Perezida Trump yakuye Amerika mu Kanama k’Uburenganzira bwa Muntu asaba Loni kwisubiraho

CJSQHB7HOFNWRDZ42O24EOLTEE

Kuri uyu wa kabiri, itariki 4 Gashyantare 2025, Perezida Donald Trump yashyize umukono ku iteka ryo gukura Amerika mu Kanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu (UNHRC) k’Umuryango w’Abibumbye. Iri teka kandi ririmo gusubiramo isuzuma ry’inkunga za Amerika mu Muryango w’Abibumbye. Ni iki kindi kiri muri iri teka? Trump yategetse kandi Amerika kuva mu Kigo cy’Umuryango w’Abibumbye […]

Uganda yohereje izindi ngabo ibihumbi mu Burasirazuba bwa Congo

Operators From Ugandas Elite Special Forces Command

Uganda yongereyeye ingabo zayo mu burasirazuba bwa Congo, aho yohereje izindi ngabo 1.000-2000 hafi y’akarere M23 igenzura. Uganda yongereye ku buryo bugaragara ingabo zayo mu burasirazuba bwa Congo, yohereza abandi basirikare bari hagati ya 1.000 na 2000 mu cyumweru gishize mu rwego rwa Operation Shujaa, ubutumwa ifatanije n’Ingabo za Congo. Amakuru aturuka mu badipolomate no […]

Trump yiyemeje kwigarurira Gaza, Abanyapalestina bagatuzwa ahandi

trump10

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko Amerika “izigarurira” kandi “ikayigira iyayo” Gaza nyuma yo gutuza Abanyapalestine ahandi muri gahunda idasanzwe yo kuvugurura ibintu yavuze ko ishobora guhindura ako gace “Riviera yo mu Burasirazuba bwo Hagati”. Perezida Trump yatangaje izo ngamba nshya z’igihugu cye mu Burasirazuba bwo Hagati, ariko adatanze ibisobanuro […]

Norvege: Stoltenberg wari Umunyamabanga Mukuru wa NATO yagizwe minisitiri w’imari

Jens Stoltenberg scaled 1

Jens Stoltenberg wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa NATO, azagaruka mu buryo butunguranye muri politiki ya Norvege nka minisitiri w’imari, kubera ko iki gihugu gihangayikishijwe n’intambara y’ubucuruzi mpuzamahanga ishobora kwaduka ndetse nyuma y’iminsi mike ihuriro riri ku butegetsi ricitsemo ibice. Stoltenberg, mbere yo kwinjira muri NATO wabaye Minisitiri w’Intebe wa Norvege imyaka icyenda, yagize ati: “Nishimiye […]

El Salvador yemeye kwakira inkozi z’ibibi ziri muri gereza zo muri Amerika

ice deports los angeles area gang member wanted for murder in el salvador 7df511

Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, aravuga ko El Salvador yemeye gufata “inkozi z’ibibi” zifungiye muri gereza z’Abanyamerika, harimo n’abafite ubwenegihugu bwa Amerika. Nyuma yo guhura na Perezida Nayib Bukele mu ruzinduko muri iki gihugu cyo muri Amerika yo Hagati, Rubio yavuze ko Amerika “ishimira byimazeyo”, yongeraho ko “nta gihugu […]

Ntabwo tuzongera kuba abacakara b’u Rwanda – Jean-Pierre Bemba

Gi44sUUWsAEMl69

Minisitiri w’ubwikorezi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jean-Pierre Bemba,kuri uyu wa Mbere ushize yari Kisangani mu murwa mukuru w’Intara ya Tshopo aho yavugiye imbwirwaruhame ikakaye yibasira u Rwanda na Uganda asaba urubyiruko kwitegura intambara. Ni kuri uyu wa Mbere, itariki ya 3 Gashyantare 2025 i Kisangani aho yabwiye abaturage ko azi ubushake n’imbaraga zabo […]

Kinshasa: Harategurwa inama yihutirwa yo kwiga ku kibazo cy’umutekano nyuma y’ifatwa rya Goma

66da150c04db4

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 3 Gashyantare, abaperezida b’Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, Vital Kamerhe, na Jean-Michel Sama Lukonde, baherekejwe n’abavugizi babo, baganiriye ku itegurwa ry’inama idasanzwe y’Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo basuzume uko umutekano uhagaze mu burasirazuba bw’igihugu, cyane cyane nyuma yo kwigarurira umujyi wa Goma, umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Kwa […]

Umuyobozi mukuru muri Islamic State yafatiwe muri Puntland

laahoor 1200x675 1

Ku wa Mbere, itariki 4 Gashyantare 2025, umuyobozi mukuru w’ishami rya Leta ya Kisilamu muri Somaliya yafashwe, nkuko byatangajwe n’abapolisi, n’ibitangazamakuru bya Leta nyuma yiminsi ibiri ubuyobozi bwa IS bwibasiwe n’ibitero by’indege bya Amerika kandi mu gihe inzego z’umutekano zikomeje ibitero bimaze icyumweru. Mu myaka mike ishize, ishami rya Leta ya Kisilamu muri Somaliya ryabaye […]

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rwakora icyo ari cyo cyose kugirango rwirinde

Gi38FhtXsAEK H0

“Hariho ibintu byinshi ntazi. Ariko niba ushaka kumbaza, niba hari ikibazo muri Congo kireba u Rwanda? Kandi niba u Rwanda rwakora icyo ari cyo cyose kugirango rwirinde? Navuga 100%”, ibi ni bimwe mu byatangajwe na Perezida Kagame mu kiganiro cyihariye yagiranye n’umunyamakuru wa CNN, Larry Madowo, ubwo yabazwaga niba koko u Rwanda rufite ingabo muri […]

Nyuma yo gukubitwa na M23 basanga Igisirikare cya Afurika y’Epfo gikwiye kongera gutyazwa

maxresdefault 1

Urupfu rw’abasirikare ba Afurika y’Epfo bari mu butumwa bw’Umuryango w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) rwateje impaka zikomeye ku bijyanye no kohereza Ingabo z’igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) hariya hantu. Bamwe, harimo n’amashyaka ya politiki, bibajije niba abo basirikare baratojwe bihagije, bafite ibikoresho kandi bashyigikiwe. Lindy Heinecken yamaze imyaka […]

Afurika y’Epfo yahaye Taiwan igihe ntarengwa cyo kuvana ambasade yayo i Pretoria

38c918ef de6d 415e aefe 77df89d32686

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Taiwan yavuze ko Guverinoma ya Afurika y’Epfo yahaye Taiwan igihe ntarengwa cy’impera za Werurwe cyo kwimurira ambasade y’icyo kirwa hanze y’umurwa mukuru, Pretoria. Afurika y’Epfo yahagaritse umubano w’ububanyi n’amahanga na Taiwan mu 1997 kandi ikomeza kugirana umubano ukomeye kandi wa hafi n’u Bushinwa, bubona ko iki kirwa kiyobora kandi muri demokarasi […]

Nyuma yo gukubitwa na M23 basanga Igisirikare cya Afurika y’Epfo gikwiye kongera gutyazwa

Urupfu rw’abasirikare ba Afurika y’Epfo bari mu butumwa bw’Umuryango w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) rwateje impaka zikomeye ku bijyanye no kohereza Ingabo z’igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) hariya hantu. Bamwe, harimo n’amashyaka ya politiki, bibajije niba abo basirikare baratojwe bihagije, bafite ibikoresho kandi bashyigikiwe. Lindy Heinecken yamaze imyaka […]

USAID ni agatsiko k’abagizi ba nabi – Elon Musk

Abayobozi bakuru b’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga, USAID, bashyizwe mu kiruhuko nyuma yo kugerageza kubuza Ikigo gishya gishinzwe gukurikirana imikorere ya guverinoma, DOGE (Department of Government Efficiency) kwinjira muri sisitemu yayo. Umuherwe Elon Musk ukuriye DOGE, we adaciye ku ruhande yagize ati: “USAID ni agatsiko k’abagizi ba nabi.” Abayobozi babiri […]

U Rwanda rurateganya kuzaba rwaranduye kanseri y’inkondo y’umura mu 2027

GiuSdMRW8AAJPy0

Minisitiri w’ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yemeje ko u Rwanda rwiyemeje kurandura kanseri y’inkondo y’umura mu 2027, Imyaka itatu mbere y’intego Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryihaye yo kuba yaranduye iyi kanseri ku Isi mu 2030. Nsanzimana yashimangiye ko iyi ntego izagerwaho hifashishijwe imbaraga rusange. Kanseri y’inkondo y’umura ikomeje kuba imwe mu mpamvu zitera […]

Rwamagana:Urubyiruko rwasabwe kwirinda ibikorwa by’urukozasoni

6dabc98f 04ee 4d54 9c9b 13660c4fdf15

Abayobozi barimo Depite Nyirabazayire Angelique na Meya Mbonyumuvunyi Radjab mu butumwa bagejeje ku baturage bitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi w’Intwari y’Igihugu wabere mu Murenge wa Kigabiro ku rwego rw’Akarere Rwamagana,basabye urubyiruko kwirinda imyitwarire n’imyifatire bibaganisha ku bugwari ndetse no guca ukubiri n’ibikorwa by’urukozasoni. Urubyiruko rwitabiriye umunsi w’Intwari y’Igihugu rwabwiye Bwiza.com ko umunsi w’Intwari z’Igihugu bawigiramo […]

Abawazalendo bagerageje gutera Bukavu ntibyabahira

000 36YA9JL

Kuri uyu wa Mbere, itariki 3 Werurwe 2025, inyeshyamba za Wazalendo zagerageje gufata agace mu Mujyi wa Bukavu ariko ngo ntibyazihira kuko zasanze AFC/M23 iri maso. Amakuru atandukanye agaragara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko uyu wa Mbere mu Mujyi wa Bukavu haramukiye urusaku rw’amasasu. Bivugwa ko inyeshyamba za Wazalendo zari yageze ahitwa  kuri CampTV!. Aya […]

Usibye gutsinda M23 ibimenyetso byafatiwe i Goma byerekana ko intego yari no gutera u Rwanda.

000 36WK7AL

Ibimenyetso byavumbuwe mu Mujyi wa Goma nyuma yo kwigarurirwa na M23, ngo birerekana ko umugambi w’ihuriro ry’ingabo zishyigikiye Leta ya Kinshasa wari ugukubita inshuro M23 ndetse urugamba rugakomereza mu Rwanda nk’uko bigaragara mu itangazo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yashyize ahagaragara kuri iki Cyumweru yamagana itangazo ry’inama ya SADC. U Rwanda rwateye utwatsi ibirego bishinja […]

Umuryango w’Abibumbye uremeza ko nyuma y’ifatwa rya Goma hatahiwe Bukavu

whatsapp image 2021 10 21 at 05.37.041 0 0

Jean Pierre Lacroix ukuriye ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye, aremeza ko inyeshyamba za M23 zigenda zerekeza mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu Mujyi wa Bukavu, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Epfonyuma yo kwigarurira Umujyi wa Goma mu mpera z’ukwezi gushize. Avugana n’abanyamakuru kuwa Gatanu, uyu muyobozi yavuze ko hari […]

Igipolisi cy’u Rwanda cyitabiriye UAE SWAT Challenge 2025 iba ku nshuro ya gatandatu

Screenshot 2025 02 02 084357

Irushanwa mpuzamahanga ry’imitwe ya polisi idasanzwe  rya “UAE SWAT Challenge”, ribaye ku nshuro ya gatandatu ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 1 kugeza ku ya 5 Gashyantare 2025, ryitezweho kuba rinini cyane kurusha iyandi kuva ryatangira mu 2019. Igipolisi cy’u Rwanda, hamwe n’amakipe abiri y’indobanure, nacyo cyitabiriye ku nshuro ya gatandatu UAE SWAT Challenge […]

Sudani: Igitero cya bombe mu isoko rya Omdourman cyahitanye 54 abandi barakomereka

2024 12 10t175720z 1955153472 rc2hmbahy3gh rtrmadp 3 sudan politics

Isoko ryo mu Karere ka Omdourman, mu nkengero za Khartoum muri Sudani, ryibasiwe n’ibisasu ku wa Gatandatu, itariki ya 1 Gashyantare. Minisiteri y’ubuzima ivuga ko iki gitero cyagabwe n’ingabo za Rapid Support Forces cyahitanye abantu 54 abandi 158 barakomereka, bitera ubwoba mu bitaro bimwe bikibasha gukora muri uyu mujyi. Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga ku […]

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bifatanyije n’abaturage ba Santrafurika mu muganda rusange

WhatsApp Image 2025 02 01 at 15.44.41 273f6aad

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Gashyantare 2025, abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU1-10 riri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika, bifatanyije n’abaturage mu gikorwa cy’umuganda rusange. Ni umuganda wakorewe muri arrondissement ya 5, imwe mu zigize umujyi wa Bangui, ari nawo murwa mukuru wa Santrafurika, […]

Rusizi: Abanyeshuri 2 bakurikiranweho kugerageza kuroga bagenzi babo

DgHOh13d4e

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Rusizi bwakiriye dosiye iregwamo abanyeshuri 2 bashatse kuroga bagenzi babo bakoresheje umuti wica imbeba bagasobanura ko babitewe nuko bashakaga kubihimuraho ngo kuko nabo babanga bakanababwira amagambo abasesereza. Icyaha cyakozwe ku itariki ya 24 Mutarama 2025, ubwo abanyeshuri babiri, umukobwa w’imyaka 20 n’undi w’imyaka 21 biga mu mwaka wa gatandatu mu […]

Israel yarekuye imfungwa 110 z’Abanyapalestine

2025 01 30T185852Z 1707300239 RC2GKCA9D402 RTRMADP 3 ISRAEL PALESTINIANS GAZA CEASEFIRE 1738280309

Israel yari yaratindije igikorwa cyo kurekura imbohe mu rwego rwo kwamagana uburyo abantu barindwi bari barafashwe bugwate na Hamas bafashwe igihe bashyikirizwaga abakozi ba Croix-Rouge muri Khan Younis. Israel ikaba yarekuye imfungwa 110 z’Abanyapalestine ngo nayo ihabwe imbohe umunani zifunzwe na Hamas, ku nshuro ya gatatu yo kugurana imbohe kuva amasezerano yo guhagarika imirwano muri […]

Uko Igisirikare cya Afurika y’Epfo kigiraga umurinzi wa Afurika cyasebejwe n’inyeshyamba

2570de0fc3ee4476b1530eacc012291c

Afurika y’Epfo ikunze gukoresha ubuhangange bwayo muri dipolomasi mu kwigira umurinzi wa Afurika ku rwego rw’Isi, ariko impfu z’abasirikare bayo 13 mu burasirazuba bwa Congo zerekanye ko idashobora kugaragaza igitinyiro no mu gikari cyayo. Guverinoma ya Perezida Cyril Ramaphosa yashatse kugerageza ubuhangange bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ifata icyemezo gikomeye cyo kurwanya ibikorwa bya […]

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa i Kigali nyuma ya Kinshasa

temp medias 688180

Umunyamakuru wa AFP yavuze ko umuyobozi wa diplomasi y’u Bufaransa, Jean-NoĂ«l Barrot, yageze i Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda, kuri uyu wa Kane, itariki 30 Mutarama 2025, kugira ngo aganire na Perezida Paul Kagame ku kibazo kiri mu burasirazuba bwa DRC, nyuma yo guca muri i Kinshasa akaganira na Tshisekedi. Minisitiri w’Uburayi n’ububanyi n’amahanga w’u […]

Gasabo: Umusore w’imyaka 24 arashinjwa gusambanya abana 6 bato

DuYxAnRW4AAAnJ1 1

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo, bwakiriye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 24 y’amavuko wasambanyije abana batandatu, abahungu bane n’abakobwa babiri. Abana basambanyijwe bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 6 na 12, akaba yarabasambanyije mu bihe bitandukanye kuva mu kwezi kwa Werurwe kugeza mu kwezi ku Ugushyingo 2024 nk’uko bitangazwa n’Ubushinjacyaha Bukuru. Uregwa yemera icyaha, […]

Harare: Harateranira inama idasanzwe y’abayobozi ba SADC ku kibazo cya RDC

HOS photos

Mu gihe Umuryango w’iterambere ry’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) wohereje ingabo z’amahanga zigizwe n’abasirikare bo muri Afurika y’Epfo, Tanzaniya na Malawi mu burasirazuba bwa DRC, hateganijwe inama idasanzwe y’abakuru b’uyu muryango kuri uyu wa Gatanu, itariki 31 Mutarama i Harare, muri Zimbabwe, kugira ngo baganire uko ibintu byifashe muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo. Mu […]

EAPCCO: Abitabiriye irushanwa SWAT Challenge bashimiwe umuhate no gukorera hamwe bagaragaje

csm WhatsApp Image 2025 01 30 at 21.18.58 de5d9407 e3c28f8d54

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), akaba n’umuyobozi mukuru w’umuryango wa EAPCCO, CG Felix Namuhoranye, kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Mutarama 2025, yayoboye umuhango wo gusoza irushanwa rimaze iminsi ibiri rihuza amakipe yatoranyijwe mu Karere, afite ubumenyi bwihariye bwo gukoresha intwaro na tekiniki mu guhangana n’ibihungabanya umutekano (EAPCCO SWAT Challenge). Ni umuhango […]

Ngoma: Arashinjwa gutema umuntu amuhoye kumusanga mu rugo rw’umugore babana

csm Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa NGOMA d3daf939d8

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Ngoma bwaregeye Urukiko ikirego cy’umugabo wagerageje kwica mugenzi we amutemesheje umuhoro amuhora ko amusanze mu rugo rw’umugore bari bamaze icyumweru babana yaje gusaba amazi yo kunywa.  Icyaha akurikiranyweho yagikoze ku itariki ya 16 Mutarama 2025 mu mudugudu wa Kivogo, akagari ka Nyakagezi, umurenge wa Gahara, mu karere ka Kirehe nk’uko […]

 U Bwongereza bwaburiye u Rwanda rukomeje gushinjwa gufasha M23

shutterstock 2517613625

 U Bwongereza bwaburiye u Rwanda buvuga ko uruhare rwarwo mu ntambara ikomeje kubera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rushobora guhungabanya inkunga irenga miliyari imwe y’amadorari ruhabwa buri mwaka. Ku wa Mbere, inyeshyamba za M23 bavuga ko zishyigikiwe n’u Rwanda, nubwo rwakomeje kubihakana, zafashe Goma, umujyi utuwe na miliyoni 2 muri RDC, nyuma y’uko impande […]

EAPCCO: Hatangijwe irushanwa rihuza imitwe ya Polisi yihariye mu gukoresha intwaro

csm WhatsApp Image 2025 01 29 at 21.59.14 25f6afda 8fe92b24c3

Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda (DIGP), ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Mutarama, yatangije ku mugaragaro irushanwa rihuza  imitwe ya Polisi mu bihugu bigize umuryango wa EAPCCO, rijyanye no kugaragaza imyiteguro mu guhangana n’ibihungabanya umutekano hifashishijwe intwaro na tekiniki (SWAT Challenge). Ni umuhango wabereye mu […]

Perezida Tshisekedi yijeje igisubizo gikakaye nyuma y’ifatwa rya Goma

MESSAGE DU CHEF DE LETAT A LA NATION 10 55 screenshot 1

Ku nshuro ya mbere Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yagize icyo avuga kuva ibitero by’inyeshyamba za M23 byafata intera mu minsi ishize mu burasirazuba bw’igihugu, zigafata Umujyi wa Goma. Umunyamakuru wa RFI i Kinshasa, Patient Ligodi, avuga ko mu ijambo rigenewe abanyagihugu, Perezida wa Tshisekedi yatangaje ko ibyo “bitero ari icyaha ku mateka […]

Ngoma: Akurikiranweho gusambanya umwana we akanamutera inda

ngoma 2

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Ngoma bwaregeye Urukiko ikirego cy’ umugabo wasambanyije umwana we w’umukobwa w’ imyaka 16. Icyaha akurikiranyweho yagikoze mu kwezi kwa Kamena 2024 mu mudugudu w’umunini, Akagali ka Kanyangese, Umurenge wa Gahengeri, Akarere ka Rwamagana. Kubera ko nyina w’uyu mwaka yari yarashatse undi mugabo, uregwa yasambanyije uyu mwana inshuro nyinshi bigera naho […]

Sudani y’Epfo: Impanuka y’indege yahitanye 20 harokoka 1

78944940 de62 11ef 9863 c1cbabfba6e7

Minisitiri w’itangazamakuru muri Leta ya Unity, Gatwech Bipal, yatangaje ko indege nto yari itwaye abakoraga mu bijyanye na peteroli muri Leta ya Unity muri Sudani y’Epfo yahanutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize, ubwo yerekezaga mu murwa mukuru Juba, abantu 20 bahasiga ubuzima. Minisitiri yatangaje ko abagenzi bari bayirimo, bari abakozi mu bijyanye […]

Gasabo: Ubushinjacyaha bwakiriye dosiye iregwamo umugabo wishe umwana we

DuYxAnRW4AAAnJ1 1

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwakiriye dosiye iregwamo umugabo wishe umwana we w’umwaka n’amezi abiri amukibise hasi biturutse ku makimbirane yari afitanye n’umugore we aho buri wese yashinjaga mugenzi we ubusambanyi no gukoresha umutungo w’urugo mu buriganya. Ibyo byabaye ku tariki ya 25 Ukuboza 2024 ubwo uregwa yahengereye umugore we adahari afata umwana wabo […]

Gasabo: Umuganga n’umugore we bakurikiranyweho kwica uwahoze ari umukozi wabo wo mu rugo

DuYxAnRW4AAAnJ1 1

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije urubanza ruregwamo umuganga n’umugore we w’umuforomokazi bakurikiranyweho kwica umwana w’umukobwa wigeze kubakorera, ndetse akabyarana na shebuja, bamuhora gukeka ko ari we waba yararoze nyirabuja uburwayi yararwaye. Umugambi wo kumwica wapanzwe n’abaregwa, bashaka agatsiko k’abantu bazica uwo mukobwa. Ku itariki ya 05/08/2024 nibwo bamwishe bamuteye icyuma mu ijosi nk’uko bitangazwa n’Ubushinjacyaha […]

U Rwanda rwakiriye abacanshuro bayamanitse i Goma

Screenshot 2025 01 29 100655

Ku mupaka munini uhuza u Rwanda na DRC wa La Corniche, hakiriwe abakozi ba Banki y’Isi n’Abacanshuro b’abazungu bagiyee gufatanya na FARDC kurwanya inyeshyamba za M23 zafashe Umujyi wa Goma kuva kuwa Mbere, itariki 27 Mutarama 2025. Abarwanyi ba M23 ni bo babaherekeje babageza ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo kugira […]

Minisitiri w’intebe w’u Butaliyani Giorgia Meloni avuga ko arimo gukorwaho iperereza

262428

Ku wa Kabiri, itariki 28 Mutarama 2025, Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni, yatangaje ko abashinjacyaha i Roma bafunguye iperereza kuri minisitiri w’intebe na ba minisitiri ba guverinoma babiri bazira gusubiza iwabo umuyobozi w’ingabo wo muri Libya ushakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa La Haye. Yahishuye iby’iperereza ku bivugwa ko yaba yarafashije Ossama Anjiem, uzwi kandi […]

Amerika yasabye Abanyamerika bakiri muri RDC kwigengesera no kuhava

field media image 2899081 2d754a307e5cef078f1a714f38a83464894c119b

Amerika yahamagariye, kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 28 Mutarama 2025, abenegihugu bayo kuva muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’amasaha make ambasade yabo hamwe n’izindi zitandukanye i Kinshasa harimo n’iy’u Rwanda zibasiwe n’abigaragambyaga. Ambasade ya Amerika yagize iti: “Kubera ubwiyongere bw’urugomo mu Mujyi wa Kinshasa, Ambasade ya Amerika irasaba ko Abanyamerika bajya mu […]

Tshisekedi yashyizeho Guverineri mushya wa Kivu y’Amajyaruguru

GibrQk0XMAA 8j3

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 28 Mutarama 2025, Perezida FĂ©lix Tshisekedi yashyizeho Umujenerali Majoro nka Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru asimbuye kuri uyu mwanya General Major Peter Cirimwami wiciwe mu mirwano yo muri Sake mbere y’ifatwa ry’Umujyi wa Goma, ubu uyobowe na AFC / M23. Binyuze mu iteka rya perezida ryo kuri uyu wa Kabiri, itariki […]

Nyarugenge: Umusore w’imyaka 20 arashinjwa gusambanya mushiki we akamutera inda

IMG 20241125 WA0060

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge bukurikiranye umusore w’ imyaka 20 wasambanyije mushiki we w’ imyaka 16 akamutera inda umwana akaba yaravutse afite amezi abiri(2). Uyu mwana wahohotewe kandi ashinja nyina ubabyara ko ubwo musaza we yamusambanyaga yihutiye kubimubwira ntiyagira icyo abikoraho ahubwo abonye atwite atangira kumukubita no kumwirukana mu rugo ajya kuba ku muhanda […]

Abasirikare ba Tanzaniya basenye ibiraro byabahuzaga n’u Burundi muri Giteranyi

GiYLdvUXkAAGQjy 1

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 28 Mutarama 2025, abasirikari n’abayobozi bo muri Tanzaniya basenye ibiraro bito byahuzaga Tanzaniya n’u Burundi, ku ruhande rwa Komini ya Giteranyi, Intara ya Muyinga. Ibiraro bimaze gusenywa nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Iwacu-Burundi, ni ibyo mu Mudugudu wa Shoza, Zone ya Giteranyi n’umudugudu wa Kabogo, Mukoni na […]

US Secretary of State Marco Rubio commended the leadership of His Majesty King Mohammed VI in advancing regional and global peace and security

usa 0

In a press release released Monday in Washington following a phone call with the Minister of Foreign Affairs, African Cooperation and Moroccan Expatriates, Nasser Bourita, the US Secretary of State stressed the importance of the US-Moroccan strategic partnership in advancing regional and global peace and security, hailing the leadership of His Majesty the King in […]

Le Secrétaire d’Etat américain, Marco Rubio a salué le leadership de Sa Majesté le Roi Mohammed VI en faveur de la promotion de la paix et de la sécurité régionales et internationales

usa 0

Dans un communiquĂ© diffusĂ© lundi Ă  Washington Ă  la suite d’un entretien tĂ©lĂ©phonique avec le Ministre des Affaires Etrangères, de la CoopĂ©ration Africaine et des Marocains RĂ©sidant Ă  l’Etranger, Nasser Bourita, le SecrĂ©taire d’Etat US a soulignĂ© l’importance du partenariat stratĂ©gique maroco-amĂ©ricain en faveur de la paix et de la sĂ©curitĂ© rĂ©gionales et internationales, saluant […]

Kinshasa: Ambasade zirimo iy’u Rwanda zagabweho ibitero n’abigaragambya

Screenshot 2025 01 28 134121

I Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, imyigaragambyo kuri uyu wa Kabiri yafashe indi ntera aho Abanyekongo batwitse kandi basahura Ambasade zaho. Ambasade z’amahanga ntizirashobora gutanga amakuru y’umutekano i Kinshasa. Biravugwa ko Ambasade y’u Rwanda yanatwitswe, Uganda, u Bubiligi, u Bufaransa, USA na ambasade zimwe na zimwe z’ibihugu by’Iburengerazuba zigaruriwe i […]

Kinshasa: Haramukiye imyigaragambyo ikaze yamagana M23

GiXa2GXWQAAh 2j

I Kinshasa muri iki gitondo cyo kuwa Kabiri ubuzima bwahagaze kubera imyigaragambyo yaramukiye mu bice bitandukanye yo kwamagana M23 nyuma y’imirwano yo mu Mujyi wa Goma. Imodoka ziragenda gacye, hamwe n’ubwikorezi rusange n’ibinyabiziga byigenga bisa nk’ibyahagaze ku mihanda minini. Mu duce tumwe na tumwe, hashyizwe bariyeri n’amapine yaka byashyizweho n’urubyiruko, rwitabiriye umuhamagaro wo guhagarika ubuzima […]

Abanyekongo bakomeje guhungira i Rubavu mu gihe amasasu acyumvikana i Goma

Screenshot 2025 01 28 093553

Mu gihe urusaku rw’amasasu rukomeje kumvikana mu Mujyi wa Goma, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri mu Karere ka Rubavu, hakiriwe impunzi nyinshi z’Abakongomani, zikomeje guhunga imirwano iri kubera mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Goma no ku kibuga cy’indege hagati y’Umutwe wa M23 n’ihuriro ry’imitwe ifatanya n’Ingabo za Leta ya Congo, FARDC. Izi mpunzi […]

Rwamagana: Birakekwa ko yarohamishijwe n’ifi yari arimo kuroba muri Muhazi

fishing

Umugabo witwa Niyoyita Emmanuel uri mu kigero cy’imyaka 44, yarohamye mu Kiyaga cya Muhazi ubwo yarimo kuroba amafi akoresheje ibikoresho gakondo abaroba mu buryo butemewe bakoresha. Ibi byabereye mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, ku Cyumweru, Tariki ya 26 Mutarama 2025, ubwo ifi yafatwaga mu mutego uzwi nk’indobani yari yateze mu kiyaga cya […]

Perezida Ramaphosa yavuganye na Kagame kuri telephone nyuma yo gupfusha ingabo i Goma

28828465168 c9988bf52b b

Perezidansi ya Afurika y’Epfo iratangaza ko mu ijoro ryakeye rishyira kuri uyu wa Kabiri perezida w’iki gihugu yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda baganira ku bibera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ibinyujije ku rubuga rwa X, Perezidansi ya Afurika y’Epfo yagize iti: “Perezida Cyril Ramaphosa yahamagaye kuri telefoni Perezida Paul Kagame […]

EAPCCO: Haganiriwe ku bufatanye mu kurushaho guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka

csm WhatsApp Image 2025 01 27 at 14.36.47 c8acf20f 681757f078

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 27 Mutarama 2025, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, yatangije ku mugaragaro inama ya 49 ya Komite Mpuzabikorwa ihoraho y’Umuryango wa EAPCCO (PCC) i Kigali, asaba ko hashyirwa hamwe imbaraga mu gufatanya kurwanya ibihungabanya umutekano n’ituze rusange byugarije akarere. Komite mpuzabikorwa ihoraho ihuriza hamwe abakuriye […]

Muyaya aravuga ko Umujyi wa Goma wigaruriwe n’Ingabo z’u Rwanda

IMG 20240530 WA0114

Minisitiri w’itumanaho akaba n’umuvugizi wa Leta ya RD Congo, Patrick Muyaya, yatangaje ubutumwa buvuga ko Umujyi wa Goma urimo abo yise “ingabo z’u Rwanda”mu gihe umutwe wa M23 watangaje ko wafashe umujyi kuri uyu wa Mbere, itariki 27 Mutarama 2025. Muyaya yatangaje kuri X ko leta ikomeje gukora mu kwirinda ko habaho ubwicanyi no gupfa […]

Abasirikare benshi ba FARDC bemeye kuyamanika bishyikiriza MONUSCO

GiQfnkgW0AAl05C

Nyuma yo kumva umuhamagaro wa M23 no kubona nta yandi mahitamo kuko urugamba rwabananiye muri Goma, abasirikare benshi ba FARDC bemeye kuyamanika bishyikiriza MONUSCO n’intwaro zabo n’ibindi bikoresho bya gisirikare. Umutwe wa M23 wo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 27 Mutarama 2025 wemeje ko wigaruriye Umujyi wa Goma. Ku bufatanye na MONUSCO […]

Comoros: Perezida Azali Assoumani arahakana gushaka kuzasigira ubutegetsi umuhungu we

b 281656

Perezida wa Comoros, Azali Assoumani, wageze ku butegetsi mu 1999 binyuze mu guhirika ubutegetsi kandi watsinze amatora ane mu gihugu cy’ibirwa byo mu Nyanja y’u Buhinde kuva mu 2002, yahakanye ko ateganya guha umuhungu we ubutegetsi. Mu mpera z’icyumweru gishize, Assoumani mu ijambo yagejeje ku bamushyigikiye ku Kirwa cya Moheli yagize ati: “Nzashyiraho umuhungu wanjye […]

Iyicwa ry’abasirikare ba SANDF muri RDC ryateje umwiryane muri Afurika y’Epfo

AFP 20240302 34KM9AQ v1 HighRes SafricaDrcongoDefenceSandfUnrestFuneral

Nyuma y’uko Igisirikare cya Afurika y”Epfo (SANDF) cyemeje nimugoroba urupfu rw’abasirikare icyenda. Babiri babarizwa muri MONUSCO, naho barindwi bari mu butumwa bwa SADC bwatangiye mu Kuboza 2023, abatavuga rumwe n’ubutegetsi basanga izi ngabo zikwiye gutaha kuko zoherejwe zitateguwe Kohereza abo basirikare bagera ku 3.000 muri DRC byari byabanje kunengwa cyane mu baturage bo muri Afurika […]

Rubavu: Umusirikari wa FARDC yinjiye ku butaka bw’u Rwanda arasa umuturage arapfa

c1685200 8081 11ee 8055 0d96a10b316d.jpg

Ku mugorora wo kuri iki Cyumweru, umusirikare wa FARDC yinjiye ku butaka bw’u Rwanda arasa umuturage aramwica mbere yo kuburirwa irengero aho bikekwa ko yahise asubira muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Uyu mugabo wishwe yari mu kigero cy’imyaka 38. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Buhaza mu Murenge wa Rubavu, aho […]

Goma: Umunyamakuru wa Sky News yagabweho igitero azira gusa n’Abanyarwanda

skynews yousra elbagir omdurman 6453925

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki 26 Mutarama 2025, umunyamakuru Yousra Elbagir wa SkyNews yagabweho igitero mu Mujyi wa Goma kubera ko asa n’Abanyarwanda ku bw’amahirwe ahava ari muzima. Umunyamakuru Yousra Elbagir yavuze ko we n’ikipe ye bagabweho igitero n’abaturage batekereje ko asa nk’Abanyarwanda ndetse bahohotera bikabije cameraman witwa Godwin. Avugana no ku cyicaro […]

Byibuze abasirikare 20 ba Nigeria biciwe mu mirwano na Boko Haram

Troops of Operation Whirl Stroke Nigerian Military

Kuri iki Cyumweru, abashinzwe umutekano n’abaturage baravuga ko abakekwaho kuba abarwanyi ba kisilamu bishe byibuze abasirikare 20 ba Nigeria, barimo n’umuyobozi mukuru, nyuma yo gutera ikigo cy’ingabo mu mujyi witaruye mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Leta ya Borno. Abarwanyi ba Boko Haram na Leta ya Kisilamu Intara ya Afurika y’Iburengerazuba (ISWAP) bakoreye cyane muri Borno, bibasira […]

Imfashanyo za gisirikare ntabwo zahagaritswe Imana ishimwe – Zelenskyy

750x500 cmsv2 9bac94bb f27d 5a06 b48a 06ef10f0e13b 9003508 1

Ahazaza h’imfashanyo za Amerika muri Ukraine hakomeje guteza urujijo mu gihe Perezida Donald Trump atangiye manda ye ya kabiri. Perezida Volodymyr Zelenskyy yavuze ko Amerika itahagaritse inkunga ya gisirikare ihaUkraine nyuma y’uko Umunyamabanga wa Leta mushya, Marco Rubio, yatangaje ko bazahagarika inkunga baha amahanga mu minsi 90. Zelenskyy ntabwo yasobanuye neza niba imfashanyo z’ubutabazi zahagaritswe […]

RDC: Imirwano ikomeye iri kubera hafi y’Ikibuga cy’indege cya Goma

71392880 605

Muri iki gitondo cyo ku Cyumweru, itariki 26 Mutarama 2025 abarwanyi b’umutwe wa M23 bamaze kugera mu duce tumwe na tumwe two mu mujyi wa Goma ndetse ikaba iri mu birometero bibiri by’Ikibuga cy’indege cya Goma. “Muri iki gitondo twagabweho igitero. Umwanzi yashakaga kurenga yerekeza kuri terminal 13 hano, ku mupaka nu Rwanda. Imirwano irakomeje, […]

Brazil yavumye Amerika nyuma y’aho abaturage bayo bacyuwe mu mapingu

71411868 605

Ku wa Gatandatu, itariki 25 Mutarama 2025, Brazil yamaganye Amerika nyuma y’uko abantu benshi birukanywe bageze muri iki gihugu bambaye amapingu nk’abagizi ba nabi bahambaye. Indege yari itwaye abagenzi 88 bo muri Brazil, abashinzwe umutekano muri Amerika 16, hamwe n’abakozi umunani bo mu ndege, mu ntangiriro yari iteganijwe kugera i Belo Horizonte muri Leta ya […]