Amnesty International yashyize ahagaragara raporo ishinja Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23 gukoresha ibisasu biturika mu duce dutuwe cyane two mu burasirazuba bw’igihugu.
Muri raporo yashyizwe ahagaragara uyu munsi kuwa Mbere, itariki 20 Mutarama 2025, umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty International, wasabye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) gukora iperereza kuri iki kirego no kugeza abakoze icyaha mu butabera.
Uyu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu ukomeza uvuga ko abaturage benshi bishwe n’izo ntwaro z’ibisasu biturika, zangiza cyane mu turere dutuwe cyane, kubera ko aho bishobora kugera mu kwangiza (rayon d’impact) haba hatazwi neza.
Amnesty International itanga urugero rwo ku itariki ya 3 Gicurasi 2024, aho ivuga ko roketi nyinshi zageze mu nkengero za Goma, umurwa mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru. Imwe muri zo ngo yaguye mu nkambi y’abantu bavanwe mu byabo. “Amahema menshi yaragurutse, abasivili cumi n’umunani, barimo abana cumi na batanu, baricwa. Imibiri yabo yaratanyaguwe”.
Nk’uko Amnesty ibitangaza ngo “roketi birashoboka ko yarashwe n’abarwanyi ba M23 bari ku gasozi ku kilometero 1 kirenga uvuye aho, mu rwego rwo gusubiza igisasu cyaturutse mu Ngabo za Congo, zashyizwe iruhande rw’inkambi y’abavanwe mu byabo.
Muri raporo yayo, uyu muryango utegamiye kuri leta utanga izindi ngero kandi wamagana ikoreshwa ry’izi ntwaro zirasa mu ntera ndende, zifite ingufu nyinshi z’ibiturika kandi zishobora kwangiza ahantu hanini. Amnesty ibishimangira igira iti: “Bombe, ibisasu by’intwaro za rutura, misile, roketi… inyinshi muri izo ntwaro zigira ingaruka mbi mu turere dutuwe cyane kuko zidashobora kuyoborwa neza.”


