Kenya: Raila Odinga arakurikizaho iki nyuma yo gutsindwa mu matora ya AU?

hq720 3

Gutsindwa k’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya, Raila Odinga,mu matora y’Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AUC), ngo ntabwo ari ibanga bigiye guhindura isura y’amatora yo muri iki gihugu mu 2027. Ku wa Gatandatu, itariki 15 Gashyantare 2025, Raila, umunyapolitiki w’inararibonye, ​​yatsinzwe n’umukandida wa Djibouti, Ali Youssouf mu matora yabereye i Addis Abeba, […]

U Burundi bwahambirije uhagarariye PAM

Sibi Lawson Marriott 770x410 1

Leta y’u Burundi kuwa Gatanu yirukanye Sibi Lawson-Marriot uhagarariye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa kw’Isi, PAM, na Sarah Nguyen wayoboraga ishami rishinzwe umutekano muri ibi biro. Abo bayobozi uko ari babiri, bavuye mu gihugu ku wa Gatanu mu gitondo mu ndege ya Rwandair nyuma y’uko Guverinoma y’u Burundi ibahaye amasaha 48 yo kuba bavuye […]

Kinshasa: Polisi yarunzwe kuri za paruwasi gaturika n’iza abaporoso

cathedrale du centenaire a kinshasa 25 jpg 711 473 1

Abayobozi ba polisi basabwe kohereza abapolisi babo kuri za paruwasi Gatolika n’Abaporotesitanti kugira ngo babungabunge umutekano mbere, mu gihe na nyuma yo guterana ndetse na misa byo kuri iki Cyumweru, itariki ya 16 Gashyantare i Kinshasa, nkuko byatangajwe ku wa Gatandatu, itariki ya 15 Gashyantare 2025. Telegaramu yaturutse kuri sitasiyo ya polisi yo mu ntara […]

Papa Francis yajyanwe mu bitaro i Roma

skynews pope francis good friday 6504833

Papa Francis yajyanwe mu bitaro i Roma kuri wa Gatanu, ubwo aho aravurirwa indwara ya bronchitis ikomeje kumurembya. Vatikani yongeyeho ko uyu mukambwe w’imyaka 88 yinjiye mu bitaro nyuma yo kwakira abantu mu gitondo. Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byatangaje ko Papa Francis muri iyi minsi ishize afite ibibazo byo guhumeka neza ku buryo abandi bayobozi […]

Umuhungu wa Ingabire yaherukaga mu myaka 15 ishize yaje kumusura mu Rwanda

Gju7 hzWYAAVJuB

Umuhungu wa Ingabire Victoire, Umuyobozi w’ishyaka Dalfa-Umurinzi ritemerewe gukorera mu Rwanda, yaherukaga mu myaka 15 ishize yaje kumusura mu Rwanda ari kumwe n’umugore we ndetse n’umuryango we baturutse mu Buholandi. Mu butumwa yanyujije kuri X kuri uyu wa Gatanu, Ingabire Victoire yagize ati: “Nshimishijwe no kongera kubona ubuheta bwanjye, nyuma y’imyaka 15 tutabonana. Aje kunsura […]

Gasabo: Urukiko rwaburanishije umwana w’umukozi wishe undi w’imyaka 2 yareraga

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671 2

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije urubanza ruregwamo umwana w’umukozi ufite imyaka 15 y’amavuko wishe umwana muto w’imyaka ibiri wo mu rugo yakoragamo amuhoye ko yiyanduje.  Ibyo byabaye ku itariki ya 08 Ukuboza 2024, ubwo uwo mwana w’umuhungu yanigaga umwana abakoresha be bari bamusigiye, bimuviramo urupfu nk’uko bitangazwa n’Ubushinjacyaha Bukuru. Uregwa yaburanye yemera icyaha asobanura ko […]

Ubwato butwara indege z’indwanyi bwa Amerika bwagonganye n’ubwato bw’ubucuruzi

613506

Kuri uyu wa Kane, itariki 13 Gashyantare 2025, Igisirikare cya Amerika cyavuze ko ubwato bugwaho indege z’indwanyi bw’Ingabo zirwanira mu mazi bwagonganye n’ubwato bw’abacuruzi hafi ya Misiri, aho bivugwa ko nubwo ubu bwato bwa Amerika bukoresha ingufu za nikeleyeri bumeze neza kandi nta wakomeretse. Kugeza ubu igisirikare cya Amerika gifite amato nk’aya atwara indege 11 […]

EU: Abadepite basabiye ibihano abarimo ba Gen. Ruvusha na Karusisi

463236672 1199609017992222 7249276333170398700 n

Abadepite bo mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi basabye inama nkuru y’uyu muryango gukaza ibihano ku bagaba b’ingabo bakuru ba M23, abayobozi b’indi mitwe yitwaje intwaro, cyo kimwe na bamwe mu bagaba b’ingabo ba Congo n’abasirikare bakuru b’u Rwanda. Inteko Nshingamategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kandi yasabye ko amasezerano uyu muryango uheruka kugirana n’u Rwanda […]

Ibyo mwize bizatanga umusaruro witezwe ari uko mwabikurikije uko bikwiye – DIGP Ujeneza

csm WhatsApp Image 2025 02 13 at 17.51.48 f2cbfc5d a55f683464

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda (DIGP) ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Gashyantare 2025, mu butumwa yagejeje ku bapolisi basoje amahugurwa yerekeranye no gutwara amapikipiki mu bihe by’ubutabazi (Motorcycle driving in emergency situations course), abasaba kuzakoresha neza ubumenyi bayungukiyemo kugira ngo abashe kugera ku […]

Gasabo: Abashinjwa kwica umuntu bamuziza kwiba bagejejwe mu bushinjacyaha

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671 1

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bukurikiranye abantu batandatu bari mu kigero cy’imyaka 21 na 43 bakubise umugabo w’imyaka 63 bamuhora ko yibye bikamuviramo urupfu. Icyaha bakurikiranyweho bagikoze ku itariki ya 05 Gashyantare 2025 mu karere ka Gasabo umurenge wa Jali, Akagari ka Nyabuliba, umudugudu wa Kirehe nkuko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga. Bivugwa […]

RDC: Indwara itazwi imaze kwica abasaga 50 mu gihe ibihumbi byahunze

6KBVRAV6AFB4DO2WPXSVGR5BEQ

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Gashyantare, Jean-Paul Boketsu Bofili, umusenateri wo mu Ntara ya Equateur, mu burengerazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yaburiye ko indwara itazwi yateje impfu zirenga 50 mu byumweru bike mu karere ka Bansakusu. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryakiriwe na Radio Okapi kuri uyu wa Gatatu ushize, uyu muyobozi […]

M23 irimo gusatira Ikibuga cy’indege cya Kavumu nyuma yo gufata Kalehe

GettyImages 1245798766 1440x500 1

Nyuma y’ifatwa rya centre ya Ihusi na Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo kuri uyu wa Gatatu ushize, ubu inyeshyamba za M23 ziri gusatira Ikibuga cy’indege cya Kavumu cyegereye Umujyi wa Bukavu. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko imirwano ikaze yadutse kuva mu gitondo cya kare ahitwa Kasheke-Kabamba, agace gaherereye ku birometero 15 uvuye ku Kibuga […]

Minembwe: FARDC yagabye igitero gikaze ku giturage cya Gakenke

4EB2574F 0E20 43A6 8581 BCF73906E2B9

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki 13 Gashyantare 2025, i Minembwe mu giturage cya Gakenke, hagabwe igitero gikomeye cya FARDC cyatumye abaturage benshi bata ibyabo bajya kwihisha, mu gihe aba baturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bakomeje gutaka kwicwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa. Aya ni amakuru yashyizwe ahagaragara na Hon. Me Moise Nyarugabo wibaza impamvu […]

Amajyepfo: Haravugwa ibura ry’amarimbi n’igiciro gihanitse cyo gushyingura

dsc08683 78bef

Ikibazo cy’ibura ry’amarimbi mu Ntara y’Amajyepfo cyatumye abahatuye basaba ko bafashwa kubona amarimbi hafi y’aho batuye, ndetse n’aho yashyizwe hagashakwa uburyo bwo korohereza abatishoboye ku kiguzi cyo gushyingura nk’aho mu irimbi ry’Akarere ka Huye riherereye mu Murenge wa Ngoma, bavuga ko badafite ubushobozi bwo kubona ibihumbi 600 Frw yo gushyingura ababo. Uretse abaturiye amarimbi bataka […]

Uwahoze ayobora Google yagaragaje impungenge ko AI ishobora gukoreshwa mu iterabwoba

images 2025 02 13T060955.306

Uwahoze ari umuyobozi mukuru wa Google afite impungenge ko ubwenge bw’ubukorano cyangwa Artificial Intelligence bushobora gukoreshwa n’iterabwoba cyangwa “ibihugu bitubahiriza amategeko” mu “kugirira nabi inzirakarengane.” Eric Schmidt yabwiye BBC ati: “Ubwoba nyabwo mfite ntabwo ari bwo abantu benshi bavuga kuri AI – Ndavuga ibyago bikabije.” Umuhanga n’umuherwe mu by’ikoranabuhanga, wari ufite imyanya ikomeye muri Google […]

Rwamagana: Ibyiciro byihariye byibasirwa n’indwara 3 byashyiriweho urubuga rwo kugaragaza ibibazo muri serivisi z’ubuvuzi

IMG 20250212 WA0052

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Gashyantare 2025, mu Karere ka Rwamagana,hatangijwe umushinga mushya, ugamije gukemura ibibazo ibyiciro byihariye birimo abaryamana bahuje ibitsina n’abakora ubaraya bahura nabyo mu guhangana n’indwara ya Maraliya,igituntu na Virus itera Sida. Uwo mushinga uzatangirira mu turere twa Rwamagana, Gasabo, Rurindo, Rubavu na Gisagara, witezweho kuzorohereza ibyiciro byihariye byibasirwa n’indwara […]

France: Igisasu cya grenade cyatewe mu kabari gikomeretsa abasaga 10

71590273 803

Abantu barenga 10 bakomeretse, bamwe bikomeye, nyuma y’uko grenade yajugunywe mu kabari mu mujyi wa Grenoble, mu Bufaransa. Ibi byabaye nyuma gato ya saa mbiri z’ijoro (1900 GMT) ku kabari kari mu mudugudu wa Olempike, wubatswe igihe umujyi wakiraga imikino Olempike yo mu 1968. Umuyobozi w’akarere ka Grenoble, Eric Piolle, ku wa Gatatu, yagize ati: […]

Nyanza: Aimable Karasira yireguye ku cyaha cyo guha ishingiro jenoside

f6c1d240 d1fa 11ed af0d 9d7df5f76b8a 8cf65

Mu rugereko rw’Urukiko Rikuru i Nyanza, kuri uyu wa Gatatu, Aimable Karasira n’abamwunganira berekanye ko ibyaha akurikiranyweho 4 muri 6 bigendanye n’ibyavugiwe mu itangazamakuru, ko byagombye kurangizwa n’urwego rw’abanyamakuru rubigenzura RMC. Umwunganizi we, Me Bikotwa Bruce yabwiye urukiko ko umushinjacyaha atari impuguke mu itangazamakuru bityo akaba atamenya niba ibyavugiwe mu itangazamakuru bigize cyangwa bitagize icyaha […]

Kivu y’Amajyepfo: M23 yigaruriye Ihusi na Karehe

GjlH6rSXEAAP39a

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu itariki 12 Gashyantare 2025, wigaruriye Centre ya Ihusi ndetse na Kalehe nyuma yo kuhirukana Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo batandukanye. Ngo ni nyuma y’ubushotoranyi bwongeye gukorwa na FARDC ku birindiro bya M23, biba ngombwa ko yirwanaho. Byarangiye rero akarere kose ka Ihusi na Kalehe bifashwe n’abarwanyi ba M23. […]

Musanze: Musenyeri Mugiraneza yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo

1 63 14

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Gashyantare 2025, uwahoze ari Musenyeri wa Diyosezi y’Abangilikani ya Shyira, ukurikiranyweho icyaha cyo kunyereza no gukoresha nabi umutungo, yitabye urukiko mu Karere ka Musanze. Samuel Mugisha Mugiraneza yatawe muri yombi muri Mutarama mu gihe hari hagitegerejwe iperereza ku kunyereza umutungo no gukoresha nabi amafaranga y’itorero kubera inyungu ze […]

Arusha: Hatangiye kumvwa urubanza Congo yarezemo u Rwanda

Screenshot 2025 02 12 113043

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 12 Gashyantare 2025, i Arusha ku Rukiko Nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu, hatangiye kumvwa urubanza Repubulika ya Demokarasi ya Congo yarezemo u Rwanda. Uruhande rw’u Rwanda ruyobowe na Minisitiri w’Ubutabera, Emmanuel Ugirashebuja, rwasabye urukiko kutakira ikirego kubera inenge zitandukanye babonye mu kirego. Repubulika ya Demokarasi ya Congo irasaba urukiko gutegeka u […]

RDC: Abayobozi bakomeje gushishikariza urubyiruko kujya muri FARDC bakarwanya u Rwanda

IMG 20250211 WA0006

Binyuze ku mujyanama we ushinzwe itumanaho, Fifi Masuka SaĂŻni, Guverineri w’Intara ya Lualaba, yahamagariye urubyiruko kujya mu gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC). JosuĂ© Muyumba yatangaje ubutumwa bw’umuyobozi mukuru w’intara mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru baho mu minsi ishize. “Amasengesho yonyine ntabwo ahagije. Niba twe, abaturage ba Congo, dushaka kurinda umutekano w’igihugu cyacu, tukarinda […]

Bugesera: Ku myaka 77 arashinjwa gusambanya umwana w’imyaka 13

bugesera district in rwanda 2EJTX2T

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwaregeye Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata, dosiye y’umugabo w’imyaka 77 wasambanyije umwana w’umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko, bumusabira gufungwa by’agateganyo. Ni icyaha Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru bivuga ko cyakorewe mu Kagari ka Gihembe, Umurenge wa Ngeruka, mu Karere ka Bugesera ku itariki ya 27 Mutarama 2025. Kuri uwo munsi, ngo […]

Ituri: Inyeshyamba za CODECO zirashinjwa kwica abaturage basaga 50

IMG 20230829 201929

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Gashyantare, ibitangazamakuru mu gihugu byatangaje ko byibuze abantu 52 baguye mu gitero cyagabwe n’inyeshyamba z’umutwe wa CODECO mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Uyu mutwe w’inyeshyamba wagabye ibitero ku mugoroba wo kuwa Mbere mu duce dutatu muri Dguju mu ntara iherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu ya […]

Bugesera: Yafatiwe mu cyuho atekeye Kanyanga mu rugo

WhatsApp Image 2025 02 11 at 16.35.14 72cea978

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Bugesera yafatiye mu cyuho umusore w’imyaka 21 y’amavuko, wari utetse ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa Kanyanga. Yafashwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Gashyantare, ubwo yari amaze kwarura litiro zigera kuri 30 zayo, yitegura guteka indi muri melase yifashishaga ingana […]

Gen. A. Nyamvumba n’itsinda ayoboye bari mu rugendoshuri muri Qatar

GjgRiKbXoAE6kf8

Intumwa zaturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda, ziyobowe na Brig. Gen. Andrew Nyamvumba, ziri muri Qatar mu rugendoshuri mpuzamahanga rw’icyumweru. Izi ntumwa zasuye Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryitiriwe Joaan Bin Jassim n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’Igihugu, aho bakiriwe n’umuyobozi w’ishuri, Brigadier General Engineer Abdul Hadi Hamad Fahd Al-Dussari, n’umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare, Brigadier […]

Gasabo: Urubanza rw’umugabo ushinjwa kwica umwana nyuma yo kumusambanya rwapfundikiwe

1000 F 252112100 FyUV8mTAOjlr9cZwMpo1DmULDC3OzLi5

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rwaburanishije dosiye y’umugabo wishe umwana w’umukobwa nyuma yo kumusambanya, yarangiza akamutaba mu nzu ye. Mu rubanza, uregwa yemeye ko yasambanyije uwo mwana yarangiza akamwica; asobanurira Urukiko ko yabitewe n’inzoga yari yanyoye kandi ko agira ikibazo cyo mu mutwe; abisabira imbabazi. Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko urubanza rwapfundikiwe, rukazasomwa ku […]

Gasabo: Bararegwa gutanga ubuhamya bw’ibinyoma barengera umukwe wabo

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwaregeye Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata, dosiye y’umugore n’umugabo batanze ubuhamya bw’ibinyoma bagaragaza ko umwana wabo wasambanyijwe n’umukwe wabo afite imyaka y’ubukure, busaba ko baburanishwa mu mizi ku buryo bwihuse. Ibyo abaregwa bakoze byabaye ku itariki ya 29 Mutarama 2025 ubwo bafatwaga bamaze gukora inyandiko yuzuyemo ibinyoma, bagaragaza ko umwana […]

Gen. Yakutumba wahawe kuyobora wazalendo muri Kivu y’Amajyepfo ntakozwa ibyo kuganira na M23

Screenshot 2025 02 11 104035

Umuyobozi w’umutwe w’inyeshyamba wa Mai-Mai Yakutumba, William Amuri Yakutumba, aravuga ko inyeshyamba ayoboye zitazigera zemera ibiganiro hagati ya leta n’umutwe wa M23 kuko byaba ari ukugambanira igihugu ndetse n’inzira yo kugicamo ibice. Ibi yabitangaje mu mpera z’icyumweru gishize nyuma y’inama ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyepfo bwagiranye n’imitwe ya Wazalendo itandukanye irimo Yakutumba, yari igamije kubasaba kuba […]

Korea y’Epfo: Umwarimukazi yateye icyuma umunyeshuri w’imyaka 8 aramwica

download

Umwarimu yateye icyuma umwana w’umukobwa w’imyaka umunani aramwica ku ishuri ribanza muri Koreya y’Epfo, mu kibazo cyatunguye igihugu. Polisi yavuze ko umwarimu w’umugore uri mu kigero cy’imyaka 40, yemeye ko yateye icyuma umunyeshuri mu Mujyi wa Daejeon rwagati. Kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 10 Gashyantare, uyu mwana bamusanze afite ibikomere yatewe mu igorofa rya […]

Umusaruro ufite agaciro katarenga miliyoni 12 Frw umuhinzi  asonewe umusoro – RRA

arton163

Komiseri wungirije ushinzwe abasora n’itumanaho muri RRA, Uwitonze Jean Paulin avuga ko amakoperative y’abahinzi n’aborozi yabegereye abagaragariza imbogamizi z’uko atari abacuruzi, bituma hashyirwaho umwihariko ku makoperative y’abahinzi n’aborozi bitandukanye n’uko byakorwaga, aho basabwaga gutanga facture ya EBM no gutanga umusoro ku nyungu ku musaruro wagurishijwe. Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyagaragaje ko habaye impinduka mu buryo […]

Perezida Kiir yirukanye ba visi perezida 2 n’ukuriye umutekano

thumbs b c 1a0f4c462bd7ab56876ae1bbf358aee6

Mu ijoro ryo ku wa Mbere, rishyira kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, yirukanye ba Visi Perezida James Wani Igga na Hussein Abdelbagi, hamwe n’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe umutekano, Akech Tong Aleu, mu iteka rya perezida ryasomewe kuri radio na televiziyo by’igihugu. Mu iteka ryihariye, Kiir yashyizeho Benjamin Bol Mel […]

Libya: Havumbuwe imva rusange ishyinguwemo abimukira

068 aa 22032024 1592220 67a8e67d948c8101594985

Mu gihugu cya Libya mu Ntara ya Kufra, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’igihugu, havumbuwe imva rusange irimo imirambo 28 y’abimukira bo munsi y’ubutayu bwa Sahara hafi y’ahantu bivugwa ko bari bafungiwe kandi bagakorerwa iyicarubozo. Ubushinjacyaha Bukuru bwatangaje ko iyi mva rusange yabonetse nyuma y’umukwabu wakozwe kw’icuruzwa ry’abantu, aho abayobozi babohoje abimukira 76 bo munsi y’ubutayu bwa […]

Israel: Netanyahu yitabye urukiko aregwamo ibyaha bya ruswa

F241210CG59

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yongeye kwitaba urukiko mu rubanza akomeje gukurikiramwamo icyaha cya ruswa. Netanyahu yinjiye mu cyumba cy’urukiko i Tel Aviv mu gihe umugore umwe wari witabiriye urubanza yabajije ati: “Ntubona ko igihe kigeze cyo kubohoza imbohe zose?” Ibi yabitangaje nyuma y’uko Abisiraheli batatu bari bafashwe bugwate barekuwe […]

Pretoria: Abadepite barajya impaka ku mpamvu SANDF iri muri Congo

The soldiers were en route to Kimberley at the time of the fatal crash

Inteko Ishinga Amategeko iraterana uyu munsi, ku wa Mbere, itariki 10 Gashyantare 2025, kugira ngo bungurane ibitekerezo ku Ngabo z’igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) ziri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC). Ibiganiro byasabwe n’Ishyaka riharanira Demokarasi (DA), bije bikurikira urupfu rw’abasirikare cumi na bane ba SANDF, rwateje impungenge zikomeye ku iyoherezwa ryabo […]

Abasirikare ba mbere ba FARDC bataye urugamba muri Kivu y’Amajyepfo mu rukiko

3j2a5322

Kuri iki Cyumweru, itariki 9 Gashyantare ubushinjacyaha bwa gisirikare bwatangaje ko kuri uyu wa Mbere abategetsi ba Congo bashyira nibura abasirikare 75 mu rukiko bazira guta urugamba imbere y’inyeshyamba za M23 mu ntara y’iburasirazuba ya Kivu y’Amajyepfo ndetse no kubera guhohotera abaturage, harimo kubica no kubasahura. Umuryango w’Abibumbye wavuze ko hari ihohoterwa ryakorewe abantu benshi […]

Israel yakuye Ingabo mu muhora ugabanyamo Gaza kabiri

hq720 1

Ingabo za Israel zavuye mu Muhora wa Netzarim, agace ka gisirikare gatandukanya amajyaruguru y’akarere ka Gaza n’amajyepfo. Abanyapalestina babarirwa mu magana bari mu modoka no ku magare byuzuye matelas n’ibindi bikoresho batangiye gusubira mu majyaruguru ya Gaza nyuma yo kuhahunga kubera ubukana bw’ibitero bya Israel. Kuhava kwa Israel bihuye n’amasezerano yo guhagarika imirwano ya Israel […]

Perezida Trump yahagaritse imfashanyo yahabwaga Afurika y’Epfo

SA Land Expropriation Act 1.jpg.optimal

Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Perezida Donald Trump yasinye itegeko ryo gukuraho imfashanyo Amerika yahaga igihugu cy’Afurika y’Epfo. Ni nyuma yo kunenga amategeko y’icyo gihugu yerekeye ubutaka n’ikirego cya Afurika y’Epfo yatanze mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera irega Israel, igihugu gicuditse na Amerika, gukorera jenoside Abanyepalestina mu Ntara ya Gaza. Mu 2023, […]

Gabiro: Hafi 500 mu nzego zitandukanye z’umutekano basoje imyitozo

GjR8CnhXwAAP6LK

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 8 Gashyantare, abasirikare n’abapolisi bakuru n’abato, n’ab’Urwego rushinzwe amagereza mu Rwanda (RCS) barangije neza amasomo y’umwuga wa gisirikare y’amezi ane n’igice mu kigo cy’imyitozo yo kurwana cya RDF i Gabiro. Aya masomo yabahaye ubushobozi bwo kuba bayobora kinyamwuga za kompanyi, platoon, kuba ba serija majoro ba kompanyi na ba serija […]

Abantu barenga 50 biciwe mu gico mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Mali

imageresize

Abantu barenga 50 biciwe hafi y’umujyi wa Gao uherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Mali nyuma y’uko abantu bitwaje imbunda bateze imodoka zabo hamwe n’abasirikare bari babaherekeje, nk’uko umuyobozi waho ndetse n’abaturage babitangaje kuwa Gatanu. Abagabye igitero bagikoreye hafi y’umudugudu wa Kobe, ku birometero 30 uvuye i Gao mu karere aho amashami ya Leta ya Kisilamu […]

U Rwanda rwanyuzwe n’imyanzuro y’inama hagati ya EAC na SADC

GjSjvgwWoAACzll

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwishimiye imyanzuro yafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bo muri EAC na SADC, yateraniye muri Tanzania kuri uyu wa Gatandatu. “Ni inama y’amateka kuko ni iya mbere y’abakuru b’ibihugu b’iyi miryango yombi, EAC na SADC. Iyi miryango ni yo DRC irimo kandi yanagize uruhare mu […]

Sam Nujoma waharaniye ubwigenge bwa Namibia yatabarutse ku myaka 95

sammmm

Sam Nujoma, impirimbanyi y’ubwigenge akaba n’umuyobozi w’inyeshyamba waje kuba perezida wa mbere watowe muri Namibia, yapfuye ku wa Gatandatu, itariki 8 Gashyantare 2025 afite imyaka 95. Kuri iki Cyumweru, Perezidansi ya Namibia yabitangaje ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Itangazo ryayo rigira riti: “N’akababaro n’agahinda kenshi ndatangariza muri iki gitondo cyo ku itariki ya 9 Gashyantare 2025 […]

Hagati y’ibiganiro n’intambara Tshisekedi arahitamo iki kuri iyi nshuro?

communique pics

Inama ihuriweho na SADC-EAC yateranye ku wa Gatandatu, itariki 8 Gashyantare 2025 muri Tanzaniya, yategetse ko inzira z’amahoro za Luanda na Nairobi zahurizwa hamwe. Icyemezo gifungura inzira iganisha ku biganiro bitaziguye hagati ya Guverinoma ya Congo n’inyeshyamba za M23 zigenzura uduce twinshi two mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Inama yabereye muri Tanzaniya ntabwo yamaganye u […]

Polisi yafashe abantu 15 bacyekwaho kuyogoza abaturage babiba moto

WhatsApp Image 2025 02 07 at 6.58.30 PM

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Gashyantare 2025, mu Karere ka Nyagatare, yeretse itangazamakuru abantu 15 bagize itsinda rikurikiranyweho ubujura bwa moto zibwe mu turere twa Nyagatare na Gicumbi. Bose uko ari 15 bacyekwaho kugira uruhare mu kwiba moto 9 zibwe mu mezi atatu ashize, aho enye muri zo zamaze kugaruzwa […]

U Burundi bugiye kohereza izindi ngabo i Bukavu

11382638746 9d9829977a b

Hashize iminsi ibiri, batayo nshya, ya 22 ya Task Force irimo gukusanyirizwa i Gatumba, umujyi uhana imbibi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), mbere yo koherezwa i Bukavu, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo. Ibi biratuma umubare w’ingabo u Burundi zimaze kohereza mu burasirazuba bwa DRC ugera kuri batayo 16, zigizwe n’abasirikare hagati ya […]

U Rwanda rwabwiye Loni ko rufite ibimenyetso by’igitero simusiga rwari rugiye kugabwaho

WhatsApp Image 2023 03 02 at 15.49.45

Kuri uyu wa Gatanu, u Rwanda rwavuze ko rufite ibimenyetso byerekana igitero gikomeye Repubulika ya Demokarasi ya Congo yateganyaga kurugabaho, kandi rwongera guhakana ko rufite uruhare mu bibera hakurya y’imipaka yarwo. Iyi nkuru dukesha Reuters ivuga ko Kigali na Kinshasa byagiye bishinjanya kuba inyuma y’ihungabana ry’umutekano ryubuye mu burasirazuba bwa Congo, aho inyeshyamba za M23 […]

Trump yafatiye ibihano Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC)

el presidente de estados unidos donald trump recibe al primer ministro de israel benjamin netanyahu

Kuri wa Kane, itariki 6 Gashyantare, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashyize umukono ku iteka rifatira ibihano Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kubera iperereza ryakozwe kuri Israel, umufatanyabikorwa wa hafi wa Amerika. Yaba Amerika cyangwa Israel ntabwo ari abanyamuryango cyangwa bemera urukiko. Israel ni inshuti magara ya Amerika kandi urukiko ruherutse gutanga icyemezo […]

Loni iremeza niba ikwiye kohereza itsinda ry’iperereza ku byaha byakorewe mu burasirazuba bwa DRC

maxresdefault 2

Kuri uyu wa Gatanu, ibihugu 47 bigize Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, birafata umwanzuro niba bizohereza byihutirwa ubutumwa bw’iperereza ku ihohoterwa ryakorewe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ahamaze igihe habera imirwano ikaze. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Geneve, Julien Paluku, wahoze ari Guverineri wa Kivu, akaba na Minisitiri w’ubucuruzi […]

Imirambo y’abasirikare biciwe mu mirwano itegerejwe muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Gatanu

Motshekga visiting wounded DRC January 2025 SANDF

N’ubwo byari byatangajwe bwa mbere n’Umuyobozi w’Ingabo z’igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) ko izacyurwa ku wa Gatatu, bigaragara ko imirambo y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo biciwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) iza gucyurwa mu rugo kuri uyu wa Gatanu. Urubuga defenceWeb dukesha iyi nkuru, rwamenye ko imibiri y’abasirikare bishwe mu gihe inyeshyamba za […]

Kampala: Perezida Museveni yagiranye ibiganiro na Ambasaderi Claver Gatete

Mu gihe Uganda yitegura kwakira inama mpuzamahanga ya Africa Region Forum on Sustainable Development ya 11 Perezida Museveni kuwa Gatatu yakiriye itsinda ry’intumwa riturutse muri Komisiyo y’Ubukungu y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Afurika ziyobowe na Amb. Claver Gatete. Perezida Museveni abinyujije kuri X yagize ati: “Nakiriye intumwa ziyobowe na Bwana Claver Gatete, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubukungu […]

Ukraine yakiriye inkunga nshya y’indege z’indwanyi y’ u Bufaransa n’u Buholandi

france to add air to ground capability on mirage 2000 5fs

Perezida Zelenskyy avuga ko itsinda rya mbere ry’indege z’intambara z’Abafaransa zo mu bwoko bwa Mirage ryageze muri Ukraine. Indege z’Abafaransa ngo zahinduwe kugira ngo zihuze n’imiterere y’intambara muri Ukraine no hejuru yayo. Kuri uyu wa Kane, itariki 6 Gashyantare 2025, Perezida Volodymyr Zelenskyy yemeje ko ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zabonye indege za Mirage […]

Ubushinjacyaha bwateye utwatsi urwitwazo rwa Sgt. Minani wakatiwe igifungo cya burundu

GjGluRgXgAAiqR1

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 6 Gashyantare, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwatangiye kuburanisha mu bujurire urubanza rwa Sergeant Minani Gervais, ukurikiranyweho kurasa abaturage batanu mu Karere ka Nyamasheke. Sergeant Minani Gervais yajuriye nyuma yo guhamwa n’ibyaha 3, agakatirwa igifungo cya burundu no kwamburwa impeta zose za gisirikare. Mu iburanisha ryabereye mu Kagari ka Rushyarara […]

USA: Marco Rubio yanze kwitabira inama ya G20 izabera muri Afurika y’Epfo

diagonal paint 16

Kuri uyu wa Gatatu ushize, nyuma y’iminsi mike Perezida Donald Trump akangishije guhagarika inkunga igenerwa igihugu cya Afurika y’Epfo, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, ntazitabira inama y’ibihugu 20 bikize kurusha ibindi (G20) izabera muri Afurika y’Epfo. Afurika y’Epfo izakira inama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu itsinda rya G20 kuva ku itariki […]

U Bubiligi bwemereye RD Congo ko gufatira ibihano u Rwanda muri EU biri kwanga

000 36X83CH

Mu gihe imirwano yabereye i Goma yaba yarahitanye abantu 3.000 nk’uko imibare y’agateganyo ya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Congo ivuga, ThĂ©rèse Kayikwamba Wagner, kuri uyu wa Gatatu itariki 5 Gashyantare 2025, yari i Buruseli kugira ngo agaragaze ikibazo cya DRC mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi n’u Bubiligi, akaba yarabonanye na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga. Muri […]

USA: Igipolisi kiri guhiga abajura bibye amagi 100,000

71520117 803

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika abayobozi barasaba abaturage ubufasha bwo kubona abajura bibye amagi 100.000, afite agaciro ka $ 40.000, yibwe mu modoka imwe muri Leta ya Pennsylvania. Ibicurane by’inyoni byateje ibura ry’amagi muri Amerika, niyo mpamvu rero ibiciro biri hejuru muri iki gihe nkuko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga. Ku wa Gatatu, […]

Dubai: Ikipe ya RNP yahigitse andi asaga 100 mu cyiciro cyo kunyura mu nzitane

WhatsApp Image 2025 02 06 at 07.47.06 1d9badf7

Ikipe ya mbere ya Polisi y’u Rwanda (RNP SWAT Team 1) yitabiriye irushanwa ryahuzaga ibihugu 70 byo hirya no hino ku isi, i Dubai muri Leta Zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), yongeye kwitwara neza yegukana umwanya wa mbere mu gace ko kunyura mu nzitane (Obstacle course). Ikipe ya mbere ya Polisi y’u Rwanda yabigezeho ikoresheje iminota […]

Huye: Akurikiranweho kwica umugore we nyuma yo kumukekaho ubusambanyi

csm UBUSHINJACYAHA HUYE 67668d60e7

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye kuwa Kabiri bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 25 wishe umugore babanaga w’imyaka 25 amutemesheje umuhoro. Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru bivugwa ko icyaha cyabaye kuwa 25 Mutarama 2025, mu gihe cya saa saba z’ijoro, mu Mudugudu wa Gisagara, Akagari ka Shyembe, Umurenge wa Maraba, mu […]

Impamvu Afurika y’Epfo idashaka impinduka mu butegetsi bwa DRC zikomeje kugaragazwa

Capture decran 2023 07 06 201812

Umubano hagati yu Rwanda na Afurika y’Epfo wifashe nabi mu gihe intambara ikomeje mu burasirazuba bwa DR Congo. Mu gihe guverinoma igenda itakaza ibice ariko M23 yagura aho igenzura, ibihugu byombi by’ibihangange bivugwa muri iki kibazo bisa nk’ibidashobora kumvikana. Ariko se ni ukubera iki? Mu gihe Umuryango w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC) n’Umuryango wa Afurika […]

Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD akomeje kwivuriza i Dubai nyuma yo kuva Nairobi

IMG 20250204 WA0192 3800x2135 c

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD, RĂ©vĂ©rien Ndikuriyo, akomeje kwivuriza mu bitaro by’i Dubai, Umurwa mukuru wa Emirate ya Dubai. Yimuriweyo nyuma yo kuva muri bimwe mu bitaro byo mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, Aga Khan Hospital. Nk’uko amakuru agera kuri SOS Media Burundi avuga, RĂ©vĂ©rien Ndikuriyo yimuriwe i Dubai amerewe nabi cyane. Umwe mu bamwegereye […]