu gufata bugwate bariya ba Minisitiri.

Umuvugizi wa Polisi, Brigadier Vish Naidoo, yavuze ko abatawe muri yombi bashobora kuregwa ibyaha bitatu byose bifitanye isano no gushimuta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *