Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 22 Gicurasi 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abafana aho bakurikiye umukino ikipe ya APR Basketball Club (APR BBC) yatsinzwemo na Made By Ball Basketball Club (MBB) yo muri Afurika y’Epfo, ku manota 94 kuri 88, mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL).
Uyu wari umukino wa kane mu itsinda, akaba wari n’umukino wa mbere wo kwishyura mu mikino y’amatsinda. APR BBC yari isanzwe ifite intsinzi ebyiri aho uku gitsindwa kwabaye ukwa kabiri yatsinzwe yikurikiranya.
Agace ka mbere katangiye amakipe yombi ahuzagurika, ariko MBB irangiza ikegukanye ku manota 16 kuri 15 ya APR.
Mu gace ka kabiri, APR yagaragaje guhindura imikinire, igabanya amakosa ndetse inasatira bikomeye, maze agace karangira iri imbere ku manota 24 kuri 22. Ibi byatumye APR ijya kuruhuka iyoboye umukino ku manota 39 kuri 38.
Agace ka gatatu kagaragaje imbaraga nyinshi za MBB, aho yasatiriye APR iyitsinda ku manota 29 kuri 19, iyobora umukino.
Mu gace ka kane, APR yagerageje kwisubiza icyizere, ibona amanota menshi 30 ku 27 ya MBB. Ariko byarangiye bitari bihagije, kuko umukino warangiye APR itsinzwe ku manota 94 kuri 88.


