Bernard Kamilius Membe wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania, yapfuye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gicurasi.
The Citizen yanditse Membe wari ufite imyaka 69 y’amavuko yaguye mu bitaro by’i Dar es Salaam aho yaherukaga kujya kuvurizwa.
Intandaro y’urupfu rwe ntiyahise itangazwa.
Bernard Membe yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania haagati ya 2007 na 2015; ku butegetsi bwa Perezida Jakaya Mrisho Kikwete.
Nyuma y’urupfu rwe, Perezida Samia Suluhu Hassan yatangaje ko yababajwe cyane na rwo; yihanganisha umuryango we.
Yagize ati: “Nakiranye umubabaro amakuru y’urupfu rwa Bernard Membe. Mu myaka irenga 40, Membe yari umukozi wa rubanda mwiza cyane, umudipolomate, umudepite ndetse n’umuminisitiri wakoreye igihugu cyacu kinyamwuga.”
Urugendo rwa Membe muri Politiki rwatangiye mu mwaka wa 2000 ubwo yatorerwaga kuba umudepite mu ishyaka CCM ngo ahagarire agace ka Mtama mu nteko Ishinga Amategeko ya Tanzania.
Nyuma y’aho (muri 2005) yabaye Minisitiri wungirije w’ubutegetsi bw’igihugu, nyuma y’umwaka umwe agirwa Minisitiri wungirije w’ingufu n’amabuye y’agaciro.
Membe yakoze indi mirimo itandukanye kugeza muri 2020 ubwo yirukanwaga mu ishyaka CCM ashinjwa ‘ikinyabupfura gike ndetse no kutubahiriza amahame ngengamyitwarire y’ishyaka’.
Nyuma yo kwirukanwa muri Chama Cha Mapinduzi, Membe yahise yinjira mu ishyaka ACT- Wazalendo ritavuga rumwe n’ubutegetsi, ndetse muri 2020 yifuzaga kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu.


