Ambasaderi wa USA yasabye imbabazi Afurika y’Epfo

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika y’Epfo yatangaje ko Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri iki gihugu “yasabye imbabazi byeruye”, nyuma yo gushinja kiriya gihugu kugurisha intwaro u Burusiya.

Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo Ambasaderi Reuben Brigety yatangaje ko mu Ukuboza 2022 hari ubwato bw’u Burusiya bwavuye i Cape Town muri Afurika y’Epfo bupakiye intwaro n’amasasu.

Afurika y’Epfo ku ruhande rwayo ivuga ko nta makuru yerekeye kugurisha izi ntwaro izi, ndetse Perezida Cyril Ramaphosa yahise ashyiraho Komisiyo yigenga yo gukora iperereza kuri ibi birego bya Amerika.

Ku wa Gatanu Umuvugizi wa Perezidansi ya Amerika mu by’umutekano, John Kirby yari yavuze ko kuba Afurika y’Epfo yaragurishije u Burusiya intwaro ari “ikibazo gikomeye cyane”, gusa ntiyagira amakuru arambuye abitangazaho.

Ambasaderi

AmbasaderiBrigety nyuma yo gukorana inama na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika y’Epfo, yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ko “ndashima cyane ku bw’amahirwe yo gukosora amakosa yose yatewe n’amagambo yanjye.”

Yavuze ko mu biganiro n’iriya Minisiteri yongeye gushimangira ubufatanye bukomeye busanzwe buri hagati ya Washington na Pretoria.

Hagati aho Minisitiri muri Perezidansi ya Afurika y’Epfo, Khumbudzo Ntshavheni, yatangaje ko iki gihugu kidashobora guterwa ubwoba na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Aganira na SABC yunzemo ati: “Amerika ni yo yafatiye ibihano u Burusiya…ntibakwiye kutuzana mu bibazo byabo n’u Burusiya.”

Minisitiri Ntshavheni yahaye Amerika iyi gasopo nyuma y’itangazo rya Kremlin (Perezidansi y’u Burusiya) ryavugaga ko Perezida Vladimir Putin yaganiriye kuri Telefoni na mugenzi we Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo; bombi bemeranya gushimangira “umubano ushingiye ku nyungu.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *