Amafoto: Minisitiri Niyonkuru uherutse kwicwa mu Burundi yasezeweho bwa nyuma

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri Emmanuel Niyonkuru uherutse kwicwa n’abantu bitwaje intwaro yasezeweho bwa nyuma kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Mutarama 2017, aho uyu muhango witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye mu Burundi barimo perezida Nkurunziza, abahagarariye ibihugu byabo ndetse na guverineri wa Kivu y’Amajyepfo.

c1y1yy1w8aar9qq

c1y1zu0xuaa9eq0

c1y15gqxeaajheb
Habanje umuhango wo kumusabira

Mu ijambo yavugiye aho, visi perezida wa mbere w’u Burundi, Gaston Sindimwo yibukije abishe nyakwigendera ko nabo bazapfa kuko ngo inzira ari imwe. Yongeyeho ko yari nka doyen w’abagize Guverinoma y’u Burundi.

c1zs0n0wiaabuju
Visi Prerezida wa mbere, Gaston Sindimwo

Naho umwe mu bo mu muryango we, yatangaje ko nyakwigendera yari yaranze abashinzwe kumurinda kuko ngo yumvaga nta muntu bafitanye ikibazo.

c1zwtdbxaaame34

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo uri mu bitabiriye umuhango wo gusezera bwa nyuma nyakwigendera minisitiri Niyonkuru, mu ijambo yavugiye aha yasobanuye ko ibihugu byo mu Biyaga Bigari bisangiye amahoro ndetse n’umutekano mucye.

c1zxymnxcaaocz6

Nyakwigendera Minisitiri Emmanuel Niyonkuru yavukiye kuwa 20 Nyakanga 1962 muri Komini Rutegama, amashuri makuru akaba yarayarangirije icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza y’u Burundi yizemo kuva mu 1987 kugeza mu 1991.

c1zorw9xeaasv4i

c1zi2vaw8aabluj

c1zirinxeaai812

c1zlfqcxuaayj80

c1zlc1hwqaeabo

c1zlaonxaaai870

c1znhf6wiaaxzzo

Mbere yo kuba minisitiri yabanje gukorera Banki y’igihugu y’u Burundi (BRB) imyaka 23 kuva kuwa 02 Mutarama 1992 kugeza kuwa 24 Kanama 2015, aho yari umuyobozi wungirije wayo, umwanya yavuyeho agirwa minisitiri w’ibidukikije kuva muri Kanama 2015 kugeza ubwo yicwaga kuwa 01 Mutarama 2017.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *