Kenya: Ruto yategetse ko ingendo zitari ngombwa ku bakozi ba Leta zikurwaho
Mu gihe Kenya yugarijwe n’ibibazo by’amikoro n’abigaragambya, Perezida Ruto kandi yatangaje ko mu rwego rwo kugabanya amafaranga yakoreshwaga mu nzego zimwe na zimwe akurwaho. Yavuze ko ku ikubitiro ingendo zitari ngombwa z’abakozi ba Leta zikurwaho. Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje kandi ko hari ibigo bya Leta 47 bigiye guseswa, abakozi babyo bagashyirwa mu zindi […]
Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza ‘yishe’ gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda
Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer, nyuma yo gutangira imirimo yahise aburizamo gahunda Leta ya kiriya gihugu yo kohereza abimukira mu Rwanda. Ni amakuru ikinyamakuru The Telegraph dukesha iyi nkuru kivuga ko cyahawe n’abantu b’imbere mu ishyaka Labour Party rya Starmer. Iri shyaka mbere y’uko ryegukana intsinzi mu matora yabagize Inteko Ishinga Amategeko […]
Gen. Mubarakh na Minisitiri Marizamunda bagiranye ibiganiro na Gen Shavendra Silva
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sri Lanka, Gen Shavendra Silva, ku wa Kane yasuye Icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda aho yakiriwe akanagirana ibiganiro na mugenzi we w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga. Gen. Shavendra ari mu Rwanda aho ku wa Kane yari yitabiriye ibirori by’isabukuru y’imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye. Ari mu bashyitsi bitabiriye ibi […]
Abasirikare ba RDF bari mu butumwa bwa MINUSCA bizihije umunsi wo kwibohora muri Centre Afrique

Mu gihe mu Rwanda ejo hashize hizihijwe umunsi wo kwibohora, no muri Centre Afrique ingabo za RDF ziri mu butumwa bw’Amahoro bwa MONUSCA na bo bizihije uyu munsi mu birori bibereye ijisho. Izi ngabo zigize itsinda ‘Battle Group VI and Rwanda level 2+ Hospital’ zizihije isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, zinavuga ko umunsi […]
U Burundi burashinjwa kohereza abajya gufata ku ngufu impunzi ziba mu nkambi ya Nduta
Bamwe mu mpunzi z’Abarundi ziba mu nkambi ya Nduta muri Tanzania, barashinja u Burundi kohereza abajya kubahohotera kugirango batahe inkambi ifungwe. Mu cyumweru gishize abagore batanu bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina hafi y’inkambi ya Nduta muri Tanzaniya . Impunzi zose z’Abarundi zahamagaye ubuyobozi bw’inkambi kugira ngo zikore iperereza. Itsinda ry’abagore batanu bari bagiye gushaka inkwi […]
Abimukira 89 bari berekeje muri Espagne basanzwe mu bwato bapfuye
Mu bwato bwazimiriye mu nyanja ya Atlantica hatoraguwe imirambo 89 y’abimukira,abagera ku icyenda baratabawe, abandi babarirwa muri mirongo baburirwa irengero. Aba bimukira bari bari mu bwato busanzwe bukoreshwa mu burobyi aho bwari bwaratangiye urugendo mu cyumweru gishize. Abantu bose hamwe bari bari muri ubu bwato bagera ku 170. Bwabonetse hafi n’igihugu cya Mauritania. Mauritania ni […]
Abasirikare 196 birukanwe muri RDF
Abasirikare 196 barimo ba Sous-Ofisiye ndetse n’abato, birukanwe mu ngabo z’u Rwanda (RDF). Igazeti ya Leta n° Idasanzwe yo ku wa 03 Nyakanga 2024 ni yo yemeza amakuru y’iyirukanwa ry’aba basirikare. Muri iyi gazeti hagaragaramo kandi amazina y’abirukanwe ndetse na numéro za gisirikare (Numéro matricule) zabarangaga. Abasirikare birukanwe bari mu byiciro bibiri, birimo icy’abirukanwe ku […]
U Bwongereza: Uwarahiriye kuburizamo kohereza abimukira mu Rwanda yabaye Minisitiri w’Intebe
Ishyaka ry’abakozi mu Bwongereza (Labour Party) ni ryo ryegukanye intsinzi mu matora rusange, nyuma yo kubona intebe zisaga 400 muri 650 zo nteko ishinga amategeko zahatanirwaga. Ni intsinzi yahise ishyira akadomo ku myaka 14 ishyaka ry’aba-Conservateurs ryari rimaze riyoboye Guverinoma y’u Bwongereza. Aba-Conservateurs begukanye intebe zisaga 110 zonyine, ibisobanuye ko batakaje izirenga 200 ugereranyije n’amatora […]
Netanyahu yatangaje igisa n’intambara yeruye kuri Hezbollah
Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, yavuze ko Israel ishobora gushoza Intambara yeruye kuri Hezbollah nyuma y’uko yishe umwe mu basirikare bayo bakomeye. Umutwe w’abarwanyi wa Hezbollah, uravuga ko wihoreye ugatera rokete zirenga 200 mu Majyaruguru ya Israel, nyuma y’uko yishe umusirikare wayo ukomeye. Igisirikare cya Israel, kivuga ko hari umusirikare ukomeye nabo batakaje, ariyo […]
Amerika iravuga ko u Rwanda na RDC byemeye agahenge k’ibyumweru 2
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byemeye gutanga agahenge k’ibyumweru bibiri, mu rwego rwo gufasha abakora ibikorwa by’ubutabazi kwita ku bavanwe mu byabo n’imirwano yo mu burasirazuba bwa Congo. Amerika yemeje ayo makuru biciye mu muvugizi w’akanama kayo gashinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, Adrienne Watson. Itangazo […]
Bukavu: Amazu arenga 100 yibasiwe n’inkongi y’umuriro yaturutse ku wari utetse ifiriti
Amazu arenga 100 abarizwa mu karere ka Nyalukemba mu mujyi wa Bukavu muri repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yibasiwe n’inkongi y’umuriro ejo hashize kuwa gatatu taliki 03 Nyakanga 2024. Amakuru avuga ko ku ikubitiro habanje gushya amazu agera kuri 30, nayo agenda akongeza andi kugeza arenze 100. Icyakora umuyobozi w’akarere ka Nyalukemba , yavuze ko […]
Umukobwa wa Perezida Paul Biya yaketsweho ubutinganyi
Umukobwa wa perezida wa Kameruni yagaragaye mu mashusho arimo asomana n’undi mugore umunwa ku wundi , bituma acyekwaho ubutinganyi. Inyandiko yashyize kuri Instagram yerekana uyu mukobwa w’imyaka 26 yakira umunyamideli w’umunyaburezili Layyons Valença bahuje urugwiro. Yahise yandika kuri Instagram ye ko yapfiriye uyu munyamideli ku buryo yumva yamwimariyemo. Yagize ati” Naragupfiriye kandi ndashaka ko isi […]
RDC: Abashinwa batandatu n’abasirikare babiri ba FARDC bishwe barashwe
Abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishe abashinwa bagera kuri batandatu mu ntara ya Ituri kuri uyu wa Gatatu taliki 03 Nyakanga 2024 Umuyobozi wa Djugu, Ruphin Mapela, ari naho ibyo byabereye, yavuze ko byakozwe n’umutwe witwa CODECO (Koperative ishinzwe iterambere rya Kongo). Igizwe ahanini n’abarwanyi bo mu bwoko […]
Ingabo z’u Burundi zigiye kujya ziha imyitozo ANT?
Guverinoma y’u Burundi irateganya gusinyana amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare n’iya Tchad, ibihugu byombi bikazayagenderaho mu guhana imyitozo ya gisirikare. Iby’aya masezerano hagati y’igisirikare cy’u Burundi (FDNB) na ANT cya Tchad biri mu byo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Gen Mahamat Idriss Déby Itno wa Tchad baganiriyeho, ubwo Déby yasuraga u Burundi hagati y’itariki […]
Inkongi yibasiye inyubako ‘Makuza Peace Plaza’ yangije ibifite agaciro ka miliyoni hafi 200Frw
Ibintu bifite agaciro ka miliyoni hafi 200 z’amafaranga y’u Rwanda nibyo byangirikiye mu nyubako izwi nka Makuza Peace Plaza iherereye mu mujyi wa Kigali rwagati mu karere ka Nyarugenge. Polisi y’u Rwanda itangaza ko habarurwa ibyangijwe n’iyo nkongi , basanze bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni 198. Polisi ivuga ko icyakora inyubako ubwayo […]
Abapolisi babiri bo muri Sudan y’Epfo bafatiwe muri Congo baje gushimuta abantu
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gitangaza ko cyafashe abapolisi babiri bo mu gihugu cya Sudan y’Epfo . Aba bapolisi ngo bafashwe nyuma y’uko bari baje gushimuta bamwe mu baturage bari bafitanye amakimbirane. Aba basirikare batawe muri yombi ejo ku wa Gatatu taliki 03 Nyakanga 2024. Bafatirwa mu Ntara ya Bas-Uele. Urwego rushinzwe Iperereza […]
Igihugu cyacu gifite umutekano kandi kizawuhorana uko byagenda kose- Perezida Kagame
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yongeye gushimangira ko umutekano w’u Rwanda nta kizawukoma mu nkokora kuko kizawuhorana. Yabivuze kuri uyu wa Kane taliki 04 Nyakanga 2024 ubwo hizihizwaga umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 30. Yongeyeho ko politiki y’igihugu kugeza ubu ishingiye ku ntego no kubazwa inshingano. Ati: Politiki yacu uyu munsi, ishingiye ku kugira […]
Itsinda ry’abapolisi bo muri Kenya boherejwe muri Haiti batangiye gushakisha amabandi
Ku wa Gatatu, umuhanda wa Port-au-Prince wagenzuwe n’abapolisi ba Kenya, bafite intwaro zikaze bashakisha ahari amabandi. Ishami rya mbere ry’abapolisi bashyigikiwe n’umuryango w’abibumbye muri Haiti, ryageze muri iki gihugu muri Kamena, mu bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rikabije ry’agatsiko k’amabandi. Kugeza ubu, udutsiko tw’abagizi ba nabi twiganje hafi 80% mu murwa mukuru, bigatuma abantu barenga 580.000 […]
Ndayishimiye na Gén Kaka bokeje Loni igitutu
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na mugenzi we wa Tchad, Gén Mahamat Idriss Déby Itno ‘Kaka’, bokeje igitutu Umuryango w’Abibumbye basaba ko akanama kawo gashinzwe umutekano kabamo amavugurura, mu rwego rwo guca “akarengane” gakorerwa Afurika. Ni ibikubiye mu itangazo rihuriweho Guverinoma y’u Burundi n’iya Tchad zasohoye, nyuma y’uruzinduko rw’akazi Gén Déby aheruka kugirira i Gitega. […]
Ruto yategetse ko gahunda yo kuzamura imishahara y’abadepite n’abaminisitiri isubirwamo
Perezida William Ruto, yategetse ko Gahunda yo kongererwa imishahara ku badepite n’abaminisitiri yari iteganyijwe isubirwamo. Impamvu ngo ni uko abaturage bamurakaje. Ibi bikaba bibaye nyuma y’icyumweru imyigaragambyo yitabiriwe n’imbaga ihatiye Ruto kureka umushinga w’itegeko ry’ingengo y’imari wari urimo kongera imisoro. Ku wa gatatu, Lyn Mengich ukuriye akanama k’igihugu k’imishahara (SRC) yavuze ko kazahagarika izo nyongera […]
Urukiko rwategetse ko abasirikare ba FARDC bahunze M23 i Kanyabayonga bicwa
Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye urwo gupfa abasirikare 25 bo mu ngabo z’iki gihugu (FARDC), nyuma yo kubahamya ibyaha birimo icyo guhunga M23 ubwo bari bahanganye na yo mu mirwano. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 3 Nyakanga ni bwo aba basirikare bakatiwe urwo gupfa. 25 bahamijwe ibyaha […]
Imana yambwiye ko iyi ntambara M23 irwana izarangirira i Goma: Col Kazarama
Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi wa M23, yatangaje ko afite iyerekwa ry’uko intambara uriya mutwe urwanamo n’Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izarangirira mu mujyi wa Goma, ngo kuko nyuma yo kuwufata utundi duce tuzafatwa hatabayeho imirwano. Kazarama yahishuye iby’iyerekwa rye mu kiganiro yahaye BWIZA TV. Kuri ubu imirwano ikomeje gusakiranya […]
RRA yatangaje ingano y’imisoro yakusanyije mu 2023/2024
Mu mwaka w’ingengo y’imari 2023/2024, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, cyatangaje ko imisoro yakusanyijwe ari miliyari 2,619 Frw. Byatangajwe kuri uyu wa Gatatu taliki 03 Nyakanga 2024 mu kiganiro komiseri yagiranye n’itangazamakuruaho iki kigo kivuga ko habaye izamuka rya 12% ugereranyije n’umwaka ushize. Komiseri Mukuru wa RRA, Ronald Niwenshuti, yagaragaje ko iki kigo gifite intego […]
Uganda: Umusirikare uherutse kwica bane bo mu muryango umwe yagejejwe mu rukiko
Polisi ya Mbarara iherutse guta muri yombi Private Herbertson Robert Birivumbuka, umusirikare mu ngabo zidasanzwe kabuhariwe , azira kwica abantu batanu bo mu muryango umwe barimo umwana , ingimbi ndetse n’abakuru. Ibi byabereye mu mudugudu wa Namutale, mu gace ka Kabeyingire, ahazwi nka Bwaya, mu karere ka Mayuge mu ntangiro z’uku kwezi. Umuvugizi wa Polisi […]
Abasirikare ba FARDC bafunzwe bazira guhunga M23 i Kanyabayonga
Abasirikare 32 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bafunzwe bakurikiranweho ibyaha birimo guhunga M23 ubwo bari bahanganye na yo mu mirwano. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Nyakanga ni bwo aba basirikare batangiye kuburanishirizwa i Butembo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ubushinjacyaha bwa gisirikare bubakurikiranyeho ibyaha birimo “guhunga umwanzi, gusesagura […]
Tanzania: Icyoba ni cyose ku mpunzi z’Abarundi ziba mu nkambi ya Nduta
Abahagarariye impunzi mu nkambi ya Nduta muri Tanzania, bahamagariye impunzi kwitegura gukora amarondo nijoro kugira ngo bahangane n’imitwe y’abagabo bitwaje imbunda basigaye bitwikira ijoro bakazenguruka mu nkambi. Kuri uyu wa mbere, tariki ya 1 Nyakanga, abayobozi b’inkambi ya Nduta mu ntara ya Kigoma, bateranije abayobozi bose b’uturere maze babategeka kumenyesha impunzi ko bidatinze, bazatangira amarondo […]
Inkubi y’umuyaga yateje ibibazo muri Jamaica
Mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Karayibe (Caraïbes),Inkubi y’umuyaga Beryl, yahitanye abantu 7 byitezwe ko yibasira Jamaïque hanyuma bigere no mu birwa bya Caïman kuri uyu wa Gatatu. Ni umuyaga wari ku muvuduko mwinshi urenga kilometero 252 ku isaha ndetse zishobora guteza impanuka. Uyu akaba ariwo muyaga uremereye wa mbere uri mu cyiciro cya 5 cyagaragajwe na […]
Kenya: Abigaragambya batewe ibyuka biryana mu maso barushaho guteza impagarara
Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu muri Kenya, avuga ko kuva hadutse imyigaragambyo abantu 39 aribo bamaze kuyipfiramo. Ni imyigaragambyo ikomeje gufata indi ntera mu kwamagana umushinga w’itegeko ryo kuzamura imisoro no kuzamura ingengo y’imari reta izakoresha, mu mwaka utaha. Gusa perezida William Ruto mu kiganiro n’itangazamakuru , yavuze ko yamaze kwanzura ko uwo mushinga utagikomeje […]
Ku rubuga rwa ‘Irembo’ hagiye kujya hatangirwa icyangombwa cy’imyitwarire
Guhera taliki 08 Nyakanga 2024, ibyangombwa bimwe na bimwe bizongerwa ku byari bisanzwe bitangirwa ku rubuga Irembo. Muri ibyo byangombwa harimo icy’imyitwarire cyajyaga gitangirwa mu mudugudu. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB , rwashyize ahagaragara itangazo rigaragaza izindi Serivisi zizajya zisabwa ku rubuga rwa Irembo. Kuri urwo rutonde harimo icyangombwa cy’imyitwarire, icyangombwa cy’imenyeka Isha ry’ibyabuze cyangwa ibyibwe, […]
Biden yifatiye ku gahanga Urukiko Rukuru ku ngingo irengera Trump ruherutse gusohora
Nyuma y’aho Urukiko Rukuru rwa Amerika, rusohoye ingingo y’uko abakuru b’igihugu cya Amerika bashobora kudakurikiranwa ku byaha bimwe na bimwe, Prezida wa Amerika Joe Biden yavuze ko iyo ngingo ishobora gutuma haba abategetsi birengangiza amategeko. Prezida Joe Biden , yanenze iyo ngingo Urukiko ruherutse gushyira hanze kuri uyu wa Mbere, avuga ko itabanje gusuzumwa . […]
Touadéra yitabaje u Rwanda ngo rumufashe kwigobotora Wagner
Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, yiyambaje abarimo Perezida Paul ngo bamufashe kwigobotora umutwe wa Wagner usa n’uwatangiye kumurusha imbaraga. Uyu mutwe w’abacanshuro b’Abarusiya umaze imyaka irenga itatu ufatanya n’Ingabo z’u Rwanda gucungira umutekano Touadéra, gusa uko bukeye n’uko bwije urasa n’ugenda umurusha imbaraga ndetse n’ububasha mu gihugu cye. Amakuru avuga ko Perezida wa […]
Haiti: Abana basaga ibihumbi 300 bahungishijwe amabandi- UNICEF
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana UNCEF rivuga ko agatsiko k’amabandi muri Hayiti katumye abana barenga 300.000 bahungishwa. Muri Gashyantare nyuma y’ibitero byinshi byibasiye ibikorwa remezo bya guverinoma, byateje akaduruvayo bituma benshi bakurwa mu byabo abandi baricwa. Ibi byaje gutuma kandi Minisitiri w’intebe Ariel Henry yegura muri Mata bitewe n’igitutu yashyizweho na n’aya mabandi. Mu […]
RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23
Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yaba yitabaje Tchad ngo imuhe ingabo zo kumufasha guhangana n’umutwe wa M23, nk’uko amakuru aturuka muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika abivuga. Amakuru avuga ko Tshisekedi yasabye Tchad kumuha ingabo, ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi yagiriye i Ndjamena mu mpera z’ukwezi […]
Ibyago u Rwanda rwagize ni uko rwagize abayobozi b’abapumbafu- Kagame
Ibikorwa byo kwamamaza umukandida w’Umuryango RPF Inkotanyi, byakomereje mu Karere ka Kirehe, aho ibihumbi n’ibihumbi bahateraniye kuri uyu wa Kabiri taliki 2 Nyakanga 2024 mu gushyigikira Chairman w’uyu muryango Kagame Paul. Mu byagarutsweho mu buhamya bwatanzwe na Musabwasoni Sandra, harimo ko mu myaka yashize , ubuyobozi bubi bwariho bwajya buheza abaturiye muri aka karere ka […]
Umwaka utaha serivisi zo mu mavuriro zizaba zitangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga
Mu mwaka utaha wa 2025, serivisi z’ubuzima zizaba zitagitangwa mu buryo bw’impapuro ahubwo hazaba hakoreshwa ikoranabuhanga. Regis Rugemanshuro umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) agaragaza ko kugeza mu kwezi kwa 6 k’umwaka utaha byibuze muri serivise zitandukanye z’ubuvuzi hazaba hatagikoreshwa impapuro ahubwo byose ngo bikorerwa mu buryo bw’ikoranabuhanga. Ati “turashaka gushyira mu ikoranabuhanga […]
Kugira ubudahangarwa bishobora gukiza Trump umutwaro yari yikoreye
Nyuma gato Urukiko rw’Ikirenga rutanze icyemezo ku kirego cya Trump ashinjwamo ibyaha 34, rwasuzumye rusanga afite ubudahangarwa buhabwa umuntu wese wabaye perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, gusa iki cyemezo kikaba kireba ibifite aho byaba bihuriye n’inshingano. Donald Trump yifashishije imbuga nkoranyambaga yishimiye iki cyemezo agaragaza ko ari intsinzi agira ati: “Intsinzi nini ku […]
FARDC Vs M23: Ndayishimiye yikomanze ku gatuza
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ku wa Mbere tariki ya 1 Nyakanga, yikomanze ku gatuza avuga ko ingabo z’u Burundi zakubise ahababaza ‘umwanzi wa Congo’; ku buryo asigaye akubita agatoki ku kandi ahigira kuzihorera ku Burundi. Ndayishimiye yabitangaje ku wa Mbere ubwo yari mu birori byo kwizihiza imyaka 62 ishize u Burundi buhawe ubwigenge n’abakoloni […]
Amerika yasabye umukuru wa Hamas guhagarika intambara
Antony Blinken , Ministri w’ububanyi n’amahanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, yasabye umukuru wa Hamas guhagarika intambara. Yanavuze ko kandi bari gukora gukora ibishoboka byose ngo hatazavuka intambara yeruye hagati ya Isirayeli n’abarwanyi ba Hezbollah bafite ibirindiro mu majyepfo ya Libani. Mu mboni za Blinken asanga hari ibimenyetso byeruye, bigaragaza ko intambara ishoboka, ariko nanone […]
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Stade Amahoro agaragaza ko ubu nta rwitwazo ruhari
Kuri uyu wa Mbere taliki 01 Nyakanga 2024, nibwo umukuru w’Igihugu Paul Kagame yafunguye Stade Amahoro ivuguruye. Perezida Kagame yari kumwe na DR Patrice Motsepe ukuriye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika. Uyu muhango kandi wakurikiwe no kwesurana hagati ya APR FC na Police FC muri iyi stade yakira abantu bagera ku bihumbi 45 bavuye kuri […]
Ruto yaciye undi muvuno usimbura umushinga w’izamurwa ry’umusoro wanzwe n’abigaragambya
Perezida wa Kenya, William Ruto, avuga ko iki gihugu kigomba kuguza amafaranga menshi kugira ngo guverinoma ikomeze yiyubake nyuma y’uko abigaragambya banze umushinga w’itegeko ryo kuzamura imisoro. Perezida yatangaje ibi nyuma y’uko kandi yari yavuze ko azakuraho umushinga w’itegeko w’izamurwa ry’umusoro utavugwaho rumwe nyuma y’imyigaragambyo yigabije inteko ishinga amategeko muri Kenya. Kubera izo mpamvu Ruto […]
Burundi: Umwanda uturuka ku ibura ry’amazi mu mujyi wa Ngozi wakangaranyije abahatuye
Abatuye mu duce dutandukanye mu mujyi wa Ngozi bahuye n’ingorane zikomeye zo kwibasirwa n’indwara zituruka ku mwanda nyuma yo kumara ukwezi kurenga batabona amazi. Amakuru yakusanyijwe n’abatuye mu mujyi wa Ngozi (mu majyaruguru y’igihugu), amazi bakoresha muri iki gihe akurwa mu kibaya cya Budahangarwa na Kimanga kandi akaba ari mabi cyane ku buryo iyo badacunzwe […]
APR FC yakiriye umukinnyi wa 4 w’umunya-Brésil
Ikipe ya APR FC mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere yakiriye umunya-Brésil Juan Batista waje kuganira na yo mbere yo Gusinya amasezerano. Uyu mukinnyi w’imyaka 21 y’amavuko asanzwe akina hagati mu kibuga ariko asatira izamu. Amashusho yafashwe n’umunyamakuru Sam Karenzi wa Fine FM amwerekana agera ku kibuga cy’indege cy’i Kanombe, aho yageze aturutse i […]
Muri Teritwari ya Lubero haramukiye imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC
Imirwano ikaze yongeye gutangira mu gitondo cyo ku wa mbere Nyakanga 1 hagati y’ingabo za Congo zishyigikiwe n’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’inyeshyamba za M23. Ni imirwano yibanze ahazwi nko ku muhanda wa N2 uhuza Kaseghe-Rusorobya muri teritwari ya Lubero. Muri iyi mirwano hifashishijwe intwaro ziremereye n’izoroheje muri ako gace nk’uko kivu morning post yabitangaje. Iyi […]
Umuti w’amaso wa Tetracycline Hydrochloride Ophtalmic wahagaritswe mu Rwanda

Umuti w’amaso wa Tetracycline Hydrochloride Ophtalmic wahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) gikoze ubugenzuzi kigasanga utujuje ubuziranenge. Farumasi, amavuriro ndetse n’abafite ububiko bw’iyi miti ko bahagarika kuyikoresha nk’uko bikubiye mu itangazo iki kigo cyashyize hanze. Iki Kigo kandi kirasaba umuntu wese waba ufite ubwoko bw’uyu muti, […]
Zelensky yongeye gutabaza
Mu gihe Uburusiya bukomeje kugaba ibitero kuri Ukraine, byatumye Perezida Volodymyr Zelensky akomeza gutakambira amahanga ayasaba ubufasha. Ubufasha yasabye n’ubwo kumuha intwaro zo kurinda ikirere cya Ukraine nyuma y’uko agabweho igitero cya misire cyahitanye abantu barindwi harimwo n’abana babiri. Iki gitero cy’Uburusiya cyagabwe mu mujyi wa Vilniansk, hafi y’agace ka Zaporizhzhia , gikomeretsa abagera kuri […]
Tshisekedi arakora iki nyuma y’uko M23 yigaruriye Kanyabayonga na Kirumba?
Perezida Félix Antoine Tshisekedi yongeye kwikoma “umuturanyi”nyuma y’uko inyeshyamba za M23 zari zimaze kwigarurira imijyi ya Kanyabayonga na Kirumba, atanga isezerano ryo gukora ibishoboka byose kugira ngo yisubize uduce izo nyeshyamba zigaruriye. M23 yinjiye muri Kanyabayonga ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, nyuma y’amasaha make yigarurira undi mujyi wa Kirumba. Ni imijyi yombi yo muri Teritwari […]
Muri miliyoni zirenga 9 z’abanyarwanda bazatora, abarenga ibihumbi 77 bazatorera hanze y’igihugu
Mu mpera z’icyumweru dusoje nibwo komisiyo y’igihugu y’amatora NEC yashyize hanze urutonde ntakuka rw’abanyarwanda bazatora bazatora umukuru w’igihugu n’abagize Inteko ishingamategeko. Ni amatora ateganijwe kuwa 14 na 15 Nyakanga 2024. Mu mibare NEC yatangaje w’abanyarwanda bazatora, harimo abari imbere mu gihugu ndetse n’abari hanze yacyo. NEC yatangaje yatangaje ko abantu 9,071,157 aho 77,138 muri bo […]
2023: Abasuye u Rwanda baje mu nama mpuzamahanga binjirije igihugu asaga miliyoni 95$
Imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2023, abasuye u Rwanda baje mu nama mpuzamahanga binjirije igihugu asaga miriliyoni 95 z’amadorari ya Amerika. Nyuma y’imyaka 30, u Rwanda rwibohoye impamvu zatumaga habaho kuruhunga zakuweho ahubwo hashyirwa imbaraga mu bikurura abarusura n’abaza mu nama ndetse no kuruturamo bavuye mu bihugu by’amahanga. Ibi bijyana n’uko nyuma gato ya […]
Nangaa yahamagariye abanye-Congo gufatanya na AFC bakirukanaTshisekedi
Umuhuzabikorwa w’Ihuriro Alliance Fleuve Congo, Corneille Nangaa, yasabye abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ingabo z’iki gihugu guhuza imbaraga n’ihuriro ayoboye bakirukana ku butegetsi Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Nangaa yabisabiye mu ijambo yagejeje ku banye-Congo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Kamena 2024. Ni ijambo yavuze mbere y’umunsi umwe ngo Repubulika Iharanira […]
Kagame yongeye kuburira abafite umugambi wo gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame yageze kuri Site ya Kagano mu Karere ka Nyamasheke ahari hateraniye abaturage baje kumva imigabo n’imigambi by’ibikorwa azabagezaho natorerwa kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere. Abitabiriye iyi gahunda bari bafite morali yo hejuru, amabendera n’imyambaro biri mu mabara y’ibirango by’Umuryango FPR Inkotanyi, n’indirimbo zivuga ibigwi n’ibyiza Paul […]
Muhanga: Haravugwa umugabo wishe urubozo umugore ahita atoroka
. Mudugudu wa Musenyi, Akagari ka Gasagara, Umurenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga , haravugwa amakuru y’umugabo wishe umugore we amukase ijosi ahita atoroka. Aya mahano yabaye kuri uyu wa Gatanu taliki 28 Kamena 2024. Bamwe mu baturage bavuga ko mbere y’uko umugabo amukata ijosi umugore we hari ibindi bikorwa bibi yabanje kumukorera. Ngo […]
APR FC igiye kwipima na Simba SC
Ikipe ya APR FC na Simba Sports Club yo muri Tanzania, zigiye guhurira mu mukino wa gicuti uteganyijwe mu kwezi kwa Kanama. Ni umukino uteganyijwe ku wa 3 Kanama, ubwo Simba izaba yizihiza ibirori by’umunsi mukuru wayihariwe uzwi nka Simba Day. Uzabera kuri Stade yitiriwe Benjamin Mkapa i Dar Es Salaam. Byitezwe ko uyu mukino […]
Amb. Bazivamo yakiriwe kwa Capitaine Ibrahim Traoré
