GlHYSmSWkAA1gjl

Bertrand Iradukunda “Kanyarwanda” yasezeranye n’umuzungu

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru, Bertrand Iradukunda akaza kwamamara nka “Kanyarwanda” yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Lydie ndetse bari no mu myiteguro yo gukora ubukwe mu Rwanda.

Amakuru yemezwa n’inshuti za hafi za Bertrand, avuga ko uyu muhango wabaye ku wa 28 Gashyantare 2025 mu Mujyi wa Québec muri Canada, aho asanzwe atuye.

Bertrand Iradukunda yamenyekanye cyane mu mupira w’amaguru nyarwanda, aho yakiniye amakipe atandukanye arimo Isonga FC, APR FC, Bugesera FC na Kiyovu Sports ndetse akaba yarigeze gukinira n’ikipe y’igihugu, Amavubi. Nyuma yo kuva muri ruhago nk’uwabigize umwuga, yahisemo umwuga wo kogosha, akaba awukorera muri Canada.

Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, Bertrand na Lydie bitegura gukora ubukwe mu Rwanda. Ibirori byabo bizahuza inshuti n’imiryango yabo, gusa itariki y’uyu muhango ntiratangazwa ku mugaragaro.

Gusezerana kwa Bertrand Iradukunda byakiriwe neza n’inshuti ze, aho benshi bamwifurije urugo ruhire no gukomeza kugira intambwe nziza mu buzima bushya yinjiyemo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *