APR FC yarahiriye kutongera kuzitabira Mapinduzi Cup nyuma yo ‘kwibwa’

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yarahiriye kutazongera kwitabira irushanwa rya Mapinduzi Cup, nyuma y’ubujura ivuga ko yakorewe n’abasifuzi ubwo yakinaga na Mlandege FC yo muri Zanzibar.

Mu ijoro ryakeye ni bwo APR FC yasezerewe muri Mapinduzi, nyuma yo gutsindwa na Mlandege kuri penaliti 4-2.

Ni nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Muri uyu mukino Sharaf Eldin Shiboub na Mbonyumwami Thaiba batsindiye APR FC ibitego bibiri, gusa abasifizi baza kubyanga bavuga ko aba bakinnyi bombi babaga babanje kurarira.

Nyuma y’umukino umutoza w’abanyezamu ba APR FC, Ndizeye Aimé Désiré ‘Ndanda’, yemeje ko abasifuzi batigeze babanira ikipe y’Ingabo z’Igihugu.

Ati: “Njye simfite byinshi byo kuvuga, ndakeka mwese mwarebye umupira. Mbere na mbere turanenga abasifuzi bahengamiye uruhande rumwe, muri make ni igisebo kuri Zanzibar, ndanatekereza ko ni yo nshuro ya mbere y’iya nyuma twitabiriye Mapinduzi Cup mu gihe abasifuzi badasifura neza.”

Yakomeje agira ati: “Turatsinda ibitego bakabyanga, buri muntu yabibonaga, gutsindwa nta kibazo penaliti ni amahirwe ariko umupira twakinnye twerekana ko turi hejuru ya Mlandege FC ariko abasifuzi ntibatubaniye.”

Ndanda yavuze ko APR FC itazigera yongera kwitabira Mapinduzi Cup, mu gihe hakiri abasifuzi nk’abariyo.

Ati: “Ndashaka mutangarize Abanya-Zanzibar, Abanya-Tanzania ko twebwe ubutaha tutazagaruka muri iri rushanwa bikimeze gutya, amakipe araza buri gihe bikaba bimeze gutya?”

“Ntihari amakipe yaje umwaka ushize akibirwa aha akaba yaranze kugaruka? Twebwe si ubwa mbere tuje? Kuki abasifuzi batasifuye neza? Iki ni igisebo.”

Shiboub wari Kapiteni wa APR FC nyuma y’ibyabaye, yanze Tshs 300,000 yahawe nk’umukinnyi wagaragaje ‘Fair Play’, ahitamo kuyanga ahubwo asaba ko yahabwa abasifuzi.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. APR FC yarahiriye kutongera kuzitabira Mapinduzi Cup nyuma yo ‘kwibwa’
    Nuyumve ukuntu kwibwa biryana naho ibyo yikora mu Rwanda iboneko nabandi bibarya baca umugani ibyo ifi yikora mu mazi ntago aribyo yikora mu mavuta

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *