Mozambique: Perezida Daniel Chapo yarahiye nyuma y’amatora atavugwaho rumwe

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Mutarama 2025, Daniel Chapo yarahiriye inshingano ze nka Perezida mushya wa Mozambique, mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje imyigaragambyo bamagana ibyavuye mu matora. Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Venancio Mondlane, wasubiye mu gihugu avuye mu buhungiro yijyanyemo mu gihe kitarenze icyumweru gishize, yari yasezeranyije “guhagarika umutima” igihugu mbere y’irahira rya […]
Romania: Umunyapolitiki arashinja NATO gushaka gukoresha igihugu cye mu gutangiza Intambara y’Isi

Calin Georgescu, umukandida ukomeye ku mwanya wa perezida muri Romania, yaburiye ko NATO ishaka gukoresha Romania nk ‘“umuryango w’Intambara” ya Gatatu y’Isi cyane cyane ibinyujije mu birindiro by’igisirikare cyo mu kirere bya Mihail Kogalniceanu byaguwe. Yagaragaje impungenge z’uko amakimbirane ashobora kwiyongera n’u Burusiya, cyane cyane ko NATO ikomeje kuhongera ingufu za gisirikare. Georgescu uzwiho ibitekerezo […]
FARDC irigamba kwirukana M23 ku gasozi k’ingenzi ka Nditi

Mu gihe kuri uyu wa Kabiri ushize umutwe wa M23 wemeje ko wigaruriye agace ka Ngungu, muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, ndetse ukica abasirikare benshi b’u Burundi, ku rundi ruhande FARDC irigamba kwirukana M23 mu bice bitandukanye. Urubuga TazamaRDC rukunze gutangaza inkuru zibogamiye kuri guverinoma, ruravuga ko nyuma y’isaha imwe y’imirwano ikaze yatangiye […]
Amerika: Biden agiye kuvana Cuba ku rutonde rwa leta zitera inkunga iterabwoba

Kuri uyu wa Gatatu, ubuyobozi bwa Biden bwatangaje ko buzavana Cuba ku rutonde rwa leta zitera inkunga iterabwoba (SST), ibyo bikaba bigiye guhindura icyemezo cyafashwe na Perezida Donald Trump mu 2021. Perezida wa Cuba, Miguel Diaz-Canel, yakurikiranye aya makuru anatangaza gahunda ya guverinoma ye yo kurekura imfungwa za politiki 553. Kiliziya Gatolika yari irimo gushyikirana […]
Koreya y’Epfo: Byarangiye Perezida Yoon Suk Yeol atawe muri yombi

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Mutarama 2025, abayobozi bo muri Koreya y’Epfo bataye muri yombi Perezida Yoon Suk Yeol, ubu urimo guhatwa ibibazo mu kigo gikora iperereza kuri ruswa kizwi nka CIO (Corruption Investigation Office). Yavuze ko yemeye guhatwa ibibazo “nubwo ari iperereza rinyuranyije n’amategeko, mu rwego rwo kurinda ko haba imeneka ry’amaraso riteye […]
Rubavu: Yafatiwe mu cyuho asunika moto acyekwaho kwiba

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Rubavu yafashe umusore w’imyaka 22, ucyekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa TVS Victor ayikuye mu rugo rwa nyirayo. Uyu musore yafatiwe mu mudugudu w’Umubano, akagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi, ku wa Mbere tariki ya 13 Mutarama, ahagana saa kumi z’urukerera. […]
Nigeria: Abaturage bagera kuri 40 biciwe mu gitero cya Boko Haram

Kuri iki Cyumweru gishize, abakekwaho kuba abarwanyi ba kisilamu bishe abahinzi 40 mu gitero cyagabwe ku baturage bo mu bwoko bwa Dumba mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Leta ya Borno, nk’uko umuyobozi mukuru muri iyi leta yabitangaje kuri uyu wa Mbere ushize. Bivugwa ko aba barwanyi ari abo mu mutwe witwaje intwaro wa Boko Haram na […]
Komanda wa UNMISS yasuye Ingabo z’u Rwanda muri Torit

Kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Mutarama 2025, Umuyobozi w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian, yasuye Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri Rwanbatt-1 mu birindiro bya Torit biherereye mu birometero 139 uvuye mu Mujyi wa Juba. Yakiriwe n’Umuyobozi w’Ingabo mu gice cy’amajyepfo, Brig Gen Dinesh Singh, ari kumwe n’umuyobozi w’ingabo zigize […]
Kampala: Batandatu biciwe mu gikorwa cyo kugerageza kwiba banki

Igipolisi cya Uganda cyaburijemo umugambi usa nk’ubwiyahuzi wo kwiba Banki ya Stanbic mu isoko rya Acacia Mall, kica abantu batandatu bakekwaho icyaha cyo kugerageza kwiba. Igipolisi cya Uganda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Mutarama 2025, cyari cyabanje gutangaza ko hishwe bane uwa gatanu wakomeretse bikomeye akaba yari afunzwe n’abapolisi mu bitaro […]
UAE: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Nigeria

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Mutarama 2025, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yabonanye na mugenzi we wa Nigeria, Perezida Bola Tinubu i Abu Dhabi, muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho bombi bitabiriye inama ya Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW). Kuri uyu wa Mbere, kimwe na mugenzi we, Perezida wa Nigeria yatangaje […]
Uganda: Besigye yashinjwe ikindi cyaha cyamucisha umutwe

Kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Mutarama abashinjacyaha ba gisirikare muri Uganda bongeye icyaha cy’ “ubuhemu”, gishobora guhanishwa igihano cy’urupfu, ku rutonde rw’ibyaha biregwa umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi Kiiza Besigye. Kiiza Besigye, umaze igihe atavuga rumwe na Perezida Yoweri Museveni, umaze imyaka hafi 40 ku butegetsi, yafatiwe mu gihugu cy’abaturanyi cya Kenya mu Gushyingo […]
Urukiko rwasabye ko Karasira ugisaba umwanya atangira kwiregura

Urukiko Rukuru mu Rwanda rwategetse ko Aimable Karasira Uzaramba atangira kwiregura ku byaha akurikiranyweho n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda, mu gihe abamwunganira bavuga ko bagikeneye igihe cyo gutegura. Kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Mutarama, Me Bruce Bikotwa na mugenzi we Felicien Gashema bunganira Karasira babwiye urukiko ko bamaze igihe gito cyane bemerewe kumwunganira. Bavuga ko bakunze […]
DIGP Sano yahaye impanuro abapolisi bitegura kujya mu butumwa muri Sudani y’Epfo

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano, kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2025, ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru yahaye impanuro abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS). Abahawe impanuro ni abapolisi 160 bagize itsinda RWAFPU3-7, rigizwe n’umubare munini w’abapolisikazi bayobowe na […]
Nigeria: Igisirikare cyatangiye iperereza nyuma yo kwicira abasivili 20 mu gitero cy’indege

Ingabo zirwanira mu kirere za Nigeria zavuze ko kuri uyu wa Mbere zatangiye iperereza nyuma y’amakuru avuga ko igitero cy’indege cya gisirikare gishobora kuba cyarahitanye abasivili bagera kuri 20 mu mpera z’icyumweru gishize. Ibi byabereye muri Leta ya Zamfara mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu, aho intagondwa n’imitwe y’inyeshyamba byafashe. Guverineri wa Zamfara, Sulaiman Bala Idris, yatangaje […]
Nyaruguru: Hari abamaze imyaka 3 bategereje ingurane barahebye

Mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Busanze, mu Ntara y’Amajyepfo hari abaturage basaamaze imyaka 3 bategereje ingurane y’imitungo yabo yangijwe ubwo hakorwaga umuyoboro w’amashanyarazi. Ni imiryango 355 itarishyurwa irimo kwishyuza arenga miliyoni 46 Frw. Aba baturage bo mu Kagali ka Nkâanda mu Murenge wa Busanze bavuga ko imyaka ibaye 3 bishyuza ingurane z’ibyabo byangijwe […]
Masisi: Ibirindiro bya M23 byaramukiye mu mvura y’amabombe

Amakuru aturuka ku nzego z’umutekano agera kuri KivuMorningPost aravuga ko imirwano ikomeye hagati y’inyeshyamba za M23 n’Ingabo za FARDC yakomereje mu duce dutandukanye two muri Teritwari ya Lubero. Muri Teritwari ya Masisi, iyi nkuru iravuga ibirindiro bya M23 birimo gusukwaho ibibombe n’indege z’intambara mu nkengero za Ngungu nk’ahitwa Nyaboro hafi y’ishuri rya Kisimba. Ku wa […]
Perezida wa Koreya y’Epfo wahagaritswe ku mirimo yongerewe umushahara

Perezida wahagaritswe ku mirimo ye wa Koreya y’Epfo, Yoon Suk Yeol, umushahara we wa buri mwaka wazamuwe nubwo aregwa kuba yarashyize igihugu mu bihe bidasanzwe nta mpamvu igihe gito nk’uko byatangajwe na guverinoma. Umushahara wa Yoon uziyongeraho 3% ugere kuri miliyoni 262.6 won ($ 179.000; ÂŁ 147,000), bijyanye n’ibipimo by’imishahara y’abayobozi ba leta nk’uko iyi […]
Myugariro w’Amavubi ari kurambagizwa na Dinamo Bucarest yo muri Romania

Ikipe ya Dinamo Bucharest yo muri Romania yazanye umukinnyi w’imbere, Alexandru Pop imukuye muri OČ›elul GalaČ›i none irimo gusoza n’ibijyanye na transfer ya myugariro w’Umunyarwanda wakinaga muri Latvia. Myugariro Dylan Georges-Francis w’imyaka 23 nta masezerano afite nyuma yo gukina mu cyiciro cya kabiri muri Latvia. Dylan Georges-Francis ari hafi kwimukira muri Dinamo Kuri ubu Dylan […]
Burundi: Umusaraba washyizwe aho Papa yasomeye Misa waburiwe irengero

Itangazo ryashyizweho umukono na Padiri Laurent Niciteretse , umuyobozi wa Seminari Nkuru yitiriwe Mutagatifu Yohani Pawulo wa Kabiri y’i Gitega rivuga ko umusaraba wari mu mbuga y’iyo Seminari wibwe n’abagizi ba nabi. Muri iryo tangazo , Padiri Laurent Niciteretse avuga ko abibye uwo musaraba kugeza ubu bataramenyekana ndetse anasaba Abakirisitu kugira uruhare mu gushakisha uwo […]
Ukraine yatangaje ko yiteguye gusubiza i Pyongyang abasirikare 2 ba Koreya ya Ruguru yafashe

Urwego rushinzwe umutekano muri Ukraine rwatangaje ku wa Gatandatu ko bafashe abasirikare babiri ba Koreya ya Ruguru bafatiwe mu Karere ka Kursk mu Burusiya kandi barimo kubazwa i Kyiv. Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yatangaje ko yiteguye gusubiza aba basirikare babiri ba Koreya ya Ruguru bafashwe i Pyongyang nabo bagahabwa imfungwa z’intambara z’Abanya-Ukraine zifungiwe mu […]
U Rwanda ruritegura kwakira inteko rusange ya 26 ya EAPCCO

U Rwanda ruritegura kwakira inteko rusange ngarukamwaka ya 26 y’Umuryango uhuza abayobozi bakuru ba Polisi mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO) izaba kuva tariki ya 26 kugeza ku ya 31 Mutarama 2025. Inteko rusange ya EAPCCO ni urubuga rwifashishwa mu gusuzuma no gukemura ibibazo rusange byugarije umutekano w’akarere, gusangira amakuru no kubaka ubushobozi mu bihugu bigize […]
M23 iracyarwanira Sake mu gihe iri kwerekeza i Goma

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 12 Mutarama 2025 umujyi ukomeye cyane wa Sake, wabayemo imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na FARDC n’abafatanyabikorwa bayo barimo Wazalendo, Abarundi, Abacanshuro n’abandi bamwe bagaragaye bahungira i Goma. Iri huriro rya FARDC ryaje kwitabaza indege za gisirikare za kajugujugu ariko kubwo kuyoborwa nabi kajugujugu ya mbere yarashe ibirindiro by’ingabo za […]
Los Angeles igiye kurimbuka! Ese koko ni Igihano cy’Imana?

Nibura abantu 16 bamaze gupfa kubera ko inkongi ebyiri nini z’Umuriro zibasiye Umujyi wa Los Angeles zikomeje kunanirana guhagarika. Ese koko ni igihano cy’Imana nyuma y’uko mu bihembo biherutse bya Gorden Globe 2025 bayubahutse ku mugaragaro? Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 11 Mutarama 2025, abantu barenga 153.000 basabwe kwimuka mu Karere ka Los Angeles. Abandi […]
Bugesera: Arashinjwa kwica umukobwa w’imyaka 17 nyuma yo kumusambanya

Ubushinjacyaha Ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo dosiye y’umugabo w’imyaka 47 wishe umwana w’umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko nyuma yo kumusambanya. Icyaha akurikiranyweho yagikoze ku itariki ya 15 Ukuboza 2024 mu mudugudu wa Rebero, akagari ka Rugando, umurenge wa Nyarugenge, mu Karere ka Bugesera nk’uko byatangajwe n’Ubushinjacyaha Bukuru. Biravugwa ko uwo munsi, […]
RDC: Imirwano hagati ya M23 na FARDC yaramukiye mu bice bikikije Goma

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 12 Mutarama 2025 imirwano yongeye gusubukurwa hagati y’inyeshyamba za M23 n’Ingabo za Congo zishyigikiwe na Wazalendo. Imirwano ikaze iravugwa ahantu habiri harimo Kibaya / Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo mu majyaruguru ya Goma no mu nkengero za Sake mu burengerazuba bwa Goma nk’uko amakuru agera kuri Kivu Morning Post avuga. […]
Ethiopia na Somalia byasubije umubano mu buryo nyuma y’igihe birebana ay’ingwe

Ku wa Gatandatu, itariki 11 Mutarama 2025, Ethiopia na Somaliya byavuguruye umubano ushingiye kuri dipolomasi mu ruzinduko rwa Perezida wa Somaliya, Hassan Sheik Mohamud i Addis Abeba. Mohamud na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed “bemeye kugarura no kuzamura umubano w’ibihugu byombi binyuze mu bahagarariye ibihugu byabo mu bihugu byombi.” Bombi bashimangiye ko umutekano w’akarere […]
Ingabo za Sudani zafashe umurwa mukuru wa Leta ya al-Jazirah

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 11 Mutarama 2025, Ingabo za Sudani zinjiye muri Wad Madani, umurwa mukuru wa Leta ya al-Jazirah uherereye mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Khartoum, uyu mujyi ukaba wari umaze umwaka urenga ugenzurwa n’Ingabo za Gen. Hemedti (RSF). Ku mbuga nkoranyambaga, videwo nyinshi zerekanye umunezero w’abatuye Wad Madani, umurwa mukuru wa Leta ya […]
Musanze: Ba ofisiye 45 basoje amahugurwa ku mikorere ya kinyamwuga n’ubuyobozi

Ku wa Gatanu tariki ya 10 Mutarama 2025, mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) mu Karere ka Musanze, habereye umuhango wo gusoza amahugurwa agamije kongerera ubumenyi abapolisi mu bijyanye n’imikorere ya kinyamwuga n’ubuyobozi (Police Tactical Command Course). Aya mahugurwa agenerwa abapolisi bo ku rwego rwa ba ofisiye bato abaye ku nshuro yayo ya […]
Bujumbura: Abakozi 3 muri perezidansi batawe muri yombi n’ubutasi

Jean Baptiste Baribonekeza, wahoze ari perezida wa komisiyo yigenga ishinzwe uburenganzira bwa muntu, CNIDH, Cyrille Sibomana, na Arcade Harerimana bakoraga mu biro bya perezida w’u Burundi, barashinjwa kuba “bararekuye imfungwa zafunzwe zizira gufata ku ngufu n’ubwicanyi mu rwego rw’imbabazi za perezida mu gihe izi mbabazi zitarebaga abakoze ibyaha nk’ibyo, Nk’uko iteka rya perezida ryashyizwe ahagaragara […]
Afurika y’Epfo: Abarundi 3 barashinjwa gushimuta no gusambanya umwana w’imyaka 14

Abarundi bagera kuri batatu, babiri bafite imyaka 30 n’undi ufite imyaka 24, bakurikiranyweho ibyaha bikomeye byo gushimuta, ubujura bukabije, gufata ku ngufu no kwambuza ikiboko mu gihugu cya Afurika y’Epfo. Umuvugizi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubushinjacyaha (NPA) muri Cape y’Iburengerazuba, Eric Ntabazalila, kuwa Gatatu yavuze ko gusaba kurekurwa by’agateganyo kw’aba bantui uko ari batatu byasubitswe. Ntabazalila […]
Ituri: Gen. Muhoozi yasuye Ingabo za UPDF ziri muri Operation Shujaa

Umugaba Mukuru w’Ingabo (CDF) za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yongeye gushimangira ko Uganda yiyemeje kurangiza Umutwe wa ADF mu ruzinduko rwo ku rwego rwo hejuru rwo gusura ingabo ze ziri muri Operation Shujaa mu burasirazuba bwa DRC. Iki gikorwa, gihuriweho n’Ingabo za Uganda (UPDF) n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), kigamije kurandura umutwe […]
Al Jazeera yambuwe uruhushya rwo gukorera muri RDC izira u Rwanda

Umuyoboro w’amakuru wa Al Jazeera wambuwe uburenganzira bwo gukorera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma yo kwanga kubogama mu nkuru itangaza ku bibera mu burasirazubwa bwa Congo igaha ijambo n’uruhande rwa AFC/M23 ruhanganye na Guverinoma ya Kinshasa. Iki cyemezo cyatangajwe na Minisitiri w’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, mu gitondo cyo kuri uyu […]
Pour la première fois, Kagame fait la lumière sur les pourparlers de Luanda reportés

Les dirigeants rĂ©gionaux ne doivent pas abandonner leurs efforts pour trouver une solution durable au problème du conflit sans fin dans l’est de la RDC. « Mais cela ne peut pas ĂŞtre comme d’habitude », a dĂ©clarĂ© le prĂ©sident Paul Kagame lors d’une confĂ©rence de presse Ă Kigali le jeudi 9 janvier. MalgrĂ© tous les […]
Perezida wa Pologne yasabye guverinoma kutazafata Netanyahu najya kwibuka Auschwitz

Perezida wa Pologne yasabye guverinoma kutazafata Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, hashingiwe ku cyemezo cya ICC, naramuka yinjiye muri iki gihugu. Perezida wa Pologne, ​​Andrzej Duda, yasabye guverinoma kureba niba Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ashobora kwitabira isabukuru y’imyaka 80 y”ibohozwa ry’inkambi y’urupfu ya Auschwitz-Birkenau adatinya gutabwa muri yombi. Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) […]
Ukraine irigamba guhanura drones hafi 50 z’u Burusiya

Kuri uyu wa Kane, itariki 9 Mutarama 2025, Igisirikare cya Ukraine cyatangaje ko cyahanuye drone 46 muri 70, Ingabo z’u Burusiya zakoresheje mu bitero byibasiye uduce two hagati no mu burasirazuba bwa Ukraine. Ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine, zavuze ko ibisate by’utwo tudege tutagira abaderevu twahanuwe, byangije amazu mu bice bya Cherkasy, Kharkiv na […]
Kamonyi: Batandatu bafatiwe mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Kamonyi mu bikorwa bitandukanye yafatiye mu cyuho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Mutarama, abantu batandatu bari mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo; Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye yavuze ko bafatiwe ahantu habiri hatandukanye biturutse […]
Gasabo: Uwishe umugore we amutemesheje umuhoro yahamijwe icyaha

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije icyaha cy’ubwicanyi umugabo wishe umugore we amutemesheje umuhoro. Isomwa ry’uru rubanza ryabereye mu ruhame imbere y’abaturage aho icyaha cyakorewe mu murenge wa Musenyi, mu Karere ka Bugesera. Icyaha uregwa akurikiranyweho yagikoze ku itariki ya 16/10/204 ubwo yagiranaga amakimbirane n’umugore we nyuma yo kumwaka amafaranga 120,000Frw yari yaramubikije umugore akayamwima, yarangiza […]
Thomas Lubanga wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba yaba ari gukorana na AFC/M23 – Raporo

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yasohotse kuri uyu wa Gatatu, itariki 8 Mutarama 2025, iragaragaza ko Thomas Lubanga Dyilo wahoze ayobora imitwe yitwara gisirikare muri Ituri akaba yarahamijwe ibyaha by’intambara n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) mbere yo kurekurwa mu 2020, yamaze kwinjira mu mutwe wa Zaire / ADCVI no koroshya ubufatanye bwawo n’Ihuriro AFC. Nk’uko impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, […]
Mozambique: Impungenge ni zose nyuma yo gutaha kwa Mondlane wemeza ko ari we watsinze amatora

Kuri uyu wa Kane, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Mozambique, Venancio Mondlane, yagarutse mu gihugu avuye mu buhungiro, aho abantu ibihumbi bateraniye ku Kibuga cy’indege cya Maputo bagiye kumwakira. Mondlane yavuze ko noneho agiye gushyira ingufu mu kwemeza ko ari we watsinze by’ukuri amatora y’umukuru w’igihugu yo ku wa 9 Ukwakira, avuga ko yibwe amajwi […]
Ibyamamare nka Paris Hilton mu batakaje inzu mu nkongi yibasiye Los Angeles

Billy Crystal na Paris Hilton bari mu byamamare byabuze amazu mu nkongi z’umuriro zibasiye Los Angeles mu Burengerazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amazu arenga 1.000 yarahiye arakongoka kubera ko inkongi esheshatu zitandukanye mu mujyi no mu nkengero zawo, zibatsemo inzu z’ibitangaza z’ibyamamare muri Hollywood. Kamwe mu duce twibasiwe cyane n’iyi nkongi cyane ni […]
Muhanga: Umusore w’imyaka 22 akurikiranweho kwica umuntu amutemye

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umusore w’imyaka 22 y’amavuko wishe umugabo w’imyaka 24 amutemesheje umuhoro. Icyaha akurikiranyweho yagikoze ku itariki ya 22 Ukuboza mu Mudugudu wa Gisizi, akagari ka Kirwa, umurenge wa Kayenzi, mu Karere ka Kamonyi nk’uko Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga. Mu ibazwa, uregwa yemeye icyaha; avuga ko kuri uwo […]
U Bufaransa bwaburiye Donald Trump ushaka kwigarurira Greenland

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 8 Mutarama 2025, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noel Barrot, yihanangirije Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump, amusaba kwirinda gutera ubwoba “imipaka yigenga.” Iki gitekerezo cya Barrot kije nyuma y’uko Trump yanze gukuraho ko ashobora gukoresha igisirikare mu kwigarurira Greenland, agace kigenga k’igihugu kibarizwa mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, […]
Ifaranga ry’u Rwanda mu yataye agaciro cyane mu 2024 muri Afurika

Ifaranga rya Nigeria (naira), irya Malawi (kwacha) hamwe n’ifaranga y’u Rwanda (RWF) yashyizwe ku rutonde rw’amafaranga ya Afurika yitwaye nabi kurusha ayandi imbere y’amadorari ya Amerika mu 2024, nk’uko raporo iheruka kubigaragaza, kubera ko yahuye n’ibibazo byinshi, uhereye ku busumbane bukabije mu bucuruzi, izamuka rikabije ry’ibiciro, kugabanuka kw’amafaranga y’amahanga. Izindi nzitizi ifaranga rya Afurika rihura […]
Amerika yashinje RSF gukora jenoside inafatira ibihano umuyobozi wayo

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 7 Mutarama 2025, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeje ko abarwanyi b’umutwe wa Rapid Support Forces n’abafatanyabikorwa babo muri Sudani bakoze jenoside kandi zifatira ibihano umuyobozi w’uyu mutwe amakimbirane amaze guhitana abantu ibihumbi mirongo kandi avana amamiliyoni mu byabo. Iki cyemezo ngo kibangamiye uburyo RSF yageragezaga kweza isura yayo no […]
Amnesty International yasabye Tshisekedi guhagarika iyicwa ry’aba Kuluna 170

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Amnesty International urasaba Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo guhagarika iyicwa ry’insoresore zayogoje Umujyi wa Kinshasa mu bikorwa by’ubujura, urugomo n’ubwicanyi. Umuryango Amnesty International mu itangazo washyize ahagaragara ku wa Kabiri, itariki ya 7 Mutarama, wagize uti: “Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo agomba guhagarika […]
Goma: Ifatwa rya Masisi ryatumye ibiciro ku masoko bitumbagira bidasanzwe

Ifatwa rya Masisi ryatumye ku masoko atandukanye yo Mujyi wa Goma ibiciro by’ibiribwa bihaturuka bitumbagira bidasanzwe mu gihe Masisi, izwi kuba ari iyo iza ku isonga mu buhinzi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu bihingwa nk’ibitoki, ibirayi, n’ibigori. Bamwe mu bacuruzi bo mu isoko rya Alanine rimwe mu manini acuruza ibyo kurya biturutse muri Teritwari […]
Abayoboke ba Ingabire bari kuburana bikomye mugenzi wabo wabavuyemo

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 06 Mutarama 2025, Urukiko Rukuru mu Rwanda, urugereko rwa Kigali rwakomeje kumva imyiregurire y’abayoboke b’ishyaka DALFA Umulinzi ry’umunyapolitiki Victoire Ingabire Umuhoza utavuga rumwe n’ubutegetsi. Mu kwiregura habayeho kwikoma uwitwa Boniface Nzabandora. Uyu na we wemezaga ko yari mu bayoboke b’iri shyaka ritaremerwa mu mategeko, ni we shingiro ry’ikirego cyose. Abaregwa […]
Uganda: Kiliziya yanze gusengera Lt. Ariho wa UPDF uherutse gupfa yiyahuye

Umurambo wa Lt. Amon Ariho, umusirikare w’ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF) wiyambuye ubuzima mu cyumweru gishize, yashyinguwe mu muhango wabereye mu isambu ya ba sekuruza be mu Kagari ka Mwanjari, Paruwasi ya Kibanda, mu Murenge wa Kamwezi, mu Karere ka Rukiga. Umurambo wa Lt. Ariho, wakoraga muri Brigade y’Ubwubatsi ya UPDF, bivugwa ko yerekeje i […]
Amerika yasabye M23 guhita ihagarika imirwano no kubahiriza agahenge

Kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 6 Mutarama 2025, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye icyo zise “guhonyora bikabije ihagarikwa ry’imirwano” muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kw’inyeshyamba za M23 zafashe Umujyi wa Masisi-Centre, umujyi ukomeye mu burasirazuba bw’igihugu. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Matthew Miller yagize ati: “Iterambere rikomeje gukorwa na M23, harimo […]
U Burusiya buravuga ko bwafashe Umujyi wa Kurakhove wo muri Donetsk

U Burusiya buravuga ko ingabo zabwo zafashe Umujyi wa Kurakhove uri mu burasirazuba bwa Ukraine mu karere ka Donetsk. Uyu mujyi wahuye n’iterambere ry’ingabo z’u Burusiya mu mezi ashize kandi ni inzira igana mu mu mujyi w’ingenzi wa Pokrovsk. Ukraine ntiyigeze yemera ifatwa rya Kurakhove, umujyi uri ku birometero 35 mu majyepfo ya Pokrovsk nk’uko […]
Gen. Masunzu yatangiye imirimo ku mugaragaro yizeza guhangana na RDF na Twirwaneho

Lt. Gen. Pacifique Masunzu, uherutse kugirwa Komanda wa zone ya 3 y’ubwirinzi mu Gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere, itariki 6 Mutarama 2025, yatangiye imirimo ye ku mugaragaro nyuma yo guhererekanya ububasha n’uwo yasimbuye mu muhango wabereye i Kisangani witabiriwe na ba komanda bose b’imitwe y’ingenzi. Lt. Gen. Masunzu ugiye […]
Gen. Tshiwewe yahererekanyije ububasha n’Umugaba Mukuru mushya wa FARDC

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 6 Mutarama, mu kigo cya gisirikare cya Kokolo, i Kinshasa, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, habaye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Gen, Christian Tshiwewe Songesha wari umaze imyaka 2 ari Umugaba Mukuru wa FARDCÂ na Lieutenant General Jules Banza Mwilambwe wamusimbuye ku itariki ya 16 Ukuboza 2024. Mw’ijambo rye […]
Amerika yashinje u Burusiya gutera inkunga impande zombi zirwana muri Sudani

Kuri uyu wa Mbere ushize, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje u Burusiya mu Muryango w’Abibumbye gutera inkunga impande zombi zirwana muri Sudani, iyi ikaba ari intambwe ishimangira ibyo Washington yari yavuze mbere ko Moscou ikina ku mpande zombi mu makimbirane kugira ngo igere ku ntego zayo za politiki. Intambara yadutse muri Mata 2023 kubera […]
Umugabo n’umugore we bishe abana babo nabo bariyahura

Umugabo witwa Anup Kumar w’imyaka 38 n’umugore we Rahki w’imyaka 35, bari batuye ahitwa Bengaluru mu Gihugu cy’u Buhinde bishe abana babo bakoresheje uburozi nabo bahita biyahura barapfa. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Mutarma 2025 ,nibwo abakozi bakoreraga Anupa na RAshiki imirimo yo kubatekera n’abitaga kuri abo bana aribo batanze amakuru nyuma yo […]
Gasabo: Uwari ukurikiranweho kwica umugore we yahamijwe icyaha

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo mu mpera z’icyumweru gishize rwasomye urubanza ruregwamo umugabo wishe umugore we amutemesheje umuhoro. Isomwa ry’uru rubanza ryabereye mu ruhame imbere y’abaturage aho icyaha cyakorewe mu Murenge wa Musenyi, mu Karere ka Bugesera nk’uko inkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga. Icyaha uregwa yari akurikiranweho yagikoze ku itariki ya 16/10/204 ubwo yagiranaga amakimbirane n’umugore […]
Nyabihu: Bahangayikishijwe n’inyamanswa batazi ikomeje kubicira amatungo

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Jenda mu kagari ka Nyirakigugu mu Karere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba bavuga ko batewe impungenge n’imyamaswa batazi ubwoko bwayo iherutse kuza kurya amatungo arimo n’inka yongeye kugaruka muri ako gace. Aba baturage ngo abaheruka kubona ubugome bw’iyi nyamaswa nibo bavuga uko yica bakanavuga ko bwari ubwambere bari […]
Sarkozy yatangiye kuburana ku mafaranga ya Kadhafi yakoresheje yiyamamaza

Kuri uyu wa Mbere, urubanza rw’uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, Nicolas Sarkozy, rwatangiye. Uwahoze ari umuyobozi arashinjwa kwakira amafaranga yatanzwe na guverinoma y’uwahoze ari Umuyobozi wa Libya, nyakwigendera Moammar Kadhafi, yakoresheje mu kwiyamamariza kuba perezida mu 2007. Mu byaha aregwa Sarkozy harimo ruswa itemewe, gutera inkunga ibikorwa byo kwiyamamaza mu buryo butemewe n’amategeko, kunyereza umutungo […]
Umuforomo Ayishakiye wo ku Kigo Nderabuzima cya Rusayo yishwe na FARDC

Mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 6 Mutarama 2025, abantu bitwaje intwaro bambaye impuzankano za FARDC bishe barashe umuganga wo ku Kigo Nderabuzima cya Rusayo, muri Teritwari ya Nyiragongo, hafi y’Umujyi wa Goma. Nk’uko bitangazwa n’abatangabuhamya, ngo abagabo bitwaje intwaro bambaye impuzankano za FARDC barashe begereye Ayishakiye Daniel kuri iki […]
Hamas yagaragaje urutonde rw’imbohe 34 yiteguye kurekura mu masezerano na Israel

Umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas yasangije BBC urutonde rw’imbohe 34 zafashwe bugwate n’uyu mutwe w’Abanyapalestine uvuga ko witeguye kurekura mu cyiciro cya mbere cy’amasezerano ashobora guhagarika imirwano na Israel. Gusa, ntihazwi neza umubare w’abo Hamas yagaragaje ku rutonde bakiriho. Muri bo harimo abagore 10 n’abagabo bakuru 11 bafashwe bugwate bafite hagati y’imyaka 50 na […]
USA: Umwanditsi wa Filimi yapfuye yiyahuye

Ibizamini byafashwe n’abaganga mu mujyi wa Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, byagaragaje ko Jeff Baena wari ufite imyaka 47, wamamaye muri Hollywood yapfuye kuwa Gatanu Tariki ya 3 Mutarama, yiyahuye. Uyu mugabo yamenyekanye mu kwandika filimi ndetse akanaba umuyobozi wa filimi zakinwe n’ibyamamare muri Hollywood ndetse akaba yaranashakanye n’umukinnyi wa Filimi witwa Aubrey […]