Amabandi yigabije gereza nkuru ya Hait atorokesha imfungwa 4000

Sangiza iyi nkuru

Udutsiko twitwaje intwaro twigabye muri gereza nkuru yo mu murwa mukuru wa Haiti Port-au-Prince, irekura imfungwa nyinshi.

Umunyamakuru wa BBC yavuze ko umubare munini w’abagabo bagera ku 4000 bari bahafungiye batorokeshejwe n’ayo mabandi.

Benshi mu bafunguwe harimo abashinjwaga kugira uruhare mu rupfu rwa Perezida Jovenel Moà¯se wishwe mu 2021.

Aka gatsiko kakoze ibyo, kari kagamije kandi guhirika minisitiri w’intebe Ariel Henry ku mwanya w’ubuyobozi.

Mu mpera z’icyumweru dusoje, nibwo akavuyo kakajije umurego ubwo minisitiri w’intebe yerekezaga i Nairobi muri Kenya kugira ngo baganire ku kohereza abapolisi muri Haiti bazarwanya aya mabandi.

Ku wa gatanu, Perezida wa Kenya, William Ruto, yatangaje ko we na Henry basinyanye amasezerano kandi ko barimo gukora ibishoboka byose kugira ngo abapolisi boherezwe vuba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *