Al Shabaab yivuganye abasirikare benshi ba Somalia, barimo umukuru

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab watangaje ko wivuganye abasirikare 11 bo mu ngabo za Somalia, barimo umwe mukuru wari umuyobozi wabo.

Ni nyuma y’igitero abarwanyi b’uriya mutwe bagabye mu kigo cya gisirikare giherereye mu majyaruguru y’Umujyi wa Mogadishu kuri uyu wa Kabiri.

Umuyobozi w’umutwe w’abarwanyi bagizwe n’abaturage ba bumwe mu moko atuye kariya gace, Mohamed Osman, yabwiye AFP ko uretse abasirikare ba Leta uriya mutwe wishe na wo hari abarwanyi watakaje.

Ati: “Abasirikare 11 ba Leta barimo n’umuyobozi mu gisirikare baguye muri iki gitero ndetse ibyihebe bibarirwa mu icumi byishwe.”

Osman yasobanuye ko mu kugaba kiriya gitero ibyihebe byaturikije imodoka yari itezemo ibisasu yari iparitse hanze ya kiriya kigo, mbere y’uko byinjiramo imbere.

Ahmed Mohamud, Umuyobozi mu ngabo za Somalia ukorera mu mujyi wa Balcad uri hafi y’agace kiriya gitero cyagabwemo, yavuze ko abarenga 10 ari bo baguye muri kiriya gitero gusa avuga ko uwo mubare ari uw’agateganyo.

Yunzemo ko “Ibyihebe byasubijwe inyuma ndetse Ingabo za Somalia ni zo zigenzura ako gace kose.”

Al Shabaab yamaze kwigamba ishamikiye kuri Al-Qaeda yamaze kwigamba kiriya gitero ibinyujije mu miyoboro yayo y’itumanaho.

Uyu mutwe w’iterabwoba wagabye kiriya gitero nyuma y’umunsi umwe Ingabo za Somalia ziwambuye umujyi ukomeye wa Haradhere wari umaze imyaka irenga 10 ugenzura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *