Umuhungu wa Gen. Muhoozi ageze kure imyitozo imutegurira kuba Ofisiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yahishuye ko umuhungu we, Ruhamya Kainerugaba ageze kure imyitozo imutegurira kuba umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye mu ngabo za Uganda. Ni imyitozo uyu musore ari gukorera mu Ishuri rya gisirikare rya Royal Military Academy Sandhurst ryo mu Bwongereza. Gen. Muhoozi abinyujije ku rubuga rwe rwa X, […]

RSSB Tigers yandikiye amateka imbere ya Perezida Kagame 

IMG 20260528 WA0001

Ikipe ya RSSB Tigers yageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka mu Irushanwa Nyafurika rya Basketball rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, nyuma yo gutungura Al Ahly yo mu Misiri ikayitsinda amanota 106-97. Hari mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye muri BK Arena, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2026. Perezida […]

U Burundi na RDC byakajije ubufatanye bwa gisirikare

WhatsApp Image 2026 05 27 at 13.28.55

U Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biyongereye imikoranire mu bya gisirikare n’umutekano, mu gihe ingabo z’ibihugu byombi zikomeje imirwano n’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa. Minisitiri w’Ingabo wa RDC, Guy Kabombo Muadiamvita, ku wa Kabiri yagiriye uruzinduko i Bujumbura rwasize yakiriwe akanagirana ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru na mugenzi we w’u […]

Kinshasa yarekuye imfungwa za mbere za AFC/M23

jad20240329 infographie prison rdc malaka

Abantu 37 bari bafungiye muri gereza zitandukanye zo mu mujyi wa Kinshasa bakekwaho gukorana na AFC/M23, barekuwe n’ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gikorwa kiri gufatwa nk’intambwe ishobora kuba ifitanye isano n’ibiganiro bya Doha bikomeje hagati y’impande zihanganye. Umunyamakuru Steve Wembi wegereye AFC/M23 avuga ko muri abo bantu 37 barekuwe, 22 bari bararangije […]

Uwahoze ari umukinnyi wa Manchester United mu bo Amavubi yitegura kwesurana na Comores na Tanzania yitabaje

20260527 145457

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yamaze guhamagara abakinnyi 27 izifashisha mu mikino ibiri ya gicuti iteganya guhuriramo n’amakipe y’ibihugu bya Comores na Tanzanie. Mu bakinnyi bahamagawe harimo Noam Emeran, wahoze akinira ikipe ya Manchester United  mu byiciro by’abato, mbere yo kwerekeza muri FC Groningen yo mu Buholandi akinira ubu. Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga […]

Perezida Kagame yahaye abapolisi bashya ipeti rya AIP

HJVrL6UXgAkmnjD

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’inzego z’umutekano z’u Rwanda, yahaye abapolisi 436 bo ku rwego rwa ba Ofisiye bato ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP), nyuma yo gusoza amahugurwa bari bamazemo igihe. Ni mu muhango wabereye mu Ishuri rya Polisi ry’i Gishari mu karere ka Rwamagana. Umukuru w’Igihugu yashimiye Polisi y’igihugu ku myaka […]

Museveni yashyize ku ruhande ba Minisitiri 29

20260527 071233

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, ku wa Kabiri yashyizeho abaminisitiri bagize Guverinoma nshya y’igihugu cye batarimo amazina asanzwe azwi yari amaze igihe muri Guverinoma ya Uganda. Mu mpinduka zabayeho, abaminisitiri 29 ni bo batasubijwe mu nshingano. Barimo Matia Kasaija wari umaze igihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, uyu akaba yasimbujwe Henry Musasizi. Barimo kandi Gen. (Rtd) Jeje […]

Abana ba Col. Kazarama bari barafunzwe n’intasi nkuru ya M23 barekuwe

20260509 181454 2

Abana babiri b’impanga ba Vianney Kazarama bari bamaze igihe bafunzwe nyuma yo gushinjwa “gutunga imbunda no gutanga amakuru i Kigali”, bamaze kurekurwa nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abyemeza. Aba basore bari mu bamaze igihe bavugwaho gufungwa n’umukuru w’ubutasi bwa gisirikare bwa AFC/M23. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko ubwo abo basore bari bafunzwe bamwe mu […]

Amerika yemereye TotalEnergies na ExxonMobil gukomeza gukorana na RDF

20210814 MAP003 0

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye ibigo bya TotalEnergies na ExxonMobil uburenganzira bwihariye bwo gukomeza gukorana n’ingabo z’u Rwanda zikorera muri Mozambique, bitandukanye n’ibihano kiriya gihugu cyafatiye izo ngabo. Africa Intelligence dukesha iyi nkuru ivuga ko uruhushya rw’uko biriya bigo bigomba gukomeza gukorana na RDF rwatanzwe n’Urwego rwa Amerika rushinzwe kugenzura ibihano (OFAC), mu ntangiriro […]

Masisi: AFC/M23 yigaranzuye FARDC na Wazalendo, yisubiza uduce turenga 10

AP25200346299102 0

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi zigaranzuye ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zisubiza uduce dutandukanye two muri Teritwari ya Masisi. Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo yemeza ko AFC/M23 u Rwanda rushinjwa gushyigikira yisubije uduce turenga 10 two muri Teritwari ya […]

M23 yashenye D-4 yarindaga ikirere cya RDC

IMG 20260525

Umutwe wa AFC/M23 wagabye igitero gikomeye ku kibuga cy’indege cya Kisangani, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho amakuru BWIZA yabonye avuga ko cyibasiye ibikorwa bya gisirikare byakoreshwaga mu kugaba ibitero bya drone ku bice bitandukanye biri mu maboko ya AFC/M23. Iki gitero kandi cyashenye intwaro yo mu bwoko bwa D-4 yarindaga ikirere […]

FDLR yishe abasivile 10 muri Masisi na Walikale, yiba ingurube

20260120 183349

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko abantu 10 biciwe mu bitero byagabwe n’abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo mu bice byo muri teritwari za Masisi na Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. AFC/M23 mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibyo bitero byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru […]

Ikibuga cy’indege cya Kisangani cyongeye kuraswaho na drone 

Ikibuga cy’indege cya Bangoka giherereye mu mujyi wa Kisangani ufatwa nk’umurwa mukuru w’intara ya Tshopo, ku Cyumweru tariki ya 24 cyagabweho ibitero bya drone. Mu ma saa 18:00 ni bwo iki kibuga cyagabweho ibitero. Abanyamakuru n’ibitangazamakuru byegereye Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bivuga ko drone ebyiri zahanuriwe kuri iki kibuga mbere y’uko zihamya […]

Democratic Green Party of Rwanda Launches Online Membership Database

Members of the Democratic Green Party of Rwanda from across the country gathered on May 24, 2025, for the party’s Political Bureau Meeting held at Olympic Hotel in Gasabo District. The meeting brought together party leaders, commissioners, and members to discuss the party’s future direction and key priorities for the coming years. Opening the gathering, […]

Jeneral’ Obed Ngabo yishwe na M23

Uwiyitaga Jenerali Obedi Ngabo wo mu ihuriro Coalition Libérale pour la Démocratie (CLD) riri mu yagize imitwe ya Wazalendo ifasha ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ntambara irwanamo na AFC/M23, yishwe n’ingabo z’uriya mutwe. Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo avuga ko Ngabo Obed yabonetse yapfuye ku wa Gatanu tariki ya […]

Museveni yahawe amajwi ya Minisitiri w’Intebe wungirije asaba abapfumu kumumwicira

1779538596901

Uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, yongeye kuvugwaho nyuma y’uko hasakaye ry’amajwi bivugwa ko ari aye avugana n’abapfumu. ChimpReports yatangaje ko aya majwi yaganiriweho mu nama iheruka kubera muri Perezidansi ya Uganda, i Entebbe. Amakuru yatanzwe n’abantu bavuga ko bazi ibyabereye muri iyo nama, avuga ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yagaragaje […]

Abarwanyi ba Ebola muri Uganda biyongereye

WhatsApp Image 2026 05 23 at 08.52.14

Ubutegetsi bwa Uganda bwatangaje ko muri iki gihugu hagaragaye abandi barwayi batatu bashya ba Ebola, bituma umubare w’abamaze kwemezwa ko bayanduye iki cyorezo ugera kuri batanu mu gihugu. Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yavuze ko abo barwayi bashya barimo umushoferi wari watwaye umurwayi wa mbere, umukozi w’ubuzima wamwitayeho, ndetse n’umugore ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya […]

U Bubiligi bwahamijwe icyaha cyibasiye inyokomuntu

AP24337544978565 1733232748

Urukiko rw’Ubujurire rw’i Bruxelles mu Bubiligi, rwahamije Leta y’iki gihugu icyaha cyibasiye inyokomuntu cyo gutandukanya abana n’ababyeyi babo, mu gihe cy’ubukoloni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni icyemezo cyafashwe ku wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026, gishimangira urubanza rwari rwaciwe bwa mbere mu 2024, rwahamije ko ibikorwa byo kwambura abana imiryango yabo hagati ya […]

AFC/M23 yavuze ku by’uko yaba yambuwe na FARDC na Wazalendo uduce 8

download 1

Umutwe wa AFC/M23 wanyomoje amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru byegereye ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’uko ingabo zawo zaba zambuwe uduce umunani two muri Teritwari ya Masisi n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatanu, ikinyamakuru ACTUALITE.CD cyegereye Leta ya Congo Kinshasa, cyatangaje ko ingabo za Leta […]

Perezida Kagame yirukanye abakozi hafi 300 ba RCS barimo ba Ofisiye

8193

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), rwatangaje ko Perezida Paul Kagame yirukanye abakozi barwo 296, barimo n’abo ku rwego rwa ba Ofisiye. RCS mu itangazo yasohoye, yavuze ko mu birukanwe harimo ba ofisiye bakuru batandatu, aba ofisiye bato 13 ndetse n’abasuzofisiye n’abawada 277. Uru rwego rwavuze kandi ko hari ba ofisiye bakuru n’abato batanu basubijwe […]

Urugendo rwa Guardiola na Manchester City rwageze ku iherezo

aa9d4d70 5354 11f1 81b7 0dafd89f1f42

Umunya-Espagne Pep Guardiola agiye kuva ku nshingano zo gutoza ikipe ya Manchester City, nyuma y’imyaka 10 yari ayimazemo, nk’uko iriya kipe yabyemeje. Ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangaje ko azasoza inshingano ze muri iyi mpeshyi, nyuma yo gutwarana na yo ibikombe 20. Ni ibikombe birimo bitandatu bya Shampiyona y’u Bwongereza na kimwe cya UEFA Champions league. Man […]

Minisitiri Nduhungirehe yajyanye kwa Mohammed VI ubutumwa bwa Perezida Kagame

20260522 095809

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yajyanye muri Maroc ubutumwa Perezida Paul Kagame yageneye umwami Mohammed VI wa kiriya gihugu. Nduhungirehe uri muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika aho yitabiriye inama ya kabiri y’Abaminisitiri ku bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bihugu bikoresha Igifaransa, ku wa Kane tariki ya 21 Gicurasi […]

Nyuma y’u Rwanda, Uganda na yo yafunze imipaka iyihuza na RDC

20260522 085425

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko yahagaritse ingendo z’indege hagati yayo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ndetse inafata izindi ngamba zikomeye ku mipaka ihuza ibi bihugu byombi, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola gikomeje guhitana abantu benshi muri RDC. Izi ngamba zije nyuma y’aho u Rwanda na rwo rufashe icyemezo cyo gufunga […]

Drone za M23 zashegeshe FARDC muri Minembwe

IMG 20260521

Ingabo za AFC/M23 zakubitiye ahababaza ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abambari bayo mu bice bya Minembwe, mu gitero gikomeye cya drone cyasize ririya huriro ritakaje abasirikare. Ni mu bitero AFC/M23 yagabye mu gace ka Mikenke, muri Teritwari ya Mwenga ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amashusho akomeje gukwirakwira ku […]

Brig Gen Ronald Rwivanga yatangiye kuyobora EASF

HI1W 44WcAESCws

Brig Gen Ronald Rwivanga yatangiye ku mugaragaro inshingano zo kuyobora umutwe wa Eastern Africa Standby Force (EASF), asimbuye Brig Gen Paul Kahuria Njema wari umaze imyaka itatu kuri uwo mwanya. Uyu muhango wo guhererekanya ububasha wabaye nyuma y’uko Brig Gen Njema asoje manda ye nk’Umuyobozi wa EASF, umwe mu mitwe ihuriweho n’ibihugu byo mu karere […]

Muri RDC hashinzwe ihuriro ryo kwitambika Tshisekedi ngo adahindura Itegeko Nshinga

20260521 084614

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imiryango ya sosiyete sivile, bashinze ihuriro ryiswe ‘Coalition Article 64’ rigamije kwitambika Perezida Félix Antoine Tshisekedi ngo adahindura Itegeko Nshinga. Iri huriro ryatangajwe ku mugaragaro ku wa 19 Gicurasi 2026. Ryashinzwe hagendewe ku ngingo ya 64 y’Itegeko Nshinga rya RDC ivuga ko “abaturage bafite inshingano […]

Amerika yategetse RDC ko abakinnyi bayo batanyura i Kinshasa bayerekezamo

WCXELWHBNVCC7JFPSXXOIBGU6Y

Gahunda z’ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zahungabanyijwe n’icyorezo cya Ebola kibasiye iki gihugu, mu gihe iri mu myiteguro ya nyuma yo kujya mu Gikombe cy’Isi kizatangira mu kwezi gutaha. Abakinnyi ba Les Leopards bagombaga guhurira i Kinshasa ku cyumweru tariki 25 z’uku kwezi, maze mu muhango ukomeye kuri stade ya Tata Raphaël […]

Gen. Pascal Ianni wo mu ngabo z’u Bufaransa ari mu Rwanda

IMG 20260520 WA0153

Umugaba w’Ingabo z’u Bufaransa zishinzwe imikoranire n’ibihugu bya Afurika, Pascal Ianni, ari mu Rwanda aho amaze iminsi mu ruzinduko rw’akazi. Ianni ari mu Rwanda kuva ku wa 18 kugeza ku wa 20 Gicurasi 2026. Ku wa 19 Gicurasi 2026, yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Mubarakh Muganga uzwi […]

RDC yarakariye u Rwanda rwafunze imipaka ibahuza 

20260520 093752

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarakariye u Rwanda, nyuma yo gufunga imipaka ihuza ibihugu byombi kubera icyorezo cya Ebola. Muri iki cyumweru ni bwo u Rwanda rwafunze imipaka iruhuza na Congo Kinshasa mu turere twa Rubavu na Rusizi, nk’ingamba yo kwirinda ko icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri Congo cyagera mu Rwanda. Imibare itangwa n’inzego z’ubuzima […]

Ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu by’ubuzima u Rwanda rwasinyanye n’u Burusiya

U Rwanda n’u Burusiya ku wa Kabiri tariki ya 19 Gashyantare byashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane agamije guteza imbere ubufatanye mu rwego rw’ubuzima. Igikorwa cyo gusinya aya masezerano cyabereye iruhande rw’Inteko Rusange y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima. Ku ruhande rw’u Burusiya amasezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubuzima wa kiriya gihugu, Mikhail Murashko, mu gihe […]

Perezida Kagame yashimiye Arsenal yatwaye Premier League 

20260520 064737

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal, nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona y’Abongereza yaherukaga mu myaka 22 ishize. Arsenal bizwi ko ari yo kipe Perezida Paul Kagame afana, ikindi imaze imyaka umunani ikorana n’u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda. Iyi kipe y’i Londres yegukanye Premier League yaherukaga mu mwaka w’imikino wa 2003/2004, […]

U Rwanda ntirukivanye ingabo zarwo i Cabo Delgado 

3

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rutakivanye mu ntara ya Cabo Delgado yo muri Mozambique ingabo rwoherejeyo mu butumwa bwo kurwanya iterabwoba, bijyanye no kuba ikibazo cyariho cyo gutera inkunga ibikorwa bya ziriya ngabo cyamaze gukemuka. Muri Mata uyu mwaka u Rwanda biciye mu muvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, […]

U Rwanda na Amerika byasinye amasezerano y’ubufatanye mu gukoresha ingufu za nucléaire

20260519 155311

Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Rwanda, byashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane agamije guteza imbere ubufatanye mu gukoresha ingufu za nucléaire mu bikorwa bya gisivile, mu rwego rwo guteza imbere ingufu zizewe kandi zifite umutekano. Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri tariki ya 19 Gicurasi 2026 hagati ya Renee Sonderman, umuyobozi wungirije ushinzwe […]

FARDC irigamba ko yahanuye drone ya RDF

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kirigamba guhanura drone ya gisirikare y’u Rwanda kivuga ko yari yinjiye mu kirere cya Congo mu buryo butemewe. Mu itangazo FARDC yashyize hanze, yavuze ko iyo drone yahanuriwe mu gace ka Point Zéro mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. FARDC yavuze ko icyo gikorwa gifatwa nk’“ubushotoranyi bugaragara” ndetse […]

U Burundi: Umusore udafite ibiti 10 bya avoka ntiyemerewe kurongora

IMG 20260518 WA0013

Mu Burundi, ubuyobozi bwa Komine Muyinga yo mu Ntara ya Buhumuza, bwashyizeho amabwiriza mashya agenewe abasore n’inkumi bifuza gusezerana imbere y’amategeko, aho umusore wese ushaka kurongora asabwa kuba afite ibyangombwa by’ibanze bigaragaza ko ashoboye gutunga urugo. Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizweho umukono na Meya wa Komine Muyinga, Misago Amédée, hagamijwe gushyira mu bikorwa gahunda y’icyerekezo […]

Batuzimanije inyama z’inkoko: Umushoferi wo muri Tanzania wavuze imyato RDF

IMG 20260519 WA0003

Umushoferi utwara ikamyo ukomoka muri Tanzania, yashimye Ingabo z’u Rwanda (RDF) avuga ko zagaragaje ubunyamwuga, urugwiro n’ubufasha bwihuse ubwo yari yagiriye ikibazo cy’imodoka mu ishyamba rya Nyungwe mu ijoro. Uyu mushoferi witwa Msomi mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru cya Bongo 24 cy’iwabo, yavuze ko u Rwanda ari igihugu gifite umutekano udasanzwe, ku buryo imodoka ishobora kugupfira […]

Amerika yashyiriyeho amabwiriza akakaye abava mu bihugu 3 bituranye n’u Rwanda kubera Ebola

download 1

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje amabwiriza mashya akakaye ku bantu baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Uganda na Sudani y’Epfo, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola gikomeje gufata intera mu karere. Ikigo cya Amerika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (CDC) cyatangaje ko guhera kuri uyu wa Mbere cyatangiye gukoresha itegeko […]

Imodoka z’akataraboneka za Anita Among zafashwe na Polisi

Inzego z’umutekano muri Uganda zafashe imodoka z’akataraboneka z’uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anita Among, zirimo Rolls-Royce na Range Rover. Izi modoka zafatiwe mu rugo rwe ruherereye mu gace ka Kigo, mu gihe iperereza ku byaha bya ruswa, kwigwizaho umutungo no kunyereza amafaranga rikomeje gukaza umurego. Izo modoka zajyanywe ku cyicaro cya Polisi ishinzwe ibimenyetso […]

Ikibazo cya M23 gikwiye gushakirwa umuti muri Congo aho kurenganya u Rwanda: Perezida Ruto

Perezida wa Kenya, William Ruto, yavuze ko ikibazo cya M23 gikwiye gushakirwa umuti muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho kugirwa ikibazo cy’u Rwanda, ashimangira ko abarwanyi b’uyu mutwe ari Abanye-Congo bafite ibibazo bagomba kuganiraho na Leta yabo. Ruto yabigarutseho mu nama ya Africa CEO Summit iheruka kubera i Kigali. Ni amagambo yavuze mu gihe […]

Uganda: Anita Among uri mu mazi abira yaretse kongera kwiyamamariza kuyobora Inteko Ishinga Amategeko 

RETYUI

Anita Annet Among wari usanzwe ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yatangaje ko atazongera guhatanira gukomeza kuyiyobora, nyuma y’iminsi mike inzego z’umutekano zitangiye ibikorwa byo kumukoraho iperereza. Mu itangazo yashyize hanze, Among yavuze ko yafashe icyo cyemezo nyuma y’“ibiganiro byinshi no gutekereza byimbitse”, mu rwego rw’ibyo yise kubungabunga ubumwe n’umucyo by’ishyaka NRM riri ku […]

Ebola yongeye kwaduka muri RDC: MINISANTE yahumurije Abaturarwanda

ap 6a08b27914cd4 1778954873

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko iri gukurikiranira hafi iby’icyorezo cya Ebola cyongeye kwaduka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ihumuriza Abaturarwanda ko nta muntu urwaye iyi ndwara uragaragara mu Rwanda. MINISANTE mu itangazo yasohoye ku Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi, yavuze ko iri gukurikiranira hafi iki cyorezo, ndetse ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita […]

Kabuga yapfuye ku isabukuru y’itabwa muri yombi rye

Umunyarwanda Kabuga Félicien wari ukurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yapfuye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Gicurasi aguye i La Haye mu Buholandi, nyuma y’imyaka itandatu yuzuye neza atawe muri yombi. Inkuru y’urupfu rwa Kabuga wari umaze igihe afungiye muri kiriya gihugu yemejwe n’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko […]

Inzego zirimo UPDF zagabye igitero ku rugo rwa Anita Among

20260516 160913

Urwego rw’Ubugenzacyaha muri Uganda (CID), rufatanyije n’Ingabo za Uganda (UPDF) ndetse n’izindi nzego z’umutekano, bagabye igitero kigamije gusaka urugo rw’uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anita Annet Among, ruherereye i Nakasero mu Mujyi wa Kampala. Ni igitero cyatangiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, aho abashinzwe iperereza, inzego z’ubutasi bwa gisirikare n’impuguke mu gusuzuma […]

Perezida Kagame yaherekeje Gen. Doumbouya wasoje uruzinduko mu Rwanda

20260516 141654

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Paul Kagame ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, yaherekeje mugenzi we wa Guinea, Mamadi Doumbouya, wasoje uruzinduko yari amazemo iminsi mu Rwanda. Muri uru ruzinduko, Perezida Doumbouya yitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro Inama ya Africa CEO Forum 2026 yaberaga i Kigali, ihuza abayobozi bakuru b’ibigo bikomeye […]

RDF ikwiriye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel aho guhabwa ibihano: Dr. Kayumba Christopher

IMG 20260516 WA0009

Dr. Kayumba Christopher wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akanaba umushakashatsi, asanga ingabo z’u Rwanda (RDF) zikwiye guhabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel aho guhabwa ibihano. Iyi mpuguke yahoze yigisha mu Ishuri ry’Itangazamakuru n’Itumanaho rya Kaminuza y’u Rwanda, yabigarutseho mu nyandiko yanyujije mu kinyamakuru The New Times. Ni nyuma y’ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]

Itsinda ry’ingabo za RDF riyobowe na Maj. Gen Nyakarundi ryakiriwe na Perezida Touadéra

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, ku wa Gatanu yakiriye itsinda ry’abasirikare bo mu ngabo z’u Rwanda bari bayobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, cyo kimwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Centrafrique, Olivier Kayumba. Iyi nama yakurikiye ibiganiro bagiranye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za kiriya gihugu, Gen Zéphirin Mamadou. Ni ibiganiro […]

Perezida Tinubu yemereye Abanyarwanda kumara iminsi 30 mu gihugu cye nta Viza

Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Nigeria, rwatangaje ko Abanyarwanda bemerewe kujya muri iki gihugu bakamarayo iminsi 30 bidasabye kuba bafite Viza. Uru rwego mu itangazo rwasohoye ku wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi ku mabwiriza ya Perezida Bola Ahmed Tinubu, rwavuze ko kiriya cyemezo cyaturutse ku bwumvikane hagati ya Nigeria n’u Rwanda. Ruti: “Muri ubu […]

I Bruxelles habereye imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi bwa Tshisekedi

Abanye-Congo baba mu mahanga, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi bakoreye imyigaragambyo i Bruxelles mu Bubiligi bamagana “imiyoborere mibi n’ihohoterwa rikomeje kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo”, bigizwemo uruhare n’ubutegetsi bw’iki gihugu. Ni imyigaragambyo yateguwe n’abanye-Congo baba mu mahanga biciye mu miryango irimo GAKONDO, APDH, Diaspora Plurielle Congolaise n’indi. Aba mu itangazo […]

U Burusiya bugiye kubaka mu Rwanda uruganda rw’ingufu za nucléaire

20260515 170052

Ikigo cy’u Burusiya gishinzwe ingufu za nucléaire, Rosatom, cyatangaje ko kiri kwagura ibikorwa byacyo ku rwego mpuzamahanga, aho u Rwanda ruri mu bihugu bishya gifitanye na cyo amasezerano yo kubaka inganda zitanga amashanyarazi akomoka ku ngufu za nucléaire. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Rosatom, Alexey Likhachev, mu kiganiro yahaye igitangazamakuru cya Vesti cyo mu Burusiya. […]

Perezida Samia Suluhu wa Tanzania ategerejwe mu Rwanda

ew2d7bnxeammmc0 27ec3

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, ategerejwe i Kigali mu ntangiriro z’icyumweru gitaha aho azitabira inama mpuzamahanga yiga ku ngufu za nucléaire muri Afurika. Iyi nama izwi nka Nuclear Energy Innovation Summit for Africa 2026, iteganyijwe kubera mu i Kigali kuva tariki ya 18 kugeza ku ya 21 Gicurasi 2026. Iyi nama igiye kubera mu […]

Jean Luc Habyarimana yahuye na perezida wa FDLR n’abasirikare bakuru muri Pinga

IMG 20260515 WA0013

Nyuma y’iminsi akorera ingendo i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’i Bujumbura na Gitega mu Burundi, Jean-Luc Habyarimana usanzwe ari umuhungu wa Habyarimana Juvénal wabaye Perezida w’u Rwanda yanageze mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu mujyi wa Pinga, uherereye muri teretwari ya Walikale. Amakuru BWIZA yamenye yemeza ko uyu mugabo mu byumweru bibiri […]

Nduhungirehe yanyomoje ibiro bya Tshisekedi byabeshye ko yitabiriye ibiganiro byitabiriwe n’abarimo P. Kagame i Nairobi 

nduhu 19 ebd01

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanyomoje amakuru yatangajwe n’Ibiro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byavugaga ko Perezida Félix Tshisekedi yitabiriye ibiganiro byabereye mu nama ya Africa Forward Summit iheruka kubera i Nairobi muri Kenya. Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga X na Farah Muamba Kayowa ukuriye itumanaho muri Perezidansi ya […]

Burundi: Ambasaderi yagwatiriye impapuro z’indege ya Perezida

gulfstream d4369

Ikibazo cy’indege ya Perezida w’u Burundi imaze imyaka igera ku 10 iparitse i Madrid muri Espagne gikomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko hamenyekanye amakuru avuga ko inyandiko z’ingenzi zayo zafashwe n’uwahoze ari ambasaderi w’u Burundi muri Afurika y’Iburengerazuba, Cherif Aidara Bocoum, usaba ko abanza kwishyurwa amafaranga avuga ko leta imurimo. Iyo ndege yo mu bwoko […]

Col. Kamasa wa Twirwaneho yasimbuye Nzenze mu butasi bwa M23

kamasa 397a5

Amakuru akomeje kugaragara nayo kuba AFC/M23 yakoze impinduka zikomeye mu mikorere y’inzego zawo za gisirikare n’ubuyobozi zasize uhinduye uwari ukuriye urwego rwawo rushinzwe ubutasi. Amakuru ava imbere muri uyu mutwe BWIZA yamenye avuga ko mu cyumweru gishize ari bwo habaye inama ishyiraho abayobozi batandukanye, urwego rw’ubutasi rwari rusanzwe ruyobowe na Colonel John Imani Nzenze rwashyizwe […]

Ba Perezida Kagame na Bola Tinubu baganiriye ku gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare 

20260513 225327

Perezida Paul Kagame ku wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi, yakiriye mu biro bye mugenzi we Ahmed Bola Tinubu wa Nigeria, bagirana ibiganiro byibanze ku ngingo zirimo gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare. Perezida Tinubu ari mu bakuru b’ibihugu bari mu Rwanda, aho bitabiriye inama ihuza abayobozi b’ibigo by’ishoramari byo muri Afurika n’abandi bagira uruhare rukomeye […]

Ngororero: Umuganga watwikishije amazi yatuye umukozi we wo mu rugo yatawe muri yombi

IMG 20260513 195930 584

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi umugore wo mu murenge wa Gatumba w’akarere ka Ngororero usanzwe akora akazi k’ubuganga, nyuma yo gutwikishaga amazi ashyushye umukozi we wo mu rugo. RIB yemeje ko yamutaye muri yombi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, ikaba yavuze ko afungiye kuri Station yayo ya Gatumba. Amakuru avuga […]

U Rwanda mu bihugu 10 bya mbere byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bitumiza intwaro nyinshi

Gu 7DEXXkAEqI5m

Raporo y’Ikigo Mpuzamahanga gikora ubushakashatsi ku mahoro cya Stockholm International Peace Research Institute igaragaza ko n’ubwo iyinjizwa ry’intwaro muri Afurika ryagabanutseho 41%, ibihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bikomeje kongera ubushobozi bwa gisirikare binyuze mu kugura ibikoresho by’intambara bigezweho. Muri iyo raporo ishingiye ku mibare yo hagati ya 2021 na 2025, yashyize u Rwanda mu […]