Umwiherero wa AU wamaze iminsi ine

Ambasaderi udasanzwe w’u Burundi yashimiye Abanyarwanda bikomeye

Sangiza iyi nkuru

Ambasaderi w’u Burundi mu bihugu 6, mu muryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) no muri komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye muri Afurika ishinzwe ubukungu, Willy Nyamitwe, yashimiye Abanyarwanda mu buryo bukomeye.

Nyamitwe amaze iminsi i Kigali, aho yari yaje mu mwiherero w’abagize komite ya AU iharanira impinduka mu nzego n’intego uyu muryango wiyemeje kugeraho mu mwaka w’2063, Agenda 2063.

Uyu mwiherero watangiye tariki ya 8, urangira kuri uyu wa 11 Kamena 2023. Ni na bwo Ambasaderi Nyamitwe yatashye, asubira ku biro bye i Addis Abeba muri Ethiopia.

Uyu mudipolomate ukomeye mu Burundi yatangaje ko mu gihe yari mu Rwanda, yakiranwe urukundo n’ubumuntu, ashimira abatuye muri iki gihugu. Ati: “Uyu munsi navuye i Kigali. Nishimiye igihe cy’ibyishimo nari maze mu Rwanda, igihugu cy’abantu bafite umutima w’urugwiro, ubumuntu n’urukundo.”

Ambasaderi Nyamitwe yaherukaga mu Rwanda ubwo mubano w’iki gihugu n’u Burundi utari umeze neza.

Umwiherero wa AU wamaze iminsi ine
Umwiherero wa AU wamaze iminsi ine

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Ambasaderi udasanzwe w’u Burundi yashimiye Abanyarwanda bikomeye
    Ivyo bivuzwe na Nyamitwe birantwenza cane. Ku ntwaro ya Nkurunziza, uyu mugabo sinzi ico yapfa n’Urwanda. Yavuga amajambo atari meza. Ni vyiza ko yagarutse akaba muzima

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *