b7c971d4be6e52c92e94b01f83b9ab43.jpg

Bamwe mu nzego z’umutekano bahungabanyije Abanyarwanda-Raporo ya NCHR

Sangiza iyi nkuru

Mu buryo burambuye, Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda (NCHR) iherutse kugeza ku Nteko ishinga amategeko, imitwe yombi, raporo iy’uko yasanze uburenganzira bwa muntu bwarubahirijwe hagati y’umwaka wa 2020 na 2021, ivuga ko hari aho inzego z’umutekano zabuhutaje.

Yavuze ko inzego z’umutekano zahungabanyije Abanyarwanda ku buryo hari n’abarashwe barapfa. Ahandi ni mu magereza yasanze ubucucike burenze 100%. Ibi bigaragara ku ipaji ya 10 n’iya 29 z’iyi raporo nk’uko Hanga ifite kopi y’iyi raporo ibitangaza.

Kuri paji 54 hagaragaza neza ko Leta y’u Rwanda muri rusange yakoze uko ishoboye ngo Abanyarwanda babeho neza, babeho uburenganzira bwabo bwubahirizwa mu bihe bigoye bya COVID-19 n’ubu u Rwanda rugihanganye nabyo.

Harimo ubushakashatsi iriya Komisiyo yakoze mu ngeri nyinshi z’ubuzima bw’Abanyarwanda harimo kubona ibiribwa mu bihe bya Guma mu Rugo, gufasha abana kwiga hakoreshejwe radio cyangwa televiziyo[ku bazifite], guha abana amata, gufasha abagore kubona imirimo hashingiwe k’ubushobozi, kwimura impunzi zikava i Gihembe zikajya i Mahama aho zitekanye n’ibindi.

Komisiyo yakurikiranye impfu z’abantu bane (4): babiri i Nyanza, umwe i Rwamagana n’undi umwe muri Ngoma. Amakuru atarigeze atangazwa ariko akubiye muri iyi raporo avuga ko umwe mu bapolisi barashe abaturage yakatiwe burundu ariko arajurira.

Iriya Komisiyo muri raporo yayo ivuga ko yakurikiranye ibirego by’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu 597, birimo ibirego 339 (56.8%) byayigejejweho mu mwaka wa 2020-2021 n’ibirego 258 (43.2%) byari bigikurikiranwa mu mpera z’umwaka wa 2019-2020.

Ibirego 528 (88.4%) byarangije gusuzumwa no gukorerwa iperereza naho ibirego 69 (11.6%) ngo biracyakorwaho iperereza.

Muri ibyo 480 ni ukuvuga 90.9% byarangije gukorerwa iperereza rigaragaza ko birimo ihohoterwa.

b7c971d4be6e52c92e94b01f83b9ab43.jpg
Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda (NCHR) ubwo yagezaga ku nteko raporo yakoze

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *