Bidasubirwaho Frank Lampard yirukanwe na Chelsea

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Chelsea yemeje ko yamaze kwirukana Umwongereza Frank Lampard wari umutoza wayo mukuru, kubera umusaruro mubi.

Chelsea ku rubuga rwayo yavuze ko gufata icyemezo cyo kwirukana Lampard atari ibintu byoroshye, gusa igaragaza ko umusaruro yagezeho iri mu biganza we atari wo yari yiteze.

Umuherwe wa Chelsea Roman Abramovic yavuze ko “Iki ni icyemezo cyakomereye cyane ikipe, kubera ko mfitanye umubano wihariye ubwanjye na Frank ndetse nkaba mwubaha cyane. Ni umuntu w’ubunyangamugayo bukomeye kandi ufite amahame y’akazi akomeye ariko, mu bihe turimo turizera ko ari byiza guhindura abatoza.”

Yakomeje agira ati: “Mu izina rya buri wese mu kipe, ubuyobozi ndetse no ku giti cyanjye, ndashimira Frank ku bw’umurimo yakoze nk’umutoza mukuru kandi nkamwifuriza ibyiza mu bihe biri imbere. Ni umuntu w’ingenzi kuri iyi kipe ikomeye kandi umwanya we hano ntugabanuka. Azahora ahabwa ikazekuri Stamford Bridge.”

Frank Lampard yirukanwe nyuma y’umunsi umwe Chelsea yatozaga itsinze Luton Town yo mu kiciro cya kabiri ibitego 3-1, ikayisezerera muri FA Cup.

Amakuru avuga ko Lampard yakabaye yarahise yirukanwa nyuma y’umukino wa shampiyona Chelsea iheruka gutsindwamo na Leicester City ibitego 2-0, gusa ubuyobozi bubura umutoza wari guhita amusimbura.

Abramovic yafashe icyemezo cyo kwirukana uriya mugabo wahoze ari Kapiteni wa Chelsea, nyuma yo gusanga amahirwe yo kuza mu makipe ane ya mbere ari kugenda azimira, ndetse Chelsea ikaba itari kugera ku ntego yihaye shampiyona igitangira zo guha akazi amakipe ya Liverpool na Manchester City.

Byitezwe ko Umudage Thomas Tuchel uheruka kwirukanwa na PSG yo mu Bufaransa ari we usimbura Lampard muri Chelsea.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *