fb_img_16007062453903637.jpg

Amafoto yihariye ya Perezida Magufuli wiyamamarije muri Tabora

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli uri kwiyamamariza amatora y’Umukuru w’Igihugu, kuri uyu wa 21 Nzeri 2020 yigaragaje mu buryo bwihariye muri Tabora.

Ni ibikorwa byateguwe n’ishyaka ahagarariye rya Chama Cha Mapinduzi (CCM) rirangwa n’amabara y’icyatsi. Iri shyaka riri gukora ibishoboka byose kugira ngo umukandida waryo azegukane insinzi mu matora ateganyijwe tariki ya 28 Ukwakira 2020.

Magufuli yagiye kwiyamamariza kuri sitade yitiriwe Ali Hassan Mwinyi i Tabora ari mu ndege ya kajugujugu isa n’icyatsi nk’ikimenyetso cya CCM, ikirango cy’iri shyaka ndetse n’ifoto ye.

Ku rundi ruhande kandi hari imodoka nyinshi zifite ibara n’ibindi birango by’iri shyaka nk’uko bigaragara mu mafoto.

Aya ni amafoto y’ingenzi yagaragaje uyu Mukuru w’Igihugu muri iki gikorwa:

fb_img_16007062453903637.jpg

fb_img_16007062740526226.jpg

fb_img_16007063508093624.jpg

fb_img_16007062567965122.jpg

fb_img_16007062913929191.jpg

fb_img_16007061429168587.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *