Ghana yirukanye indaya 42 zo muri Nigeria 

US to deport 201 Nigerians

Leta ya Ghana yatangaje ko yirukanye ku butaka bwayo Abanya-Nigeria 42 nyuma y’ibyemezo by’inkiko byabashinjaga ibyaha bitandukanye birimo uburaya, ubwambuzi n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi. Aya makuru yemejwe ku wa Kane na Minisitiri w’Intara ya Ashanti, Frank Amoakohene, abinyujije ku rubuga rwa Facebook. Yavuze ko abo bantu birukanywe nyuma y’imanza zitandukanye zaburanishijwe mu nkiko, aho […]

The Ben yahigitse Bruce Melody

InShot 20251222 001554362

Abahanzi n’abafite aho bahuriye n’umuziki nyarwanda bahuriye mu birori bya Isango na Muzika Awards 2025 (IMA) byabaye ku nshuro ya gatandatu, byabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali), ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza 2025. Mu ijambo ry’ikaze, Umuyobozi Mukuru wa Isango Star, Mugabo Agatesi Laetitia, yashimiye abafatanyabikorwa bose bagize uruhare mu gutegura […]

Bwa mbere Masamba Intore yahawe Igihembo nyuma y’imyaka 40 amaze mu muzika

1766386640861thelink 25

Umuhanzi Massamba Intore, umaze imyaka irenga 40 atanga umusanzu ukomeye mu muziki n’umuco nyarwanda, yishimiye kwegukana igihembo cy’icyubahiro cya Lifetime Achievement Award, ari na cyo gihembo cya mbere ahawe mu Rwanda kuva yatangira urugendo rwe rw’ubuhanzi. Iki gihembo yagishyikirijwe mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza 2025, mu birori bya Isango na Muzika […]

DJ Toxxyk yafunzwe nyuma yo kugonga umupolisi agapfa

1766306465643

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi DJ Toxxyk nyuma yo kugonga umupolisi wari mu kazi, agahita apfa. Iyi mpanuka yabaye mu rukerera rwo ku wa 20 Ukuboza 2025, DJ Toxxyk ahita acika, ariko aza gufatirwa mu Karere ka Karongi. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Rutikanga Boniface, yavuze ko Dj Toxxyk yafashwe ku gicamunsi cyo ku […]

BĂ©nin: Uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo afunzwe akekwaho kugira uruhare muri Coup d’État yapfubye

1766245305424

Mu gihugu cya BĂ©nin, uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo ndetse n’umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi, Candide Azannai, yashyizwe muri gereza by’agateganyo mu rwego rw’iperereza ku gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi cyaburijwemo mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukuboza. Nk’uko byatangajwe na AFP, Azannai akurikiranyweho ibyaha birimo gucura umugambi wo guhungabanya Leta no gushishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi, nyuma […]

Bruce Melody yakwennye The Ben wihaye ibyo kurapa

InShot 20251220 170944212

Bruce Melodie yemeje ko yumvise ubutumwa The Ben yamugeneye binyuze mu ndirimbo ye nshya ‘Indabo zanjye’, ariko ntiyazuyaje kumusubiza amunnyega, amwibutsa ko “abaraperi bari aba cyera.” Ibi yabivuze agaragaza ko yumvise neza ubutumwa The Ben yamwoherereje, ariko akabigira mu mvugo irimo kunenga uburyo yaririmbye. Aba bahanzi bombi bakomeje guterana amagambo mu ndirimbo no mu magambo […]

The Ben yasubije Bruce Melodie

shema innocent 0780 329 329 30 3f0bf

Mu ndirimbo ye nshya yitwa Indabo zanjye, The Ben yashubije Bruce Melodie wari umaze iminsi umwibasira binyuze mu ndirimbo Munyakazi. Iyi ndirimbo nshya igaragaramo amagambo yuzuyemo kwirata, kwigamba no kwishongora byeruye bigenewe uwo bahanganye mu muziki. The Ben atangira yerekana ko yifata nk’umuhanzi uri ku rwego rwo hejuru, akibutsa Bruce Melodie amagambo ajya avuga mu […]

Prophet Joshua arafunzwe

1766146036437

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB yatangaje ko rwafunze abantu batanu barimo na Prophet Joshua bacyekwaho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Abafashwe uko ari batanu bafashwe ku wa 17 na 18 Ukuboza 2025 nk’uko byemejwe na RIB. Abafunzwe barimo uwitwa Mbabazi Winny, Niyigena Deborah, Murekatete Alice, Umutesi Salima Linda na Heradi Sefu Josue wiyita Prophet Joshua. […]

Lynda Priya yasezeranye imbere y’amategeko 

chapter 3 unlocked legally married to my bestfriend heaven african kingpanda photogra 1 db976

Uwankusi Nkusi Lynda uzwi nka Lynda Priya yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Christian Irenge, mu muhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Kimihurura ku wa 18 Ukuboza 2025. Bombi batangaje ko bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo buteganyijwe ku wa 8 Gashyantare 2026. Uyu muhango wabaye nyuma y’uko ku wa 10 Ukwakira hari habaye igikorwa cyo kwambika […]

Trump yahagaritse itangwa rya Green Card

read green card

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahagaritse by’agateganyo porogaramu izwi nka Green Card Lottery (Diversity Visa Program) nyuma y’amasasu yavugiye muri Brown University n’iyicwa ry’umwarimu wa MIT. Iyi gahunda ni yo yafashije ukekwaho ibyo byaha, Claudio Neves Valente, ukomoka muri Portugal, kwinjira muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko. Minisitiri w’umutekano imbere mu […]

Icyo Yampano avuga ku ifungwa ry’abasakaje amashusho y’urukozasoni ye

1766045908503

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi ku izina rya Yampano yatangaje ko nubwo yakiriye neza icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, atishimira kuba hari abantu bafunzwe by’agateganyo kubera ikibazo kimureba. Ibi yabitangaje nyuma y’uko ku wa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza 2025, urwo rukiko rutegetse ko Uzabakiriho Cyprien (Djihad), Ishimwe François Xavier, Kwizera Nestor (Pappy Nestor) na Ishimwe […]

Umugore yashyingiranywe n’ifoto yakozwe na AI (AMAFOTO)

1766043270427

Yurina Noguchi w’imyaka 32 yashyingiranywe n’umugabo we wa AI witwa Lune Klaus Verdure, yaremye ashingiye ku mukinnyi wo mu mukino wa video (video game) abifashijwemo na ChatGPT. Mu muhango wabereye i Okayama, Noguchi yarebaga umugabo we kuri telefoni binyuze mu madarubindi ya augmented reality, maze bagahana impeta nk’abandi bashakanye basanzwe. Indahiro z’umugabo wa AI zasomwe […]

Uwakiniye Man City yiswe amazirantoki n’uwo babyaranye

GettyImages 2201338395.jpg

Scott Sinclair wahoze akinira Manchester City yiswe “amazirantoki” n’uwahoze ari umukunzi we Helen Flanagan, umukinnyi wa filime ya nyuma yo kutabira igitaramo cy’ishuri cy’umuhungu wabo kuko yari yagiye kureba Grand Prix ya Abu Dhabi. Uwahoze ari umukinnyi wa Manchester City, Scott Sinclair, yatewe amagambo akomeye n’uwahoze ari umukunzi we Helen Flanagan, wamwise “igice cy’umwanda w’umuntu”, […]

Mutesi Jolly asanga umunyamakuru Karegeya yivovota avuga ubusa

InShot 20251217 163631096

Nyampinga w’u Rwanda 2016 Miss Mutesi Jolly asanga umunyamakuru Karegeya Omar yivovota avuga ubusa nyuma y’amagambo yamuvuzeho ubwo yaguraga kopi 100 z’igitabo “More Than A Crown” cya Nishimwe Naomie, Miss Rwanda 2020. Ibyo byateje impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga. Hari ababyakiriye nk’igikorwa cyiza cyo gushyigikira urungano n’ubwanditsi, mu gihe abandi babyakiriye nk’igikorwa batumva neza intego […]

Urukiko rwategetse ko umunyamakuru Djihad afungwa iminsi 30 y’agateganyo

1765976144127

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa gatatu tariki 17 Ukuboza 2025 Urukiko rwasomye umwanzuro w’urubanza ruregwamo Uzabakiriho Cyprien alias Djihad, Kalisa John alias Kjohn, Ishimwe François Xavier, Ishimwe Patrick alias Pazzo Man, Kwizera Nestor alias Pappy Nesta. Umucamanza wari ufite dosiye y’aba bakurikiranyweho gusakaza amashusho ya Yampano yagiye kureba abana, noneho isaha yari yarashyizweho […]

Al Ismael Ahmed yirukanwe muri Rayon Sports

b2b0721c9c2b707b2fb2d0a3e55a2d

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahisemo gusezerera Al Ismael Ahmed, umukinnyi ukomoka mu Misiri wari uri mu igeragezwa, nyuma yo kugaragaza urwego ruri hasi mu myitozo. Uyu mukinnyi yagaragaye bwa mbere mu myitozo ya Rayon Sports ku wa Kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, aho yari yitezweho kugaragaza impano ye. Gusa, yatunguye benshi kubera uko yitwaye, […]

Rurageretse hagati ya RDC na Nigeria

IMG 20251217 WA0022

Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yasubije ku makuru avuga ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Nigeria (NFF) ryatanze ikirego muri FIFA, rishinja RDC gukinisha abakinnyi batabyemerewe mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 yabereye muri Maroc. Mu butumwa RDC yashyize ku rubuga rwayo rwa Instagram ku mugoroba wo ku wa Kabiri, […]

Young Thug yambikiye umukunzi we impeta mu gitaramo 

thug ny6umb

Umuraperi w’Umunyamerika Young Thug yatunguye benshi ubwo yasabaga umukunzi we, Mariah the Scientist, kumubera umugore mu ruhame, mu gitaramo cyabereye mu mujyi wa Atlanta. Ibi byabaye mu gitaramo cyiswe “Hometown Hero: Young Thug & Friends – A Benefit Concert”, cyabereye muri State Farm Arena, aho Young Thug yari yagarutse mu mujyi avukamo mu gitaramo cyari […]

Umunyamakuru Tessy yasezeye ubukumi

1765873360061TESSY 48

Dore paraphrase (kongera kuyandika mu magambo mashya) y’iyi nkuru, igumye ku busobanuro bwayo ariko yanditse mu buryo bushya kandi bunonosoye:     —   Tessy yakorewe ibirori bya “Bridal Shower” mbere yo kurushinga na Shizzo   Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi cyane nka Tessy yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi bizwi nka Bridal Shower, mu gihe […]

Bruce Melodie yafashije umubyeyi uzunguza imigati i Nyabugogo

shema innocent 0780 329 329 97 3 ff8e3

Ku wa 15 Ukuboza 2025, Bruce Melodie, umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, yagaragaye i Nyabugogo aho yaremeye umubyeyi wari uri gucuruza imigati afite abana babiri. Bruce Melodie yari yageze i Nyabugogo afite gahunda yo kumara umwanya ahantu hahagije, ariko kubera umuvundo w’abantu wari umaze kuhagera, ntiyashoboye kumara igihe yari yateganyije. Nubwo bimeze gutyo, […]

Umugabo yasenye inzu yubakiye inshoreke nyuma yo kumenya ko itwitwe

2

Ku wa Mbere, tariki ya 15 Ukuboza 2025, habaye inkuru yateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko umucuruzi umwe asenye inzu yari yarubakiye umugore bakundanaga mu ibanga, nyuma yo kumenya ko atwite inda y’undi mugabo. Amakuru aturuka hafi y’aho byabereye avuga ko uwo mucuruzi yumvise ahemukiwe bikomeye, maze agafatwa n’umujinya ukabije. Nyuma yo kumenya […]

Bruce Melody yari yanze guhoberana na The Ben

1765797968150

Mu buryo bugoranye Bruce Melodie na The Ben bahoberanye imbere y’imbaga y’abanyamakuru n’abafana bari baje kwirebera aba bahanzi babo bakunda. Muri iki kiganiro n’itangazamakuru The Ben na Bruce Melodie bahiganye ubutwari buri umwe avuga ko ari uwa mbere, ni mu gihe bitegura guhurira mu gitaramo kimwe. Mu minsi ishize ni bwo inkuru y’iki gitaramo yamenyekanye, […]

Trey Songz yakubise umukozi wo mu kabyiniro 

images 1

Umuhanzi w’icyamamare muri R&B, Trey Songz, yafunzwe akekwaho gukubita umukozi wa nightclub yo mu Mujyi wa New York, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Page Six. Nk’uko ubushinjacyaha bwo mu Mujyi wa Manhattan bubivuga, uyu muhanzi yari ari kumwe n’inshuti ze mu kabyiniro ka Dramma Night Club kari i Times Square ku itariki ya 4 Ukuboza 2025. Bivugwa […]

Uwateguye urugendo rwa Lionel Messi mu Buhinde yafunzwe

1765634342298

Umugabo witwa Satadri Dutta, wateguye urugendo rwa Lionel Messi mu Buhinde, yatawe muri yombi maze akatirwa gufungwa iminsi 14, nyuma y’imvururu zabaye mu gikorwa cyiswe GOAT Tour. Ku wa Gatandatu tariki ya 12 Ukuboza 2025, Lionel Messi yageze mu Buhinde aho yari yitabiriye ibikorwa bitandukanye byo kwamamaza izina rye. Muri urwo ruzinduko, yasuye stade yo […]

Abafana basenya stade bagiye kureba Messi 

1765634342298

Urugendo rwa Lionel Messi, kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Argentine akaba n’umukinnyi wa Inter Miami, mu gihugu cy’u Buhinde, rwatangiye mu mvururu nyinshi nyuma y’uko abafana basenye stade bari bitezemo kumubona. Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, Messi yageze mu Buhinde mu gikorwa cyiswe “GOAT Tour”, kigamije ibikorwa bitandukanye byo guhura n’abafana no kwamamaza. Aho […]

Canal Olympia igiye guhagarika imirimo yayo

CO Yaounde Exterieur

Inzu ya sinema ya Canal Olympia Rebero, imaze imyaka itanu ikorera mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko igiye gusoza ibikorwa byayo mu mpera z’uyu mwaka wa 2025. Iyi sinema izafunga ku mugaragaro ku wa 28 Ukuboza 2025. Ubuyobozi bwa Canal Olympia Rebero bwatangaje ko iki cyemezo gifashwe nyuma y’igihe kinini cy’akazi n’ubufatanye n’abakunzi ba sinema, […]

Kevin Kade yasuzuguye itangazamakuru

Umuhanzi Kevin Kade yasuzuguye itangazamakuru ubwo yataramiraga mu gitaramo cya Minuza Festival cyabereye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye. Itangazamakuru ry’imyidagaduro ryo mu Ntara y’Amajyepfo ryamushinje “agasuzuguro” kubera uburyo yitwaye ku rubyiniro no mu gihe nyuma y’igitaramo. Iki gitaramo cyari cyateguwe na Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD), kigamije gusobanurira abanyeshuri […]

Imodoka y’umutekano yakoze impanuka

Imodoka y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge yakoze impanuka mu ijoro ryo ku wa 11 Ukuboza 2025, ikomeretse bikomeye abari bayirimo ariko ntihagira uwitaba Imana. Impanuka yabereye mu Murenge wa Kimisagara, ku muhanda ujya ku mazu mashya yo hafi aho. Iyi modoka yari iy’ishami ry’Umutekano w’Umurenge. Iyi modoka yari imaze iminsi mu igaraje rya […]

Burundi: Usanganwa amashusho y’urukozasoni (pornography) uhita ufungwa imyaka 5

1765483780701

Polisi y’u Burundi irihanangiriza abaturage ku gukurikiranywa n’amategeko nibasangwa bafite amashusho cyangwa amafoto y’urukozasoni muri telefone zabo, nk’uko biteganywa n’itegeko ryo mu 2022 rikumira ihohoterwa ryo kuri murandasi. Ibi byatangajwe na Dr Lt Col Nkurikiye, impuguke mu byaha bikorerwa kuri internet, mu kiganiro yatanze ku banyamakuru i Bujumbura. Yasobanuye ko kubika pornography mu gikoresho cy’ikoranabuhanga, […]

Element yishyuye umuhanzi yari yaraririye utwe

1765438332821silvizo

Hashize imyaka itatu umuhanzi Silvizo yishyuye Producer Element amafaranga 300,000 Frw kugira ngo amukorere indirimbo ye ya mbere muri Country Records. Icyo gihe Element yakoraga muri iyo studio, kandi Silvizo yari afite icyizere ko ari intangiriro nziza mu rugendo rwe rwa muzika. Nyamara uko imyaka yagiye ishira, ntihigeze habaho gutunganya iyo ndirimbo. Silvizo yakomeje kugerageza […]

Bamporiki yaherekeje Niyo Bosco gusezerana imbere y’amategeko (Amafoto)

1765385759566

Ku wa 10 Ukuboza 2025, mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, umuhanzi Niyo Bosco yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Mukamisha Irene, urugendo rugana ku bukwe buteganyijwe mu minsi iri imbere. Niyo Bosco, uzwiho ubuhanga mu kuririmba no kwandika indirimbo, ndetse n’uburyo acuranga gitari, yemeye ku mugaragaro ko agiye kubana na Irene akaramata. Ibi […]

Alyn Sano yari yivuganye Miss Muyango wamubajije niba akiri isugi

sano1 7 6d1ed

Mu kiganiro “Who is my date” gisanzwe gikorwa na Miss Muyango aho yakira ibyamamare bakavugana ku buzima bwabo n’akazi bakora, habayemo akanya katunguranye ubwo yabazaga umuhanzi Alyn Sano ikibazo kijyanye n’ubusugi. Miss Muyango yabajije Alyn Sano ati: “Uracyari isugi?” Alyn Sano ntiyabyakiriye neza na gato, maze amusubiza agira ati: “Njye? Ku myaka mfite? Oya rwose. […]

Rutsiro: Umupolisi yarashe umu-DASSO na we arirasa

Screenshot 20251210 102421

Polisi y’u Rwanda hamwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) batangiye gukora iperereza ku mupolisi warashe abantu babiri barakomereka hanyuma na we akirasa agapfa. Ibi byabereye mu ijoro rishyira tariki ya 10 Ukuboza 2025, mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Boneza, Akagari ka Bushaka, mu Mudugudu wa Bikono. Amakuru avuga ko uwo mupolisi wari mu kazi yarashe umukozi […]

Se wa Niyibizi Ramadhan ukinira APR FC yapfuye 

688b2fa718799154cec8258e3bc592

Umukinnyi wa APR FC, Niyibizi Ramadhan, hamwe na murumuna we Sultan Bobo ukinira Marines FC, bari mu bihe bikomeye byo gushenguka ku mutima nyuma y’urupfu rwa se ubabyara. Nyakwigendera yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Ukuboza 2025, ahagana saa kumi za mugitondo, mu rugo rwe ruherereye i Rubavu, Gisenyi. Amakuru […]

Miss Alliance arakuriwe (Amafoto)

god s sweetest blessing to our family baby ferris arriving march 2026 2 52130 1

Miss Irasubiza Alliance, wigaragaje mu irushanwa rya Miss Rwanda 2020 akegukana ikamba rya Miss Popularity, yatangaje ko we n’umugabo we Matthew Ferris bari mu byishimo byo gutegura kwakira umwana wabo wa mbere. Uyu mukobwa wakoze ubukwe mu Ukuboza 2024, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yemeje ko atwite ndetse ko azibaruka mu kwezi kwa Werurwe 2026. […]

Element yongeye kwereka Afurika ko impano ye iri ku rwego rwo hejuru

1765348443733elwmwnt

Umuziki nyarwanda ukomeje kuzamura ibendera mu ruhando mpuzamahanga, cyane cyane binyuze mu bahanzi n’aba-producer barimo gutanga umusanzu ukomeye. Muri bo, Element yongeye kwandika izina rye, aho yahawe igihembo cy’ishimwe “African Super Star” mu birori bya ODA Awards byabereye muri Ethiopia. Ni intsinzi ikomeye imushyira mu rwego rw’abahanzi bateza imbere umuco n’ubuhanzi bwa Afurika, haba mu […]

ADEPR yasengeye abagore kuba abashumba 

G7vcpCOXoAAhoE4

Itorero ADEPR rimaze imyaka 85 ryumvwa mu Rwanda, ryafashe icyemezo cy’amateka cyemerera abagore kuba Abapasiteri, ibintu bitari byigeze biba kuva ryashingwa. Ku wa Kabiri, tariki 9 Ukuboza 2025, ni bwo abagore 15 ba mbere batorewe ku mugaragaro inshingano z’Ubushumba. Na mbere y’iki cyemezo, abagore bari bemererwa imirimo nka Mwalimu, kuyobora amakorali, cyangwa gukorera mu nzego […]

Ykee Benda yakoze impanuka agiye kwamamaza Perezida Museveni

1765261472364ykee0

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Ykee Benda, ari mu mashimwe nyuma yo kurokoka impanuka ikomeye y’imodoka ubwo yari mu rugendo rwo gushyigikira ibikorwa byo kwamamaza Perezida Yoweri Museveni. Iyi mpanuka yabaye ku wa Mbere, tariki ya 8 Ukuboza 2025, ubwo Ykee Benda n’itsinda rye bari berekeje mu Karere ka Kyegegwa mu Ntara y’Iburengerazuba bwa Uganda, aho […]

Polisi yafunze rutahizamu Ivan Toney

104567555 0 image a 4 1765268183409

Umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Ivan Toney yatawe muri yombi ku wa Gatandatu nyuma yo gukekwaho gukubita umuntu washatse kumwifotorezaho mu kabari gaherereye muri Soho, i Londres. Ikinyamakuru The Sun cyasohoye ifoto igaragaza Toney w’imyaka 29 asohorwa mu kabari ka 100 Wardour St yambaye amapingu. Amakuru avuga ko Toney yababajwe n’umufana wamufashe ku rutugu agerageza […]

Burkina Faso yafunze abasirikare 11 ba Nigeria

Leta ya Burkina Faso yatangaje ko yafashe indege ya gisirikare ya Nigeria yo mu bwoko bwa C-130 yari itwaye abasirikare 11, ikavuga ko yinjiye mu kirere cyayo mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Amakuru yatangajwe n’Ikigo cy’Amakuru cya Burkina Faso mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuryango w’Ibihugu byo muri Sahel (Alliance des États du Sahel – AES), avuga […]

Manzi Thierry na Bizimana Djihad batwaye igikombe 

595846104 1293406129490870 629043337809730411 n 0efbe

Al Ahli Tripoli, ikipe ibarizwamo Abanyarwanda Manzi Thierry na Bizimana Djihad, yongeye kwandika amateka nyuma yo kwegukana igikombe cya Libya Super Cup, itsinze Al-Ahly Benghazi kuri penaliti. Ni ubwa kabiri mu mateka y’iyi kipe itwara ibikombe bitatu bikomeye bya Libya mu mwaka umwe. Uyu mukino wari utegerejwe na benshi muri Afurika n’ahandi ku isi, wimurirwa […]

Umugore wageretse inda kuri Heung-min Son yakatiwe imyaka ine y’igifungo

a738ff50 d409 11f0 be97 4b9f7a1a7a49.jpg

Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye imyaka ine y’igifungo umugore w’imyaka 20 wari ukurikiranyweho gutekera umutwe umukinnyi, Son Heung-min, wabaye kapiteni wa Tottenham Hotspur. Uwo mugore, uri mu myaka ya za 20, hamwe n’umugabo bari bafatanije uri mu myaka ya za 40, bahamijwe icyaha cyo gukangisha Son bamubeshya ko atwite inda ye. Urukiko rwumvise ko […]

Theo Bosebabireba yongeye kwerekana ubukaka bwe

IMG 20251208 WA0005

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Theo Bosebabireba, yongeye kwerekana ubukaka bwe mu muziki ubwo yasusurukizaga abitabiriye ibirori byo gutanga ibihembo bya “Inzu y’Ibitabo Award,” byabereye ku Cyumweru, tariki ya 7 Ukuboza 2025. Mu gitaramo cyari cyuzuye ibyishimo, Theo yibukije benshi impamvu indirimbo ze zimaze imyaka myinshi zikoroga imitima y’abakunzi b’umuziki w’Imana, kuva yatangira […]

Kigali: Davido yashatse gusohoka muri Hoteli atishyuye

markup 28685

I Kigali mu mpere z’icyumweru habaye ikibazo gikomeye hagati ya Davido na hoteli yari acumbitsemo, ubwo uyu muhanzi yashatse gusohoka muri hoteli atishyuriye ibyo we n’itsinda rye bari bakoresheje nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru UkweliTimes. Amakuru yatanzwe n’umuntu wari hafi aho wahisemo kudatangazwa amazina ku mpamvu z’umutekano yemeza ko ku wa 6 Ukuboza 2025 Davido n’itsinda ryamuherekeje […]

Miss Kalimpinya Queen yegukanye Shampiyona y’u Rwanda 

whatsapp image 2025 12 07 at 9.29 09 pm 482cb

Nyuma y’amezi arindwi y’imikino itanu ikomeye, Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa mu modoka yabonye umuryango mushya w’ubatwara igikombe: Kalimpinya Queen. Uyu mukobwa wahoze ari igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017 yegukanye iri rushanwa ku wa 6 Ukuboza 2025, ubwo yari kumwe na Ngabo Olivier, batsindaga isiganwa rya Rallye des Mille Collines ribera mu Karere […]

Darest wo muri Juda Muzik yarongoye (Amafoto)

054a7124 0eba0

Ishimwe Prince, uzwi cyane nka Darest wahoze aririmba mu itsinda Juda Muzik, yakoze ubukwe n’umukunzi we Iradukunda A. Souvenir, utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Imihango yo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y’Imana yabereye Golden Garden i Rebero ku wa 7 Ukuboza 2025, mbere y’uko abageni bakira abari bitabiriye. Ubukwe bwitabiriwe n’abantu […]

Ni iki cyatumyevJuno Kizigenza na Ariel Wayz basomanira muri Arena 

4 whatsapp image 2025 12 05 at 22.02 12 5dbae164 98d59

Mu gitaramo cya Davido cyabereye muri BK Arena ku wa 5 Ukuboza 2025, Juno Kizigenza na Ariel Wayz bemeje abafana ubwo basomaniraga ku rubyiniro, ibintu byahise byongera amarangamutima y’abari babyitabiriye. Nyuma y’iki gikorwa cyavugishije benshi, Juno Kizigenza yasubije abanyamakuru avuga ko byatewe n’umunezero bari bafite icyo gihe. Yagize ati: “Ni uko twari twishimye cyane.” Ariel […]

The Ben ari Dubai 

whatsapp image 2025 12 06 at 07.59 45 0fe2e

Umuhanzi The Ben wari utegerejwe n’Abanyarwanda batuye Dubai, yahageze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu nyuma yo kubanza kwitabira ibirori bya Zacu Gala byabereye i Kigali ku wa 5 Ukuboza 2025, mu rwego rwo kubahiriza gahunda yari yemereye Zacu Entertainment. Nubwo byari biteganyijwe ko agera i Dubai mbere, gahunda yahindutse kubera ibyo birori batarangije […]

Juno na Ariel Wayz basomaniye ku rubyiniro

4 whatsapp image 2025 12 05 at 22.02 12 5dbae164 98d59

Mu gitaramo cyaranzwe n’ubushyuhe bw’amarangamutima n’akanyamuneza k’abakunzi b’umuziki, abahanzi Juno Kizigenza na Ariel Wayz bongereye igicucu cy’akarusho ubwo basomaniraga ku rubyiniro, ibintu byahise bihindura umwuka w’abitabiriye igitaramo. Byari mu masaha y’umugoroba, ubwo Juno yari ageze ku ndirimbo Away yakoranye na Ariel Wayz. Ku rubyiniro rwari ruhanzwe amaso n’imbaga, Juno yahamagaye Ariel Wayz ngo baze bayiririmbane […]

Abasirikare baregwa muri dosiye ya APR FC bakatiwe

83781 23e0f

Ku wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza 2025, Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwasomye urubanza ruregwamo Maj Vincent Murigande, Capt Peninah Mutoni na Capt Peninah Umurungi, bashinjwaga ibyaha bijyanye no gukoresha umutungo wa Leta mu buryo butemewe, byakozwe binyuze muri Minisiteri y’Ingabo. Ibyaha byabashinjwaga bifitanye isano n’urugendo rwa APR FC yakoreye mu Misiri muri Nzeri […]

Cary-Hiroyuki Tagawa yapfuye

tagawa abb60

Umukinnyi wa filime w’Umuyapani wari ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burusiya, Cary-Hiroyuki Tagawa, witabiriye bwa nyuma ku wa 4 Ukuboza 2025 nyuma yo kurwara igihe kitari gito. Yari afite imyaka 75. Tagawa yavukiye mu Buyapani, ku mubyeyi witwaga Mariko Hata wari umunyamideli/umukinnyi w’ikinamico, n’umusirikare w’Umunyamerika ufite inkomoko mu Buyapani. Bitewe n’akazi […]

Yampano aricuza kuba yarakunze abantu kurusha imbwa

Yampano yababaje abakunzi be nyuma yo gushyira hanze ifoto arira, aherekeje amagambo yuzuye intimba, anasezera ku nshuti ze avuga ko bazasubira guhura mu ijuru. Umuhanzi Yampano yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gusangiza abamukurikira ifoto imugaragaza arimo kurira, ayiherekesha ubutumwa bukomeye bw’akababaro avuga ko bwakomotse ku muntu yizeraga wamukojeje isoni. Mu magambo ye […]

Khalfan yagiye kwirega kwa Sebukwe 

img 20251204 wa0029 97f7f

Oxygen ari mu byishimo byinshi nyuma y’uko Khalfan asuye umuryango we kugira ngo yiyerekane, nyuma y’uko bafashe umwanzuro wo gutangira kubana nubwo ubukwe butaraba. Uyu muhango wabereye i Rubavu ku wa 29 Ugushyingo 2025, aho Khalfan yageze iwabo wa Oxygen ari kumwe n’ababyeyi be n’abakuru bo mu muryango. Uyu munsi ukaba wari ugamije kumwerekana no […]

Rurageretse hagati ya Bwiza na Prince Kiiiz

0 3

Ku mbuga nkoranyambaga hazamutse umwuka mubi hagati ya Prince Kiiiz na Bwiza hamwe n’umujyanama we, Uhujimfura Jean Claude. Prince Kiiiz yashinje aba bombi kwitirira undi muntu igihangano cye, ibintu yise ubuhemu budakwiye mu muziki. Ibi byakurikiye isohoka ry’indirimbo nshya ya Bwiza yitwa “Boda Boda”. Ako kanya Prince Kiiiz yanditse ubutumwa bukarishye avuga ko “Bwiza n’umujyanama […]

Uregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano yasabye ko na we akurikiranwa

img 20220621 wa0017

Mu rubanza rwo kureba niba Ishimwe Patrick Pazzo Man na Kalisa John KJohn bakomeza gufungwa by’agateganyo, umwunganizi wa Pazzo Man yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko n’umuhanzi Uworizagwira Florien Yampano na we atangira gukurikiranwa, kuko ari we wabanje gushyira amashusho ku murongo wa Email ye azi ko atari we uyikoresha wenyine. Ubushinjacyaha buvuga ko Pazzo […]

Mukunzi Yannick yatandukanye na Sandvikens IF

20251203 224225

Umukinnyi wo hagati w’Umunyarwanda, Mukunzi Yannick, yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF yo mu gihugu cya SuĂšde nyuma y’imyaka itandatu ayikinira. Yabitangaje mu butumwa yashyize kuri Instagram ku mugoroba wo ku wa 3 Ukuboza 2025. Mu magambo ye, yashimiye cyane buri wese bakoranye muri iyi kipe kuva yayigeramo mu 2019, avuga ko yakiriwe neza, agahabwa […]

Amashirakinyoma ku byo kuba Yampano n’umukunzi we batorokeye mu Bubiligi

Screenshot 20251203 165253

Uworizagwira Florien, wamamaye nka Yampano, yageze mu Bubiligi ari kumwe n’umukunzi we, ibintu byahise bitera ibihuha byinshi ku mbuga nkoranyambaga harimo n’abemezaga ko “batorotse” u Rwanda. Gusa amakuru ava mu bantu ba hafi b’uyu muhanzi ahamya ko uru rugendo rwe rufitanye isano n’akazi ka muzika, atari ukuburanira kure cyangwa guhunga ikibazo. Abakorana na Yampano bemeza […]

Miss Muheto yifurije se ikiruhuko cyiza cy’izabukuru

c0cceb44bdaeb7641546bc2e8331aa

Nshuti Muheto Divine, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2022, yagaragaje urukundo n’ishimwe kuri se, ACP Muheto Francis, washyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru hamwe n’abandi bapolisi 74. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri ni bwo Polisi y’u Rwanda yatangaje urutonde rw’abagiye mu kiruhuko, barimo ba komiseri ACP Sam Rumanzi na ACP Muheto Francis. Mu butumwa yanyujije ku […]

ADEPR yavuze ku byo kwanga gusezeranya Vestine Ishimwe n’Umukunzi we

176474533639717647446675821

Itorero ADEPR ryahakanye amakuru yavugaga ko ryanze gusezeranya umuramyi Vestine Ishimwe n’umukunzi we Idriss Jean Luc OuĂ©draogo. Umushumba Mukuru wa ADEPR, Rev. Ndayizeye IsaĂŻe, yavuze ko ibyo byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga nta shingiro bifite. Ibi yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa 2 Ukuboza 2025, cyagarutse ku myaka 85 ADEPR imaze ishinzwe n’ibikorwa by’ivugabutumwa byakozwe […]

Sindi umuswa: umutoza wa APR FC

a012f0fad2ec137ebf3f959d01f200

Nyuma yo gutsinda Etincelles FC ibitego 2–1 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa 3, umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, yongeye kugaruka ku bihuha bimaze iminsi bimuvugwaho n’ibinyamakuru n’imbuga zitandukanye. Kuva shampiyona yatangira, hari inkuru zimunenga ko ikipe ye ititwara neza, ko ikina nabi ndetse ko akwiye kwirukanwa. Taleb yavuze ko ibyo byose atabisobanura nk’umuntu utarabimenyereye, […]