UK: Abari guherekeza abimukira mu Rwanda mu gihirahiro nyuma yo guhagarika gahunda

3500

Ikinyamakuru The Guardian kivuga ko abarinzi b’imipaka babarirwa mu magana bari bahawe akazi ko gukusanya no kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro bahageze mu buryo bunyuranyije n’amategeko, babwiwe ko akazi kabo kahagaze nyuma y’uko Guverinoma y’Abakozi mu Bwongereza ihagaritse iyi gahunda. Ku wa Gatanu, abakozi bakorera ku masezerano bo muri minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu bagera […]

Koreya y’Epfo: Ibihumbi bigaragambije bamagana abandi basaba ifatwa rya Perezida Yoon

808x539 cmsv2 10fe6d4c 7c31 5529 a16b 5b959a6aaf02 8949258

Kuri iki Cyumweru, abigaragambyaga babarirwa mu bihumbi bagiye mu mihanda irimo urubura y’umurwa mukuru wa Koreya y’Epfo, Seoul, bamwe barwanya ifatwa rya Perezida Yoon Suk Yeol wahagaritswe ku mirimo ye, abandi basaba ko afatwa, mu gihe igihugu gikomeje guhangana n’ibibazo biri hejuru mu buyobozi bwacyo. Icyemezo cyo guta muri yombi Yoon, cyatanzwe kubera ko yanze […]

Perezida Ndayishimiye yasabye Abarundi kubungabunga Edeni Imana yabahaye

GgdnVf1XAAAF4XE 1

Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kwibutsa Abarundi ko igihugu cyabo ari Edeni, Imana yabahaye, kubera ko keramo ibihingwa byose, abasaba kukibungabunga. Ni nyuma y’uko hagati mu mwaka ushize yari yavuze ko ari Kanani, igihugu cy’isezerano kivugwa muri Bibiliya. Abinyujije ku rukuta rwe rwa X, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 4 Mutarama 2025, Perezida Ndayishimiye yagaragaje amafoto […]

Niba tudakemuye ikibazo mu rwego rwa dipolomasi, tuzagikemura mu buryo bwa gisirikare – Muyaya

img 20221031 wa0149

Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru mu Ntara ya Kasai, yemeje ko niba ikibazo cy’intambara yo mu burasirazuba kidakemuwe mu rwego rwa diplomasi, kizakorwa mu buryo bwa gisirikare. Ku bwe, u Rwanda rwatinye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro i Luanda, muri Angola, rutinya […]

Abakoresha indege mu ngendo mu gihugu imbere biyongereyeho 42,5%

66584

Umubare w’abakoresha indege mu ngendo zo mu gihugu mu Rwanda warazamutse cyane ku kigero cya 42.5 ku ijana, aho wavuye ku 15.821 mu 2022, ugera kuri 22.547 mu 2023, nk’uko raporo y’umwaka wa 2024 yashyizwe ahagaragara muri iki cyumweru ibitangaza. Inzira y’indege yonyine yo mu Rwanda, Kigali-Kamembe, ikoreshwa cyane cyane na kompanyi y’igihugu, RwandAir, ikoresha […]

Abashumba bitwaje imbunda bavuye Nigeria bishe abasirikare 5 ba Cameroun

Ggc BduXYAAmLNQ

Umwe mu bagize inteko ishinga amategeko y’akarere akaba n’umuyobozi gakondo yavuze ko abantu bitwaje imbunda baturutse muri Nigeria bishe byibuze abasirikare batanu ba Cameroun ndetse bakomeretsa abandi benshi mu Mudugudu wa Bakinjaw ku mupaka w’ibihugu byombi. Ibi ni ibyanyuma mu rukurikirane rwo kugerageza gufata ubutaka muri kariya gace. Aka Martin Tyoga, umudepite mu karere ka […]

Igisirikare cya Mali kivuga ko cyafashe umuyobozi wa Islamic State muri Sahara

000 1PG5LB

Ku wa Gatandatu, itariki 04 Mutarama 2025, ingabo za Mali, zavuze ko zafashe Umuyobozi wa Leta ya Kisilamu muri Sahara Nini (EIGS), ishami ry’umutwe w’iterabwoba wa Islamic State mu karere ka Sahel. Ingabo zatangaje ko zafashe abantu babiri, Mahamad Ould Erkehile “uzwi ku izina rya Abu Rakia,” na Abu Hash, bavuga ko uyu ari “umuyobozi […]

Amafoto: Nduhungirehe yashimye uruhare rwa Diaspora Nyarwanda mu iterambere ry’igihugu

54244024234 823eb4e5ec z

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, afatanije n’abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma y’u Rwanda, bakiriye kandi basabana n’abanyamuryango b’umuryango Nyarwanda mu mahanga. Iki gikorwa kiswe “Guhura & Kuramukanya” cyari umwanya wo guhura, guhuza, no gusabana n’abagize Diaspora Nyarwanda hirya no hino ku Isi yose no kwifurizanya umwaka mushya mwiza wa 2025. Mu ijambo rye, […]

Seoul: Gufata uwari perezida byasubitswe nyuma yo guhangana kw’abashinzwe umutekano

1x 1

Igipolisi cya Koreya y’Epfo cyahagaritse gushaka gufata perezida wahagaritswe, Yoon Suk Yeol, nyuma y’amasaha atandatu yari amaze ahanganye n’itsinda ry’umutekano ryari ryoherejwe kumufata akaribera ibamba. Yoon akomeje gukorwaho iperereza kubera gukoresha nabi ububasha bwe no guteza imvururu ubwo yageragezaga gushyiraho ibihe bidasanzwe mu gihugu mu ntangiriro z’Ukuboza. Iki cyemezo, nubwo cyubahirijwe igihe gito, cyateje ikibazo […]

Burundi: Agathon Rwasa yangiwe kuziyamamaza mu matora ataha

bfe20d59c2dd4e179f3816e6e68956e6 18

Agathon Rwasa uza imbere mu batavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi, abadepite 2 bo mu ishyaka rye, CNL n’abakomoka mu mashyaka ari mu ihuriro “Burundi bwa bose” ntibari mu rutonde rw’abemerewe kuziyamamaza mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Kamena 2025. Komisiyo yigenga ishinzwe amatora mu Burundi, CENI, yasohoye urutonde rw’abemerewe kuzitabira amatora yo mu kwa gatandatu ku […]

Masisi: M23 yafashe uduce turimo Lukopfu, Kirwa na Kaniro

000 33628LU

Kuri uyu wa kane, itariki ya 2 Mutarama 2025, haracyakomeje imirwano ikaze muri Teritwari ya Masisi hagati y’Ingabo za Congo (FARDC) zishyigikiwe na Wazalendo, n’inyeshyamba za M23. nk’uko bitangazwa na Kivu Morning Post. Iyi nkuru iravuga ko inyeshyamba za M23 zafashe uduce twa Lukopfu na Kaniro nubwo bigoye kugenzura aya makuru. Yafashe kandi ahitwa Kirwa […]

Rurageretse hagati ya RIB n’uwasabye Perezida Kagame kumurenganura

1711090859662

Urwego rw’Ubugenzacya rw’u Rwanda (RIB), kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 1 Mutarama, rwateye utwatsi icyifuzo cyo kurenganurwa cyandikiwe Perezida Paul Kagame, ku bijyanye n’urubanza rw’uburiganya bushingiye ku ikoranabuhanga rw’agera kuri miliyoni zirenga 10 z’amadolari bivugwa ko yariganyijwe I&M Bank Rwanda. Uwasabye kurenganurwa, ukoresha izina ry’irihimbano Wabimenya Ute hamwe n’izina rya @Imanirakomeye kuri X, yavuze […]

Las Vegas: Imodoka yakozwe na Elon Musk yaturikiye kuri hotel ya Trump

images

Byibuze umuntu umwe yapfuye abandi barindwi barakomereka nyuma y’uko imodoka yo mu bwoko bwa Cybertruck ikorwa n’uruganda Tesla rwa Elon Musk iturikiye hanze ya hotel ya mushuti we Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump, muri Las Vegas. Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 01 Mutarama 2025, nibwo iyi Cybertruck yafashwe n’inkongi y’umuriro aho yari iparitse […]

FARDC/M23: Impamvu imirwano izakomeza gukara kugeza mu mpera za Mutarama

dr congo soldiers patrol

Imirwano ikomeye n’ibikorwa bya gisirikare birimo Ingabo za DRC (FARDC) n’imitwe yitwara gisirikare bafatanya, ingabo mpuzamahanga, ndetse n’inyeshyamba za M23 birashoboka ko izakomeza mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kugeza nibura mu mpera za Mutarama. Kugerageza gushyira mu bikorwa ihagarikwa ry’imirwano guherutse ntacyo kwagezeho, harimo n’inama yasubitswe yari kubera muri Angola hagati mu Kuboza hagati y’abakuru […]

Abasirikare 13 ba FARDC bakatiwe urwo gupfa

marshal

Urukiko rwa Gisirikare rwa Congo rwakatiye igihaano cy”urupfu abasirikare 13 ba FARDC bari bakurikiranweho icyaha cyo kwica, gusahura, ndetse n’ubugwari mu byo abayobozi ba gisirikare bavuze ko ari intego yo kunoza imyitwarire y’ingabo nyuma yo gutakaza igice kinini kubera abasirikare bahunze umwanzi, M23. Ku wa Kabiri, abo basirikare bakatiwe mu Mujyi wa Lubero muri Repubulika […]

Trump yaburiye Hamas mu gihe yatangira akazi itararekura imbohe

sipa ap22909356 000044 1

Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump, yavuze ko Hamas igomba kurekura vuba imbohe zajyanwe mu bunyage muri Gaza, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru mu birori bye byo kwizihiza umwaka mushya iwe i Mar-a-Lago. Ati: “Reka mbivuge muri ubu buryo, [Hamas] bashatse barekura imbohe zikagaruka vuba.” Nk’uko bitangazwa na The Jerusalem Post, ngo abajijwe ibijyanye no guhagarika imirwano, […]

Abatuye Isi bamaze kurenga miliyari umunani

Icyegeranyo cy’ikigo gishinzwe ibarura ry’abaturage muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, cyasohotse kuwa Mbere, itariki 30 Ukuboza 2024, kigaragaza ko uyu mwaka urangiye abatuye Isi bageze kuri miliyari zirenga gato umunani (8,197,325,300), bivuze ko biyongereyeho miliyoni 71.  Iki kigo kigaragaza ko ubwiyongere bw’abatuye Isi bwazamutseho 0.9 ku ijana muri uyu mwaka wa 2024. Mu mwaka […]

Cote d’Ivoire nayo yasabye Ingabo z’u Bufaransa kugenda

AFP 20230914 33V79AP v1 Preview GermanyUsNatoDefence

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 31 Ukuboza 2024, Cote d’Ivoire yatangaje ko Ingabo z’Abafaransa zizava muri iki gihugu, bikarangiza imyaka mirongo iki gisirikare cyari kihamaze.  Ni kimwe mu bihugu biheruka bya Afurika bikomeje guhatira u Bufaransa kugabanya ingabo zabwo muri Afurika. Perezida Alassane Ouattara mu ijambo risoza umwaka, yatangaje ko gucyura ingabo bizatangira muri Mutarama […]

Amerika: Isanduku ya Leta yagabweho igitero gikomeye n’Abashinwa

Chinese Cyber Threat Adobe Stock Images cropped scaled 1

Isanduku ya Leta ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ivuga ko aba-hackers b’Abashinwa binjiye aho bakorera ndetse no mu nyandiko zayo mu byo yise ‘igitero cy’ikoranabuhanga gikomeye’ igabweho. Ikigega cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kivuga ko aba-hackers b’Abashinwa bashoboye kwiba inyandiko mu gitero gikomeye cy’ikoranabuhanga mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri nk’uko bitangazwa […]

Rwanda’s Journey Over the Last 30 Years: A Lesson for Africa

rwanda

Rwanda’s journey over the last three decades is nothing short of remarkable. Rising from the ashes of a devastating past, the country has transformed itself into a beacon of hope and progress in Africa. With a focus on strong leadership, economic reforms, and social change, Rwanda has become a model for development. This article explores […]

Lubero: Abasirikare 23 ba FARDC bagejejwe mu rukiko bashinjwa guhunga M23

bitmap 1200 nocrop 1 1 20231021130243720189 b2cf8113 8b8a 425e a1a3 a2746f2d4947

Abasirikare 23 ba FARDC bitabye urukiko kuva ku wa Mbere, itariki 30 Ukuboza 2024 imbere y’urukiko rwa gisirikare rwimukiye muri Gereza ya Butembo, muri Lubero-Centre, nibura mu bilometero 50 uvuye ku murongo w’imbere w’urugamba. Nk’uko umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola 1 Grand Nord abitangaza, ngo aba basirikare barwanya inyeshyamba za M23 mu karere ka Lubero bakurikiranyweho […]

Uyu mwaka umaze kubamo impanuka 9,000 zahitanye nibura 350

impanuka zo mu muhanda zigiye kugera ku bihumbi icyenda

Kuva muri Mutarama kugeza muri uku kwezi k’Ukuboza 2024, mu Rwanda habaye impanuka zo mu muhanda zisaga ibihumbi 9 zirimo izahitanye ubuzima bw’abantu 350. Ni mu gihe ingamba zo guhangana n’iki kibazo zidasiba gufatwa n’Imiryango Mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu na Leta z’ibihugu hirya no hino ku Isi, mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’impanuka nk’uko […]

Impanuka y’ikamyo yahitanye nibura 71 muri Ethiopia

AA1wH89a

Abategetsi muri Ethiopia bavuze ko abantu nibura 71 bapfiriye mu majyepfo y’igihugu nyuma y’uko imodoka y’ikamyo irohamye mu mugezi wa Galaanaa. Umutegetsi wo muri ako gace yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko iyo modoka, yari irimo kwerekeza muri leta ya Sidama ku Cyumweru, yaguye mu mugezi nyuma yo guhusha ku iteme. Wosenyeleh Simion yavuze ko abagenzi […]

Abasoje Itorero ry’Inkomezabigwi basabwe gushakira umuti ibibazo byugarije urubyiruko

csm Inkomezabigwi image 1 c211f0754a

Kuri iki Cyumweru gishize, mu turere twose tw’igihugu, ubwo hasozwaga icyiciro cya 12 cy’Itorero Inkomezabigwi rigizwe n’urubyiruko rw’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye, Ubushinjacyaha Bukuru bwashishikarije abitabiriye kugira uruhare mu gukemura ibibazo byugarije urubyiruko.  Ibi byagarutsweho mu biganiro abakozi b’Ubushinjacyaha bageneye urubyiruko rusoje itorero inkomezabigwi 12 mu turere twose tw’igihugu. Muri ibi biganiro, urubyiruko rw’abanyeshuri basoje amashuri […]

Musanze: Ubushinjacyaha bukurikiranye 6 baregwa guhohotera abacitse ku icumu

arton140792

Ubushinjacyaha ku Rwego rwisumbuye rwa Musanze bukurikiranye abantu batandatu, abagore bane n’abagabo babiri baregwa icyaha cyo guhohotera abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994. Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko icyaha aba bose bakurikiranyweho  bagikoreye mu Mudugudu wa Mata, Akagari ka Kibirizi, mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze. […]

Kenya: Polisi yitabaje ibyuka biryana mu maso mu kurwanya abongeye kwigaragambya

1024x538 cmsv2 41fd9639 ae1a 53ee 9701 e77955155fb1 7746168

Abatangabuhamya bavuganye na Reuters baravuga ko abapolisi bo mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi barashe ibyuka biryana mu maso kugira ngo batatanye abigaragambyaga kuri uyu wa Mbere bamagana ibyo bita gushimuta mu buryo budasobanutse abanenga guverinoma. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko Abanyakenya benshi bashimuswe mu mezi ashize. Abategetsi ba Kenya bavuze ko guverinoma […]

Ibihumbi n’ibihumbi bamaze guhunga Mozambike berekeza muri Malawi

000 36RM2C4

Mu cyumweru gishize, ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage ba Mozambike bahungiye mu gihugu cy’abaturanyi cya Malawi bashaka ubuhungiro kubera imyigaragambyo ikomeje kugwamo abantu nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu, nk’uko abayobozi babitangarije AFP. Kuva ku wa Mbere ushize, umunsi Urukiko Rukuru rwa Mozambike rwemeje ko ishyaka riri ku butegetsi ryatsinze amatora yo mu Kwakira, abantu bagera ku 13.000 bambutse […]

Korea y’Epfo: Abashinzwe iperereza basabye icyemezo cyo gufata Perezida Yoon

5f67ce04 8980 43da 9f03 d99e52e09cee 46a0a

Kuri uyu wa Mbere, ishami ry’iperereza ryahurijwe hamwe muri Koreya y’Epfo ryasabye icyemezo cyo guta muri yombi Perezida Yoon Suk Yeol wirukanwe ku butegetsi kubera ko yatangaje amategeko ya gisirikare yamaze igihe gito mu ntangiriro z’uku kwezi. Itsinda ry’iperereza ryagize riti: “Icyicaro gikuru gishinzwe iperereza cyasabye icyemezo cyo guta muri yombi Perezida Yoon Suk Yeol […]

Jimmy Carter wabaye Perezida wa Amerika yatabarutse ku myaka 100

gettyimages 1043567870

James (Jimmy) Earl Carter wabaye Perezida wa 39 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatabarutse ku myaka 100 y’amavuko ku mugoroba wo ku Cyumweru, itariki 29 Ukuboza 2024. Umuhungu we, Chip Carter yemeje ko yaguye iwe mu rugo muri Leta ta Georgia, akaba ari we warambye kurusha abandi bose bigeze kuba abaperezida ba Amerika. James […]

Sud-Kivu: Abashinwa 15 bafashwe kubera gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe babuze

chinois arretes a Bukavu

Abashinwa 15 bafatiwe muri Teritwari ya Mwenga, muri Kivu y’Amajyepfo, kubera gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko muri Walungu, bakuwe mu ibanga aho bari bafungiwe. Ikintu cyababaje urwego nyunguranabitekerezo rwa sosiyete sivile hamwe n’ihuriro ry’abahinzi mu ntara. Ibyo babimenyesheje mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 26 Ukuboza 2024. Bati: “Bamwe bari bafite ibyangombwa by’abimukira, […]

RDC: Sen. Nyarugabo yamaganye ikinyoma cya Leta ku bwicanyi buri gukorerwa Abanyamulenge

sddefault

Ku itariki ya 25 Ukuboza 2024 mu gihe abandi bizihizaga Noheri, FARDC (ingabo z’igihugu cya Congo) zibasiye abasivili b’Abanyamulenge maze yica Florence Rwidegembya, umukobwa w’imyaka 14, n’abandi baturage batewe ibisasu mu misa ahantu hatandukanye mu gihe bari mu rugendo rwo kwizihiza Noheri FARDC ibaboneraho kandi ikoresha ibisasu byinshi. Ibihumbi by’Abanyamerika b’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge […]

Huye: Umusore yapfiriye mu bwiherero agiye gukuramo urukweto

7ed75c4a cc24 49b1 ad8d d21d9d467746

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ukuboza 2024, humvikanye inkuru ibabaje y’urupfu rw’umusore wapfiriye mu bwiherero ubwo yafashaga umwana muto gukura urukweto rwe rwaguyemo nyuma yo kurakarirwa na nyina. Ni mu mudugudu wa Akabeza, agakari ka Rango B, umurenge wa Tumba wo mu karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo, aho umusore witwa […]

Koreya y’Epfo: Abantu benshi bapfiriye mu mpanuka ku Kibuga cy’Indege cya Muan

2024 12 29t022542z 1163891327 rc2qyba5caf5 rtrmadp 3 southkorea crash

Abashinzwe ubutabazi baravuga ko indege yari itwaye abantu 181, kuri iki Cyumweru, yaguye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Muan muri Koreya y’Epfo, igahitana byibuze abantu 122. Ikigo cy’igihugu gishinzwe kuzimya umuriro mu itangazo cyagize kiti: “Kugeza ubu, babiri barokowe naho 122 barapfa”. Indege ya Jeju Air yari itashye ivuye i Bangkok, muri Thailande, igihe yakoraga […]

Rutsiro: Akurikiranweho gutema umugore we kubera imitungo

WhatsApp Image 2024 12 27 at 22.59.01 e9315b92

Mu Mudugudu wa Kanyempanga, Akagari ka Bunyoni mu Murenge wa Kivumu, Akarere ka Rutsiro, uwitwa Jean Damascene Mutabazi afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kivumu akurikiranyweho gutema umugore we, Umutoni Claudine akamukomeretsa ku kuboko kw’iburyo. Uwo mugabo w’imyaka 32, yakomerekeje umugore we w’imyaka 24 bapfa ko umugabo yashatse kugurisha umurima, umugore akamutambamira. Umwe mu baturanyi […]

U Burusiya burakekwaho uruhare mu mpanuka y’indege ya Azerbaijan Airlines

kazak plane crash mo 1735145266148 hpMain 2

Umuyobozi mukuru ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Muryango w’Ubumwe bw’i Burayi, Kajja Kallas, yasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse ku cyateje impanuka y’indege ya sosiyete Azerbaijan Airlines. Ibi Kallas yabitangaje nyuma yaho Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangaje ko iyo ndege ishobora kuba yarahanuwe na misile y’u Burusiya. Iyo ndege yari itwaye abagenzi 67 ivuye muri Azeribaijan […]

Ingendo z’abanyeshuri biga bacumbikirwa zigiye gusubukurwa nyuma y’Ubunani

cdf3562f 9055 477e 9c70 030550359e23

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri mu Rwanda NESA, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Ukuboza 2024 cyasohoye itangazo ryerekana ingengabihe y’uko abanyeshuri biga mu bigo bacumbikirwa bazasubira ku mashuri bitegura igihembwe cya kabiri. Itangazo NESA yanyujije ku mbuga nkoranyambaga rivuga ko abanyeshuri bazajya ku bigo byabo hagati ya tariki 3-6 Mutarama 2025, ni […]

Mbujimayi: Tshisekedi yongeye kugaba igitero kuri Kiliziya Gatorika

Gfwd3RjXAAAGSnn

Mu nama yakoresheje kuri uyu wa Kane, itariki ya 26 Ukuboza 2024, ahitwa Grand Place de Bonzola i Mbujimayi, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yakomoje ku bibazo byinshi bireba ubuzima bw’igihugu, aboneraho kongera kwibasira Kiliziya Gatorika. Ku bijyanye n’umutekano, umukuru w’igihugu cya Congo yavuze ko Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya […]

Syria: Hafashwe uwari ukuriye ubutabera bwa gisirikare kubwa Assad

1080x1000 2024261212 1967656216 1

Kuri uyu wa Kane, itariki 26 Ukuboza 2024,  abategetsi bashya ba Syria bataye muri yombi uwari umuyobozi w’ubutabera bwa gisirikare watanze igihano cy’urupfu ku bantu bari bafungiwe muri gereza izwi cyane ya Saydnaya yagenzurwaga na guverinoma yahiritswe ya Perezida Bashar Assad. Nk’uko ikigo cya Syria gishinzwe uburenganzira bwa muntu kibitangaza ngo Gen. Mohammed Kanjo Hassan […]

Mu turere twose haratangizwa Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 12

20230925 115409

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 27 Ukuboza 2024, mu Turere twose haratangizwa Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 12, rwitabirwa n’intore zarangije amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023-2024. Urugerero ni gahunda ya Leta ifasha Abanyarwanda kwikemurira ibibazo binyuze mu kubatoza indangagaciro zibaranga cyane cyane mu rubyiruko, rugakora ibikorwa byiza kandi rubikorera aho rutuye, baharanira gukunda Igihugu […]

U Burusiya buravuga ko bwaburijemo imigambi ya Ukraine yo kwica abayobozi b’ingabo

fd9b1d41 d5ce 4f69 85dc 24a664076193

Kuri uyu wa Kane, itariki 26 Ukuboza 2024, abategetsi bo mu Burusiya bavuze ko imigambi myinshi ya Ukraine yo kwica abasirikare bakuru b’Abarusiya yaburijwemo. FSB (“The Federal Security Service of the Russian Federation ), yagize iti: “Urwego rushinzwe umutekano muri Federasiyo y’u Burusiya rwabujije igerageza ry’ubwicanyi ku basirikare bakuru bo muri Minisiteri y’ingabo.” Mu itangazo […]

Syria: Abashinzwe umutekano 14 biciwe mu ‘gico’ cy’abayoboke ba Assad

1735189064

Abayobozi bashya muri Syria baravuga ko abashinzwe umutekano 14 bishwe abandi 10 barakomereka mu “gico” cy’ingabo z’indahemuka ku wahoze ari perezida, Bashar al-Assad, mu burengerazuba bw’igihugu. Bavuga ko iyi mirwano yabereye ku wa Kabiri hafi y’icyambu cya Tartous ku Nyanja ya Mediterane nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga. Amakuru avuga ko abashinzwe umutekano batezwe igico […]

Sosiyete ya Japan Airlines iravuga ko yagabweho igitero cy’ikoranabuhanga

afc58a8797e9a04f9295bc784c6a7ca0

Kuri uyu wa Kane, itariki 26 Ukuboza 2024, Sosiyete y’indege Japan Airlines (JAL) yavuze ko yagabweho igitero cy’ikoranabuhanga cyashoboraga kugira ingaruka ku ndege, ariko ntiyemeje niba hari ugutinza indege cyangwa gusubika ingendo byabayeho. Umuvugizi wa Japan Airlines yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa ati: “Dushobora kwemeza ko twagabweho igitero cy’ikoranabuhanga kandi ko dukemura iki kibazo.” “Birashoboka ko […]

Mozambique: Abagororwa barenga 1.500 batorotse Gereza ya Maputo nyuma y’imvururu

Untitled 171

Polisi yo muri Mozambike yavuze ko abantu 33 bapfuye abandi 15 barakomereka ubwo imvururu zadukaga muri gereza irinzwe cyane mu murwa mukuru, Maputo. Nk’uko umuyobozi wa polisi mu gihugu abitangaza, ngo imfungwa zirenga 1.500 zashoboye gutoroka muri icyo gihe. Abigaragambyaga kandi bateye andi magereza menshi ahandi mu gihugu, abandi bagororwa benshi baratoroka. Yavuze kandi ko […]

Papa Fransisko yasabiye amahoro Ukraine, Sudani na Gaza

2024082106088 ad447592e45cf86ebe82d4bcf0708329ba6e9ff3d645a68f14f1feb3d5a7ec34

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 25 Ukuboza hirya no hino ku Isi abakirisitu bizihije umunsi mukuru wa Noheri aho bishimira ivuka rya Yezu Kirisitu,aho i Vatikani, mu muhango wo gutura igitambo cya misa Papa Fransisko, yasabye ko intambara yo muri Ukraine yatuza, ahamagarira ibiganiro by’amahoro. Mu butumwa bwe, Papa Fransisko yasabye ko habaho amahoro ku […]

Rwamagana: Abasilamu barashima Leta yakuyeho itotezwa bakorerwaga

9be5c71f 5483 4e6c b2cf 2aef2baa5a01

Abasilamu bo mu karere ka Rwamagana,bavuga ko impinduka zabaye mu myigishirize y’Igitabo Gitagatifu cya Korowani (Qur’an) yazanye mu impinduka mu mibereho yabo mu gihe banavuga ko mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batotezwaga n’Ubutegetsi bw’icyo gihe bubigizemo uruhare bigatuma batabona ubwisanzure mu myemerere . Ibi babitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Ukuboza […]

Indege irimo abantu 68 yavaga Azerbaijan ijya mu Burusiya yakoze impanuka ikomeye

2024 12 25t081808z 546185039 rc28wbad8n7c rtrmadp 3 kazakhstan crash

Minisiteri ishinzwe kurwanya ibiza n’ubutabazi bwihutirwa yatangaje mu itangazo ryayo ko indege itwara abagenzi yavaga muri Azerbaijan yerekeza mu Burusiya yakoze impanuka hafi y’Umujyi wa Aktau muri Kazakhstan ubwo yageragezaga kururuka mu buryo bwihutirwa. Indege ifite numero J2-8243, ya Embraer 190 ifite abagenzi 62 ​​hamwe n’abakozi batanu bayo, byabaye ngombwa ko igwa byihutirwa nko mu […]

Mozambike: Nibura abantu 21 bamaze gupfira mu myigaragambyo yoingeye kwaduka

2024 11 07T113318Z 679761066 RC2A0BAX73PY RTRMADP 3 MOZAMBIQUE POLITICS PROTEST 1730982982

Nibura abantu 21 baguye mu mvururu nyuma y’uko Urukiko rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga rwa Mozambike ku wa Mbere rwemeje ko ishyaka rimaze igihe kirekire riri ku butegetsi Frelimo ryatsinze amatora ya perezida, nk’uko minisitiri w’umutekano mu gihugu yabitangaje ku wa Kabiri. Icyemezo cyafashwe n’Urukiko rushinzwe Kurinda k’Itegeko Nshinga rwa Mozambique cyateje imyigaragambyo mishya mu gihugu […]

Lubero: FARDC na M23 baracyarwanira kugenzura Mambasa

IMG 7210 780x440 1

Ingabo za FARDC na M23 zakomeje imirwano, kuri uyu  wa Kabiri, itariki ya 24 Ukuboza, zirwanira kwigarurira Umujyi wa Mambasa, uherereye ku birometero 60 uvuye i Lubero-Centre (Kivu y’Amajyaruguru). Ni mu gihe M23 ivuga ko igenzura Mambasa kandi itaharekura. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abivuga, ibintu bikomeje kuba bibi muri kariya gace k’igihugu. Amakuru […]

Ethiopia irashinjwa kugaba igitero ku birindiro bya gisirikare muri Somalia

Ethiopian troops somaliguardian news

Guverinoma y’igihugu cya Somaliya yamaganye byimazeyo ibyo isobanura ko ari igikorwa cy’igitero simusiga cy’ingabo za Ethiopia mu mujyi wa Doolow, uherereye mu karere ka Gedo. Nk’uko abayobozi ba Somaliya babitangaza ngo Ingabo za Ethiopia zagabye igitero  ahagana mu ma saa kumi za mu gitondo kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 23 Ukuboza, cyibasira ibigo […]

Syria: Hadutse imyigaragambyo nyuma no gutwika igiti cya Noheri

AA1wpVEl

Muri Syria hadutse imyigaragambyo yatewe no gutwika igiti cya Noheri hafi y’umujyi wa Hama, aho video yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga abantu bitwaje imbunda bihishe mu maso batwikira igiti cya Noheri mu rubuga runini rwa Suqaylabiyah, umujyi wiganjemo Abakirisitu muri Syria rwagati. Itsinda ry’abayisilamu ryayoboye imyivumbagatanyo yahiritse Perezida Bashar al-Assad ryavuze ko abagabo batwitse iki […]

Inzobere mu by’ubuvuzi zagaragaje ingaruka zikomeye zo gukoresha imiti nabi

Pharmacy

Inzobere mu buvuzi hamwe n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC) zahagurukiye impungenge z’ikoreshwa nabi ry’imiti, ziburira ko ibikorwa nk’ibi bigira uruhare mu kongera ikibazo cyo kuba indwara zimwe zihagararaho imbere y’imiti yica microbes icyo bita mu Cyongereza “Antimicrobial resistance (AMR)”. Gukoresha nabi antibiyotike, harimo kuyikoresha bitari ngombwa cyangwa kunanirwa kurangiza umuti wandikiwe, bishobora gutera AMR, […]

Mozambique: Imyigaragambyo yongeye kubura nyuma y’icyemezo cy’urukiko

2J47EZ5UQBJOFPUZZQP3HAKCPE

Mu gihugu cya Mozambique kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Ukuboza 2024, imyigaragambyo yongeye kubura nyuma y’uko urukiko rw’ikirenga rushimangiye intsinzi y’umukandida Daniel Chapo w’ishyaka riri ku butegetsi mu matora ya perezida yabaye mu Kwakira ataravuzweho rumwe. Ni amatora yakurikiwe n’imyigaragambyo yiciwemo abantu nyuma y’uko umukandida wigenga wabaye uwa kabiri yanze kwemera ibyavuye mu matora […]

Ingabo zirenga 1.000 za Koreya ya Ruguru zimaze kwicwa cyangwa gukomerekera mu Burusiya

AFP 20230210 338W9G7 v3 HighRes NkoreaMilitaryParade

Kuri uyu wa Mbere, ubuyobozi bw’ingabo za Koreya y’Epfo bwatangaje ko ingabo zirenga 1.000 za Koreya ya Ruguru zishwe cyangwa zigakomereka kuva zinjira mu Ntambara y’u Burusiya na Ukraine. Abayobozi bakuru b’ingabo i Seoul (JCS) bagize bati: “Binyuze mu masoko atandukanye y’amakuru n’ubutasi, turabona ko ingabo za Koreya ya Ruguru ziherutse kwishora mu ntambara n’ingabo […]

FARDC yahakanye amakuru yavugaga ko yisubije Alimbongo

le lieutenant colonel mack hazukay 23 dec 2024 jpg 711 473 1

Mu gihe Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zivuga ko zabashije kubona intsinzi zimwe na zimwe kuri M23  mu duce tumwe na tumwe twa Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru, izi ngabo zirahakana ko ziri muri Alimbongo muri ako karere n’ubundi. Nk’uko umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sukola Grand Nord abitangaza, ngo uyu mujyi w’ingenzi […]

Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi bashya barahiye

66977

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Ukuboza 2024, yayoboye umuhango wo kurahira kwa Minisitiri w’imikino mushya, Nelly Mukazayire, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri ya siporo, Rwego Ngarambe, n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ikigega cy’igihugu muri minisiteri y’imari n’igenamigambi ry’ubukungu, Godfrey Kabera. Mu nama yagiriye abayobozi bashya cyane cyane muri minisiteri ya […]

Kabale: Umusore w’imyaka 19 ari guhigwa bukware nyuma yo kwica se

WhatsApp Image 2024 12 22 at 5.43.56 PM

Umugabo w’imyaka 52, Darius Turamyomwe, yapfuye azize ibikomere yatewe n’umuhungu we, Nicholas Niwagaba w’imyaka 19, nyuma y’amakimbirane ashingiye ku butaka. Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu mu Mudugudu wa Mumihanga, mu Murenge wa Kitumba, mu Karere ka Kabale. Nk’uko Peregia Kyarimpa, umugore wa nyakwigendera abitangaza, Niwagaba yasabye ko se yamuha umugabane w’ubutaka bw’umuryango. […]

Gen. Muhoozi Kainerugaba yasabye Sudani kumusaba imbabazi

8bdebb60 7073 4831 9b7b 4850f4ec6858

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’igihugu cya Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yasabye ko Sudani yasaba imbabazi ku mugaragaro nyuma y’amagambo yatangajwe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga wa Sudani imushinja kuvugira amagambo rutwitsi  kuri X (yahoze ari Twitter). Sudani ivuga ko Muhoozi yavuze ko azafata Khartoum Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump natangira imirimo, avuga ko aya magambo ari […]

Lubero: FARDC yongeye guhagurutsa indege za Sukhoi nyuma y’igihe kirekire

GfYvqhLWgAAVOYC

Kuva ku isaha ya saa cyenda mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, itariki ya 22 Ukuboza 2024, ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero simusiga ku turere dutuwe cyane nka LuberoCentre, Kitsambiro no mu nkengero zaho ndetse no ku birindiro bya M23. Uruhande rwa M23 ruvuga ko rwiyemeje gucecekesha izo ntwaro. Muri Mambasa na Alimbongo […]