APR FC itsinze undi mu kino muri CECAFA Kagame Cup

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC itsinze umukino wayo wa kabiri muri CECAFA Kagame Cup 2024 ihita iyobora itsinda C n’amanota 6.

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yakinaga umukino wayo wa Kabiri mu itsinda C aho bakinana na El El Merreikh Bentiu yo muri Sudani.

Igitego kimwe cya APR FC nicyo cyatandukanyishe impande zombi.

Mamadou Sy ni we watsinze iki gitego ku mupira we wa mbere yari akozeho ubwo yinjiraga mu kibuga ku mupira wahinduwe neza na Claude Niyomugabo maze na we atsindisha umutwe.

APR FC isigaje umukino wa nyuma mu itsinda izahuriramo na SC Villa ku wa mbere w’icyumweru gitaha ku isaha y’i saa sita za Kigali.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. APR FC itsinze undi mu kino muri CECAFA Kagame Cup
    APR twifa ni iyo kd aho bishoboka izasumbyeho ariko yandike AMATEKA haba nurwanda cg mumahanga

  2. APR FC itsinze undi mu kino muri CECAFA Kagame Cup
    Birashimishije ko ikipe yacu twihebeye imaze gutsinda imikino 2 ikurikiranye muri cecafa Kagame cup 2024.
    Ubu nubwo bataramenyerana twiteguye kukizana kikiyongera kuzindi 3 dufite.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *