Umuyobozi w’ishyaka ritavugarumwe n’ubutegetsi mu Burundi Congrès National pour la Libération (CNL), Agathon Rwasa aratabariza abayoboke be bakomeje gutabwa muri yombi na Guverinoma ibashinja gukorana n’imitwe ihungabanya umutekano w’igihugu.
Mu kiganiro Agathon Rwasa yagiranye na BBC, yavuze ko abayoboke ba CNL ntaho bahuriye n’ibitero bikomeje kugabwa ku gihugu cy’u Burundi, ari naho ahera avuga ko Leta ikwiriye kurekeraho guhohotera abarwanashyaka be ibaziza ibitero badafite aho bahuriye nabyo.
Rwasa avuga ko kugeza muri Kanama uyu mwaka hari hamaze gufungwa abarwanashyaka ba CNL bagera kuri 50 babashinja gukorana n’umutwe wa Red Tabara ukomeje guhungabanya umutekano w’uBurundi .
Ishyaka CNL rifatwa nk’umukeba ukomeye wa CNDD-FDD riri ku butegetsi, aho ryatsinze CNL mu matora yose yabaye muri uyu mwaka (aya Perezida n’ayabagize inteko ishingamategeko)
Umuyobozi wa CNL akomeza avuga ko muri iki gihe abayobozi ba CNL nabo babangamiwe cyane na leta aho atanga urugero ko mu minsi ishize bateguye inama y’abakuru mu ishyaka nyuma bakangirwa kuyikora ntibanamenyeshwe impamvu bangiwe.
Agathon Rwasa avuga ko igihugu cy’u Burundi atari icya CNDD-FDD, ko ahubwo ari icy’abaturage bose batuye mu Burundi kandi ko bakinganyaho uburenganzira imbere y’amategeko.
Mu cyumweru gishize ni bwo abayobozi b’ishyaka CNL bo muri Komine ya Bururi bose bafashwe barafungwa, kugeza ubu baracyari muri gereza aho bashinjwa gukorana n’umutwe wa Red Tabara.


