Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga 2024, Ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida depite b’Umuryango FPR – Inkotanyi byakomereje mu turere dutanu tw’Intara y’Amajyepfo .
Mu Karere ka Muhanga hiyamamarije abakandida depite batatu barimo Kalinijabo Barthelemy, Kampororo Jeanne d’Arc na Musonera Germain. Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Rongi.








Mu Karere ka Nyanza hiyamamarije abakindida depite Mazimpaka Jean Claude na Kalisa Jean Sauveur. Biyamamarije mu Murenge wa Busasamana, kuri Sitade ya Nyanza.







Muri Gisagara ho, kwiyamamaza byabereye mu Murenge wa Muganza. Hiyamamaje Umuhoza Chantal.





Mu Karere ka Huye, ibikorwa byo kwamamaza byabereye kuri site ya Rugarama, mu Murenge wa Rusatira, ahari abakandida depite ba FPR – Inkotanyi batatu n’abandi babiri bo mu mashyaka biri kumwe. Abiyamamaje ni Uwamariya Veneranda wa FPR, Kayigire Therance wa FPR, Kayirebwa Pélagie wa FPR, Nizeyimana Pie wa UDPR na Épiphanie Mukampunga wa PPC.









Ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida ba FPR – Inkotanyi kandi byanakomereje i Nyaruguru, ku rwego rw’imirenge, aho kuri uyu wa Kabiri ushize hari hatahiwe Umurenge wa Muganza, na ho uyu munsi ku wa 03 Nyakanga 2024, hatahiwe Umurenge wa Cyahinda.
Aba bakandida bose basabye abaturage kongera guha amahirwe FPR – Inkotanyi bayihundagazaho amajwi, kugira ngo bakomeze kubagezaho iterambere.
Biteganyijwe ko ku itariki ya 14 Nyakanga ari bwo hazaba amatora ku Banyarwanda baba mu
mahanga. Ku bari mu gihugu bazatora tariki ya 15 Nyakanga 2024