Ambasaderi Bazivamo Christophe yakiriwe na Perezida Capitaine Ibrahim Traoré wa Burkina Faso, amushyikiriza impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda i Ouagadougou. Ku wa Gatanu ni bwo Bazivamo yakiriwe na Traoré, amushyikiriza ziriya mpapuro nk’uko Ambasade y’u Rwanda muri Nigeria yabitangaje. Bazivamo asanzwe ari na Ambasaderi w’u Rwanda i Abuja muri Nigeria, ari na ho afite icyicaro. […]
Uganda: Uwadoderaga Lucky Dube yogoshewe muri gereza umusatsi yateretse imyaka 17
Latif Madoi, wadoze imyenda y’ibyamamare nka nyakwigendera Lucky Dube wamamaye mu njyana ya reggae muri Afurika y’Epfo, ari mu gahinda nyuma yo kogoshwa umusatsi we uzwi nka dreadlocks . Ntabwo yigeze ahamwa n’icyaha icyo aricyo cyose ariko abayobozi ba gereza bakomeje gutsimbarara ku kumwogosha izi dreadlocks yari amaze imyaka 17 yitaho. Ku wa mbere yarekuwe […]
M23 yigaruriye Kanyabayonga
Umutwe wa M23 ku wa Gatanu wigaruriye umujyi wa Kanyabayonga wo muri Teritwari ya Lubero mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’ukwezi uhanganye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu ma saa 15:00 z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo M23 yinjiye muri uyu mujyi, nyuma y’amasaha menshi […]
97% by’ubuso bw’u Rwanda bwagejejwemo umuyoboro mugari wa interineti ya 4g
Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo igaragaza ko ubuso bungana na 97% bw’u Rwanda bumaze kugezwamo umuyoboro mugari wa inerineti ya 4g. Byagarutsweho na Minisitiri Paula uyobora iyo minisiteri, ubwo yari mu nama mpuzamahanga ku iterambere ry’isi ( World Economic Forum) iri kubera i Delhi mu Buhinde. Yavuze ko kandi u Rwanda ari kimwe mu bihugu bicye […]
Uburusiya bwaburiye Amerika ko bashobora kugirana intambara yeruye
Uburusiya bwaburiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko hashobora kuba intambara hagati yabo yeruye nyuma y’uko Amerika igurukije utudege tutagira abapirote hejuru y’inyanja y’umukara. Ni nyuma y’uko hari hashize igihe gito Uburusiya buvuze ko Washington iherutse kugaba igitero mu ntara ya Crimea. Ukraine yagabye iherutse kugaba igitero ku cyambu cya Sevastopol cyigaruriwe n’Uburusiya cyateye leta […]
RDC: Mu kwezi kumwe gusa imfungwa zirenga 20 zimaze gupfira muri gereza
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu (UNJHRO) ryashyize ahagaragara raporo yaryo yo muri Gicurasi 2024, rigaragaza ko hapfuye abantu 22 baguye mu muri gereza atandukanye mu kwezi kumwe. Abapfuye biganje mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru (11), Tanganyika (6), Ituri (3) na Kasaï-Hagati (2). Impamvu nyamukuru zitera urupfu zifitanye isano nimirire mibi, imiterere mibi […]
Ese wari uziko yawurute ifite akamaro kanini mu mubiri w’umuntu?
Yawurute ni kimwe mu bikomoka ku mata aho ikorwa amata abanje gukorerwa ibyitwa fermentation , Yawurute ikaba ari isoko nziza y’intungamubiri za poroteyine n’imyunyungugu itandukanye cyane cyane umunyungugu wa karisiyumu. Amoko amwe namwe ya za yawurute ashobora gukorwa,hifashishijwe amasukari ariko ibyo bikazigira mbi ku buzima ,ubundi yawurute nziza ni iyakozwe mu mata atavanze n’ikindi kintu […]
Rusizi: Abifuza guhungabanya umutekano nabo barabizi ko ntaho bafite bamenera- Kagame
Umukandida wa RPF Inkotanyi Kagame Paul yabwiye abari baje kumushyigikira mu bikorwa byo kwiyamamza mu Karere ka Rusizi, ko abashimira kuba ari inkotanyi koko kandi ko abifuza guhungabanya umutekano babizi ko ntaho bamenera. Uyu mukandida yageze muri Stade ya Rusizi yerekwa urukundo n’ibihumbi by’abitabiriye ibikorwa byo kwiyamamariza gukomeza kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri […]