Screen-Shot-2022-09-27-at-15.35.44

Biratangaje! Umwana w’imyaka 8 agiye gukora ikizami gisoza amashuri yisumbuye

Sangiza iyi nkuru

Mu Bufaransa, umwana w’imyaka umunani yaciye agahigo ko kuba ari we muto ugiye gukora ikizamini gisoza amashuri yisumbuye, kizwi nka baccalauréat.

Uyu mwana ni umukandida wigenga, akaba azakora ikizamini cya philosophie ku itariki ya 16 Kamena, ari kumwe n’abandi banyeshuri ibihumbi magana arindwi barenga.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe amashuri yisumbuye mu Bufaransa, Madame Caroline Pascal, yavuze ko ari ibintu bidakunze kubaho, ndetse bidasanzwe, kubona umwana muto nk’uyu yinjira mu cyiciro cy’abakora iki kizamini gikomeye.

Mu myaka ishize, umukandida muto kurusha abandi yari afite imyaka icyenda mu 2024, naho mu 2023 akaba yari afite imyaka 12. Ibi bigaragaza uko hari abana bake cyane bafite ubushobozi bwo kurenga imipaka y’imyaka isanzwe y’amashuri.

Uyu mwaka wa 2025, abakandida bose hamwe bazakora iki kizamini ni 724.633, aho umukandida mukuru kurusha abandi afite imyaka 78.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *