Amerika yafatiye Uburusiya ibihano ibushinja amarozi

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano Uburusiya, kubera amarozi bivugwa ko yahawe Alexei Navalny utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Vladimir Putin.

Umwe mu bayobozi ba Amerika aganira n’itangazamakuru, yavuze ko ibihano byafatiwe abayobozi barindwi b’Uburusiya n’ibigo 14 byo muri kiriya gihugu byagize uruhare mu gukora ariya marozi.

Amerika yatangaje ko yakoze iperereza igasanga Leta y’Uburusiya ari yo iri inyuma y’amarozi Navalny yaherewe muri Siberia muri Kanama umwaka ushize, mbere yo kujya kuvurirwa mu Budage bikarangira akize.

Abanyamerika bavuze ko bafatiye Uburusiya biriya bihano babanje kubyumvikanaho n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.

Uyu muryango na wo waherukaga gufatira ibihano abayobozi bane b’Uburusiya, barimo Alexandr Kalashnikov uyobora gereza zo mu Burusiya, Alexandr Bastrykin uyobora Urwego rushinzwe iperereza, umucamanza mukuru wa leta, Igor Krasnov na Viktor Zolotov ukuriye ingabo zirinda inzego z’igihugu.

Abafatiwe ibihano ntibemerewe kugirira ingendo mu bihugu byabibafatiye, ndetse imitungo babifitemo igomba guhita ifatirwa.

Leta y’Uburusiya ivuga ko itemera ibihano yafatiwe kuko birimo akarengane, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sergei Lavrov.

Ati: “Tumaze kugaragaza kenshi aho duhagaze ku bihano bitemewe…bifatwa na begenzi bacu bo muri Amerika n’abandi babafatiraho urugero nk’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.”

Minisitiri Lavrov yunzemo ko Leta y’igihugu cye izajuririra ibihano yafatiwe.

Ibihano Amerika iheruka gufatira Uburusiya ni byo bya mbere bufatiwe n’ubutegetsi bwa Perezida Joe Biden.

Ni Biden mu kwezi gushize wari wavuganye kuri terefoni na mugenzi we Putin w’Uburusiya, amubwira ko Amerika izahumeka ari uko “ibikorwa by’agasuzuguro by’Uburusiya, birimo kwivanga mu matora, ubugizi bwa nabi buciye kuri internet, guha uburozi abanyagihugu” birangiye.

Magingo aya Alexei Navalny afungiye i Moscow mu murwa Mukuru w’Uburusiya, nyuma yo gutabwa muri yombi muri Mutarama uyu mwaka akubutse i Berlin mu Budage.

Leta y’Uburusiya yamukatiye igifungo cy’imyaka ibiri n’amezi atandatu, gusa we n’abamushyigikiye bavuga ko ibyaha aregwa ari ibihimbano.

Amerika kandi n’Uburayi bakomeje gushyira igitutu kinshi ku Burusiya, basaba ko uyu munya-Politiki ushyigikiwe n’abatari bake yarekurwa.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *