Muri Bénin, Romuald Wadagni yatsinze amatora ya perezida n’amajwi 94%. Ibyavuye mu matora yo ku Cyumweru by’agateganyo byatangajwe na komisiyo y’igihugu yigenga ishinzwe amatora (CENA) mu ijoro ryo ku wa Mbere, itariki ya 13 Mata rishyira kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Mata 2026.
Umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi, Romuald Wadagni, yagize amajwi 94%, mu gihe Paul Hounkpè, umukandida wa FCBE, uhagarariye abitwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashyira mu gaciro yagize 6%.
Minisitiri w’ubukungu n’imari wari uriho ubu w’imyaka 49, yatowe mu cyiciro cya mbere cy’amatora atsindira kuyobora manda y’imyaka irindwi.
Umunyamakuru ukorana na RFI uri i Cotonou, Magali Lagrange, avuga ko Paul Hounkpè atigeze ategereza ibya nyuma byavuye mu matora bya CENA kugira ngo yemere ko yatsinzwe.
Umukandida wa FCBE yari yamaze gushimira umusimbura wa Perezida Patrice Talon, wari uri ku butegetsi, mu itangazo rigenewe abanyamakuru.
Ababikurikiranira hafi benshi bavuga ko nta gushidikanya ku byavuye mu matora.


