Ku bufatanye bwa Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ibizamini n’amashuri, NESA, kuri uyu wa 27 Nzeri 2022 hatangajwe amanota y’abakoze ibizamini bya Leta, icyiciro gisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Minisitiri w’uburezi, Dr Uwamariya Valentine, wafunguye ku mugaragaro iki gikorwa, yatangaje ko abakoze ibizamini mu cyiciro gisoza amashuri abanza ari 227,472. Abatsinze ni 90.69%, na ho abatsinzwe ni 9.31%.
Minisitiri Uwamariya yatangaje kandi ko mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, abakoze ibizamini ari 126,735. Abatsinze ni 85.66%, abatsinzwe ni 14.34%.
Uyu muyobozi yavuze ko abataratsinze ibizamini bya Leta mu byiciro byombi nta myanya bahawe (21,186 mu gisoza amashuri abanza n’18,469 mu cyiciro rusange), bityo rero bakabaye basibira. Ati: “Ntabwo bagombye kubona imyanya bigamo.”
Abajijwe niba hatarabayeho ubukererwe mu gutangaza aya manota kuko agiye hanze abandi banyeshuri bamaze umunsi batangiye amasomo, Minisitiri Uwamariya yasobanuye ko hatabayeho ubukererwe, ahubwo amasomo yatangiye byihuse.
Yagize ati: “Nta gukererwa kwabayeho, ahubwo icyo twakoze ni ugutangira amashuri hakiri kare kugira ngo tuzabashe gukomeza gutangira mu kwezi kwa Cyenda. Twanze gukomeza tubisunika kuko ni icyemezo cyafashwe cyo gutangira amashuri mu kwa Cyenda, aho kugira ngo abanyeshuri bose bakererwe, abandi bo mu yindi myaka batakoze ibizamini baratangiye.”
Minisitiri Uwamariya asobanura ko iminsi yo gukosora ibizamini ubusanzwe ari hagati ya 40 na 45, ariko byakozwe mu minsi 37. Gusa ngo harateganywa uko hazongerwa ibigo byo gukosoreraho kugira ngo itangazwa ry’aya manota rijye ryihuta.
Abashaka kureba amanota y’abakandida bakoze ibi bizamini bajya ku rubuga rwa NESA, mu mwanya wagenwe.



16 Responses
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
NIBYIZA KUBA ABANYESHURI BATSINZE ICYARETA
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
NIBYIZA KUBA ABANYESHURI BATSINZE ICYARETA
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Nibyiza kuba amanotayibizamini bya reta yatangajwe
Muduhe Link turebe amanota
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Muduhe Link tubone amanot
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Muduhe Link tubone amanot
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
NIBYIZA CYANE KUBA AMANOTA YASOHOTS
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
NIBYIZA CYANE KUBA AMANOTA YASOHOTS
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Nibyiza kuba amanotayibizamini bya reta yatangajwe
Muduhe Link turebe amanota
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Ubu Buryo bwakoreshejwe mugutangaza amanota ni sawa
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Ubu Buryo bwakoreshejwe mugutangaza amanota ni sawa
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Ubu Buryo bwakoreshejwe mugutangaza amanota ni sawa
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Ubu Buryo bwakoreshejwe mugutangaza amanota ni sawa
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Kokureba amanotakuriterephonebirikwanga mudufashe
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Kokureba amanotakuriterephonebirikwanga mudufashe
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Mwadufasha natwe dukoresha telefone tukabash kubona amanota y’abana
Amanota y’ibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri w’Uburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Mwadufasha natwe dukoresha telefone tukabash kubona amanota y’abana