Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abakandida ku mwanya wa Visi-Perezida b’amashyaka abiri ya mbere akomeye, Umurepubulikani JD Vance n’Umudemokarate Tim Walz, bashoje ikiganiro-mpaka cyamaze isaha n’igice kuri televiziyo CBS kuri uyu wa Kabiri, itariki 1 Ukwakira .
Abanyamakuru bayoboye ikiganiro babajije abakandida bombi niba bashyigikiye ko Israel irasa Irani nyuma gato y’uko irashe muri Israel misile zisaga 200. Mu by’ukuri, nta n’umwe muri bo wavuze yatuye ngo “yego” cyangwa ngo “oya.” Tim Walz ni we bakibajije bwa mbere.
Yagize ati: “Mwabyiboneye uyu munsi. Twafatanyije n’inshuti yacu Israel n’abandi turi kumwe mu rugaga. Ariko igikomeye, ubuyobozi bwa Amerika muri ibi ni cyo dukwiye gutindaho.” Walz yikomye uwahoze ari umukuru w’igihugu, Donald Trump, avuga ko ari “ishyano” kandi ko atabereye kugaruka ku butegetsi.
Naho Vance avuga ko Trump, akiri Perezida wa Repubulika, wazanye umudendezo ku Isi.
Yavuze ko “Donald Trump yabikoze ashyiraho ingamba zo gukumira. Nyamara Irani yakoze ibi bitero kubera ko Guverinoma ya Amerika, na Kamala Harris arimo, yafunguriye Irani amadolari arenga miliyari ijana Amerika yari yarafatiriye bituma ibasha kugira ibitwaro yakoresheje uyu munsi.”
Mu bindi bibazo harimo icy’imihindagurikire y’ikirere n’ingaruka zabyo, bahereye kuri serwakira Helene imaze guhitano abantu barenga 150 muri iyi minsi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Abanyamakuru bababajije niba iki kibazo ari igihimbano, nk’uko Trump ahora abivuga. Vance asubiza ko ari “ikibazo gikomeye cyane.” Ati: “Dukeneye ibidukikije bitekanye kandi biduha umutekano.” Vance we yibanze ku byo guverinoma ya Biden-Harris irimo ibyitwaramo. Ati: “Irakora byose kugirango abo yakozeho bagaruke mu buzima busanzwe.”
Ku kibazo cy’abimukira, abanyamakuru babajije Vance ku mugambi wa Trump (bari kuri tike imwe) wo gukumira abimukira ibihumbi n’ibihumbi. Yashubije ko aba mbere bizana ari abimukira bafite ibyaha by’ubwicanyi. Ashinja Kamala Harris ko afite uruhare runini muri iki kibazo, ngo “yabafunguriye imiryango y’igihugu.”
Naho Walz yashimangiye ko ikibazo cyananiranye kubera uruhare rwa Trump mu kwica umushinga w’itegeko Perezida Joe Biden na Visi-Perezida we Kamala Harris bahaye inteko ishinga amategeko. “Trump yategetse abayoboke be bayirimo kuwukubita hasi, ntiwarenga umutaru.”
Iki kiganiro gishobora kuba ari cyo cyonyine rukumbi n’icya nyuma hagati y’abakandida bose n’abo ku mwanya w’umukuru w’igihugu, kugera ku munsi wa nyuma w’amatora, ku itariki ya 5 Ugushyingo uyu mwaka wa 2024.


