Ikipe ya AS Kigali yamaze gusinyisha Lamine Moro, myugariro w’umunya-Ghana wari Kapiteni wa Young Africans yo muri Tanzania mu mwaka w’imikino ushize.
Uyu musore yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe y’abanyamujyi.
AS Kigali ibinyujije kuri Twitter yayo yamenyesheje abakunzi bayo ko ibafitiye itangazo riremereye, gusa amakuru twamenye ni uko ari Moro yararikiraga abakunzi bayo.
Mu kwezi gushize kwa Kanama ni bwo Lamine Moro yatandukanye na Young Africans, icyo gihe iyi kipe y’i Dar es Salaam itangaza ko batandukanye ku bwumvikane.
Uretse uyu mukinnyi, Young Africans icyo gihe yanatandukanye n’abandi banyamahanga batandatu mu icumi yari ifite, barimo Kapiteni Haruna Niyonzima w’Amavubi na rutahizamu Michael Sarpong wakiniye Rayon Sports.
Lamine Moro aje muri AS Kigali nyuma y’abandi bakinnyi barimo Robert Saba na Kakule Mugheni Fabrice.
Iyi kipe y’abanyamujyi ikomeje kwitegura irushanwa rya CAF Confederation Cup igomba guhuriramo n’ikipe ya Kigali yatomboye kuzahura na Olympique de Missiri yo mu Birwa bya Comores.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


