Imyenda yacu yuzuyemo inda, dushobora kurwara ‘typhus’: Abasirikare ba FDNB bari muri RDC

Abasirikare u Burundi bwohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bafite ubwoba bwo kurwara indwara ya ‘Typhus’ ikomoka ku nda, kubera kutitabwaho. Mu Ukuboza umwaka ushize u Burundi bwacyuye zimwe mu ngabo bwari bufite mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu rwego rw’ibyo bwise “kubahiriza amasezerano ya Washington”, ariko buza gusiga mu mujyi wa […]
Uvira: U Burundi bwongeye gufungura umupaka

U Burundi kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare, bwongeye gufungura umupaka wa Gatumba-Kavimvira, nyuma y’amezi abiri bwarawufunze. Leta y’u Burundi yari yarafunze uyu mupaka mu Ukuboza 2025, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira umujyi wa Uvira wa kabiri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuyobozi wa serivisi z’abinjira n’abasohoka […]
Lague wa Police FC yatawe muri yombi na Polisi

Rutahizamu Byiringiro Lague ukinira ikipe ya Police FC, amaze iminsi afunzwe nyuma yo gufatwa atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Mu ijoro ryo Ku wa Kane w’icyumwe gishize ni bwo uyu mukinnyi yafashwe n’ishami rya Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Amakuru avuga ko ubwo abapolisi bamufataga yabanje kubasagararira yitwaje kuba ari umukinnyi […]
Tshisekedi mu myiteguro yo kwakira abarimo Kayumba Nyamwasa i Kinshasa

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko ari mu myiteguro yo kwakira i Kinshasa abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda barangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Iby’uyu mugambi byatangajwe n’umunye-Congo Pero Luwara uzwiho gutangaza amakuru y’ibanga y’imbere mu butegetsi bw’i Kinshasa. Uyu mugabo usanzwe aba mu […]
Mukura VS irashinja umusifuzi Uwikunda Samuel kwibira Rayon Sports

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs biciye mu mutoza wayo, Nshimiyimana Canisius, yatangaje ko yatsinzwe na Rayon Sports kubera ko habayemo ukuboko k’umusifuzi Uwikunda Samuel. Ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura VS ibitego 2-1 mu mukino wo ku munsi wa 21 wa shampiyona y’icyiciro cya […]
Me Nyarugabo yahase ibibazo abarimo Amerika, Qatar na Ndayishimiye

Me Nyarugabo Moïse wigeze kuba umusenateri na Minisitiri muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabajije abahuza mu bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo impamvu bakomeje kuruca bakarumira ku mabi ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje gukorera mu misozi miremire. Ni nyuma y’uko izo ngabo […]
U Rwanda, Amerika na Israel byahuriye mu nama y’umutekano

U Rwanda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel n’ibindi bihugu bya Afurika, muri iki cyumweru byahuriye mu nama y’umutekano yabereye i Kigali. Iyi nama yabaye ku wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare, yari ifite insanganyamatsiko yiswe iyo “guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel, Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati bushya.” Abayiteguye babwiye The Times of Israel […]
Ndayishimiye yirukanye burundu Colonel wibye umuceri w’abasirikare

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yirukanye burundu Colonel Gérard Nijimbere muri Polisi ya kiriya gihugu amuhora kwiba umuceri ugenewe abasirikare. Iteka ryirukana burundu Colonel Nijimbere azira “kwiba umuceri ugenewe abasirikare”, ryasohowe na Perezida Evariste Ndayishimiye ku wa 19 Gashyantare 2026. Uyu mupolisi yirukanwe muri Polisi y’u Burundi, nyuma y’iminsi abasirikare b’u Burundi by’umwihariko abo muri […]
Capitaine Ndayishemeze wa FDNB yishwe na M23/Twirwaneho

Capitaine Eraste Ndayishemeze wo mu ngabo z’u Burundi (FDNB), yiciwe mu mirwano yasakiranyije ingabo z’u Burundi n’imitwe ya Twirwaneho na AFC/M23. Uyu ofisiye yishwe ku wa Kane w’iki cyumweru, agwa mu gace ka Point-Zéro ko muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo z’u Burundi zari zagabye igitero. Ni imirwano amakuru […]
M23 yarekuye abasirikare 230 ba FARDC bari bamaze igihe mu maboko yayo

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko warekuye abasirikare 230 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bari bamaze igihe mu maboko yawo, kugira ngo bashyikirizwe imiryango yawo. Ku wa Gatanu tariki ya 30 ni bwo uriya mutwe washyikirije abo basirikare Komiseri w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinzwe kwitegura no gucunga ibiza; ndetse n’uburinganire. Madamu […]
Uyu munsi twarashe Drone zirenga 50: Col. Rugabo wa Twirwaneho

Umutwe wa Twirwaneho uravuga ko ufatanyije na AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare barashe drone zirenga zirenga 30 z’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni nyuma y’imirwano yiriwe isakiranya impande zombi mu bice by’imisozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko kuri uyu wa […]
U Rwanda ntirushyigikiye ko Ndayishimiye yaba umuhuza mu bibazo bya RDC

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko idashyigikiye ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi uheruka guhabwa inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yaba umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera uruhare igihugu cye gifite mu ntambara iri kuhabera. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro we na Komiseri […]
Kimenyi Yves yasezeye kuri ruhago

Umunyezamu Kimenyi Yves wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda ndetse n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yahagaritse gukina umupira w’amaguru. Kimenyi w’imyaka 33 y’amavuko, yemeje ko yafashe kiriya cyemezo biciye mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu. Yagize ati: “Muryango mugari w’Umupira w’Amaguru, mfashe uyu mwanya ngo mbamenyeshe ku mugaragaro ko nsezeye burundu gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga.” Kimenyi […]
Ubwicanyi bwa FARDC, FDLR na FDNB ku baturage: AFC/M23 yamaganye guceceka kw’amahanga

Umutwe wa AFC/M23 wamaganye amahanga akomeje kuruca akarumira ku bwicanyi ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje gukorera abaturage b’abasivile bo muri Kivu y’Amajyepfo. Ni nyuma y’ubwicanyi bushya ririya huriro rigizwe n’ingabo za RDC (FARDC), iz’u Burundi (FDNB), umutwe w’iterabwoba wa FDLR, Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga, bakoreye abantu benshi bo mu bice […]
Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC muri ‘misiyo y’ibanga’ kwa Ndayishimiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt. Gén. Banza Jules Mwirambwe, ku wa Kane tariki ya 19 Gashyantare yagiriye uruzinduko rw’ibanga mu Burundi. Amakuru y’uruzinduko rw’uyu musirikare i Bujumbura, yatangajwe bwa mbere n’umunyamakuru Pero Luwara uzwiho gutangaza amakuru y’ibanga y’imbere mu butegetsi bwa Congo Kinshasa. Amakuru avuga ko Lt Gen. Banza Jules […]
Col. Sumanyi Charles Sumanyi yarahiye

Kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Gashyantare, Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yayoboye umuhango w’irahira rya Col Charles Sumanyi ku mwanya w’Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare. Colonel Sumanyi yarahiriye ziriya nshingano, nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 28 Mutarama 2026. Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yasabye Col Sumanyi kuzarangwa n’ubunyangamugayo, yirinda gukoresha ububasha […]
Ubutasi bwa Kenya bwahishuye umubare w’abaturage bayo bari mu ntambara yo muri Ukraine

Ubutasi bwa Kenya bwahishuye ko abaturage 1,000 b’iki gihugu ari bo bari kurwana intambara y’u Burusiya na Ukraine. Bikubiye muri raporo Urwego rushinzwe ubutasi bwa Kenya (NIS) rwagejeje ku nteko ishinga amategeko ya kiriya gihugu. Iyo raporo ivuga ko abenshi mu banya-Kenya bisanze muri iriya ntambara, nyuma yo gushukwa bakisanga basinye amasezerano ya gisirikare. Amaperereza […]
Minisitiri Biruta yasuye ikigo ‘special forces’ za Misiri zikoreramo imyitozo

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta, ku wa Gatatu yasuye ikigo cy’igihugu cya Misiri gishinzwe gutanga imyitozo ku mitwe y’Ingabo zihariye za kiriya gihugu. Ambasade y’u Rwanda mu Misiri ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko Minisitiri Dr. Biruta n’itsinda bari kumwe, basuye amashami atandukanye y’icyo kigo, atangirwamo amahugurwa agezweho kandi y’umwuga […]
RDC yahaye Amerika ikirombe cyo mu matware ya M23

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye ikirombe gicukurwamo Coltan cya Rubaya ku rutonde rugufi rw’imitungo y’ingenzi iri guha Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu rwego rw’ubufatanye mu by’amabuye y’agaciro bw’ibihugu byombi. Ikirombe cya Rubaya cya mbere gicukurwamo Coltan nyinshi ku Isi, kimaze imyaka ibiri kiri mu maboko ya M23. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza bivuga ko […]
Bugesera: Hahishuwe ubwoko bw’uburozi bwari muri kanyanga yishe abantu 17

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagaragaje ko ipimwa ryakorewe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga kimaze guhitana ubuzima bw’abantu 17 mu Karere ka Bugesera, ryagaragaje ko cyarimo ikinyabutabire cy’uburozi cyo mu bwoko bwa Methanol. Abantu bapfuye nyuma yo kunywera kanyanga mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera. Ubushinjacyaha buvuga […]
Uwabaye Visi-Perezida w’u Burundi ntakozwa ibyo gusaba u Rwanda kuvanaho ingamba z’ubwirinzi

Gaston Sindimwo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi, yatangaje ko atumva impamvu u Rwanda rumaze igihe rusabwa gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwafashe, nyamara rugaragaza impungenge z’uko umutekano warwo ushobora guhungabanywa. Uyu mugabo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi hagati ya 2015 na 2020 ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Chaîne ya YouTube yitwa Africa TV. […]
Kenya na yo yatangiye guhiga Umurusiya wifashe amashusho asambana n’abagore baho

Leta ya Kenya yasohoye impapuro zo guta muri yombi umugabo w’Umurusiya, nyuma yo kwifata amashusho asambana n’abagore bo muri kiriya gihugu akayashyira ku karubanda. Uyu mugabo wahawe akabyiniriro ka ‘Balthazar w’Umurusiya’, agenda azenguruka ibihugu bya Afurika aryamana n’abagore n’abakobwa ari na ko abafata amashusho akoresheje amadarubindi ye. Minisiteri y’Uburinganire, Umuco n’Imibereho Myiza y’Abana muri Kenya, […]
Burera: RIB yahishuriye abaturage amayeri yifashishwa n’abacuruza abantu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangiye gukora ubukangurambaga mu baturage bo mu turere twegereye imipaka, mu rwego rwo kubasonurira uruhare rwabo mu kwirinda icyaha cy’ijuruzwa ry’abantu. Ku wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare ubwo bukangurambaga bwakorewe mu karere ka Burera, mbere y’uko kuri uyu wa Kabiri na none bukomereza muri aka karere ko mu ntara y’amajyaruguru. […]
M23 na Twirwaneho bisubije Point-Zéro

Umutwe wa M23 ufatanyije n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 bigaruriye agace ka Point-Zéro ko muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 na Twirwaneho bigaruriye aka gace, nyuma y’ibyumweru bibiri ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryigaruriye kariya kariya gace. AFC/M23 yigaruriye kariya gace nyuma […]
U Bufaransa bwavuze ku basirikare babwo bagaragaye i Kisangani

Leta y’u Bufaransa yasobanuye ko abasirikare bo mu ngabo za kiriya gihugu bagaragaye i Kisangani muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari aboherejwe gutoza ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biciye mu mikoranire isanzwe hagati y’ibihugu byombi. Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amafoto y’abasirikare b’Abafaransa bari mu mujyi wa […]
Igisubizo cy’umujyanama wa Trump ku munyamakuru wamubajije niba Amerika izahana P. Kagame

Umujyanama wa Perezida Donald Trump ku bibazo birebana na Afurika, Massad Boulos, yatangaje ko adashobora kwemeza niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizafatira ibihano Perezida Paul Kagame, kuko nta makuru abifiteho. Yasubizaga umunyamakuru Marc Pellerman wa Televiziyo ya France 24 wari umubajije niba Washington iteganya gufatira ibihano Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ishinja “kwica mu buryo […]
Twirwaneho na M23 barashe drone 3 za FARDC n’abambari bayo

Imitwe ya Twirwaneho na AFC/M23, kuri uyu wa Mbere yahanuye drone eshatu za Kamikaze z’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni nyuma y’uko hari hashize iminsi itatu nta mirwano ikomeye ihuza impande zombi. Kuri uyu wa Mbere imirwano yabereye mu gace ka Point-Zero ho muri Teritwari ya Fizi, […]
Ndayishimiye yasasiwe ibitenge n’abaturage ubwo yageraga i Bujumbura

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yasasiwe ibitenge n’abaturage be ubwo yageraga i Bujumbura akubutse i Addis-Abeba muri Ethiopie. Uyu mugabo yakiriwe mu cyubahiro nyuma y’uko mu cyumweru gushize yahawe inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Mbere yo kugera i Bujumbura, mu mihanda yo muri uyu mujyi abaturage baje kumwakira bari benshi, nyuma y’ubukangurambaga […]
Rugaju Reagan yasabye imbabazi nyuma yo kwandagaza Lorenzo

Umunyamakuru Ndayishimiye Rugaju Reagan, yasabye imbabazi nyuma yo kotswa igitutu n’abakoresha imbuga nkoranyambaga kubera amagambo atarakiriwe neza yatangaje kuri Lorenzo Musangamfura Christian bahoze bakorana. Rugaju abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yatangaje ko ibyo yavuze yabitewe n’uburakari ndetse n’ibyo na we yari yatangajweho. Yagize ati: “Muraho! Niseguye ku mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga! Mu by’ukuri […]
Rubavu: Inkongi ikomeye y’umuriro yibasiye kuri ‘La Bamba’

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare, Inkongi y’umuriro yibasiye ahazwi nko kuri La Bamba mu mujyi wa Gisenyi, itwika inyubako y’ubucuruzi y’uwitwa Ntawangwanabose Theogène. Iyi nkongi yabereye mu mudugudu wa Irakiza, akagari ka Bugoyi, mu murenge wa Gisenyi w’akarere ka Rubavu. Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi buvuga ko iriya nzu yatangiye […]
Uganda: Jenerali akanaba Minisitiri yavuze ko adashaka ko Gen. Muhoozi aba Perezida

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Uganda, Maj. Gen (Rtd) Kahinda Otafiire, yatangaje ko nta rwango afitiye Gen. Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za kiriya gihugu, ariko ashimangira ko adashaka ko aba Perezida wacyo. Uyu Jenerali mu mashusho ye yashyizwe hanze yumvikanye abwira abari kumwe na we ati: “Kainerugaba nk’umuntu simwanga. Icyo ntashaka ni uko […]
Gatsibo: Umurambo w’umukobwa wajyanwe iwabo w’umuhungu watumye yiyahura kuri ‘Saint-Valentin’

Mu karere ka Gatsibo haravugwa inkuru y’umukobwa wiyahuye ku munsi wa Saint-Valentin, bikarangira umuryango we ufashe icyemezo cyo kujyana umurambo we iwabo w’umuhungu watumye yiyambura ubuzima. Byabereye mu kagari ka Bushobora ho mu murenge wa Remera. Amakuru avuga ko ku wa 13 Gashyantare ari bwo nyakwigendera witwa Uwase Sandrine wari mu kigero cy’imyaka 24 y’amavuko, […]
Ingamba Ndayishimiye afite mu kurangiza intambara yo muri RDC

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga umusanzu mu rwego rwo gucecekesha intwaro ku mugabane wa Afurika, by’umwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ndayishimiye yatanze iryo sezerano ku Cyumweru tariki ya 15 Gashyantare, nyuma y’umunsi umwe ashyikirijwe inshingano zo kuba Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Uyu mugabo yatanze iryo […]
‘Balthazar’ w’Umurusiya ari guhigishwa uruhindu nyuma y’igihe asambanya Abanyafurikakazi

Umugabo w’Umuruziya wahawe akabyiniriro ka ‘balthazar’ nyuma yo kugenda azenguruka ibihugu bya Afurika aryamana n’abagore n’abakobwa ari na ko abafata amashusho, ari guhigishwa uruhindu. Polisi ya Ghana ivuga ko uyu mugabo yashyiriweho impapuro zimuta muri yombi, kubera ibyaha byo gufata amashusho bamwe mu bagore n’abakobwa yakoreye muri iki gihugu. Amakuru avuga ko uyu mugabo akunze […]
Ndayishimiye yatangiye kuyobora AU

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Gashyantare yatangiye inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Ni inshingano yasimbuyeho Perezida João Lourenço wa Angola wari umaze umwaka ayobora uriya muryango. Aba bombi bahererekanyije ububasha kuri uyu wa Gatandatu, mu nama ya 39 y’abakuru b’ibihugu bigize AU yabereye i Addis-Abeba […]
M23 yavuye mu gace yari imaze amezi 3 yarirukanyemo Wazalendo

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare zavuye mu birindiro bya Buhaya, nyuma y’amezi atatu zibyirukanyemo abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo. Buhaya ni umusozi w’ingenzi witegeye agace ka Katobi, ukaba uherereye mu bilometero bibarirwa muri 15 uvuye mu mujyi wa Pinga uherereye muri Teritwari ya Walikale. Mu Ugushyingo 2025 ni bwo AFC/M23 […]
FDNB yatangiye kubarura abasirikare bayo ngo imenye abo isigaranye

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), cyatangiye kubarura abasirikare bacyo kugira ngo kimenye umubare w’abo gisigaranye. Ni icyemezo FDNB, mu gihe amakuru avuga ko itazi neza umubare nyawo w’abasirikare ifite. Ni nyuma y’uko amakuru avuga ko nyuma y’intambara zabereye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Ukuboza 2025 by’umwihariko mu kibaya cya Ruzizi, hari abasirikare babarirwa mu […]
Kagame yoherereje Mia Amor Mottley ubutumwa bumushimira

Perezida Paul Kagame ku wa Gatanu tariki ya 13 Gashyantare, yashimiye Mia Amor Mottley nyuma yo kongera gutorerwa kuba Minisitiri w’Intebe wa Barbados. Umukuru w’Igihugu mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X yagize ati: “Ndashimira mushiki wanjye, Minisitiri w’Intebe Mia Amor Mottley, ku bwo kongera gutorwa abikwiriye.” Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda ruha […]
Ubujurire bwa Mukura VS yemeza yaguze Ishimwe Abdoul bwatewe utwatsi

Komisiyo ishinzwe ubujurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yateye utwatsi ubujurire bwa Mukura VS yari yayitabaje ngo iyirenganure ku kibazo cy’umukinnyi Ishimwe Abdoul. Mu minsi ishize ni bwo uyu myugariro wari umaze imyaka ibiri muri Mukura VS yayiteye umugongo, yerekeza muri APR FC yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri. Mukura VS yahise irega muri FERWAFA Intare […]
RDC yarashe mu Minembwe nyuma y’amasaha make yemeye gutanga agahenge

Ihuriro AFC/M23 rirashinja ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero mu duce turimo Minembwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’amasaha make Kinshasa itangaje ko yiteguye gutanga agahenge. Ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare ni bwo Perezida João Lourenço wa Angola unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yari yasabye […]
Rayon Sports yijunditse umunyamakuru Rugaju Reagan

Ikipe ya Rayon Sports yikomye umunyamakuru Rugaju Reagan ukorera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), imushinja gutangaza ibinyoma by’uko myugariro Serumogo Ally Omar yatandukanye na yo agurishijwe. Rugaju mu kiganiro ‘Urubuga rw’Imikono’ cyabaye ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare, yavuze ko Serumogo yatandukanye na Rayon Sports asheshe amasezerano yari afitanye na yo kugira ngo byitwe ko […]
Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura u Rwanda vuba aha. Uyu musirikare usanzwe ari n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje iyi gahunda mu butumwa yaraye yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Nzishimira gusura vuba aha data wacu w’igihangange, Afande Kagame. Nzanishimira kubana na bene wacu b’Abanyarwanda.” […]
Inzara iratema amara mu basirikare ba FDNB bari muri RDC

Abasirikare b’u Burundi boherejwe mu gace ka Baraka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barataka inzara, bagashinja ababakuriye kuba ari bo ba nyirabayazana. Abataka inzara barimo abo muri bataillon ya 11 ibarizwa mu mujyi wa Baraka, ndetse n’abo mu yindi mitwe ibarizwa muri uriya mujyi wo mu ntara ya Kuvu y’Amajyepfo. Abaganiriye na Radio Publique […]
RMC yihanangirije mu nyandiko SK FM na Isibo Radio

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda (RMC), rwatangaje ko rwihanangirije mu nyandiko ibitangazamakuru bya SK FM na Isibo Radio, kubera imyitwarire ihabanye n’amahame agenga umwuga w’itangazamakuru ikomeje kugaragara mu biganiro bya siporo bitambutswa kuri izo radiyo. Uku kwihanangirizwa kubaye nyuma y’ibiganiro bitandukanye RMC yagiye igirana na bamwe mu banyamakuru bakorera ibi bitangazamakuru ndetse n’abayobozi babyo. RMC […]
Kera kabaye ikibuga cy’indege cya Goma cyongeye kugwaho n’indege

Umuyobozi w’agateganyo w’ubutumwa bwa Loni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vivian Van de Perre, yageze mu mujyi wa Goma aho yagiye kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bwa AFC/M23. Ku manywa yo kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare, ni bwo indege yo mu bwoko bwa kajugujugu yari imutwaye yaguye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma. Ni […]
Igisubizo cya Nduhungirehe ku bihano bivugwa ko Amerika iri gutekereza gufatira u Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko iyo ibihano biza kuba byakemura ikibazo cyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda rwakiriza yombi kubihabwa. Umukuru wa dipolomasi y’u Rwanda yabigarutseho mu kiganiro yahaye Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI). Ni nyuma y’uko hakomeje kuvugwa inkuru z’uko amahanga yaba arimo gufatira u Rwanda ibihano […]
U Rwanda rwasoje ineza irushanwa rigenewe abasirikare n’abapolisi kabuhariwe

Ikipe imwe ya Polisi y’u Rwanda iri muri atatu yari ahagariye u Rwanda mu irushanwa rya SWAT Challenge ryaberaga muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yegukanye umudali w’umuringa. Irushanwa rya UAE SWAT Challenge 2026, ryari rimaze iminsi itanu rihuza abasirikare n’abapolisi kabuhariwe baturutse mu bihugu byo hirya no hino ku Isi. Amakipe 109 ni yo yari […]
RDC yajyanye mu nkiko MTN

Ikigo kigenzura itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyareze sosiyete ya MTN Group kiyishinja gukorera i Goma na Rutshuru nta ruhushya ifite. Ikigo ARPTC mu itangazo cyasohoye, cyavuze ko MTN Group irimo gutanga serivisi za telefone ngendanwa na internet, “i Goma na Rutshuru, itarabiherewe uruhushya”. MTN Group isanzwe ifite amashami mu bihugu birimo u […]
Abatoza 688 bahataniye gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko abatoza 688 bujuje ibisabwa ari bo basabye akazi ko gutoza Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’. FERWAFA mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Gashyantare, yavuze ko nyuma y’ubusabe bwa bariya batoza hagomba gukurikiraho kubajonjora hashingiwe ku mpamyabumemyi z’ubutoza, uburambe mu gutoza amakipe y’igihugu no kuba baragize […]
Icyo Mushikiwabo avuga ku kuba u Burundi na RDC bimurwanya ngo atazongera gutorerwa kuyobora OIF

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko nta kibazo abona mu kuba u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byarwanya ko atorwa muri Manda ya gatatu, kuko kuba itorwa rye ryarwanywa biri mu bigize umukino. Mushikiwabo yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique. Ni ikiganiro cyibanze ku cyemezo u […]
Abadepite ba Amerika bibukije RDC ko isabwa gusenya FDLR mbere y’uko u Rwanda rukuraho ingamba z’ubwirinzi

Abadepite bagize ishami rya Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rikurikirana ibibera muri Afurika, bibukije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo busabwa kubanza gusenya umutwe wa FDLR, mbere y’uko u Rwanda rukuraho ingamba z’ubwirinzi reafashe. Babigarutseho mu kiganiro cyabaye ku wa Kabiri tariki 10 Gashyantare 2026 cyari kigamije “guteza […]
Jenerali wa UPDF yaguye mu nzira ari kujya gushyingura Jenerali mugenzi we

Major-General Deus Sande wari umuyobozi wa Diviziyo y’Ingabo za Uganda ishinzwe gukoresha imodoka z’ibifaru, yapfuye ubwo yari mu nzira ajya gushyingura Jenerali mugenzi we uheruka gupfa. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe n’umuvugizi w’umusigire wa UPDF, Colonel Chris Magezi, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Amakuba na none yongeye kugwirira umuryango wa UPDF, […]
Uko RDC yitabaje abacanshuro ba Erik Prince ngo barwanire na M23 muri Uvira

Umunyamerika Erik Prince washinze umutwe w’abacanshuro wa Blackwater, byemejwe ko yohereje mu mujyi wa Uvira abarwanyi be mu rwego rwo gufasha ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuwurinda ndetse no gukoresha za drone z’intambara. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza byatangaje ko aya makuru byayahamirijwe n’abantu bane bayazi neza. Mu Ukuboza 2025 ni bwo […]
Bite by’urusaku rwinshi rw’amasasu rwumvikanye i Conakry?

Amakuru aturuka i Conakry muri Guinée aravuga ko kuri uyu wa Kabiri hafi ya gereza nkuru yo muri uriya mujyi humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu. Kugeza ubu abarasaga ntibaramenyekana ndetse n’icyateye uko kurasa ntikizwi. Ubutegetsi bwa Guinée ntiburatanga amakuru asobanura ibyabaye. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza bivuga ko umwe mu babonye irasana riba yabibwiye ko yabonye imodoka […]
Uwagambaniye Gen. Niyombare na bagenzi be bikadobya umugambi wo guhirika Nkurunziza

Mu myaka igera kuri 11 ishize abasirikare b’u Burundi bayobowe na Général-Major Godefroid Niyombare, bagerageje guhirika ubutegetsi bw’uwari Perezida wa kiriya gihugu, Pierre Nkurunziza ariko birangira uwo mugambi upfubye. Niyombare yari umwe mu nkoramutima za Pierre Nkurunziza akaba n’umwe mu bajyanama be mu bijyanye n’umutekano, ndetse yayoboye urwego rw’ubutasi kugeza muri Gashyantare 2015. Uyu mugabo […]
Tshisekedi yibukirijwe kwa Lourenço ko atarasenya FDLR

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya, ku wa Mbere yari i Luanda muri Angola aho yagiraniye ibiganiro byibanze ku mutekano wo mu burasirazuba bw’igihugu cye n’abarimo Perezida João Lourenço. Ni ibiganiro byanitabiriwe n’abarimo Perezida Faure Gnassigbé wa Angola umaze igihe yarahawe inshingano zo kuba umuhuza mu bibazo by’u Rwanda na RDC n’Umuryango […]
M23 yungutse ‘abakomando’ bashya barenga 7,500

Abakomando bashya 7,532 b’umutwe wa M23 ku Cyumweru tariki ya 8 Gashyantare binjijwe mu ngabo zawo, nyuma yo gusoza imyitozo ikaze bari bamaze igihe bakorera mu gace ka Tchanzu ho muri Teritwari ya Rutshuru. Umuhango wo kubinjiza mu ngabo za AFC/M23 wayobowe n’Umugaba Mukuru wazo, Gen. Sultani Makenga. Mu byo abasirikare bashya ba M23 barahiriye, […]
Umusirikare yarasiwe ku kibuga nyuma yo kubura Frw 820 yo kureba umupira

Umusirikare wo mu ngabo za Uganda (UPDF), ku Cyumweru tariki ya 8 Gashyantare yarasiwe ku kibuga nyuma yo kubura amashiringi ya Uganda 2,000 (Frw 820) yo kwinjira ngo arebe umupira. Byabereye mu mujyi wa Kyatereka ho mu karere ka Kagadi, ku kibuga cy’Ishuri Ribanza rya Kiliziya Gatolika ryitiriwe Mutagatifu Petero. Amakuru y’urupfu rwa Mbale Akuzibwe […]
Nduhungirehe yagaragarije Hariana Verás ibihamya 5 bishimangira ko atari umunyamakuru w’inyangamugayo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye umunyamakuru Hariana Veras, amugaragariza ibihamya bitanu bishimangira ko atari umunyamakuru w’inyangamugayo nk’uko we abivuga. Uyu munyamakurukazi wo muri Angola amaze iminsi ashinjwa gushyira ku ruhande inshingano ze nk’umunyamakuru, ahubwo agahitamo gufasha ibihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi mu gukora icengezamatwara rigamije […]
Gen. Gakwerere wahoze ari numéro ya 3 muri FDLR agiye gushyikirizwa ubutabera

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare kuri uyu wa Mbere bwatangaje ko Brig. Gen. Gakwerere Ezechiel wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, akiri mu maboko y’inzego z’umutekano kubera ko hari ibyo akibazwa, ariko ko mu minsi iri imbere azagezwa imbere y’ubutabera. Byatangajwe n’Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare, Col. Charles Sumanyi, mu kiganiro abanyamakuru bagiranye n’inzego zigize Urunana […]