Ubuhinde: Umubare w’abishwe n’inkangu urakabakaba 160 naho abandi 187 baburirwa irengero

Sangiza iyi nkuru

Umubare w’abantu bapfuye bazize inkangu nini yibasiye leta ya Kerala yo mu majyepfo y’Ubuhinde, ubu umaze kurenga 158 ni mu gihe abagera kuri 187 baburiwe irengero.

Ibikorwa byo gutabara, byahagaritswe mu ijoro ryo ku wa Kabiri, byongeye gusubukurwa kuri uyu wa Gatatu mu gitondo.

Ibendera ry’Ubuhinde ryazamuwe kugeza muri 1/2 ku nyubako za leta mu gihe cy’iminsi ibiri y’icyunamo.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’intebe Pinarayi Vijayan, yabwiye abanyamakuru ko ibiza byabereye mu karere ka Mundakkai na Chooralmala mu karere ka Wayanad byangije hafi akarere kose”.

Kuri uyu wa Gatatu, aka karere n’uturere duturanye byiteguye imvura nyinshi byanatumye amashuri makuru na kaminuza biba bifunze imiryango mu turere 12 muri 14 tw’igihugu.

Ibikorwa byo gutabara bihuriweho n’ingabo, zirwanira mu kirere n’ingabo zishinzwe guhangana n’ibiza (NDRF) hamwe n’itsinda ry’abapolisi n’ishami ryo kuzimya umuriro ngo barebe ko ubuzima bwakongera kugaruka.

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri, kajugujugu z’ingabo zirwanira mu kirere nazo zakoze ibikorwa byo gushakisha no gutabara abagizweho ingaruka n’ibiza kugira ngo bimure abantu.

Abantu barenga 3.000 bararokowe bimurirwa mu nkambi 45 z’ubutabazi.

Umuyobozi wa NDRF, Akhilesh Kumar, yatangaje ko kugeza saa kumi z’umugoroba [16: 30GMT] mu ijoro ryakeye abagera kuri 70 batabawe.

Ati: “twakijije abantu 70, nyuma yaho turasubika kubera ibihe bibi n’imvura

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *