Bill Gates yatandukanye n’umugore we nyuma y’imyaka 27 babana

Sangiza iyi nkuru

Umuherwe w’Umunyamerika, Bill Gates n’uwari umugore we Melinda Gates, batangaje ko bamaze gutandukana nyuma y’imyaka 27 bari bamaze babana nk’umugabo n’umugore.

Bombi batangaje ko bamaze gutandukana nyuma yo gusanga batacyizera ko bakomeza gukura nk’abakundana.

Kuri Twitter bavuze ko “Nyuma yo kubitekerezaho cyane no gukora byinshi ku mubano wacu, twafashe icyemezo cyo guhagarika ishyingiranwa ryacu.”

Bill Gates n’uwari umugore we bahuye bwa mbere mu myaka ya za 80, ubwo Melinda yinjiraga muri Company ya Microsoft.

Bill Gates yigeze kubwira Netflix ko bagitangira guteretana mu 1987, “Twitanagaho cyane kandi hari ibintu bibiri byashobokaga: Twashoboraga gutandukana cyangwa tugashyingirana.”

Mu 1994 ni bwo Gates na madamu we bakoze ubukwe bw’akataraboneka bwabereye ku kirwa cya Hawai, ndetse bivugwa ko bakodesheje kajugujugu zose zo muri kariya gace mu rwego rwo kwirinda ko abashyitsi batari batumiwe bagera kuri kiriya kirwa.

Bill na Melinda bafitanye abana batatu, ndetse bari bafatanyije kuyobora umuryango Bill and Melinda Foundation bashinze.

Ni umuryango wakoresheje abarirwa muri za miliyari z’Amadorali mu guhangana n’indwara z’ibyorezo mu bana ndetse no guharanira ko zabonerwa inkingo.

Nko mu gihe cya COVID-19 umuryango Bill & Melinda Foundation washoye abarirwa muri $ miliyari 1.75 mu rwego rwo gutera inkunga ubushakashatsi bwo gushaka inkingo.

Bivugwa ko uriya muryango ufite umutungo ubarirwa muri $ miliyari 43 arimo abarirwa muri miliyari 36 bawushoyemo hagati ya 1994 na 2018.

Bill Gates na Melinda bavuze ko bazakomeza gukorana no kungurana ibitekerezo ku bw’uriya muryango, gusa nanone bakaba basanga badashobora gukura nk’abakundana.

Ikinyamakuru Forbes Magazine gishyira Bill Gates ku mwanya wa kane mu baherwe ba mbere ku Isi, aho atunze abarirwa muri $ miliyari 124.

Ni amafaranga yakuye muri Company ya Microsoft yashinze mu myaka ya 1970, ikaba Company ya mbere ku Isi mu zikora za software.

Bill Gates yatandukanye n’umugore we nyuma y’umuherwe Jeff Bezos washinze Amazon, watandukanye na MacKenzie Scott wari umugore we muri 2019. Ni nyuma y’imyaka 25 bari bamaranye.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *