Perezida Kagame yazamuye mu ntera abasirikare ba RDF barenga 21,000

f3wjjhmx0aamhsj 5ef68 b3d3d

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare 676 bo ku rwego rwa ba Ofisiye mu ngabo z’u Rwanda, anemeza izamurwa mu ntera ry’abandi bato 20,389. Abazamuwe mu ntera barimo Colonel Innocent Munyengango uyobora Brigade ishinzwe ibikoresho mu ngabo z’u Rwanda na Colonel François Régis Gatarayiha usanzwe ayobora ishami rishinzwe […]

Abasirikare b’u Burundi bacyihishe mu misozi miremire basubukuye ibitero ku Banyamulenge

1765479528765 1

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko hari abasirikare b’Abarundi bacyihishe mu misozi miremire yo muri Kivu y’Amajyepfo, ndetse bakaba bubuye ibitero ku banye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi batuye mu gace ka Minembwe. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane yavuze ko “mu gihe abasirikare benshi b’Abarundi bamaze gusubira mu gihugu cyabo, […]

U Burundi bwatakambiye M23 ngo ibuhe abasirikare babwo yafashe mpiri, ibuha amabwiriza 

20251209 093920

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko iki gihugu giherutse kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo intumwa zo kuganira n’umutwe wa AFC/M23, kugira urekure abasirikare ba kiriya gihugu wafatiye ku rugamba ndetse unemerere gutaha mu mahoro abaheze mu misozi miremire ya Uvira. Abayobozi bakuru bane bo mu gisirikare cy’u Burundi ni bo baherutse […]

Ingabo z’u Burundi ziri muri Congo zirenga 20,000: Perezida Kagame

AP536066584587

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ingabo z’u Burundi ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zamaze kurenga 20,000. Umukuru w’igihugu yabitangaje ku wa Kane tariki 11 Ukuboza, ubwo yari amaze kwakira indahiro y’abayobozi baheruka kwinjira muri Guverinoma, iya Dr. Charles Murigande uheruka kugirwa umusenateri ndetse n’iy’abacamanza bo mu rukiko rw’ubujurire. Perezida Kagame yakomeje ku masezerano […]

Musanze: Wa musaza umaze imyaka 2 asembera kubera igiti yaguze ahanze amaso umucamanza

IMG 20251102

Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze ku wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza, rwaburanishije urubanza ruregwamo abantu umunani bashinjwa kugira uruhare mu gutuma umusaza witwa Ngirumpatse Ildephonse wo mu murenge wa Muko atakaza ahari iwe, kuri ubu akaba amaze imyaka ibarirwa muri itatu asembera. Abaregwa uko ari umunani barimo abakurikiranweho ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe […]

Gen. Byamungu wa M23 yahumurije abasirikare b’u Burundi bihishe muri Uvira

20251211 110034

Umugaba Mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa n’ubutasi mu mutwe wa AFC/M23, Général de Brigade Bernard Maheshe Byamungu, yasabye abasirikare b’u Burundi bihishe mu mujyi wa Uvira kuhava bagasanga imiryango yabo. Ni ubutumwa uyu musirikare yatanze, nyuma y’uko ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 9 Ukuboza AFC/M23 yigaruriye uriya mujyi wa kabiri muri Kivu y’Amajyepfo, […]

AFC/M23 yemeje ko yabohoye Uvira bidasubirwaho

images 2 1

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza, wemeje ko wamaze kubohora Umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 yemeje ko yamaze kubohora uyu mujyi biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka. Uyu muvugizi abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yahuje ifatwa rya Uvira n’icengezamatwara ry’imvugo z’urwango, ibitero […]

Me Nyarugabo yahumurije abatuye Uvira yafashwe na AFC/M23

Me Moïse Nyarugabo wigeze kuba Minisitiri w’Ubukungu wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahumurije abatuye mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, abasaba kudahunga ingabo z’umutwe wa AFC/M23. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 9 Ukuboza ni bwo Ingabo za mbere za AFC/M23 zinjiye muri Uvira, nyuma y’imirwano yari imaze […]

Amerika n’ibihugu by’i Burayi bokeje RDF na AFC/M23 igitutu 

5HUWM5WPD5EBNN77RR3QQ3ZRGI

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na bimwe mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi, byashyize igitutu ku mutwe wa AFC/M23 n’Ingabo z’u Rwanda bishinja kuwushyigikira, bisaba impande zombi “guhagarika by’ako kanya” ibitero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Usibye Washington, abandi bifatanyije na yo mu gushyira igitutu ku Rwanda na AFC/M23 barimo Umuryango w’Ubumwe bw’u […]

AFC/M23 yigaruriye Umujyi wa Uvira 

20251209 222217

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Ukuboza zinjiye mu mujyi wa Uvira. AFC/M23 yinjiye muri uriya mujyi wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kwirukana ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC mu duce twose tuwukikije. Ubuyobozi […]

Perezida Kagame yageneye Ouattara ubutumwa bwihariye

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yashyikirije Perezida Alassane Ouattara wa Côte d’Ivoire ubutumwa bwihariye yagenewe na Perezida Paul Kagame. Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva yahuye na Perezida Ouattara, nyuma yo kwitabira umuhango w’irahira rye wabaye ku wa Mbere tariki ya 8 Ukuboza 2025. U Rwanda na Côte d’Ivoire ni ibihugu bisanzwe bifitanye imibanire myiza mu nzego […]

M23 yigaruriye akandi gace kegereye Uvira

20251208 122133

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Mutarama wigaruriye Kiliba, agace gaherereye mu bilometero bibarirwa muri 15 uvuye mu mujyi wa Uvira. Kiliba yafashwe nyuma y’uko Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo zari zikarimo zihisemo kukavamo zigahunga. Nyuma y’ifatwa rya Kiliba kandi amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira avuga ko […]

U Burundi bwateguye abantu bo kuza guhungabanya umutekano mu Rwanda

20250313040858000000

Ubutegetsi bw’u Burundi ku wa Mbere tariki ya 8 Ukuboza, bwasabye Imbonerakure (umutwe witwara gisirikare w’urubyiruko rwo mu ishyaka CNDD-FDD) kwegera umupaka w’u Rwanda, bunategura abantu bo kuza guhungabanya umutekano w’igihugu. Ni icyemezo ubutegetsi bwa Gitega bwafashe nyuma y’uko kuva mu cyumweru gishize bwikunditse u Rwanda bushinja kurasa ibisasu ahitwa mu Rugombo mu yahoze ari […]

U Burundi bwijumditse u Rwanda kubera Ingabo zabwo zikomeje kwicirwa muri Congo

20251209 084352

Guverinoma y’u Burundi yashinje u Rwanda gukomeza “ibikorwa bihungabanya umutekano” ku mupaka ubuhuza na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, inerura ko ingabo zabwo ziri ku butaka bwa Congo zitazavayo kugeza igihe akazi kazijyanye kazaba karangiye byuzuye. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard, mu kiganiro ku Cyumweru gishize yahaye abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango […]

M23 yageze mu bilometero 30 uvuye mu mujyi wa Uvira 

20251208 152721

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Ukuboza, wigaruriye agace ka Sange gaherereye muri Teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Sange yafashwe nyuma y’uko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC ziyivuyemo. Agace ka Sange gaherereye mu bilometero bibarirwa muri 30 uvuye mu mujyi wa Uvira wa kabiri […]

Tshisekedi yashyize ibirego ku Rwanda mu ijambo yavugiye mu Nteko Ishinga Amategeko 

20251208 151517

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagejeje ijambo ku mitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko y’igihugu cye ryaranzwe no gushyira ibirego ku Rwanda. Tshisekedi yavuze iryo jambo nyuma y’iminsi mike we na Perezida Paul Kagame bashyize umukono ku masezerano y’amahoro, mu muhango wabereye imbere ya Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe […]

M23 yafashe Nyakabere, ikomeza gusatira Uvira

20251208 122133

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Ukuboza, wigaruriye Centre ya Nyakabere yo muri Teritwari ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuhirukana ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nyakabere ni Centre ibarizwa mu bilometero 40 mu majyaruguru ya Uvira, ibisobanura ko AFC/M23 ikomeje […]

FARDC yasubiranye na Wazalendo muri Kivu y’Amajyepfo, hapfa benshi

20251208 091411

Abantu 36 ni bo byamekanye ko baguye mu mirwano yasakiranyije abasirikare bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo, mu gace ka Sange gaherereye muri Teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ni imirwano yabaye ku Cyumweru tariki ya 7 Ukuboza 2025. Amakuru aturuka muri aka gace, avuga […]

P. Kagame yatanze umucyo ku watumye ibiganiro ku bibazo bya Congo byaberaga muri Afurika bijyanwa mu mahanga

afp 20251204 876b4dv v1 midres usrwandadrcdiplomacytrump

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ibiganiro ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byari bimaze igihe bibera i Luanda na Nairobi byajyanwe hanze y’umugabane wa Afurika, ku busabe bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Umukuru w’Igihugu yemeje ayo makuru mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo ya Al Jazeera. Ni ikiganiro Perezida Kagame yahaye kiriya gitangazamakuru, […]

Lt. Col Manirakiza wa FDNB yakomerekeye bikomeye mu mirwano na AFC/M23

20240614053843000000 scaled

Umuyobozi wa batayo ya 18 y’Ingabo z’u Burundi ziri kurwana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt. Col Manirakiza Patrice, yakomerekeye mu mirwano yasakiranyije ingabo yari ayoboye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Lt. Col Manirakiza yakomerekeye mu mirwano yabereye mu gace ka Luvungi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ejo ku wa Gatandatu tariki ya […]

AFC/M23 yongeye gusaba u Burundi kuvana bwangu ingabo zabwo muri RDC

images 2

Umutwe wa AFC/M23 wongeye gusaba igihugu cy’u Burundi gucyura “by’aka kanya kandi nta mananiza” ingabo zabwo ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko kuhaba kwazo biteje ikibazo gikomeye ku mutekano wa kiriya gihugu n’uw’akarere. U Burundi kuva muri 2023 bufite mu burasirazuba bwa RDC ingabo zirenga 10,000 ziyongeraho abarwanyi bo mu mutwe […]

AFC/M23 yafashe Luvungi, FARDC na FDNB bakwira imishwaro

20251204 163510

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Ukuboza wigaruriye agace ka Luvungi gaherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kukirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. M23 yafashe Luvungi nyuma y’iminsi itanu yari imaze iyirwaniramo mu buryo bukomeye n’ingabo zirimo iza Leta ya RDC (FARDC), iz’u Burundi […]

Imirwano ya M23 n’abarimo FDNB igeze ku munsi wa 5: Amakuru avugwa ku rugamba

20251206 122411

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Ukuboza 2025, imirwano yakomeje gusakiranya ingabo zo mu mutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imirwano igeze ku munsi wayo wa gatanu yikurikiranya, nyuma y’iminsi ine y’indi ikomeye yasakiranyije AFC/M23 n’ihuriro ririmo FARDC, Ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR. Kuri ubu […]

U Burundi bwagaragaje umujinya w’umuranduranzuzi nyuma yo gusubizwa na AFC/M23

Screenshot 20251206

Guverinoma y’u Burundi yagaragarije umujinya w’umuranduranzuzi umutwe wa AFC/M23, nyuma y’uko ingabo zawo zirashe ku butaka bwa kiriya gihugu. Ku wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza ni bwo AFC/M23 yarashe ibisasu bibiri muri Zone Rugombo iherereye mu yahoze ari intara ya Cibitoke. Amakuru avuga ko kimwe muri ibyo bisasu cyashenye imwe mu mbunda nini Ingabo […]

U Rwanda na Amerika byasinyanye amasezerano mashya afite agaciro ka Frw miliyari 330

20251206 082919

U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byaraye bisinyanye amasezerano ya kabiri y’imikoranire mu bijyanye n’ubuzima. Ku ruhande rw’u Rwanda ayo masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku rwa Amerika yasinywe na Jeremy Lewin, Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe Inkunga mpuzamahanga, Ibibazo by’Ubutabazi ndetse no kwishyira ukizana kw’amadini. Amasezerano […]

Ba Jenerali ba FARDC na ba Ofisiye ba Polisi ya RDC bahamijwe guta Goma bakayisigira M23

20251206 075023

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Gatanu rwakatiye ibifungo bitandukanye ba Ofisiye bahoze bayoboye Ingabo na Polisi mu mujyi wa Goma, nyuma yo kubahamya icyaha cyo guta uyu mujyi bikarangira ufashwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Aba barimo ba Jenerali Dany Yangba Tene na Papy Lupembe Mobenzo, cyo […]

Perezida Kagame yitabiriye tombola y’Igikombe cy’Isi

20251206 073040

Perezida Paul Kagame ari mu banyacyubahiro baraye bitabiriye tombola y’Igikombe cy’Isi cya 2026 yabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umuhango witabiriwe n’abantu batandukanye, barimo Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’uw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino. Ku wa 11 Kamena 2026 ni bwo ririya rushanwa rizakinirwa muri Leta […]

Lt. Col Minani wa FDNB yivuganwe na M23

GridArt 20251205 230837508

Lieutenant-Colonel Athanase Minani wari umuyobozi wa batayo ya munani y’Ingabo z’u Burundi ziri kurwanira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishwe n’umutwe wa AFC/M23. Lt. Col Minani wahoze mu ngabo za kera z’u Burundi (Ex FAB), amakuru avuga ko yiciwe muri Operasiyo abasirikare bo mu mutwe w’abakomando na AFC/M23 baheruka gukorera mu gace ka Luvungi, […]

AFC/M23 yavuze umubare w’abamaze kugwa mu bitero bya FARDC na FDNB muri Kivu y’Amajyepfo 

20251205 172821

Abantu 23 ni bo bamaze kwicirwa mu bitero birimo iby’indege z’intambara, za drone n’imbunda ziremereye ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kugaba mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo, nk’uko umutwe wa AFC/M23 wabitangaje. Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ukuboza, […]

Intambara ya Congo u Burundi bwishoyemo yatangiye kugera ku butaka bwabwo

20251205 164537

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza warashe ku butaka bw’u Burundi, nyuma y’igihe ingabo z’iki gihugu zisuka amabombe mu bice bituwe n’abaturage benshi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko mu ma saa 10:00 z’igitondo AFC/M23 yarashe igisasu ahitwa Nyakagunda, muri Zone Rugombo iherereye mu yahoze […]

U Burundi bwacuze ibihumbi by’imyambaro isa n’impuzankano ya RDF

20251205 133833

U Burundi buravugwa mu mugambi wo gukora ibihumbi by’imyambaro isa n’impuzankano y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ndetse n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Amakuru y’uwo mugambi yatanzwe na bamwe mu bakozi b’uruganda rukorera imyambaro mu Burundi rwitwa ‘East African Textile Manufacturers’. Ku wa 28 Ugushyingo ni bwo uru ruganda rukorera mu mujyi wa Gitega rwatashywe […]

M23 yahanuye drone ya Bayraktar TB2 

20251205 121035

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza, zahanuye indi drone y’intambara y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru aturuka imbere muri AFC/M23 avuga ko iyi drone yo mu bwoko bwa Bayraktar TB2 RDC yaguze mu Bushinwa yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura mu Burundi ikajya kurasa […]

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo guhuza ubukungu 

20251205 070547

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byaraye bisinyanye amasezerano yo kwihuza k’ubukungu bw’akarere, nyuma y’ay’amahoro yashyizweho umukono na ba Perezida b’ibihugu byombi. Ayo masezerano azwi mu rurimi rw’Icyongereza nka Regional Economic Integration Framework (REIF), ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku ruhande […]

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Trump (Amafoto)

2025 12 04 23 36 08 2

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, yagiranye ibiganiro byibanze ku mubano w’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na mugenzi we Donald Trump. Ibiganiro by’abakuru b’ibihugu bombi byanitabiriwe n’abandi bayobozi ba Amerika, barimo Visi-Perezida JD Vance, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, Umujyanama wa […]

Ibya drone ya CH-4 yahanuwe na M23 na Operasiyo y’Abakomando yahekuye FDNB

GridArt 20251204 223900785

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, zahanuye drone y’intambara yo mu bwoko bwa CH-4 y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Amakuru BWIZA yamenye ni uko iyi drone yahanuriwe ku musozi wa Ngomo, aho yari yajyanwe no kurasa imbunda nini ya M23 iri hejuru yawo. Ni drone amakuru […]

Perezida Kagame na Tshisekedi basinyanye amasezerano y’amahoro 

20251204 212009

Perezida Paul Kagame na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza bashyize umukono ku masezerano y’amahoro y’ibihugu byombi. Ni umuhango wabereye i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uyoborwa na Perezida Donald Trump. Uyu muhango kandi witabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo William […]

Washington: Tshisekedi na Ndayishimiye baganiriye mu muhezo 

20251204 101345

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiranye ibiganiro byabereye mu muhezo. Ni ibiganiro aba bagabo bombi bagiraniye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC. Perezidansi y’u Burundi (Ntare Rushatsi House) […]

Perezida Kagame yakiriye ku meza 6 bagize Kongere ya Amerika

20251204 075516

Perezida Paul Kagame yaraye yakiriye ku meza abashingamategeko batandatu bo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, anagirana na bo ibiganiro. Abo Umukuru w’Igihugu yaganiriye na bo barimo Senateri Mike Rounds, Rep. Brian Mast, Senateri Kevin Cramer, Senateri Pete Ricketts, Depite Ronny Jackson na Major-General Trent Kelly. Perezidansi y’u Rwanda ibinyujije ku […]

Perezida Kagame yageze i Washington (Amafoto)

20251203 161154

Perezida Paul Kagame yageze i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku rubuga rwabyo rwa X, byavuze ko Umukuru w’Igihugu i Washington “azahura na Perezida Donald Trump anitabire isinywa ry’amasezerano ya Washington.” Ku wa […]

Uko byifashe ku rugamba muri Kivu y’Amajyepfo aho M23 ikomeje guhanganira na FARDC n’abayifasha

20251203 152960

Imirwano ikomeye ikomeje gusakiranya umutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo. Impande zombi zaramutse zihanganiye mu bice bitandukanye by’iriya ntara, nyuma y’indi mirwano ikomeye yazisakiranyije ku wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza 2025. Nko mu ma saa moya z’igitondo, impande zombi zarimo […]

Maj. Gen Ruki Karusisi yahawe inshingano nshya

if hub 35 b2d68 1

Maj. Gen Ruki Karusisi wahoze ari umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo zidasanzwe (Special Operations Force), amaze igihe yarahawe inshingano nshya. Kuri ubu Maj. Gen Ruki ni we muyobozi wa Diviziyo ya gatanu y’Ingabo z’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba. Ni inshingano yasimbuyeho Brig. Gen (Rtd) Pascal Muhizi umaze amezi ane ashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru. Muri Werurwe uyu […]

Ndayishimiye yageze kwa Trump

20251203 081545

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yaraye ageze i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu masaha y’ijoro ni bwo Perezidansi y’u Burundi yatangaje ko Perezida Evariste Ndayishimiye yageze muri Amerika, ndetse ko akihagera yakiranwe ubwuzu n’Abarundi bahaba. Amafoto […]

Abarasiwe mu myigaragambyo bashakaga kumpirika ku butegetsi: Perezida Samia Suluhu 

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yagaragaje ko ashyigikiye inzego z’umutekano z’igihugu cye zishinjwa kwica amagana y’abigaragambyaga, avuga ko bari bagambiriye guhirika ubutegetsi bwe. Samia mu ijambo yagejeje ku baturage b’igihugu cye, yavuze ko abiganjemo urubyiruko bari bishyuwe ngo bigabize imihanda, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yo ku wa 29 Ukwakira yasize yongeye gutorerwa kuyobora Tanzania […]

Ba ACP Rumanzi na Muheto mu bapolisi bagiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru 

GridArt 20251202 232419950

Polisi y’Igihugu yatangaje ko yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abapolisi 74, barimo babiri bo ku rwego rwa ba Komiseri. Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo ACP Sam Rumanzi wakoze imirimo irimo kuba Umuhuzabikorwa w’urwego rwunganira akarere mu by’umutekano-DASSO ku rwego rw’Igihugu. Barimo kandi ACP Francis Muheto wakoze imirimo itandukanye muri Polisi, irimo kuyobora Polisi y’u Rwanda mu […]

Ndayishimiye yavuze ku bucuti bwa Jenerali wa RDF n’uwa FDNB

GridArt 20251202 163053097

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagaragaje ubucuti busanzwe buri hagati y’Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi na Lt. Gen Silas Ntigurirwa wo mu ngabo z’u Burundi, ari ikimenyetso cy’uko ibibazo biri hagati y’igihugu cye n’u Rwanda bizarangira. Lt. Gen Ntigurirwa usanzwe ari umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare mu biro bya Perezida […]

Ibisasu by’ingabo za RDC byishe abantu i Kamanyola 

20251202 153111

Abantu batatu bo mu gace ka Kamanyola muri Kivu y’Amajyepfo bishwe n’ibisasu by’ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abandi batanu barakomereka. Ni nyuma y’imirwano ikomeye yaramutse isakiranya ihuriro ry’ingabo za Kinshasa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23, muri Kamanyola no mu bindi bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi wa AFC/M23, […]

Imana ifashe AFC/M23 kugira ngo umutekano uri i Goma uzarambe: Musenyeri Ngumbi

mgr willy ngumbi nouvel eveque de goma 2790x1590 c adfd5

Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Goma, Msgr Willy Ngumbi, yashimye umutwe wa AFC/M23 kuba warabashije kugarura umutekano mu mujyi wa Goma, asaba Imana gukomeza kuwufashakugira ngo amahoro ari muri uriya mujyi azarambe. Musenyeri Ngumbi yashimiye AFC/M23 mu misa yo kwibuka umunsi wahariwe umuhire Anuarite iheruka kubera i Goma. Ni misa yitabiriwe n’abayobozi bo ku ruhande […]

‘Jenerali’ Ndayishimiye yazindukiye kwa Trump

20251202 083940

Perezida w’u Burundi, Général-Major Evariste Ndayishimiye, yazindutse iya rubika yerekeza i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Ukuboza, ni bwo Ndayishimiye yahagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye […]

Visi-Guverineri Manzi Willy yavuze ku nkuru zavugaga ko yatawe muri yombi 

Visi-Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ushinzwe politiki, ubuyobozi, n’amategeko; Ngarambe Manzi Willy, yanyomoje amakuru yavugaga ko yarawe atawe muri yombi. Inkuru z’uko Manzi Willy usanzwe ari uwo ku ruhande rwa AFC/M23 yaraye atawe muri yombi, zakwirakwizwaga n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bigaragara ko bahengamiye ku ruhande rwa Leta ya RDC. Aba bavugaga ko yafatiwe muri Canada n’inzego […]

Umuriro w’amasasu ya M23 na FARDC n’abayifasha mu bice byinshi bya Kivu y’Amajyepfo

G37QiGoWYAAuaHu

Kuva mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Ukuboza 2025, inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zaramukiye mu mirwano ikomeye n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru y’iyi mirwano aremezwa n’abayobozi batandukanye bo ku ruhande rwa AFC/M23, yaba Lawrence Kanyuka uvugira […]

Gen (Rtd) James Kabarebe yahawe inshingano nshya

arton100910

Perezida Paul Kagame yakoze impinduka nke muri Guverinoma zasize ahaye imirimo mishya abarimo Gen (Rtd) James Kabarebe. Itangazo Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza, ryerekana ko Umukuru w’Igihugu yagize Dr Telesphore Ndabamenye, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi. Dr. Ndabamenye wari usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, yasimbuye […]

Ndayishimiye na we azaherekeza Perezida Kagame na Tshisekedi kwa Trump

neva na ndayi 860x783 1

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yemeje ko ateganya kwerekeza i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahazabera umuhango wo kwemeza amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni umuhango byitezwe ko uzabera i Washington ku wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, ahategerejwe ba Perezida Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi. […]

Ndayishimiye yongeye kwikoma Perezida Kagame 

20251201 133435

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kwikoma mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, amushinja kwinjiza impunzi z’Abarundi ziba mu Rwanda mu gisirikare mbere yo kuzohereza kurwana mu mutwe wa AFC/M23 yavuze ko ufite Icyicaro Gikuru cy’Ingabo i Kigali. Ndayishimiye yongeye guzura ibi birego kuri Perezida Kagame ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye mu biro bye, […]

Kinshasa: Umuturage yagaragaye ahohoterwa azira ‘gusa na Kagame’

GridArt 20251201 131311835

Mu mujyi wa Kinshasa, umuturage ukomoka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yagabweho igitero gikomeye n’abasivili bamushinja kuba Umunyarwanda, kuko afite “isura isa n’iya Kagame”. Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, abari bafashe uwo muturage bumvikana bamuhatira kwemera ko ari Umunyarwanda, mu gihe we yumvikana abasubiza ko akomoka muri Kivu y’Amajyaruguru. Bati: “Wowe mugabo uri Umunyarwanda. […]

Amerika yateguje indi myigaragambyo muri Tanzania

c 2025 10 30t133416z 2567731 rc2flha431ci rtrmadp 3 tanzania election

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko muri Tanzania hateguwe imyigaragambyo mishya, nyuma y’indi ikomeye yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu kwezi gushize. Ambasade ya Amerika muri Tanzania mu butumwa buburira Abanyamerika yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza, yavuze ko mu gihe iyo myigaragambyo yamagana Guverinoma ya Tanzania yagombaga kuba ku itariki […]

Mbayahaga yifatiye ku gahanga M23

1764579989984

Umuvugabutumwa Mbayahaga Isidore wo mu gihugu cy’u Burundi, yifatiye ku gahanga umutwe wa AFC/M23 avuga ko ingabo zawo zananiwe urugamba, nyuma yo kuneshwa n’iz’u Burundi. Uyu mugabo usanzwe azwiho gufasha ubutegetsi bwa Perezida w’u Burundi akanaba inshuti ye magara, Evariste Ndayishimiye, yabigarutseho mu kiganiro aheruka guha umuyoboro wa YouTube witwa African TV. Ni ikiganiro yatanze, […]

AFC/M23 yongeye kwikoma u Burundi

m23 48 afb87 72618

Umutwe wa AFC/M23 ku Cyumweru tariki ya 30 Ugushyingo, wongeye kwikoma igihugu cy’u Burundi, ugishinja kuba nyirabayazana y’ibitero bitandukanye bimaze igihe bigabwa mu bice bitandukanye bituwe n’abaturage benshi bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuvugizi w’Ishami rya Politiki rya AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko “Ibitero byose […]

FACA yungutse abasirikare bashya barenga 500 batojwe na RDF

Igisirikare cya Repubulika ya Centrafrique (FACA), kuri uyu wa Gatandatu cyungutse abasirikare bashya 545 barangije amahugurwa yabo y’ibanze ya gisirikare bahawe n’abarimu b’Ingabo z’u Rwanda (RDF).   Muri uyu muhango kandi hari aba Suzofisiye 121 barangije amahugurwa y’amezi atandatu yo kuyobora na yo yatanzwe n’abarimu ba RDF. Ibirori byo gusoza ayo mahugurwa byabereye mu kigo cya […]