Bamwe mu baturage bo muri Rubavu na Rutsiro bahunze inzara

Sangiza iyi nkuru

Mu murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu no mu wa Nyabirasi ho mu Karere ka Rutsiro,hari abaturage bavuga ko hari abatangiye guhunga inzara bitewe n’imbuto y’ibigori bahawe ikanga kwera.

Aba baturage bavuga ko imbuto y’ibigori bahawe muri gahunda ya ‘Smart Nkunganire’ yanze kwera, none inzara ikaba ibageze ahabi, ku buryo hari n’abasuhutse.Bakimara guhabwa iyo mbuto ngo bizeye ko bagiye kubaho neza ariko batunguwe n’uko bategereje ko ibigori biheka bagaheba.

Hari umwe waganiriye na Radiotv10 agira ati “Imbuto ikizamuka mu butaka bikiri bito byari bimeze neza ari umukara bisa neza bwite ari byiza, ariko bigeze hejuru bitangira kujya bigenda binyunyuka, bihita byanga burundu.”

Undi nawe yongeraho ati “Bamwe bahumiye kuri iyo mbuto nziza bo uri kubona ibigori byabo byataramye, naho abahumiye kuri iyo mbuto mbi uri kubona wapi binari hasi byanze kurenga ku iyogi.”

Ni ikibazo aba baturage ba rubavu basangiye n’abo mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro aho bavuga ko na bo bahuye n’iki kibazo ku buryo ngo byanabaviriyemo amapfa bituma hari abasuhutse.

Hari umuturage watanze urugero rw’umuturanyi we inzara yimuye kubera ko yahinze ibijumba ariko ntasarure abona bitazera ngo bimushyikire akiri aho.Ngo si we gusa kuko hari n’izindi ngo zasuhutse. Ati”Dufite nk’inzu eshatu z’abantu bagiye kandi mu Mudugudu umwe.”

Jean Claude Murangwabugabo ,Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuhinzi n’Umutungo Kamere mu Karere ka Rubavu, ntiyemera ibivugwa n’aba baturage bo mu Karere ka Rubavu kuko iyo mbuto yanze kwera batazi aho bayikuye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *