Ambasaderi wa Tanzania muri Cuba, Humphrey Hesron Polepole, yamaze gushyikiriza Perezida Samia Suluhu Hassan ibaruwa y’ubwegure bwe, asezera ku nshingano ze z’akazi ka Leta n’umwanya wa dipolomasi, kubera impungenge ku cyerekezo igihugu kirimo kuganamo.
Mu ibaruwa ifunguye, Polepole yavuze ko yafashe umwanzuro ashingiye ku bitekerezo byimbitse no kubona uko ubuyobozi bwa Tanzania buri gutera icyuho mu kurengera uburenganzira bwa muntu, gusenyuka kw’indangagaciro z’ubuyobozi no kubura ubwitange bwo gukemura ibibazo by’abaturage.
Ati: “Nashimishijwe no kubona icyizere nagiriwe nk’uhagarariye igihugu, ariko sinshobora gukomeza guhagararira gahunda zitagihesha icyubahiro igihugu cyacu cyangwa zikica indangagaciro z’ibanze z’ubuyobozi n’icengezamatwara ry’ubumuntu.”
Yagize ati: “Nagiye mbona mu buryo bubabaje uburyo ubutabera, amahoro, n’uburenganzira bw’abaturage bikomeje gusubira inyuma. Ibintu bikomeye cyane byagombaga kuba ishingiro ry’igihugu cyacu byatangiye kurushaho gusenyuka.”
Yongeye kandi kunenga imigendekere mibi y’amatora yo mu ishyaka riri ku butegetsi, Chama Cha Mapinduzi (CCM), aho yavuze ko hagiye havangwamo ibitekerezo n’imyanzuro binyuranye n’indangagaciro z’ishyaka n’ubwisanzure bwaryo. Yavuze ko ibi byataye umurongo ishyaka ryari rifite wo kongera icyizere cy’abaturage mbere y’amatora.
Polepole yari amaze imyaka ibiri ari Ambasaderi i Havana nyuma yo kuba Ambasaderi muri Malawi (2022–2023), ndetse na Depite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Tanzania (2020–2022).


