Amerika yemeye guha intwaro brigade ya Azov ya Ukraine ivugwaho kugirana isano n’Abanazi

Sangiza iyi nkuru

Amerika yakuyeho itegeko ryari rimaze igihe kinini ribuza guha intwaro n’amahugurwa brigade ya Azov yo muri Ukraine, inkomoko yayo yateje impaka zishingiye ku bivugwa ko yaba ifitanye isano n’imitwe y’abahezanguni b’Abazungu.

Umuvugizi w’ishami rya Leta yabwiye BBC ko gahunda yo gusuzuma “yasanze nta kimenyetso cyerekana ko hari ihohoterwa rikabije ry’uburenganzira bwa muntu” ryakozwe n’iyi brigade.

Brigade ya Azov, ubu ni umutwe w’ingabo z’igihugu cya Ukraine, yashimiye iki gikorwa, ivuga ko “ibinyoma by’u Burusiya … byakubise igihwereye”.

Moscou yamaganye iki cyemezo, aho umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov, avuga ko Amerika “yiteguye no gukundana n’Abanazi” kugira ngo bace intege u Burusiya.

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yakunze gushinja kugereranya ubutegetsi bwa Ukraine n’ “ubutegetsi bw’Abanazi” kugira ngo agerageze kwerekana impamvu yabanje kwigarurira umujyi wa Ukraine uherereye mu majyepfo wa CrimĂ©e no gufasha abarwanyi bashyigikiwe na Moscou mu burasirazuba mu 2014, byakurikiwe n’igitero cyagutse mu 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *