Gnq982lW8AAwlDe

Mu Rwanda hatangijwe Ikigo kizakoresha AI mu gukusanya amakuru ku bijyanye n’ubuzima

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame muri iki Cyumweru yatangije Ikigo cy’igihugu gikoresha ubwenge bw’ubuhimbano (AI) mu gukusanya amakuru ku bijyanye n’ubuzima mu gihugu azafasha kuzamura uru rwego mu buryo bwihuse.

Gnq982mWMAA7FLu

Perezida Kagame ari nawe uyoboye gahunda ya AU ku bijyanye no gutera inkunga urwego rw’ubuzima ku mugabane, ku itariki ya 4 Mata yitabiriye igikorwa cyo gusabgira ifunguro cyateguwe na Dr Senait, Visi Perezida wa gahunda z’isi yose za Fondasiyo ya Susan Thompson Buffett, cyahuje abaminisitiri b’ubuzima baturutse muri Afurika yose, ndetse n’abafatanyabikorwa mu by’ubuzima mu karere n’umugabane.
Gnq982pXEAALkQs

Muri uyu muhango haganiriwe ku kamaro ko kubaka gahunda nziza z’ubuzima z’igihugu binyuze mu nkunga z’imbere mu gihugu ndetse n’ubufatanye bwunguka.

Abitabiriye uyu muhango kandi bitabiriye itangizwa ry’Ikigo cy’ubuzima cy’u Rwanda, gikoresha ubwenge bw’ubuhimbano (Rwanda’s Health Intelligence Center).

Gnq982lWsAEHTQl
Iki gikorwa cyabereye kuri Hotel nshya yuzuye ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali

Ni ikigo kizifashishwa mu gukusanya amakuru y’ubuzima aturuka mu baturage ndetse n’ibigo nderabuzima hirya no hino mu gihugu, azifashishwa kugira ngo umutungo ukoreshwe neza kandi hakomezwe inzego z’ubuzima z’igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *