Rulindo: Abarwanashyaka ba Green Party bateguriwe kujya guhugura bagenzi babo mu mirenge

Kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Gashyantare 2026, abarwanashyaka bahagarariye abandi mu karere ka Rulindo b’ishyaka DGPR riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, bahawe amahugurwa abategurira kujya guhugura bagenzi babo bo mu mirenge 17 igize kariya karere. Ni igikorwa cyitabiriwe na Perezida w’ishyaka Green Party, Hon. Dr. Frank Habineza wari uherekejwe n’abarimo umufasha we. […]
Green Party igiye kwegera abarwanashyaka bayo mu mirenge

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, rikomeje imyiteguro yo kwegera abarwanashyaka baryo mu mirenge aho riteganya gushyiraho komite z’ishyaka. Mu kwezi gushize ni bwo iri shyaka ryatangije amahugurwa ku barwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’uturere, mu rwego rwo kubategura ngo bazajye guhugura bagenzi babo ku rwego rw’imirenge. Iri shyaka mu gihe inzego zaryo […]
Haravugwa akaboko k’ibihugu 2 mu rupfu rw’umuhungu wa Khadafi

Ibihugu by’u Bufaransa n’u Bwongereza, biravugwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Seif al-Islam Kadhafi, umuhungu wa Colonel Mouammar Kadhafi wahoze ari Perezida wa Libye. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo Seif yiciwe mu mujyi wa Zintan, mbere yo gushyingurwa mu mujyi wa Bani Walid ku wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare 2026. Kugeza ubu […]
Erik Prince wa Blackwater yaba yafashwe na M23

Amakuru akomeje guturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko umutwe wa M23 wataye muri yombi Erik Prince usanzwe ari umuyobozi w’umutwe w’abacanshuro wa Blackwater wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Bivugwa ko uyu mugabo yafatiwe mu mujyi wa Uvira muri iki cyumweru. Ubwo ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta […]
Umugaba wungirije w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka yapfuye

Maj. Gen. Francis Takirwa wari Umugaba wungirije w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yapfuye nyuma y’igihe kirekire yari amaze arwaye. Takirwa yari umusirikare muri UPDF kuva mu 1989, akaba yaragiye ahabwa imyanya itandukanye mu buyobozi bw’ingabo. Ni imyanya irimo kuba Umugaba wungirije w’ingabo zirwanira ku butaka, kuyobora Diviziyo ya kabiri y’Ingabo za Uganda ikorera i […]
Trump yasibye amashusho agaragaza Obama n’umugore we nk’inkende

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasibye ku rubuga rwe rwa Truth Social amashusho yari yashyizweho agaragaza Barack Obama yasimbuye ku butegetsi n’umugore we Michelle Obama bameze nk’inkende. Trump ku wa Gatanu yabwiye abanyamakuru ko nta kosa rijyanye n’ayo mashusho yigeze akora, ko ahubwo yabonye agace k’intangiro yayo mbere y’uko ashyirwa ku […]
M23 yasubije AU yayishinje kugaba ‘igitero cy’iterabwoba’ i Kisangani

Umutwe wa AFC/M23 wasubije Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wawushinje kugaba “igitero cy’iterabwoba” ku kibuga cy’indege cya Kisangani, uvuga ko bibabaje kuba uriya muryango warise gutyo igikorwa cyarokoye ubuzima bw’abaturage. Ku wa Gatandatu tariki ya 31 Mutarama no ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare ni bwo AFC/M23 yarashe ku kibuga cy’indege cya Bangboka giherereye mu […]
Gen. Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yambitse umudali w’ishimwe umuhungu we akanaba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, mu rwego rwo kumushimira ku bwa misiyo zo kurwanya iterabwoba yagiye akora. Gen. Muhoozi yambikiwe uriya mudali i Kabale, ahijirijwe ku nshuro ya 45 umunsi w’itariki ya 6 Gashyantare (tarehe Sita) ingabo za NRA zari […]
Kagame yasabye abo bireba gukorana ngo imbuga nkoranyambaga zibe ‘Monetized’

Perezida Paul Kagame yasabye inzego bireba gukora ubukangurambaga, kugira ngo abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda bajye babona amafaranga aziturukaho. Mu busanzwe mu Rwanda abakoresha imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Instagram, YouTube na TikTok ntacyo binjiza, mu gihe mu bindi bihugu abazikoresha binjiza amafaranga biciye muri ‘publicité’ zinyuzwa mu bihangano byabo. Icyakora abari mu Rwanda bashobora kwinjiza […]
Minisitiri Nduhungirehe yavuze uko umubano w’u Rwanda n’amahanga wifashe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko umubano w’u Rwanda n’amahanga uhagaze neza, mu gihe rukomeje kotswa igitutu kubera ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yabibwiye abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20, ku munsi wayo wa kabiri mu kiganiro kigaruka ku ishusho y’umubano w’u Rwanda n’amahanga. Yavuze ko u Rwanda ruhagaze […]
AU yamaganye igitero cya M23 ku kibuga cy’indege cya Kisangani, iyisaba guhita ihagarika imirwano

Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe watangaje ko wamagana ibitero bya drone umutwe wa AFC/M23 uheruka kugaba ku kibuga cy’indege cya Kisangani, usaba uriya mutwe guhita uhagarika imirwano byihuse. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo ikibuga cy’indege cya Bangboka giherereye mu bilometero 17 uvuye mu mujyi wa Kisangani cyagabweho igitero cya drone. Umutwe wa AFC/M23 wigambye […]
Hahishuwe uko u Burundi bwoherereje FDLR abarimu bo guha imyitozo Nyatura

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Col. Bahati Musanga Erasto, yahishuye ko muri 2014 u Burundi bwohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abarimu bo gufasha umutwe wa FDLR guha imyitozo abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ya Nyatura. Yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Conspiracy Tracker Great Lakes. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’umwaka umwe umutwe wa AFC/M23 […]
Rayon Sports rwakingaga babiri yabonye umufatanyabikorwa wo kuyiha Frw miliyari 5

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imikoranire afite agaciro k’arenga Frw miliyari 5 n’ikigo cyo muri Tanzania cyitwa Jayrutty Investment East Africa Co. Ltd. Ni amasezerano iyi kipe yemeje ko afite agaciro ka $ miliyoni 3.5 (Frw miliyari 5.109, akazamara imyaka itanu. Ibi bivuze ko buri mwaka kiriya kigo kizajya kishyura Rayon Sports arenga Frw […]
Perezida Kagame yavuze impamvu yigeze kuvuga ko atazi niba RDF iri muri RDC

Perezida Paul Kagame yagarutse ku kiganiro yigeze guha umunyamakuru wa CNN wamubajije niba ingabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akamusubiza ko nta byo azi, avuga ko yabikoze abigambiriye mu rwego rwo kwirinda ibibazo. Muri Gashyantare 2025 ni bwo Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru Larry Madowo wa CNN. Icyo gihe Madowo ubwo […]
Amerika, u Burundi na RDC mu bihugu 38 byambuye Loni amafaranga y’imisanzu

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziyoboye urutonde rw’ibihugu 38 birimo u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze igihe byarananiwe kwishyura ku gihe cyangwa burundu imisanzu bisabwa gutanga mu ngengo y’imari isanzwe y’Umuryango w’Abibumbye. Kutishyura imisanzu cyangwa gutinda kuyishyura, byateje ikibazo gikomeye ku buryo Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres, aherutse kuvuga ko uyu […]
KNC yasabye imbabazi nyuma yo kwandagazwa na APR FC

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles Alias ‘KNC’, yasabye imbabazi abafana b’ikipe ye nyuma yo kwandagazwa na APR FC. Ku wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare ni bwo Gasogi United yanyagiwe na APR FC ibitego 3-0, mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium. Ibitego byo mu gice cya mbere […]
Tshisekedi yakiriwe muri Amerika, asabwa kurandura FDLR na Wazalendo

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika asabwa kugaragaza uruhare rufatika mu gukemura ikibazo cy’imitwe ya FDLR na Wazalendo. Tshisekedi ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru, aho yitabiriye amasengesho yo gusabira kiriya gihugu. Ku wa Gatatu tariki ya 4 […]
Nyuma y’ikibuga cy’indege cya Kisangani cyarashweho na M23 haba hatahiwe icya Bujumbura?

Nyuma y’iminsi ibiri ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bangboka giherereye mu mujyi wa Kisangani ho mu ntara ya Tshopo kigabweho igitero cya za drone, umutwe wa AFC/M23 wemeje ko ari wo wakirasheho. AFC/M23 yemeje ko yarashe kuri kiriya kibuga ikanasenya ikigo cyayoborerwagamo ibitero bya za drone z’igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC), nyuma y’amasaha make Perezida wayo, […]
Uganda yaciye ku butaka bwayo Abanyamerika 2

Leta ya Uganda yafashe icyemezo cyo guca burundu abanyamerika, Jeffrey Smith na Robert Amsterdam ku butaka bwayo, ibagaragaza nk’abantu batemerewe gukandagira ku butaka bwa kiriya gihugu cyo mu majyaruguru y’u Rwanda. Smith washinze ikigo Vanguard Africa, na Robert Amsterdam usanzwe ari umunyamategeko ukorera mu Bwongereza akaba n’umuyobozi wa Amsterdam & Partners LLP, Uganda ibafata nk’abakoze […]
Myugariro Mukura VS icyemeza ko ari uwayo yerekanwe na APR FC

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatatu yerekanye myugariro Ishimwe Abdul, nyuma yo kumutangaza nk’umukinnyi wayo mushya. Iyi kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yagize iti: “Indi ntare yaje mu kipe. Ikaze mu muryango wa APR. Ishimwe Abdoul ni Intare.” Ni ubutumwa bwari buherekeje amafoto y’uriya myugariro yambaye umwambaro wa APR FC, nyuma yo […]
Perezida Salva Kiir yirukanye abakozi bo mu biro bye abahora guha imirimo umuntu wapfuye

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, yirukanye abakozi babiri bakomeye bo mu biro bye, abahora kuba baratumye aha inshingano umuntu umaze igihe kirekire yarapfuye. Ku wa Kabiri tariki ya 3 Gashyantare ni bwo Perezida Salva Kiir yirukanye bariya bakozi. Ni nyuma y’uko bafashe umuntu wapfuye mu myaka itanu ishize bakamugira umwe mu bagize Komisiyo y’Igihugu […]
M23 yashenye ikigo FARDC yagabiragamo ibitero bya drone

Umutwe wa AFC/M23 wemeje ko mu mpera z’icyumweru gishize wagabye igitero ku kibuga cy’indege cya Kisangani, usenya ikigo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryifashishaga mu kugaba ibitero bya za drone. Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 31 Mutarama rishyira ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare, ni bwo ikibuga […]
M23 yateguje ko igiye gutangira gutwikira Sukhoi-25 na drone bya FARDC mu birindiro byabyo

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ugiye gutangira gutwika indege z’intambara na za drone by’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubisanze mu birindiro byabyo, mu gihe byaba bikomeje kwifashishwa mu kugaba ibitero byica abaturage bo mu duce wabohoye. Byatangajwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: […]
Gen. Muhoozi yasubije Amerika yavuze ko yamaze kurenga ‘umurongo utukura’

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yasubije Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko nta bubasha zifite bwo kugena uko Uganda ikwiye kubaho, nyuma y’iminsi mike zivuze ko yamaze kurenga umurongo utukura. Mu cyumweru gishize ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye muri Senateri Jim Risch ukuriye Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga mu nteko ishinga […]
U Rwanda rwoherereje Mozambique imfashanyo y’ibyo kurya

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Gashyantare, u Rwanda rwohereje muri Mozambique imfashanyo y’ibyo kurya ndetse n’ubundi bufasha bw’ibanze. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane mu itangazo yasohoye, yavuze ko imfashanyo yohererejwe Mozambique igizwe n’ibyo kurya bingana na toni 20, ibikorwa by’ubutabazi bwihuse ndetse n’imiti. Yavuze ko indi mfashanyo izohererezwa kiriya gihugu […]
I Doha MONUSCO yahawe umukoro wo kohereza ingabo muri Uvira

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro Alliance Fleuve Congo, ku wa Mbere tariki ya 2 Gashyantare basinyanye amasezerano y’igenamigambi akomoka ku Nama Mpuzamahanga y’Umuryango w’ibihugu bya Afurika byo mu karere k’Ibiyaga Bigari. Ni amasezerano yasinywe nyuma y’ibiganiro by’impande zombi byari byateguwe na Leta ya Qatar, mu rwego rwo gushaka umuti w’intambara yo mu […]
Nduhungirehe yamaganye ‘ikiganiro cyuje ubugome’ cya Agathe Habyarimana

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yamaganye ikiganiro Agathe Kanziga wahoze ari umugore wa Habyarimana Juvenal wigeze kuba Perezida w’u Rwanda aheruka kugirana n’uwitwa Willy Kabera, akigaragaza nk’icyuje ubugome. Muri icyo kiganiro cyatambutse kuri chaîne ya YouTube yitwa Mémoire Habyarimana Officiel, Kanziga yagarutse ku buzima bwe nk’umugore w’igihugu, urupfu rw’umugabo we ndetse n’imibereho […]
PLU ya Gen. Muhoozi irashinja umukwe wa Museveni kuba inyuma y’ibitero bya Amerika kuri Uganda

Ihuriro Patriotic League of Uganda (PLU) rigizwe n’urubyiruko rushyigikiye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, rirashinja Odrek Rwabwogo kuba ari we uri inyuma y’imvugo z’abassnateri ba Amerika zibasira Uganda. Odrek Rwabwogo usanzwe ari umugabo wa Patience Museveni (umukobwa wa Perezida Museveni), yashinjwe biriya birego na Depite Daudi Kabanda usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa […]
Ntewe ishema no kuba naranze gukorana na Tshisekedi: Matata Ponyo

Matata Ponyo Mapon wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimangiye ko atewe ishema no kuba yaranze gukorana na Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Uyu mugabo wahunze RDC nyuma gato y’uko yari amaze gukatitwa imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato. Matata Ponyo yabwiye Jeune Afrique ko kuba yarashoboye kuva mu nzara za Leta […]
RDC irashinja u Rwanda kugaba ibitero ku kubuga cy’indege cya Kisangani

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje u Rwanda n’umutwe wa AFC/M23 kuba ari bo bari inyuma y’ibitero bya drone biheruka kugabwa ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kisangani, giherereye mu ntara ya Tshopo. Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 31 Mutarama rishyira ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare, ni bwo ikibuga cy’indege […]
Gen. Prime yahaye abasirikare ba FDNB batunze ‘Passport’ nyirantarengwa yo kuba bazitanze

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo, yahaye abasirikare b’iki gihugu batunze za passport zisanzwe itariki ya 10 Gashyantare nk’itariki Ntarengwa yo kuba bamaze kuzishyikiriza igisirikare. Bikubiye mu rwandiko uyu Jenerali aherutse koherereza abayobozi bose mu ngabo, mbere yo kumenyesha abasirikare ubutumwa bwari burukubiyemo. Gen. Prime Niyongabo yamenyesheje abasirikare ko nta wemerewe gutunga Passport […]
Ibyo kuba dufitanye imikoranire n’u Rwanda nari nzi ko buri wese abizi: Balinda wa M23

Umutwe wa AFC/M23 wemeje ko imikoranire u Rwanda ruheruka kuvuga ko rufitanye na wo mu by’umutekano uriho, ndetse ko impande zombi zikorana ku manywa y’ihangu. Byemejwe n’umuvugizi wungirije w’uyu mutwe, Dr. Oscar Balinda, mu kiganiro yahaye BWIZA. Ni nyuma y’uko mu cyumweru gishize Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yemeje […]
Rubaya: Ababarirwa mu magana bishwe n’umusozi

Abantu babarirwa mu magana bapfiriye mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro cya Rubaya giherereye muri Teritwari ya Masisi, nyuma yo kugwirirwa n’inkangu zatewe n’imvura. Umwe mu bacukuzi witwa Flanck Bolingo, yabwiye Africa News ko “imvura yaraguye ikurikirwa n’inkangu, hanyuma zigwira abantu hano. Bamwe zarabatabye, abandi bapfira mu bidendezi. Abenshi baracyari mu butaka.” Umuvugizi wa Guverineri wa […]
Gen. Muhoozi yamaze kurenga umurongo utukura: Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye muri Senateri Jim Risch ukuriye Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga mu nteko ishinga amategeko yazo, zateye utwatsi imbabazi ziheruka gusabwa na Gen. Muhoozi Kainerugaba, zigaragaza ko yamaze kurenga umurongo utukura. Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yaherukaga gusaba Amerika imbabazi kubera kwibasira […]
RDC yemeje ko izatanga umukandida wo guhatanira na Mushikiwabo kuyobora OIF

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko izatanga umukandida wo guhatanira na Louise Mushikiwabo kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF). Icyemezo cya Kinshasa cyo gutanga umukandida cyafatiwe mu nama y’abaminisitiri bagize Guverinoma ya kiriya gihugu yabaye ku wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama. Ubwo Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, […]
Perezida Gnassingbé kwa Ndayishimiye nyuma yo kuva i Kigali

Perezida Faure Gnassingbé wa Togo ku wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama yakiriwe i Bujumbura mu Burundi, nyuma yo kugirira urugendo yagiriraga mu Rwanda. Perezidansi y’u Burundi yatangaje ko ubwo Gnassingbé yakirwaga na Perezida Evariste Ndayishimiye WA kiriya gihugu, bagiranye ibiganiro byo mu muhezo. Nyuma y’ibiganiro byahuje aba bombi kandi bahuriye mu nama yaguye y’itsinda […]
Amakimbirane yo muri RDC: Perezida Kagame na Gnassingbé bagiranye ibiganiro byo mu muhezo

Kuri uyu wa Gatanu Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro byo mu muhezo (tête-à-tête) na Faure Gnassingbé wa Togo akaba n’Umuhuza Mukuru w’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU) ku mugambi w’amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Perezida Kagame na Perezida Gnassingbé banahuye n’Itsinda ry’Impuguke ryashyizweho n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika rigizwe n’abahoze ari abakuru b’Ibihugu bya Afurika. […]
Inkotanyi twarwaniye aha mu Burundi icyumweru cyose turazumutsa: Ndayishimiye

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko nta banga ry’imirwanire abo yise Inkotanyi barusha igihugu cye, ngo kuko hari igihe yigeze kumara icyumweru cyose arwanira na zo mu Burundi akazumutsa. Ndayishimiye yabivuze mu cyumweru gishize ubwo yari mu masengesho yari yateguwe n’ishyaka CNDD-FDD. Yavuze ko yarwaniye n’Inkotanyi ahitwa i Muruta mbere y’uko ngo zambuka zikajya […]
Igitero cy’iterabwoba cya FARDC mu isoko rya Sange cyaguyemo 5

Umutwe wa AFC/M23 washinje ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba igitero cy’iterabwoba mu isoko rya Sange riherereye muri Teritwari ya Uvira, rikica abaturage batanu b’abasivile. Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 29 Mutarama ni bwo muri ririya soko hagabwe igitero cya grenade, nk’uko AFC/M23 yabyemeje biciye muri Lawrence […]
FARDC na FDNB bisubije Point-Zéro nyuma yo kurasa Twirwaneho na za drone

Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryisubije agace ka Point-Zéro gaherereye muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kukambura umutwe wa Twirwaneho wari umaze ibyumweru bibiri ukagenzura. Ku wa Kane tariki ya 29 Mutarama ni bwo FARDC ifatanyije n’Ingabo z’Abarundi, Wazalendo na FDLR bisubije kariya gace k’ingenzi, […]
Ibalanky wari inshuti ya Tshisekedi yiyunze kuri AFC/M23

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aremeza ko Claude Ibalanky wari umuntu wa hafi ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi akanaba inshuti ye, yamaze kumutera umugongo akerekeza muri AFC/M23. Amakuru avuga ko uyu mugabo ari i Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kuva mu minsi mike ishize. Claude Ibalanky uvuka mu ntara ya Bandundu, […]
Abarimo Barafinda barafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred, bakaba bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko Barafinda, uwitwa Mazimpaka Patrick n’uwitwa Nkeramihigo Japhet ibyaha bakurikiranweho babikoze babinyujije ku miyoboro itandukanye ya YouTube. Abaregwa bafungiye kuri Sitasiyo ya […]
Kagame yahinduriye inshingano Brig. Gen. Nyirubutama wari umuyobozi wungirije wa NISS

Perezida Paul Kagame kuri wa Kane tariki ya 29 Mutarama yahinduriye inshingano Brig. Gen Jean Paul Nyirubutama wari Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS). Itangazo Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yasohoye mu izina ry’Umukuru w’Igihugu, rivuga ko Brig. Gen Nyirubutama yagizwe Umujyanama Mukuru wungirije mu by’umutekano muri Perezidansi ya Repubulika. Ni inshingano agomba […]
Ifungwa rya Victoire Ingabire: U Rwanda rwahaye gasopo Inteko ya EU

Leta y’u Rwanda yahaye gasopo Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, iyibutsa ko u Rwanda rutari mu bo ifiteho ububasha bwo gufatira ibyemezo. Ni nyuma y’uko ku wa Kabiri tariki ya 27 Mutarama Komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu muri iriya nteko yateranye mu rwego rwo kuganira ku cyo yise “uko ikibazo cy’uburenganzira bwa muntu […]
U Rwanda rwanogeje umushinga wo gushinga Kaminuza izajya yigisha ba Jenerali

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama 2026, yemeje umushinga w’itegeko rishyiraho Kaminuza y’Igihugu ya Gisirikare. Iyi Kaminuza izwi nka National Defence University, ni yo ya mbere ya gisirikare izaba ishinzwe mu Rwanda. Muri Gicurasi 2024 ni bwo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yabwiye abasenateri ko u Rwanda rwateganyaga kubaka Kaminuza ya gisirikare […]
RED-Tabara yasubije Ndayishimiye umaze igihe ayishinja gukorana n’u Rwanda

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wabeshyuje Perezida Evariste Ndayishimiye umaze igihe ashinja Leta y’u Rwanda kuwuha ubufasha kugira ngo uzatere igihugu cye. Kuva mu mwaka ushize wa 2025 Perezida Ndayishimiye yakunze kumvikana avuga ko u Rwanda ruha ubufasha uriya mutwe, kugira ngo uzatere u Burundi. Ni ibirego uyu mugabo yongeye gushimangira mu minsi […]
CAF yahaye ibihano biremereye Sénégal na Maroc

Akanama gashinzwe imyitwarire mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, kafatiye ibihano ibihugu bya Sénégal na Maroc kubera ibikorwa bigayitse byagaragaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025. Ni igikombe Sénégal yegukanye nyuma yo gutsindira Maroc imbere y’abafana bayo igitego 1-0. Uyu mukino wahagaze iminota irenga 20, nyuma y’uko abakinnyi ba Sénégal babisabwe […]
Umunyamakuru Uwera Jean Maurice yagizwe Umuvugizi wungirije wa Guverinoma

Umunyamakuru Uwera Jean Maurice, yahawe inshingano zo kuba umuvugizi wungirije wa Guverinoma. Uwera wamenyekanye nk’umunyamakuru wa Televiziyo Rwanda, yari amaze igihe ari umuyobozi wa Radiyo ya SK FM. Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama iyobowe na Perezida Paul Kagame ni yo yamuhaye ziriya nshingano, nk’uko bigaragara mu itangazo ry’ibyemezo by’inama […]
Amerika yaba iri gutegura gufatira u Rwanda ibihano

Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika biravugwa ko bari kuganira uko kiriya gihugu cyafatira u Rwanda ibihano, nyuma y’uko rwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo binaniwe gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro byasinyanye. Mu byumweru bitandatu bishize ni bwo ba Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi bashyize umukono kuri ariya masezerano, […]
Trump yaburiye Iran nyuma yo kohereza hafi yayo amato y’intambara

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yaburiye Iran ayibwira ko “igihe kirimo gushira” kugira ngo iganire ku masezerano ajyanye na porogaramu yayo ya nucléaire, nyuma y’uko ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje kongerwa mu gace ka Golfe. Perezida Trump mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko “armada (itsinda […]
Fizi: Abakomando ba FARDC boherejwe guhangana na Twirwaneho yigaruriye uduce dushya

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho ku wa Kabiri tariki ya 27 Mutarama wigaruriye uduce dushya two muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko uduce Twirwaneho yafashe turimo Inguri (Angúlé), Bikyaka na Nehele, nyuma yo guhangana n’ingabo […]
Ubuhamya bwa Gen. Ndima mu rubanza rwa Gen. Yav ushinjwa kuba icyitso cya Kabarebe

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kabiri tariki ya 27 Mutarama 2026 rwasubukuye urubanza Lt. Gen Philemon Yav ushinjwa gukorana n’u Rwanda. Muri uru rubanza ruyobowe na Lieutenant-général Joseph Mutombo Katalay, abasirikare bane bakuru barimo lieutenant-général Ndima Kongba wigeze kuba Guverineri wa gisirikare w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Gén. Maj […]
Nibongera kudutera Uvira tuzasubirayo: Dr. Balinda wa AFC/M23

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo niziramuka zongeye kuwugabaho ibitero, bizarangira usubiye gufata Umujyi wa Uvira. Byatangajwe n’umuvugizi wungirije w’uriya mutwe, Dr. Oscar Balinda, mu kiganiro yahaye BWIZA. Ku wa 9 Ukuboza 2025 ni bwo AFC/M23 yari yafashe umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara […]
M23 yahishuye ibyo yaganiriye na Tshisekedi ikimara gufata Bunagana

Umutwe wa M23 wahishuye ko ubwo wafataga umujyi wa Bunagana iwirukanyemo ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wahamagaye kuri telefoni Perezida Felix Tshisekedi umusaba ko bajya mu biganiro mu rwego rwo kwirinda imeneka ry’amaraso, undi akabitera utwatsi. Muri Kamena 2022 ni bwo M23 yafashe uriya mujyi uherereye ku mupaka wa Congo na […]
RDC mu bihugu bya Afurika bifite igisirikare karahabutaka muri 2026

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyashyizwe mu 10 bya mbere bikomeye muri Afurika muri uyu mwaka wa 2026; nk’uko urutonde rwa Global Firepower 2026 rubyerekana. Muri Afurika, urutonde rwa 2026 rwa GFP rugaragaza ibihugu 38 bifite igisirikare gikomeye hashingiwe ku bushobozi bwa gisirikare bukubiyemo umubare w’ingabo, ibikoresho bya gisirikare, ingengo y’imari, ubushobozi […]
U Rwanda rwajyanye mu nkiko u Bwongereza

Leta y’u Rwanda yamaze kujyana iy’u Bwongereza mu nkiko isaba kwishyurwa amafaranga yerekeye amasezerano yo kwakira abasaba ubuhungiro ibihugu byombi byari byarasinyanye, mbere yo guseswa n’ishyaka Labour’s Party riri ku butegetsi. Daily Mail ivuga ko amafaranga u Bwongereza bushobora kwishyura u Rwanda ashobora kurenga miliyoni 50 z’ama-pounds (Frw miliyari 99.5). Ikibazo kiri hagati y’u Rwanda […]
U Burundi bwaba bwaramaze kwica ‘Rabin’ n’Umunyarwanda bari kumwe

Amakuru aturuka mu nzego z’ubutasi z’u Burundi, aravuga ko Umurundi Dieudonné Niyukuri wamenyekanye kuri ‘YouTube’ nka Rabin na bagenzi be barimo Umunyarwanda bari kumwe baba barishwe. Mu Ukwakira 2025 ni bwo Rabin na bagenzi be batawe muri yombi, bafungirwa muri gereza y’urwego rushinzwe iperereza (SNR) mu yahoze ari intara ya Cibitoke, mbere yo koherezwa i […]
AFC/M23 yashimangiye ko nta gace na kamwe igenzura izongera kuvamo

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, washimangiye ko utazigera na rimwe uva mu bice wabohoye. Byatangajwe na Lawrence Kanyuka uvugira uyu mutwe, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama 2026. Yasubizaga ku itangazo ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryo ku wa 23 Mutarama zashinje […]
Igisubizo cya Green Party ku bayishinja gukorera mu kwaha kwa FPR-Inkotanyi

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), rivuga ko kuba FPR-Inkotanyi hari ibyo ishobora kuvuga rikaba ryabyemera bitavuze ko rikorera mu kwaha kwayo. DGPR yavuze ibi isubiza abiganjemo abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bakunze kugaragaza ko mu Rwanda nta ‘opozisiyo’ ihaba, bagashinja amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi gukorera mu kwaha kwa […]
Umwaka urashize M23 ifashe Goma, FARDC ikarasa i Rubavu

Ku itariki nk’iyi ya 26 Mutarama 2025, umutwe wa M23 wigaruriye umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Goma yafashwe nyuma y’imirwano ikomeye yari imaze iminsi ibera mu nkengero zayo. Ni imirwano irimo iyamaze icyumweru kirenga ibera mu bice bya […]