Impamvu indwara z’umutima, Diyabete na Kanseri zikomeje kwiyongera mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yagaragaje ko u Rwanda rwugarijwe n’ikibazo cy’indwara zitandura ziri kugenda zisimbura izandura, ndetse mu myaka mike ishize zikaba zaragiye ziyongera. Yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Werurwe, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abagize imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko. Ni ikiganiro cyibanze ku bikorwa bya Guverinoma birebana n’umuturage ku isonga, by’umwihariko […]
Umujyi wa Kigali wisobanuye ku bishyimbo byaranduwe

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasobanuye ko ibishyimbo abaturage bari barahinze byaranduwe, kubera ko ba nyirabyo bari barabihinze ku nkengero z’umuhanda wa kaburimbo. Byari nyuma y’impuruza yatanzwe n’uwitwa Bagiruwubusa Eric wifashishije urubuga rwa X mu kubaza ubuyobozi bwa Kigali impamvu bwafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo byari hafi kwera, nyamara hari abaturage bashonje. Ati: “Ibi birasa n’ibyo […]
Nyuma ya AFC/M23, UPDF na yo yaba igiye kuvana ingabo zayo muri Lubero

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kuvana ingabo zacyo muri Teritwari ya Lubero mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’igihe kirekire zaroherejweyo. Gen. Muhoozi yemeje ayo makuru biciye mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Dutangaje ko twiteguye kuva mu birindiro byacu […]
U Rwanda mu bihugu byatoye ko ubucakara ari ‘icyaha ndengakamere kiruta ibindi’ cyibasiye inyoko muntu

Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ku wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe yatoye umwanzuro wemeza ko ubucakara bwakorewe Abanyafurika mu bucuruzi bw’abacakara bwambukaga inyanja ya Atlantique ari “icyaha gikomeye kurusha ibindi byibasiye inyokomuntu”. Ni nyuma y’icyifuzo cyari cyatanzwe na Ghana isaba ko ririya zina rihabwa ubucakara, ikindi ibihugu bigize Loni bigatekereza gusaba imbabazi ku byabaye no […]
Shingiro wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yahawe inshingano nshya

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, wahaye Amb. Albert Shingiro wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi inshingano zo kuba intumwa yawo idasanzwe izafasha mu ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cyafashwe n’Urukiko Mpuzamahanga ku bijyanye n’amakimbirane ari hagati ya Gabon na Guinée-Equatoriale. AU mu itangazo yasohoye ku wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe, yavuze ko Shingiro azafasha […]
Biruta yashyikirije Perezida Saasou Nguesso ubutumwa bwa Perezida Kagame

Perezida Denis Sassou N’Guesso wa Congo-Brazzaville, ku wa Gatatu yakiriye Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta wamushyiriye ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame. Ni ubutumwa bwifuriza Perezida wa Congo ishya n’ihirwe, nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora igihugu cye muri manda ya gatanu. Muri ubu butumwa kandi Perezida Kagame yasabye Sassou Nguesso kuzashyigikira […]
Impamvu AFC/M23 yatangiye kuvana ingabo muri Lubero

Umutwe wa AFC/M23 kuva ku wa Mbere tariki ya 23 Werurwe, watangiye kuvana ingabo zawo mu bice bitandukanye wagenzuraga byo muri Teritwari ya Lubero, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga yerekana ingabo za AFC/M23 ziva mu bice bitandukanye, zikoreye n’ibikoresho byazo. Uduce byamenyekanye ko uriya mutwe wamaze kuvanamo ingabo turimo […]
Perezida Kagame yijeje Abayisilamu ko azabishyura vuba umwenda amaze imyaka 15 ababereyemo

Perezida Paul Kagame yijeje abayoboke b’idini ya Islam mu Rwanda ko mu gihe cya vuba azabishyura umwenda amaze imyaka ibarirwa muri 15 ababereyemo. Muri 2011 ni bwo Umukuru w’Igihugu yijeje Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda ko Leta igomba kubatera inkunga, ndetse ikanabaguranira ubutaka bafite ibaha ubundi bifuje kuzubakaho inyubako zigomba kuzakorerwamo ibikorwa bitandukanye. Umukuru w’Igihugu kuri […]
Washington: Umurinzi w’umunyacyubahiro w’u Rwanda yasagarariwe n’abanye-Congo

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje, ko hari ushinzwe umutekano ushinzwe kurinda umwe mu banyacyubahiro b’u Rwanda uri muri Amerika wasagarariwe n’abashinzwe gucunga umutekano w’umugore wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo guhurira muri imwe muri Hoteli z’i Washington. Iyi Ambasade yemeje ayo makuru mu […]
RDC yashinje u Rwanda kugerageza gucengera muri hoteli umugore wa Tshisekedi acumbitsemo muri Amerika

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko hari abantu bagerageje “gucengera muri hoteli” umugore wa perezida w’icyo gihugu acumbitsemo mu ruzinduko arimo i Washington, ishyira mu majwi u Rwanda. Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yaraye abwiye abanyamakuru ko bamenye amakuru y’abo bantu bataramenyekana, ndetse ko leta ya DRC irimo gukorana bya […]
RP Tumba College yemeje urupfu rw’umunyeshuri wayo wasanzwe yapfanye n’umukobwa

Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubunenyingiro, ishami rya Tumba ryo mu Karere ka Rulindo, ryatangaje ko hari umunyeshuri w’umuhungu waryigagamo wasanganwe n’umukobwa bombi bapfuye. RP Tumba College ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yagize iti: “Tubabajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wacu, IRAKOZE Angelo. Umuryango mugari wa RP Tumba College wifatanyije n’umuryango we muri ibi bihe bikomeye by’akababaro.” Iri […]
Inoti zimwe z’amafaranga y’u Rwanda zigiye gutakaza agaciro

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko hari inoti z’amafaranga y’u Rwanda ziganjemo izakozwe mu mwaka wa 2004 zizaba zatakaje agaciro tariki 1 Werurwe 2027. Itangazo BNR yasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe, rivuga ko izo noti zirimo iya 500Frw yakozwe mu 2004 ndetse n’iyakozwe mu 2013. Hari kandi inoti ya 1000Frw […]
Imbonerakure n’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda bari gutorezwa n’abazungu mu Kibira

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko mu ishyamba rya Kibira riherereye muri Komine Bukinanyana mu ntara ya Bujumbura, hari kubera imyitozo ya gisirikare ikomeye iri guhabwa Imbonerakure zari zaroherejwe kurwana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda. Ni imyitozo imaze ibyumweru birenga bitatu. Abaturage baturiye ishyamba rya Kibira, babwiye SOS Médias […]
Icyo AFC/M23 ivuga kuri raporo ya RSF iyishinja gufunga no kwica urubozo abanyamakuru

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wahakanye wivuye inyuma ibirego by’umuryango mpuzamahanga w’abanyamakuru batagira umupaka (RSF) uwushinja gufunga no kwica urubozo abanyamakuru. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Kabiri yagaragaje ko iriya raporo ya RSF igamije gusiga icyasha AFC/M23, anenga […]
Kagame yasabiye ubutabera umubyeyi w’i Karongi wimwe serivisi kwa muganga bikamuviramo urupfu

Perezida Paul Kagame yasabye Minisitiri w’Ubutabera kongera gukurikirana akamenya niba abantu bagize uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wo mu karere ka Karongi wagiye kubyara bikarangira arangaranwe barabiryojwe. Muri Gashyantare 2020 ni bwo umubyeyi wari ukuriwe yagiye ku kigo nderabuzima cya Biguhu giherereye mu murenge wa Kirinda, agiye kwipimisha inda yari yegereje kuvuka. Nk’uko amabwiriza yo kwivuza […]
Meya wa Nyabihu yasobanuye icyateye akarere ke kuba aka nyuma mu mihigo

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, yatangaje ko akarere ke kabaye aka nyuma mu mihigo bitewe n’umuhanda wa Tubungo-Nyakiriba wagombaga kujya ku kigo nderabuzima utarakozwe kubera ibihe by’imvura byabaye bibi cyane. Yabwiye RBA ati: “Twagize ikibazo cy’ibikorwaremezo aho twari dufite igikorwa cy’umuhanda witwa Tubungo-Nyakiliba wagombaga kujya kuri Centre de Santé yafashaga abaturage kuba babasha kujyana […]
AFC/M23 yatanze impuruza ku mperuka iri kuba mu Minembwe

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe, watanze impuruza ku bihe bisa n’imperuka bikomeje kubera muri Komine Minembwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo za Leta ya RDC zikomeje gukorera abaturage ubwicanyi bw’indengakamere. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko usibye kuba Abanye-Congo bo […]
Muri abirasi kandi mwiratana ubusa: Perezida Kagame wakurugutuye abayobozi

Perezida Paul Kagame yaburiye abayobozi bo mu nzego za Leta ko imico mibi bagira irimo ubwirasi ishobora kuzasiga bashenye igihugu. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, ubwo yasozaga inama nyunguranabitekerezo y’Abayobozi b’Inzego Nkuru za Leta n’Inzego z’Ibanze. Ni inama y’umunsi umwe yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera. Muri […]
Trump yabaye ahagaritse kurasa kuri Iran

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko yategetse Minisiteri y’ingabo z’igihugu cye kuba ihagaritse ibikorwa byo kurasa ku nganda z’ingufu za Iran mu gihe cy’iminsi itanu. Trump yemeje aya makuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Werurwe, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Truth Social. Yavuze ko mu minsi […]
Kenya: Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yaburiwe irengero

Polisi ya Kenya iri gukora iperereza ku ibura rya Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa kiriya gihugu, mu gihe amakuru avuga ko yaba yashimuswe. Umuryango wa Tuju uvuga ko we n’umushoferi we baburiwe irengero ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo barimo bajya gutanga ikiganiro kuri imwe muri radiyo zo muri kiriya gihugu. Polisi […]
Igisubizo cya Kabila ku bafashe kuba ari mu matware ya M23 nk’ikibazo

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje ko kuba ari mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 nta kibazo abibonamo, kuko i Goma ari we. Uyu mugabo wategetse RDC hagati ya 2001 na 2019 yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru La Libre cyo mu Bubiligi cyabereye […]
Kabila yashimangiye ko igihe kigeze ‘ubutegetsi bw’igitugu’ bwa Tshisekedi bukavaho

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko ari ngombwa ko ubutegetsi bw’igihugu bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wamusimbuye buvaho. Kabila yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru La Libre cyo mu Bubiligi. Ni ikiganiro cyabereye mu rugo rwe ruherereye mu mujyi wa Goma. Muri iki kiganiro, Kabila yongeye gushinja Tshisekedi […]
KNC wa Gasogi United nyuma ya mpaga ya Rayon Sports yavuze

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatangaje ko batangiye urugendo rw’amategeko mu rwego rwo guhangana n’akarengane avuga ko ikipe ye yakorewe ku mukino wa shampiyona y’u Rwanda wagombaga kuyihuza na Rayon Sports. Ku Cyumweru tariki ya 22 Werurwe ni bwo Gasogi United yatewe mpaga y’ibitego 3-0, nyuma yo kutagaragara ku mukino w’umunsi wa […]
Icyo Green Party ivuga ku musanzu wa mituweli wiyongereye

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, rivuga ko rigikora isesengura ku bijyanye n’umusanzu wa mituweli uheruka kongerwa, mbere yo kuzakora ubuvugizi mu gihe byaba bibaye ngombwa. Mu kwezi gushize kwa Gashyantare ni bwo iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho ingano n’uburyo bwo gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, ryagaragaje ko umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza uzwi […]
M23 yateye utwatsi ibyo kuvana ingabo i Bukavu

Umutwe wa AFC/M23 wabeshyuje inkuru z’uko wasabye ingabo zawo ziri mu mujyi wa Bukavu wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kuwuvamo. Ni nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga harimo hazenguruka itangazo ryitiriwe Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, demokarasi n’imiyoborere, Bertrand Bisimwa, rivuga ko iri huriro ryafashe icyemezo cyo kuva i Bukavu kugira ngo […]
Kwizera Olivier yongerewe mu Mavubi

Umunyezamu wa Rayon Sports, Kwizera Olivier, yongerewe mu ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ iri kwitegura imikino ya FIFA Series izabera mu Rwanda. Uyu munyezamu yongerewe mu Mavubi nyuma y’impaka nyinshi zavutse ubwo byamenyekanaga ko atari mu banyezamu bane bari bahamagawe. Mu kiganiro ubuyobozi bwa FERWAFA bwagiranye n’itangazamakuru muri iki cyumweru ubwo herekanwaga umutoza Stephen Costantine, Perezida wa […]
Muri Katanga na ho havutse umutwe urwanya ‘ubutegetsi bw’igitugu’ bwa Tshisekedi

Umutwe witwa Mouvement Debout Katanga pour la libération du Congo (MDKC), watangaje ko wamaze gutangiza intambara mu rwego rwo kubohora intara ya Katanga n’abanye-Congo muri rusange ‘ubutegetsi bw’igitugu’ bwa Perezida Félix Tshisekedi. Umuvugizi w’uyu mutwe, Colonel Ngoy Kumwimba Tigre, mu itangazo yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 6 Werurwe, yavuze ko abarwanyi bawo bamaze kwigarurira […]
Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Ferry

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gutandukana n’Umufaransa Bruno Ferry wari umaze igihe gito ari umutoza wayo mukuru. Iyo kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yatangaje ko yo n’uriya mutoza batandukanye “ku bwumvikane bw’impande zombi”. Ferry yari umutoza wa Murera kuva mu mezi atatu ashize. Rayon Sports na we batandukanye, nyuma yo kugorwa no […]
Chuck Norris yapfuye

Umunyamerika Carlos Ray wamamaye muri filime no gukina imikino njyarugamba nka Chuck Norris, yapfuye ku myaka 86 y’amavuko. Urupfu rwe rwemejwe n’umuryango we, mu butumwa wanyujije ku mbuga nkoranyambaga. Wavuze ko uriya mukambwe yapfuye ejo ku wa Kane, wungamo ko “yapfuye akikijwe n’umuryango we kandi mu mahoro.” Mu myaka ya 1960, Chuck Norris yari umwe […]
Uwasimbuye Maduro yashyizeho abayobozi bashya b’igisirikare

Perezida w’inzibacyuho wa Venezuela, Delcy Rodríguez, yashyizeho abayobozi bashya b’igisirikare nyuma y’umunsi umwe ashyizeho Minisitiri w’Ingabo mushya. Mu itangazo yasohoye ku wa Kane, Rodríguez yavuze ko izo mpinduka zigamije kurinda “ubusugire bw’igihugu, amahoro, umutekano n’ubusugire bw’imipaka ya Venezuela.” Izi mpinduka mu buyobozi bukuru bw’ingabo za Venezuela zije nyuma y’igitero ingabo za Leta Zunze Ubumwe za […]
Israel yivuganye Jenerali Ali Mohammad Naini wa IRGC

Brigadier General Ali Mohammad Naini wari usanzwe ari umuvugizi w’Ishami ry’Ingabo za Iran zishinzwe Kurinda Impinduramatwara (IRGC), yishwe n’ingabo za Israel. Itangazamakuru rya leta ya Iran ni ryo ryabanje kumubika, mbere y’uko urupfu rwe rwemezwa n’ingabo za Israel (IDF) kuri uyu wa Gatanu. IDF ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yasobanuye ko Naini yari umuntu […]
AFC/M23 yahagaritse umuyobozi wayo uvugwaho gushaka gufata ku ngufu

Ubuyobozi bw’umutwe wa AFC/M23 bwahagaritse Yannick Tshisola Kwasa Mukwenu wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’urwego rwa Politiki muri ririya huriro, nyuma yo kuvugwaho imyitwarire idahwitse. Umuhuzabikorwa wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa, mu ibaruwa yandikiye Tshisola ku wa 16 Werurwe, yamumenyesheje yahagaritswe nyuma y’uruhererekane rw’amakuru yagaragazaga imyitwarire ye idakwiye. Ni imyitwarire mibi irimo kurenga ku nshingano […]
Perezida Kagame yashimiye ‘umuvandimwe we’ Denis Sassou Nguesso

Perezida Paul Kagame ku wa Kane tariki ya 19 Werurwe, yashimiye mugenzi we Denis Sassou Nguesso wa Congo-Brazzaville nyuma yo gutorerwa gukomeza kuyobora igihugu cye muri manda ya gatanu. Umukuru w’Igihugu abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yagize ati: “Ndashimira byimazeyo umuvandimwe wanjye, Perezida Denis Sassou Nguesso, wongeye gutorerwa kuyobora Repubulika ya Congo. U Rwanda […]
Senateri Dr. Habineza yatorewe inshingano nshya

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Senateri Dr. Frank Habineza, yatorewe kuba umuvugizi w’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya politiki (NFPO). Ni inshingano Dr. Habineza yatorewe kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Werurwe 2026, akaba agomba kuzungirizwaho na Ingabire Neema Eugenie wo mu Ishyaka Riharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR). Ni […]
Bahati Lukwebo udashyigikiye ko Tshisekedi ahindura itegekonshinga yeguye muri Sena

Senateri Modeste Bahati Lukwebo yeguye muri Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’iminsi mike agaragaje ko adashyigikiye umugambi wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga. Mu ibaruwa yandikiye Sama Lukonde uyobora Sena, Lukwebo wari Visi-Perezida wa kabiri wayo yasobanuye ko yafashe kiriya cyemezo kubera umwuka uri muri Sena ya Congo Kinshasa muri […]
Minisitiri Mukazayire yashyikirije Perezida Diomaye Faye ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, ku wa Gatatu tariki ya 18 Werurwe yakiriwe anagirana ibiganiro na Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Sénégal. Minisiteri ya Siporo ibinyujije ku rubuga rwa X, yatangaje ko Minisitiri Mukazayire yashyikirije Perezida wa Sénégal “ubutumwa bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.” Iyi Minisiteri kandi yasobanuye ko ibiganiro bya Minisitiri Nelly Mukazayire na […]
Ibyo u Rwanda na RDC byumvikanye nyuma yo kongera guhurira i Washington

Intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zemeranyije ku ngamba zifatika zigamije gukomeza gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro ya Washington, nyuma yo kongera guhurira i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe no ku wa Gatatu tariki ya 18 Werurwe ni bwo intumwa z’ibihugu byombi zahuye. […]
Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo wasanzwe yapfuye nyuma yo kuva gutanga ubuhamya mu rubanza

Umugabo witwa Harerimana Evariste wo mu murenge wa Remera w’akarere ka Musanze, yasanzwe yapfuye nyuma yo kuva iwe mu rugo yagiye gutanga ubuhamya mu rubanza. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Werurwe ni bwo umurambo w’uyu mugabo wasanzwe mu ishyamba riherereye riri hafi y’iwe, mu mudugudu wa Buhogo, akagari ka Murandi. […]
Israel yishe Minisitiri w’Ubutasi wa Iran

Igisirikare cya Israel (IDF) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Werurwe, cyatangaje ko cyivuganye Esmail Khatib wari Minisitiri wa Iran ushinzwe ubutasi. Khatib yiciwe “mu bitero byageze ku ntego zabyo” ingabo za Israel zagabye i Tehran mu ijoro ryacyeye. IDF ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko Minisiteri y’Ubutasi uriya mugabo yari akuriye […]
Minisitiri Nduhungirehe yashyize mu gatebo kamwe Ndayishimiye na Habyarimana

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ibyakozwe na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi wakiriye itsinda ry’Abanyamulenge ngo barwanye bene wabo atari bishya, kuko na Habyarimana Juvenal wahoze ari Perezida w’u Rwanda yigeze kubikora. Ku wa Kabiri ni bwo Ndayishimiye yakiriye mu biro bye ririya tsinda ryari rikuriwe n’uwitwa Charles Nteze. Ubwo yaryakiraga […]
Sénégal yavuze ikigomba gukurikiraho nyuma yo kwamburwa Igikombe cya Afurika

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal (FSF), ryateye utwatsi icyemezo cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) cyo kwambura Sénégal Igikombe cya Afurika cya 2025 yari yaratwaye kigahabwa Maroc. FSF mu itangazo ririmo uburakari yasohoye, yamaganye kiriya cyemezo, ivuga ko ari “akarengane, kadasanzwe kandi katemewe.” Ririya shyirahamwe ryashimangiye ko ibyavuye mu kibuga aho Sénégal yari yatsinze Maroc […]
Abanyamulenge bagiye gushimira Ndayishimiye

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe, yakiriye itsinda ry’Abanyamulenge bavuga ko bagiye kumushimira kubera uruhare rwa leta akuriye mu “kurengera ubuzima bwari mu kaga” bw’Abanyamulenge mu ntambara iri mu gihugu cyabo. Iryo tsinda ryitwa Banyamulenge Global Advocacy ryashimiye Ndayishimiye “ku mihate y’amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo” no […]
M23 yongeye gusatira Uvira

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe zigaruriye agace ka Kirungu gaherereye mu bilometero bike uvuye mu mujyi wa Uvira wa kabiri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 yafashe burundu aka gace, nyuma y’uko ejo ku wa Mbere yari yigaruriye igice kimwe cyako. Kirungu yafashwe ubwo ingabo z’uriya mutwe zasubizaga […]
U Rwanda na RDC byatumijwe kwa Trump

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bwatumije i Washington intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo gushaka uko ibiganiro bigamije amahoro mu burasirazuba bwa Congo byakongera kubyutswa. Ibi biganiro biteganyijwe kubera muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, bizahuza intumwa z’impande zombi mu biganiro byihariye n’ibihuriweho. […]
FARDC yaramutse irasa mu Ruzizi ikoresheje imbunda ziremereye

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri zaramutse zigaba ibitero by’imbunda ziremereye mu kibaya cya Ruzizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru y’ibi bitero yemejwe na AFC/M23 biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka. Abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko ibitero byagabwe ku muhanda munini uhuza imijyi ya […]
Ntituzigera twibagirwa ubwitange bwanyu: JDF ibwira RDF n’Abanyarwanda

Ingabo za Jamaica (JDF), zashimiye iz’u Rwanda n’abanyarwanda, nyuma y’amezi abiri itsinda ry’ingabo zo mu ishami ry’ubwubatsi ryoherejwe muri kiriya gihugu gufasha gusana ibyangiritse nyuma y’inkubi yahashenye byinshi. Ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe ni bwo itsinda ry’abasirikare 100 bo mu ngabo z’u Rwanda bari baroherejwe muri Jamaica ryagarutse i Kigali. Mu butumwa igisirikare […]
AFC/M23 yishe 13 mu bari bateye i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe mu mujyi wa Goma, nyuma yo kuhagaba igitero mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe. Amakuru atangwa n’abayobozi ba AFC/M23 avuga ko usibye bariya 13 bishwe, hari n’abandi batatu bafashwe mpiri. Ubuyobozi bw’uriya mutwe buvuga ko abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo baturutse muri Parike ya […]
Abafite ubumuga bwo kutabona baracyagorwa no kubona serivisi za Banki

Bamwe mu bafite ubumuga bwo kutabona bo mu Rwanda bagaragaza ko bakigorwa no guhabwa serivisi z’ibigo by’imari, bitewe no kuba hari zimwe muri Banki zigishidikanya ku bushobozi bwabo. Abaganiriye na BWIZA iruhande rw’Inama Mpuzamahanga yiga ku Ikoranabuhanga ridaheza mu rwego rw’Imari (IFF 2026) yabereye i Kigali mu cyumweru gishize, bagaragaje ko bakigorwa no kuba hari […]
Imihanda yangiritse muri birantega Ngororero ifite

Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burishimira kuba hari intambwe ifatika aka karere kamaze gutera mu iterambere, n’ubwo hakiri za birantega zirimo imihanda yangijwe n’ibiza zikibangamira iterambere ryako. Ku wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe ubwo ubuyobozi bw’aka karere n’abafatanyabikorwa bako barimo Umuryango ARCOS mu mushinga MuLaKiLa baganiraga n’itangazamakuru, bwagaragaje ko mu byo bwishimira harimo kuba ingo […]
Tshisekedi si we kibazo wenyine: Minisitiri Nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo atari we gusa utuma amasezerano ya Washington igihugu cye n’u Rwanda byasinyanye adashyirwa mu bikorwa, ko ahubwo ikibazo kinari ku muryango mpuzamahanga umurebera mu gihe ayica. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Radiyo […]
Abasirikare ba RDF bari bamaze amezi 2 muri Jamaica batashye

Abasirikare babarirwa mu ijana bo mu ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa Mbere bageze i Kigali, nyuma yo kuva muri Jamaica aho bari bamaze amezi abiri. Aba basirikare ubwo bageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, bakiriwe n’Umugaba w’Ingabo z’Inkeragutabara, Maj. Gen Alex Kagame. Mu butumwa yabagejejeho, Maj. Gen Kagame yabashimiye ku kuba bararanzwe n’indangagaciro […]
Ba Musenyeri basabye ko imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ifungurwa

Abepiskopi ba Kiliziya Gatolika yo mu Rwanda no mu Burundi, basabye ko imipaka yo ku butaka ihuza ibihugu byombi yongera gufungurwa, nyuma y’imyaka ibiri yarafunzwe. Aba bihaye Imana batanze ubwo busabe ubwo bahuriraga i Kigali hagati y’itariki ya 9 n’iya 11 Werurwe. Basabye ko hakomeza ibiganiro bigamije kongera gusubukura ubuhahirane n’imigenderanire hagati y’u Rwanda n’u […]
Trump yasabye ubufasha bwo gufungura umuhora wa Hormuz

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabye ibihugu kuza gufasha igihugu cye gufungura umuhora wa Hormuz ufatwa nk’inzira inyuzwamo Peteroli nyinshi kurusha izindi ku Isi. Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru Financial Times, Trump yavuze ko yavuganye “n’ibihugu bigera kuri birindwi” ku “gucunga umutekano” w’umuhora wa Hormuz. Nubwo nta gihugu yavuze yaganiriye na cyo, […]
I Goma haraye humvikana urusaku rw’amasasu

Amakuru aturuka mu mujyi wa Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aremeza ko haraye humvikana urusaku rw’amasasu. Amasasu muri Goma yumvikanye ahazwi nka CCLK mu gace ka Kyeshero, Ndosho ndetse no mu gace ka Mugunga gaherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’uriya mujyi. Amasasu yatangiye kumvikana mu ma saa tanu z’ijoro, agahenge kagaruka mu ma saa […]
Abanyarwanda 297 baracurujwe 2020-2024

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ( RIB) ruravuga ko icyaha cy’icuruzwa ry’abantu gihangayikishije cyane isi n’u Rwanda rurimo, aho mu mibare rufite yo kuva muri 2020 kugera 2024 Abanyarwanda 297 ari bo bamenyekanye ko bacurujwe, aho ku rwego rw’Isi yose abacurujwe bo mu bihugu bitandukanye barenga 200.000. Mu kiganiro n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’ab’amakoperative akora ubucuruzi bwambukiranya imipaka […]
Abasifuzi 10 ba mbere beza kurusha abandi ku Isi

Umufaransa Clément Turpin, ayoboye urutonde rw’abasifuzi 10 beza kurusha abandi ku Isi, nk’uko bigaragazwa n’urutonde ruheruka gutangazwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ibarurisha mibare n’amateka ku mupira w’amaguru (IFFHS). Turpin yaje ku mwanya wa mbere n’amanota 65, aba umusifuzi wa mbere ku isi mu bagabo mu mwaka wa 2025 nk’uko byemejwe na IFFHS. Uyu musifuzi amaze imyaka agaragara […]
Kinshasa yatangiye kwikanga M23 muri Katanga

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko ihangayikishijwe n’ishingwa ry’umutwe w’inyeshyamba wagaragaye mu ntara ya Haut-Katanga yo mu majyepfo ya kiriya gihugu. Mu nama y’Abaminisitiri yabereye i Kinshasa ku wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe, ubutegetsi bwa Kinshasa bwagaragaje ko hari umutwe w’inyeshyamba umaze iminsi ugaragara muri Katanga, bigakekwa ko waba ufitanye isano […]
Depite Mishiki wigambye igitero cyahitanye Umufaransakazi i Goma yirukanwe muri Wazalendo

Depite Willy Mishiki wari umuyobozi w’inama y’inararibonye y’imitwe ya Wazalendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze kwirukanwa muri iriya mitwe nyuma yo kwigamba igitero cya drone cyagabwe i Goma cyikicirwamo abarimo Umufaransakazi wakoreraga UNICEF. Ku wa 11 Werurwe ubwo Mishiki yaganiraga na Televiziyo ya TV5 Monde, yavuze ko kiriya gitero kiri mu mugambi wa […]
Gen. Masunzu yahawe imirimo mishya

Lieutenant-Général Pacific Masunzu wayoboraga zone ya gatatu ya gisirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yahawe imirimo mishya. Amakuru atandukanye aremeza ko Masunzu yagizwe Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za RDC ushinzwe ibikorwa n’ubutasi. Ni inshingano yasimbuyeho Lt. Gen Jacques Ychaligonza Nduru wari uzimaranye imyaka itatu. Masunzu yahawe ziriya nshingano, nyuma y’uko mu […]
Icyo u Rwanda ruvuga ku nkunga EU iha RDF ishobora guhagarikwa

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kugira ngo ibikorwa byo kurwanya iterabwoba ingabo z’u Rwanda zirimo mu ntara ya Cabo Delgado bikomeze bisaba inkunga ihagije, mu gihe amakuru avuga ko iyo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaga ishobora guhagarikwa. Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, asubiza inkuru y’ikinyamakuru Bloomberg ivuga ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga EU igenera ibikorwa […]